Imbaga y’abaturage b’Akarere ka Rwamagana yakubise yuzuye ahitwa ku kibuga cya Police mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, aho bitabiriye inama yitwa iy’Inteko y’Akarere bari bunakoreremo igikorwa cyo gushyigikira Agaciro Development Fund.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo, ari muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ku kicaro cy’umuryango w’abibumbye aho atanga ibisobanuro kuri raporo yakozwe n’impugucye z’uyu muryango ishinja u Rwanda gutera inkunga umutwe urwanya Leta ya Kongo.
Impunzi z’abanyamahanga ziri mu Rwanda guhera mu 1995 zigeze ku 57.641. Abanyekongo nibo bihariye igice kinini kuko bagera ku bihumbi 57.216, nk’uko imibare yashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’Imicungire y’Ibiza no gucyura Impunzi (MIDIMAR) ibigaragaza.
Ubwo yari yitabiriye igiterane cyo gushima Imana cyabereye kuri sitade Amahoro mu mujyi wa Kigali, Minisitiri w’Intebe yasabye Abanyarwanda gushima Imana ku bw’agaciro kabo kari karazimiye kakaba karagarutse.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngoma burakangurira abaturage batuye mu mbago z’umujyi ndetse n’abandi bashaka kubaka kwifashisha amatafari akorwa n’imashini ya hydroform.
Minisiteri y’imicungire y’ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR) yakiriye imodoka imwe na moto zirindwi yahawe n’Ishami ry’umuryango w’Abibumbye rishinzwe Iterambere (UNDP), zizakoreshwa n’abakozi bashinzwe imicungire y’ibiza mu turere.
Mu ruzinduko yagiriye mu karere ka Gicumbi, mu rwego rwo kureba intambwe bamaze kugeraho no kubashimira ibimaze gushyirwa mu bikorwa, Perezida Kagame yasabye abaturage batuye ako karere kugira umwete wo gukora bakiteza imbere.
Nyuma y’umuganda wabaye tariki 25/08/2012, abaturage bo mu karere ka Ngororero batashye ikiraro kimanitse mu kirere gifite metero 50 cyambukanya umugezi wa Kibirira kigahuza umurenge wa Bwira na Gatumba mu tugari twa Ruhindage na Kamasiga.
Guverinoma y’igihugu cy’Ubudage imaze gushyikiriza u Rwanda inyubako eshatu zigezweho zizifashishwa mu kwigisha abapolisi gukomeza kunonosora ubumenyi n’imyiteguro mu butumwa bwo kubungabunga amahoro polisi y’u Rwanda imaze kumyenyekanaho hirya no hino ku isi.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo, yahuye na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’igihugu cy’Ubudage M. Guido Westerwelle, tariki 15/08/2012, baganira ku kibazo cy’umutekano mucye mu burasirazuba bwa Kongo.
Mu gihe hategurwa kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 umuryango FPR-Inkotanyi umaze ushinzwe, umusaza Kayonga Zakayo uvuka mu murenge wa Cyato mu karere ka Nyamasheke atangaza ko imiyoborere myiza umuryango FPR-Inkotanyi wazanye mu Rwanda imaze kugeza byinshi ku baturage.
Umukozi ushinzwe gukurikirana ibarura mu karere ka Kirehe, Njamahoro Basile, arasaba abaturage ko nibigera tariki 28/08/2012 bataragenrwaho n’abakarani b’ibarura byaba byiza yibukije umukuru w’umudugudu ko we bataramubarura cyangwa se akaba akabimenyesha abantu baca mu mudugudu babarura.
Inzego z’ubuyobozi zitandukanye mu karere ka Nyamasheke zirasabwa kwegera abaturage cyane cyane abatuye ahantu hashobora kwibasirwa n’ibiza (high risk zone) bakabasobanurira ibyiza byo bagatura ku midugudu.
Umuyobozi w’Intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyentwali, arihanangiriza abayobozi bo mu ntara abereye umuyobozi, kwirinda gukubirana abaturage kubyo basabwe gukora, kugira ngo babone kubaha serivisi baje gusaba.
Ministiri w’ububanyi n’amahanga w’Ububirigi, Didier Reynders, uri mu Rwanda kugeza kuri iki cyumweru tariki ya 26/8/2012, yavuze ko yishimiye ubushake bwa Leta y’u Rwanda bwo gukomeza guharanira ko amahoro yagaruka mu burasirazuba bwa Kongo Kinshasa.
