Imiryango 384 igizwe n’abantu 1634 mu murenge wa Cyanika mu karere ka Nyamagabe yashyikirijwe amazi meza yakozwe ku nkunga ya Koreya y’Epfo ibinyujije mu ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku biribwa (PAM), ukaba ushyirwa mu bikorwa n’umuryango w’Abanyakoreya wa Good Neighbors ifatanije na Unity Club.
Umuntu umwe yahitanywe n’igisasu cyo mu bwoko bwa Grenade, naho abandi umunani barakomereka ubwo icyo gisasu cyaterwaga ku isoko rya Kimironko mu karere ka Gasabo mu mujyi wa Kigali ku mugoroba wa tariki 26/03/2013.
Ihuriro ry’abagore Women Foundation Ministries ryo mu karere ka Kayonza, rifite intego yo guteza imbere umuryango nyarwanda rihereye ku mugore n’umwana w’umukobwa, nk’uko bivugwa n’umuyobozi w’iryo huriro Pastor Alice Mignonne.
Abakuriye amadini n’amatorero mu karere ka Nyamasheke baratangaza ko biyemeje gushishikariza abayoboke babo kwitabira gahunda zo kwibuka ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 kugira ngo ibikorwa bizagende nk’uko byateganyijwe.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yakiriye abanyeshuri 33 bavuye muri Kaminuza ya Stanford yo muri Reta zunze ubumwe za Amerika (USA) bari baje kwiga uburyo u Rwanda rubayeho, akaba yabasobanuriye ko intambwe rugezeho yo kwiyubaka ruyikesha uruhare rw’abaturage mu kwishakamo ibisubizo.
Abayobozi bakuru mu nzego zose z’ubuyobozi mu Rwanda bazahura ku matariki ya 28-30/03/2013 mu mwiherero wihariye w’abayobozi bakuru b’igihugu uzabera mu ishuri rya Gisirikare bita School of Infantery i Gabiro mu karere ka Nyagatare.
Mu rwego rwo kurushaho kwiyubakira ibikorwa by’iterambere, Guverineri w’intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, tariki 25/03/2013, yifatanyije n’abaturage ba Gicumbi kwagura umuhanda uhuza utugari twa Ruvumu na Karushya.
Imyiteguro yo gushyira kaburimbo mu muhanda uhuza uturere twa Rutsiro na Rubavu igeze kure ku buryo nta gihindutse imashini zizaba zatangiye gusiza mu kwezi kwa mbere 2014.
« …it’s moving … (Biteye ubwoba) ni ijambo ryasohotse mu kanwa ka Angelina Jolie, icyamamare mu gukina filime muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, ubwo yari agisohoka mu muryango w’Urwibutso rwa Jenoside rwa Gisozi, nk’uko umwe mu bakozi b’uru rwibutso bari bamwegereye babitangarije Kigali Today.
Minisitiri w’abakozi ba Leta n’umurimo, Murekezi Anastase, yashyize ibuye ry’ifatizo ahazubakwa inzu izaba ari ihuriro ry’imyuga itandukanye bita “agakiriro” mu karere ka Bugesera mu Murenge wa Nyamata.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yakiriye umunyamabanga wa Reta ushinzwe ububanyi n’amahanga w’Ubwongereza, William Hague ku mugororoba wo ku wa mbere tariki 25/3/2013, aho basuzumye amasezerano y’ubufatanye mu iterambere asanzweho hagati y’ibihugu byombi.
Urubanza rw’ubujurire bwa Victoire Ingabire Umuhoza, umukuru w’ishyaka FDU-Inkingi uregwa ibyaha birimo ubugambanyi, kugirira nabi ubuyobozi buriho no gutegura ibitero by’intambara k’u Rwanda, rwageze mu rukiko rw’ikirenga, aho ruzaburanishwa guhera hagati mu kwezi gutaha kwa kane.
Save the Children, umwe mu bafatanyabikorwa bita ku bana mu nkambi ya Kigeme, yakoze ubukangurambaga ku burenganzira bw’umwana, ishishikariza impunzi ziri muri iyi nkambi kwita ku burenganzira bw’abana.
Ubwo yari yaje mu karere ka Karongi aho arimo kumva ibibazo by’abaturage, Umuvunyi Mukuru, Cyanzayire Aloyisie, yasabye abaturage kujya birinda imanza aho bishoboka, bakegera abunzi mbere yo kwihutira mu nkiko.
