Umuyobozi wa polisi y’u Rwanda, IGP Emmanuel Gasana, arasaba Inkeragutaba zo mu karere ka Musanze kwima amatwi ibihuha, maze bagacunga umutekano wabo ndetse n’uw’abandi bashinzwe kurinda.
Abana babiri baturikanwe n’igisasu mu gitondo cyo kuri uyu wa 03/12/2012 mu Mudugudu wa Mutara, Akagali ka Raba, Umurenge wa Minazi, Akarere ka Gakenke bahita bitaba Imana.
Urugaga rw’urubyiruko ruri mu muryango FPR-Inkotanyi mu karere ka Nyamagabe rwubakiye umukecuru, umwe mu bahejwe inyuma n’amateka utishoboye utagiraga aho yikinga.
Umuyobozi w’umuryango FPR-Inkotanyi mu karere ka Nyamagabe, Philbert Mugisha aratangaza ko FPR-Inkotanyi yabahesheje agaciro ikabahindurira amateka, abantu bakaba batacyumva Gikongoro ngo bumve inzara n’abaturage bakennye cyane.
Abana b’umugore mukuru w’umugabo witwa Hategekimana Samson bakambitse mu gikari cy’umugore we muto kubera amakimbirane bafitanye ashingiye ku masambu.
Nubwo imyaka 25 ishize umuryango FPR-Inkotanyi uvutse, ibikorwa by’uyu muryango biracyakomeza kuko ubu aribwo ifite icyerekezo cy’imbere kandi gihamye.
Ubwo Abanyarulindo bizihizaga isabukuru y’imyaka 25 FPR imaze ivutse, bishimiye ibyo uwo muryango wabagejejeho birimo kuba barabashije kuva mu bukene, kugira umutekano, kuva mu bujiji n’ibindi byinshi bitandukanye bagiye bavuga.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi, asanga ibikorwa by’umuryango PFR-Inkotanyi bihesha Abanyarwanda bose agaciro, kuko buri gihe iba ishaka icyabateza imbere.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yasabye abakristu bo mu itorero rya ADEPR n’abandi baturage muri rusange kwirinda amacakubiri, aho ageraranya ukwemera, amoko n’ibitekerezo bitandukanye, nk’inzira nyinshi ariko ziganisha abantu bose ku Mana imwe.
Umuvugizi w’igisirikare cy’u Rwanda, Brig. Gen. Joseph Nzabamwita yemeje ko abarashe ku barinda Parike y’ibirunga, mu kagali ka Bisoke umurenge wa Kinigi akarere ka Musanze, ari agatsiko ka FDLR kahunze ubwo baheruka gutera.
Alphonsine Nyiranzabandora utuye mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza, avuga ko ubukene n’ubujiji byatumaga atimesera imyenda ye ariko nyuma yaho atangiye kwishyira hamwe n’abandi mu itsinda ryo kwiteza imbere byamugizeho impinduka nziza.
Abantu bataramenyekana barashe ku barinda barike y’ibirunga, umwe mu barinzi ahita ahasiga ubuzima, mu gitero cyagabwe mu rukerera rwo kuri iki Cyumweru tariki 02/12/2012.
Ministiri w’Ubucuruzi n’Inganda,Francois Kanimba, yasabye abanyeshuri batangiye itorero ry’abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye mu Karere ka Rusizi, kuri uyu wa Gatandatu tariki 01/12/2012, kuzajya barangwa no gukora cyane.
Kirehe-Barishimira ko isaburu ya FPR Inkotanyi igeze baramaze kubona amashanyaraziAbanyamuryango bo mu karere ka Kirehe bizihije umunsi mukuru w’umuryango FPR Inkotanyi ku rwego rw’akarere, kuri uyu wa Gatandatu tariki 01/12/2012, bishimira byinshi bagezeho birimo kuba aka karere gafite iterambere ririmo amashanyarazi.
Akarere ka Nyamasheke kaza ku isonga mu Ntara y’iburengerazuba mu kugira abanyamuryango benshi ba FPR-Inkotanyi kandi bakora neza, nk’uko byemezwa na Komiseri Ushinzwe Imibereho myiza mu muryango wa FPR-Inkotanyi ku rwego rw’Intara y’Iburengerazuba, Madame Nirere Françoise.
