Mu rukerera rwo kuri uyu wa gatanu tariki 24/08/2012, hafashwe abasore babiri bari bamaze gutema no guhungabanya umutekano wa bamwe mu baturage mu murenge wa Nyamabuye mu karere ka Muhanga.
Mu gihe ibarura rusange rya kane ry’abaturage n’imiturire mu Rwanda rigeze ku munsi waryo wa 10, abakarani baryo bakomeje guhura n’imbogamizi aho berekeza mu ngo zimwe na zimwe z’abaturage ntibabasangeyo.
U Rwanda rwabaye ahantu ha kabiri ku isi abagore bumva bisanzuye kandi bakizera umutekano ku buryo no mu ijoro abagera kuri 89% bumva bakwitemberera nta mpungenge zo guhohoterwa no kubangamirwa uko ariko kose.
Nyuma y’aho bimaze kugaragara ko mu bigo bitandukanye hakunze kuvuka amakimbirane hagati y’abakozi n’abakoresha, ubu hagiye kwifashishwa imshyikirano rusange n’ibiganiro kugira ngo impande zombi zirangwe no guteza imbere umurimo.
Biteganyijwe ko Minisitiri w’ububanyu n’amahanga w’Ububiligi, Didier Reynders, azagera mu Rwanda tariki 25/08/2012 agasura inkambi ya Nkamira irimo impunzi z’Abanyekongo bavanywe mu byabo n’intambara ibera mu burasirazuba bw’icyo gihugu.
Bamwe mu babyeyi batuye mu karere ka Muhanga bavuga ko impamvu batitabira kwandikisha abana babo mu bitabo by’irangamimerere ari ugutinya amafaranga y’ibihano bacibwa mu gihe habayeho ubukererwe.
Societe civile y’u Rwanda iravuga ko yakoresheje uburyo bwose bushoboka ngo ihure n’abagenzi babo b’Abanyekongo barebere hamwe uko ikibazo cy’Abanyarwanda bakomeje guhohoterwa muri Kongo cyakemurwa, ariko byaranze.
Umurundi witwa Ndumba Joseph w’imyaka 34 y’amavuko yafatanywe gerenade ebyiri zo mu bwoko bwa Tortoise mu mudugudu wa Muyebe, akagali ka Cyeru, umurenge wa Kibilizi mu karere ka Nyanza tariki 23/08/2012.
Umwe mu bakarani b’ibarura witwa Theogene Ndayambaje wo mu kagali ka Torero, umurenge wa Ngororero mu karere ka Ngororero afunze azira kurenga ku mabwiriza agenga ibarura maze agakoresha undi muntu utarahuguriwe gukora ibarura.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasabye Abanyarwanda kwitangira inkunga yubaka igihugu cyabo kuko iy’amahanga imeze nko guterwa ikinya gisinziriza abanyagihugu mu gihe abayitanze baba barimo kwiba umutungo w’igihugu bayihaye.
Mu mihigo y’umwaka 2011-2012, amanota uturere twatsindiyeho yariyongereye kandi aregeranye; bigaragaza ko uturere twakoze neza; nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Intebe mu muhango wo gutangaza uko uturere twarushanyijwe mu gushyira mu bikorwa imihigo twasinyanye n’umukuru w’igihugu.
Abasirikare batanu bo muri FDLR n’imiryango yabo batahutse mu rwababyaye, tariki 23/08/2012 binjiriye ku mupaka wa Rusizi, nyuma y’imyaka 18 bari bamaze mu buhungiro mu gihugu cya Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Inama nkuru y’urubyirko (NYC), yahamagariye urubyiruko kwitabira amarushanwa azatorwamo babiri bazajya kuvuganira abandi mu muryango w’abibumbye (UN) mu gihe cy’imyaka itatu.
Umuyobozi w’ishuli ryisumbuye rya Lycée de Nyanza riri mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza arihakana umwana mu gihe umugore babanaga nk’abashakanye ahamya ko umwana wese uvutse aba ari uw’umugabo wo muri urwo rugo.
Abakora umwuga w’uburaya bakorera mu mujyi wa Kibungo bibumbiye muri koperative “Twisubireho” bafunguje compte mu murenge Sacco wa Kibungo bagamije gushyira hamwe amafaranga yafasha bamwe muribo kuva muri uwo mwuga.
