Inyigisho zijyanye n’intego yo guharanira kwigira mu gihe cyo kunamira abazize Jenoside mu karere ka Nyarugenge zatanzwemo n’imigani Abanyarwanda bakoreshaga mu kwirwanaho, nk’igira iti “urya ibitamuvunnye mu maboko avuga ibitamuvuye mu mutwe” na “umwana uzi ubwenge umusiga yinogereza”.
Dusingizimana Israel wahoze ari conseiller ( Konseye) wa segiteri Mushirarungu mu cyahoze ari komini Nyabisindu mu gihe cya Jenoside ubu akaba afungiye muri gereza ya Mpanga yatanze ubuhamya bw’uko Jenoside yateguwe n’uruhare yayigizemo.
Minisitiri ushinzwe umuco n’itangazamakuru muri imwe muri Leta zigize Sudani Ragab Elbash n’itsinda ry’abanyamakuru bo muri Sudani tariki 04/04/2013 basuye Radio Izuba bagamije kureba imikorere y’amaradio y’abaturage mu Rwanda n’icyo Sudani yakwigira kuri iyo mikorere.
Bwamwe mu batuye akarere ka Muhanga basanga Leta y’u Rwanda yarakoze byinshi biganisha ku guha agaciro abazize Jenoside yakorewe Abatutsi ariko ngo haracyari byisnshi byagakozwe birimo ubushakashatsi bwimbitse kuri Jenoside.
Umurenge wa Busogo mu karere ka Musanze ni hamwe mu hantu hagaragaye ukwica Abatutsi mbere y’umwaka 1994, ndetse abahatuye bakemeza ko bwari uburyo bwo kugerageza Jenoside yakorewe Abatutsi.
Kuri uyu wa mbere tariki 08/04/2013, sosiyete ye MTN icuruza itumanaho rya telefone zigendanwa yasuye abacitse ku icumu bo mu Bisesero, umurenge waTwumba mu karere ka Karongi babatera inkunga y’amafaranga miliyoni enye n’ibihumbi 500.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa Loni (UNMISS) muri Sudani y’Amajyepfo zifatanyije n’Abanyasudani, tariki 07/04/2013, bitabiriye umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 19Jenoside yakorewe Abatutsi.
Nyuma y’uko Nyirakanyana Francoise abyaye abana bane mu mpera z’umwaka ushize, akaza kugabirwa inka y’inzungu ikamwa hamwe n’iyayo, tariki 06/04/2013 yagabiwe inzu.
Kuri iki cymweru tariki 07/04/2013, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Barack Obama yatangaje ko yifatanyije mu kababaro n’Abanyarwanda mu gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994 .
Ubwo hatangizwaga icyunamo cyo kwibuka ku nshuro ya 19 jenoside yakorewe Abatutsi, abaturage mu kagari ka Kagugu umurenge wa Kinyinya akarere ka Gasabo bakusanyije amafaranga asaga ibihumbi 33 byo gufasha umukecuru witwa Mukahigiro Verdian w’imyaka 85.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye bo mu mirenge ya Nyamata, Ntarama, Ngeruka na Ruhuha yo mu karere ka Bugesera, tariki 06/04/2013, bashyikirijwe inka 20 zatanzwe na Leta ya Sudani.
Nyuma y’igihe gisaga ukwezi abatuye mu mujyi wa Rwamagana batabona amazi kubera ibikorwa byo kubaka imihanda igezweho muri uwo mujyi, kuva tariki 09/04/2013 bazongera kubona amazi kuko imiyoboro mishya izaba yatangiye gushyirwaho no gusakaza amazi.
Imbaga y’abantu yitabiriye urugendo rwo kwibuka “Walk to remember” mu mujyi wa Kigali ku mugoroba wo ku cyumweru tariki 07/04/2013, harimo n’Umukuru w’igihugu, ngo ni ikimenyetso cy’uko ibitekerezo bya benshi muri iki gihe byamagana Jenoside, nk’uko bamwe babisobanura.
Abaturage b’akarere ka Nyamasheke barasabwa kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 baharanira gukora kugira ngo bashobore kwigira, nk’uko insanganyamatsiko y’uyu mwaka ibivuga.
Minisitiri w’ibikorwaremezo, Prof. Silas Lwakabamba, aremeza ko u Rwanda rufite ubushobozi bwose bwo kurwanya no gukumira uwo ariwe wese washaka kugarura Jenoside cyangwa gusubiza u Rwanda inyuma mu buryo ubwo aribwo bwose.