Abikorera bo mu karere ka Nyamagabe bahisemo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 umuryango FPR-Inkotanyi umaze ushinzwe, berekana ibyo bagezeho babikesha uyu muryango, mu imurikabikorwa ry’iminsi ibiri ryatangiye kuri uyu wa Gatandatu tariki 01/12/2012.
Guverineri w’Intara y’i Burasirazuba, Célestin Kabahizi, aratangaza ko ibura ry’umuriro rya hato na hato ryabangamiraga akazi muri iyo Ntara, rigiye kubonerwa igisubizo kirambye, nk’uko byagarutsweho mu nama y’umutekano yaguye y’Intara y’i Burengerazuba, kuwa Gatatu tariki 28/11/2012.
Abapolisi 450 boherejwe na leta ya Congo bamaze kugera mu bice bagomba Gukoraremo, nyuma y’uko ingabo n’abapolisi ba M23 bavuye mu mujyi wa Goma n’utundi duce bari bafashe nyuma ya taliki 20/11/2012.
Umunyamabanga Mukuru w’umuryango FPR-Inkotanyi, François Ngarambe, yasabye abanyamuryango ba FPR bo mu karere ka Karongi, gufata umwanya bakibuka intwari zose zitangiye u Rwanda none rukaba rutengamaye mu mahoro n’iterambere.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu karere ka Kayonza bizihije isabukuru y’imyaka 25 umuryango FPR Inkotanyi umaze ubayeho. Mu kwizihiza iyo sabukuru ku rwego rw’akarere ka Kayonza, abanyamuryango bamuritse ibyo bagezeho birimo gukemura ibibazo by’abaturage kubakira abatishoboye no kuboroza.
Abaturage bo mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera barasabwa kuvugisha ukuri batanga amakuru yose ajyanye n’ihohoterwa, kugira ngo ihohoterwa rishingiye ku gitsina ricike burundu.
Diyosezi ya Cyangugu na Komisiyo y’Ubutabera n’Amahoro birishimira uburyo bikomeje kwita ku gikorwa cyo guhuza abari bashyamiranye nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, barimo abarokotse Jenoside n’imiryango y’abayigizemo uruhare.
Umusore uvuga ko akomoka mu Murenge wa Muhondo, akarere ka Gakenke bamufatanye amadolari y’impimbano 250, ubwo bamufataga bamukekaho kwiba ibikoresho byo mu rugo, kuri uyu wa Gatanu tariki 30/11/2012.
Ubuyobozi za SACCO burakangurirwa gutanga serivisi nziza ku banyamuryango, kwirinda kugendera ku marangamutima mu gutanga inguzanyo no gucunga amafaranga y’abanyamuryango neza.
abayobozi n’abikorera batuye mu murenge wa Murambi wo mu karere ka Karongi, biyemeje kuwuhindurira isura y’ubukene wari usanzwe uzwiho, bakawuteza imbere, nk’uko babyemereye mu mwiherero w’umunsi umwe wabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 30/11/2012.
Abapolisi 278 nibo bageze mu mujyi wa Goma baturutse i Bukavu, baje gusimbura ingabo za M23 zigomba gusohoka muri uyu mujyi kuri uyu wa Gatandatu tariki 01/12/2012, ku isaha ya saa Yine z’igitondo.
Abanyeshuri barangije umwaka wa 6 w’amashuri yisumbuye bo mu karere ka Nyagatare barasabwa kuzagerera ku gihe ku byicaro by’aho bazakorera itorero ry’igihugu.
Mu rwego rwo kurushaho gusobanurira Abanyarwanda b’ingeri zose ibyo ikora, tariki 05/12/2012, Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda izamurikira abaturage ibyo ikora.
Ubwo basozaga amahugurwa bari bamazemo icyumweru i Nyakinama, tariki 29/11/2012, abayitabiriye bavuze ko amasomo bahawe ku kurinda abana gushorwa mu ntambara no gufasha abashyizwe muri uwo murimo ari ingenzi kuko igihugu kidafite abana nta hazaza kiba gifite.
Inama yahuje ubuyobozi bwa M23 n’uyoboye ingabo z’ibihugu bigize akanama mpuzamahanga mu karere k’ibiyaga bigari (ICGLR) yemeje ko M23 izava mu mujyi wa Gomam tariki 01/12/2012 saa yine za mu gitondo.