Bitewe n’uko imiyoborere myiza imaze kwiganza mu gihugu, biratanga ikizere ko abana bazahagararira abandi bazagera ku nshingano zabo batorewe nta kabuza.
Abanyarwanda 12 barimo umugabo umwe, abagore batatu n’abana umunani bageze mu murenge wa Kamembe tariki 25/08/2012 baturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo aho bari bamaze imyaka myinshi mu buhungiro.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’Ububiligi, Didier Reynders yunamiye imibiri y’abazize Jenoside ishyinguye mu rwibutso rwa Gisozi mu mujyi wa Kigali, aho yatangaje ko amateka agaragara muri urwo rwibutso ateye agahinda kandi yigisha kugira ngo ibyabaye bitazasubira.
Polisi y’igihugu iri mu karere ka Nyamasheke mu gihe cy’iminsi 10 mu gikorwa cyo gupima agakoko ka Sida mu bafatanyabikorwa bayo mu gucunga umutekano, aribo rokodifensi (local defense), inkeragutabara n’urwego rwa community policing n’abaturage.
Bamwe mu bakarani b’ibarura rya Kane ry’abaturage mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza, baratangaza ko ikibazo cy’imbwa zo mu ngo no kubura ababaha amakuru nyayo bitangiye kuba imbogamizi kuri bo.
Umuyobozi wungirije ushinzwe ubukungu mu karere Kirehe, Jean de Dieu Tihabyona, yakoze impanuka imodoka ye igonga ibiti bibiri birarimbuka nawe arakomereka bidakabije, ubwo yajyaga mu muganda wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 25/08/2012.
Minisitiri w’intebe Dr. Pierre Damien Habumuremyi, arasaba Abanyarwanda gukora cyane bakirinda incyuro z’abanyamahanga bacyurira u Rwanda bitwaje imfashanyo baruha.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’ububiligi akaba n’uwungirije Minisitiri w’intebe w’iki gihugu, aratangaza ko ababajwe n’ihohoterwa rishingiye kw’ivangura ry’amoko rikorerwa Abakongomani bavuga Ikinyarwanda mu Burasirazuba bwa Congo.
Bamwe mu bashigashigajwe inyuma n’amateka bo mu karere ka Kamonyi, bavuga ko badakunze kwitabira amahugurwa, bityo ubumenyi bwabo ntibutere imbere, mu gihe ariyo yabafasha kwiyungura bwenge bwo kwiteza imbere.
Kunywa ibiyobyabwenge biza ku isonga mu bihungabanya umutekano w’akarere ka Gicumbi, nk’uko byagaragaye muri raporo zitangwa n’inzego z’umutekano zikorera muri ako Karere, mu nama mu nama y’umutekano yaguye yahuje uturere twose tugize intara y’Amajyaruguru kuri uyu wa Gatanu tariki 24/8/2012.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro bwafashe icyemezo cyo kuganira n’abakozi bako, mu rwego rwo kurebera hamwe ingamba zigamije kongera kubavana ku mwanya wa nyuma, nyuma y’uko kaje ku mwanya wa nyuma mu kwesa imihigo y’umwaka wa 2011 – 2012.
Donat Mubangizi ukora ku kigo Nderabuzima cya Kabuga giherereya mu Murenge wa Karama mu Karere ka Nyagatare, kuva ku wa 23 /08/2012 ari mu maboko ya Polisi kuri Sitasiyo ya Gatunda, ashinjwa gufata ku ngufu umubyeyi wari utegereje kubyara.
Zimwe mu ndaya zikorera mu mujyi wa Muhanga zivuga ko gukoresha agakingirizo atari ngombwa cyane icya mbere baharanira ari amafaranga. Ngo kudakoresha agakingirizo nuko baba bashaka gufata neza abakiliya babagana.
Abakorera imirimo itandukanye mu mu gice cy’umujyi wa Kigali gikikjwe na UTC, Kwa Rubangura, KCT na Centenary House bagiye kwimurwa kugira ngo naho hashyirwe amazu y’ubucuruzi agendanye n’igishushanyo mbonera cy’Umujyi wa Kigali.
Mu rukerera rwo kuri uyu wa gatanu tariki 24/08/2012, hafashwe abasore babiri bari bamaze gutema no guhungabanya umutekano wa bamwe mu baturage mu murenge wa Nyamabuye mu karere ka Muhanga.