Abana bose baturuka mu mirenge itandukanye igize akarere ka Rulindo kuri ubu bafite abazabahagararira kugeza ku rwego rw’akarere. By’umwihariko ababana n’ubumuga bavuga ko batazatenguha bagenzi babo babagiriye ikizere bakabatora.
Janny Oorebeek ukuriye itsinda ry’Abaholandi basengera mu itorero ry’Abapresibiteriyene bari mu runzinduko mu Rwanda yatangaje ko inkunga Abakristu b’iwabo bagenera abo mu Rwanda itazahagarara.
Abandi banyamahirwe batsindiye amahirwe yo gutombora ibikoresho bitandukanye muri tombola ya MTN yise “SHARAMA”, bashyikirijwe ibihembo batsindiye, kuri uyu wa Gatatu, tariki 22/08/2012.
Inzego za Leta zinyuranye zirimo Ministeri y’ubutabera, zasinyanye amasezerano n’undi rwiyemezamirimo (sosiyete yitwa B&B) wasimbuye sosiyete yitwa DN International, yafashe imyenda muri banki yo kubaka amazu, ariko ikagenda itayishyure.
Kuwa kane tariki 23/08/2012, nibwo Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Nyakubahwa Paul Kagame azayobora umuhango wo gutangiza ku mugaragaro ikigega cyiswe Agaciro Development Fund mu rwego rw’igihugu.
Abahagarariye amadini akorera mu murenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza, kuri uyu wagatatu tariki 22/08/2012 bakoze igiterane cy’ivugabutumwa kigamije gushishikariza abacuruza n’abakoresha ibiyobyabwenge kubireka burundu.
Umugabo umwe n’abagore batatu bafungiye kuri polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango guhera tariki 20/08/2012, bakurikiranyweho kwanga kwibaruza, kudafata ikarita y’ubwisingune mu kwivuza, kudakora umuganda, n’ibindi bitandukanye bireba buri munyarwanda.
Nyuma y’imyaka ibiri habaye amabarura y’abaturage bagombaga kwimurwa ku musozi wa Rubavu hakagaragaramo abatarabaruwe kandi bacyeneye ibibanza, ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu bwongeye gusubira mu bikorwa byo gushaka amakuru y’abaturage bacikanywe ntibabarurwe kandi bari bahafite inyubako.
Abarobyi bo mu kiyaga cya Kivu baratunga agatoki uruganda rwa Bralirwa kugira uruhare mu igabanuka ry’umusaruro w’amafi n’isambaza nyuma yo guhagarika ibisigazwa by’inzoga yashyiraga mu Kivu bigatuma amafi aza abikurikiye.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yoherereje Guverinoma n’abaturage ba Ethiopia, ndetse n’umuryango wa Meles Zenawi, ubutumwa bwo kwifatanya na bo mu kababaro kubera Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia witabye Imana.
Sosiyete y’itumanaho mu Rwanda, Tigo, yatangije umushinga witwa “reach for change” wo gutera inkunga imishinga ibiri buri mwaka, y’abantu bafite hagati y’imyaka 18 na 30 bazagaragazamo ibitekerezo birusha iby’abandi ireme.
Polisi y’u Rwanda icumbikiye abantu batandatu mu karere ka Rwamagana bakekwaho gusakaza amafaranga y’amiganano mu baturage mu buryo bunyuranye kandi bwihishe. Abafashwe barimo abafatanywe ayo mafaranga n’abakekwa kumenya aho akomoka kuko bari mu bayasakaza mu baturage.
Nyuma y’amezi abiri akarere ka Gicumbi kamaze kayoborwa mu nzibacyuho ubu kabonye umuyobozi mushya ariwe Mvuyekure Alexandre.
Kuri Station ya Police i Karongi hacumbikiwe abagore bane banze kwibaruza kubera imyemerere yabo ngo itabemerera kugira ahandi bibaruza hatari mu ijuru.
Umuryango w’ivugabutumwa wa Anglican mu Rwanda (EAR) wasuye impunzi z’Abanyekongo bari mu nkambi ya Kigeme mu karere ka Nyamagabe, ubashyikiriza inkunga y’ibyo kurya n’imyambaro bifite agaciro ka miliyoni zisaga eshatu.