Inama njyanama y’akarere ka Rulindo irishimira ko nta mukozi n’umwe w’akarere wagiye munsi y’amanota 60% mu isuzumamikorere riheruka; nk’uko byatajwe na Gatabazi Pascal, perezida wa njyanama y’ako karere.
Abaturage bo mu murenge wa Gikundamvura mu karere ka Rusizi bahangayikishijwe n’ikibazo cyo kutabona amazi meza. Bavoma amazi asa n’ibiziba kandi mu kuyavoma nabyo ntibyoroshye kuko kugira ngo bavome bagomba kwifashisha amakoma y’urutoki
Imiryango y’impunzi z’Abanyarwanda igizwe n’abantu 26 zabaga mu nkambi ya Nakivale muri Uganda, kuri uyu wa kane tariki 09/08/2012, zirakirwa ku mupaka wa Gatuna, nyuma yo kwemera gutahuka ku bushake.
Umuyobozi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe gukumira ibyaha mpuzamahanga yahakanye ko atigeze avuga ko abayobozi bakuru b’u Rwanda bashobora gukurikiranwa mu nkiko, bitewe n’uko u Rwanda rwashinjwa gufasha umutwe wa M23, urwanira mu burasirazuba bwa Kongo.
Nyuma y’amazi atandatu u Rwanda rwanze kwemera Hélène Le Gal nka ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda, icyo gihugu cyongeye gutanga irindi zina: Michel Flesh.
Mu gace ko mu murenge wa Cyanika mu karere ka Burera kegereye ikirunga cya Muhabura bigoye kubona itaka ndetse n’amazi, ibyo bikaba aribyo bidindiza hahunda yo guhoma amazu y’abavuye muri nyakatsi (Post Nyakatsi).
Nyuma y’imyaka 18 bari bamaze mu mashyamba ya Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo, abasirikare batandatu bo mu mutwe wa FDLR n’imuryango ibiri basesekaye mu nkambi y’agateganyo ya Nyagatare mu karere ka Rusizi tariki 07/08/2012.
Inama y’abakuru b’ibihugu bigize umuryango w’akarere k’ibiyaga bigari (ICGLR) yari iteraniye muri Uganda yemeje ko hashyirwaho ikigega cyo gufasha Abanyekongo bahunze imirwano ibera mu burasirazuba bwa Kongo no mu bihugu by’ibituranyi.
Urubyiruko ruturutse mu bihugu bisaga 80 harimo n’u Rwanda ruteraniye mu ihuriro mpuzamahanga (2012 IYF World Camp) kuva tariki 06-09/08/2012 mu ishuri rikuru nderabarezi rya Kigali (KIE).
Umugabo witwa Karibwende Vital yatangaje ko atari agamije kugirira nabi Minisitiri w’Intebe ahubwo ngo yari agamije kumenyekanisha ibikorwa bye ndetse no gutanga umuganura wa mbere w’umuco n’amateka bya Nkombo.
Umunyamabanga w’Umuryango w’Abibumbye ushinzwe kugenzura ibikorwa bya kimuntu n’ubutabazi bw’ibanze, Valerie Amos, kuwa kane tariki 09/08/2012, aragenderera inkambi ya Kigeme ikambitsembo impunzi z’Abanyekongo bahunze intambara ibera mu Burasirazuba bwa Congo.
Perezida w’umutwe w’abadepite, Rose Mukantabana yatangaje ko impamvu ituma hatorwa amategeko menshi mu Nteko ari uko igihugu cyanyuze muri Jenoside yakorewe Abatutsi, hamwe no kugira gahunda nyinshi zijyanye n’iterambere.
Abanyeshuli b’Abanyarwanda biga mu mahanga basuye ingoro y’umwami Mutara wa III Rudahigwa kuri uyu wa kabiri tariki 07/08/2012 basobanurirwa ibijyanye n’imitegekere y’u Rwanda mbere y’igihe cy’ubukoroni.
Abaturage bo mu kagari ka Kirebe mu murenge wa Rwimiyanga baratangaza ko kubera ibiciro by’amazi biri hejuru, bakivoma amazi yo mu mariba y’inka mu gihe hashize igihe kirenga imyaka igera muri ine bahawe ivomo ry’amazi meza.