Bamwe mu barokitse Jenoside yakorewe Abatutsi batuye mu kagari ka Mugumbwa, umurenge wa Mugombwa mu karere ka Gisagara bavuga ko bakeneye ko ubuyobozi bubaba hafi bitewe n’ihohoterwa ririmo kubiba, kubakubita ndetse no kubakomeretsa mu magambo rikunze kubakorerwa mu minsi yo kwibuka.
Kwibuka ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi bizagera ku bantu benshi kurusha mu myaka yashize, kubera ko bizabera mu midugudu, ibisobanuro by’ibara ry’ikijuju ndetse n’icyumba cy’amahoro kizazengurutswa hirya no hino mu gihugu.
Abanyamahoteri n’amaresitora bo mu karere ka Nyagatare barakangurirwa kujya baha Abanyarwanda amata mazima akuwe ku makusanyirizo azwi. Icyemezo kandi kireba n’aborozi kugira ngo hirindwe kugaburira abanyarwanda amata adafite ubuziranenge.
Abatuye akarere ka Nyagatare baracyakomeza guhugurwa ku kamaro amatora afite mu miyoborere n’izindi nkingi zishingirwaho na Guverinoma mu guteza imbere Umuturwanda, n’ubwo kari kahawe igikombe kubera uburyo abagatuye bitabiriye amatora aherutse.
Zimwe muri Politiki za Leta umwiherero wa 10 uherutse gusoza wagaragaje ko zitagezweho zirimo gutura ku midugudu no gukoresha biyogazi, nizo ubuyobozi bw’akarere ka Gakenke butangaza ko bugiye kwibandaho muri uyu mwaka.
Umuyobozi w’akarere ka Nyamagabe wungirije ushinzwe imari, ubukungu n’iterambere, Immaculée Mukarwego Umuhoza, atangaza ko Leta y’u Rwanda ishishikajwe no kubaka umunyarwanda ubereye igihugu n’abagororwa bakaba bari mu barebwa n’icyo kibazo.
bamwe mu bakorera mu karere ka Kirehe batarangwaga na serivisi nziza bagiye kwisubiraho babaifashje n’ibavuye mu nama njyanama y’akarere, yateranye kuri uyu wa Gatanu tariki 05/04/2013.
Urwego rw’Umuvunyi rwafashe ingamba zo kongera ingufu mu bikorwa bikamije kurwanya ruswa igaragara ku nzego zo hasi uhereye ku murenge, aho hagiye gushyirwaho inama ngishwanama ku rwego rw’umurenge.
U Rwanda na Kenya birajwe ishinga n’uko umubano w’ibihugu byombi warushaho kujya mbere, nk’uko byemerejwe mu biganiro ambasaderi mushya w’iki gihugu, John Mwageni, yagiranye na Perezida Paul Kagame, ubwo yamuhaga ikaze mu kazi ke kuri uyu wa gatanu tariki 04/04/2013.
Abagize akanama ngishwanama k’Umukuru w’igihugu (PAC) bamaze iminsi mu Rwanda, basuye ikigo nderabuzima n’ishuri rikuru ryigisha ubumenyingiro, aho bemeza ko imyanzuro bafatiye hamwe na Perezida Kagame yo kwita ku buzima n’ubukungu bushingiye ku bumenyingiro irimo gukurikizwa.
Ubwo umuyobozi w’akarere ka Nyamagabe yagezaga ku bakozi b’ako karere ibyavuye mu mu mwiherero wa 10 w’abayobozi bakuru uherutse kubera i Gabiro, yabasabye ubufatanye kugira ngo iyo myanzuro ibashe kugerwaho.
Nubwo bamwe mu bafite imodoka bemeza ko gukora isuzuma ry’ibinyabiziga (Controle technique) bifite akamaro kuko bituma bamenya ibibazo ibinyabiziga byabo bifite, baraninubira igihe bamara bategereje ko bakorerwa igenzura ku kigo cya Polisi.
Abaturage batuye mu mbago z’ahazubakwa ikibuga cy’indege mpuzamahanga cya Bugesera mu murenge wa Ririma batangiye gusinyira imitungo yabo ngo bazahabwe ingurane.
Tariki 04/04/2013, mu karere ka Rulindo habereye umuhango wo kwibuka no gushyira indabo ku mva z’Abashinwa icumi baguye mu mpanuka hagati y’imyaka 1985-1993 ubwo bakoraga umuhanda Kigali-Musanze.
Umukuru w’intara y’uburengerazuba yasabye abayobozi mu karere ka Rusizi kujya bakemura ibibazo by’abaturage batarindiriye ko hari undi uzaza kubikemura. Muri aka karere ngo hari abayobozi bavuga ko hari ibibabo byananiranye kandi mu by’ukuri nabo batekereza ugasanga babikemuye.