Abayobozi bakuru b’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) bageze mu mujyi wa Kampala ahagomba kubera inama yo kwiga ku ishyirwaho ry’ingabo zo guhagarika intambara mu burasirazuba bwa Congo.
Abanyeshuri bazarangiza amashuri yisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2012, bazamara amezi arindwi ku rugerero bakora ibikorwa binyuranye bifitiye igihugu akamaro; nk’uko byatangajwe na Rucagu Boniface ukuriye itorero ry’igihugu.
Umubyeyi witwa Mwandetse Esperence wo mu murenge wa Mururu mu karere ka Rusizi yatoraguye uruhinja rwari rwatawe na nyina amaze kurubya, none yagabiwe inka n’abarimu bahugurirwaga kuzakora ibarura rusange ry’abaturage riteganyijwe muri uku kwezi.
Urukiko rw’ibanze rwa Ruhango rwahamije Abakirisitu 15 icyaha cyo kutubahiriza gahunda za Leta, rubakatira igihano cyo gufungwa umwaka umwe bakanatanga ihazabu y’amafaranga ibihumbi 50.
Abanyamakuru nk’igikoresho gikomeye mu guhererekanya amakuru, barakangurirwa kugira ubufatanye n’inzego z’umutekano mu kurwanya ikwirakwizwa ry’intwaro nto; nk’uko babihuguriwe kuwa mbere tariki 06/08/2012.
Inteko ishinga amategeko, umutwe w’abadepite, yemeje ishingiro ry’umushinga w’itegeko ryo kugenzura itumanaho hagati y’abantu, hakoreshjwe ikoranabuhanga.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi bufatanije n’ubwa Polisi hamwe n’ingabo bahagurukiye ikibazo cyimaze iminsi kigaragaye hagati y’abashoferi b’Abarundi n’Ab’Abanyarwanda bapfa abakiliya mu Bugarama.
Abahagarariye urwego w’umuvunyi bagiye kumara icyumweru mu karere ka Nyamagabe bakira ndetse banashakira umuti ibibazo by’akarengane abaturage bafite.
Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) cyatangije gahunda yo kugoboka abaturage bajahajwe n’ibiza bo mu karere ka Nyabihu mu murenge wa Jomba. Mu kwezi kumwe hazubakwa amazu 50.
Abasirikare barenga 800 bo mu bihugu bitanu bigize umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC) nibo bazatorezwa hamwe kurwanya iterabwoba, ubushimusi bw’amato mu nyanja, ndetse no guhangana n’ibiza.
U Rwanda kimwe n’ibindi bihugu bya Afurika byitabiriye imikino Olympique, rwitabiriye imurikabikorwa ryiganjemo umuco ryabereye ahitwa Hyde Park ku wa gatanu tariki 03/08/2012.
Umuyobozi w’akarere ka Karongi, Kayumba Bernard, aratangaza ko hari ibikorwa bimwe na bimwe akarere kari kahize mu mihigo bikaba byarazaririye kubera gutenguhwa na barwiyemezamirimo cyangwa abafatanyabikorwa batashyize mu bikorwa ibyo biyemeje.
Depite Rwabuhihi Ezekias akaba n’umunyamuryango wa FPR-Inkotanyi mu karere ka Karongi aratangaza ko amahanga atagomba gukangisha u Rwanda imfashanyo kubera ibirego bidafite ishingiro ko u Rwanda rufite uruhare mu bibazo by’Abanyekongo.
Mu mpera z’ukwezi kwa Nyakanga 2012, hujujwe ibiraro bitandatu byubakiwe bamwe mu bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye batoranijwe mu murenge wa Mukamira mu karere ka Nyabihu.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza biyemeje ko isabukuru y’imyaka 25 FPR- Inkotanyi imaze ishinzwe isiga ibasigiye isura nziza y’abanyamuryango nyabo.
Abarimu batoranyijwe kuzakora mu gikorwa cy’ibarura riteganyijwe muri uku kwezi kwa Munani mu karere ka Nyamasheke, barizeza ko bazuzuza inshingano bahawe neza, nk’uko babyiyemereye mu gusoza amahugurwa bari bamazemo iminsi, kuri uyu wa Gatandatu tariki 04/08/2012.