Ubuyobozi bwa World Vision buratangaza ko gukorera mu Rwanda biboroheye kuko gahunda z’ibanze zabo zihuye na politiki Leta y’u Rwanda yashyize imbere, zirimo kwihaza mu biribwa, isuku no guteza imbere urubyiruko muri gahunda zitandukanye.
Abayoboke b’umutwe wa politike PSD mu karere ka Ruhango, barasabwa gukora ibikorwa byose byatuma bihesha agaciro ndetse bakaba intangarugero mu bandi bayoboke b’imitwe ya politike ikorera mu Rwanda.
Angelina Jolie wamenyekanye cyane mu gikina filime ari mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda, aho yageze ari hamwe na minisitiri ushinzwe ububanyi n’amahanga mu Bwongereza, William Hague. Baje muri gahunda yaguye yo guhagarika ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa mu Burasirazuba bwa Kongo.
Abasenateri 10 bayobowe na Visi Perezida wa Sena, Bernard Makuza, ku wa gatandatu tariki 23/03/2013 bifatanyije n’abatuye akagari ka Rwanza, umurenge wa Save mu karere ka Gisagara, gukora umuganda baca imirwanyasuri n’imiyoboro y’amazi mu bibanza bizubakwamo umudugudu w’icyitegererezo.
Abaturage biganjemo urubyiruko batuye ku nkengero z’umugezi wa Muregeya ugabanya bo mu turere twa Rutsiro na Karongi babonye akazi ko guterura moto bazirenza ibyuma byatambitswe hejuru y’ikiraro gishaje kugira ngo ibinyabiziga bitakinyuraho. Moto imwe bayiterura ku mafaranga 500.
Abanyarwanda 13 (abagabo 2, abagore 2 n’abana 9) bari barahungiye mu Burundi muri comine ya Cyibitoki batahutse tariki 23/03/2013 ubu bakaba bari mu nkambi ya Nyagatare mu karere ka Rusizi.
Abitandukanyije n’umutwe wa FDLR batahutse tariki 23/03/2013 batangaza ko icyateye gutahuka ari uko amasezerano babwirwa n’abayobozi babo ari ibinyoma kuko ngo bategereje ko yasohora bagaheba.
Perezida Kagame yifatanyije n’abandi bayobozi b’ibihugu bo mu karere mu kwiga ikibazo cy’umutekano mu burasirazuba bwa Congo Kinshasa. Inama iri kubera kuri Congo Brazzaville kuri icyi cyumweru tariki 24/03/2013.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa gatandatu tariki 23/03/2013, umuryango w’Abanyapakistani baba mu Rwanda wizihije isabukuru y’imyaka 66 igihugu cyabo kimaze cyemerewe kwigenga. Bavuze ko bishimiye umubano wabo n’Abanyarwanda, bifuza ko hafungurwa za ambasade.
Ihuriro ry’abafatanyabikorwa (JADF) mu karere ka Rulindo rifatanije n’ubuyobozi bw’aka karere batoye komite nyobozi na komite ngenzuzi bishya zigiye kubahagararira muri uyu mwaka.
Abanyeshuri bo mu ishuri ry’amahoteli n’ubucyerarugendo (RTUC) ishami rya Gisenyi bahuriye mu muryango wa AERG batangiye ibikorwa byo kwitegura icyunamo bakora ibikorwa byo gutanga ubufasha ku batishoboye barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Ubushakashatsi buragaragaza ko mu bana 100 bari hagati y’imyaka itandatu na 17, batatu baba bakoreshwa imirimo itandukanye n’iyo bagombye kuba bakora ariyo kwiga no kurerwa, kugira ngo bazakorera igihugu cyabo bamaze gukura.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imiyoborere Myiza (RGB), cyahagurukiye urugamba rwo kwimakaza imiyoborere myiza igamije gukorera abaturage. iki kigo kigiye guhwiturira abayobozi bose kujya bacyemura ibibazo by’abaturage hakiri kare, bitarindiriye Perezida wa Repubulika.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Kicukiro mu karere ka Kicukiro, kuri uyu wa Gatanu tariki 22/03/2013 bwiriwe mu gikorwa cyo gufunga imiryango ikorerwamo ubucuruzi mu mudugudu wa Gashiha akagari ka Kagina mu rwego rwo kwimura abantu batuye mu bishanga.
Abafite ubumuga basabye Leta ko yashyiraho gahunda yo kuborohereza kubona imirimo muri Leta no mu bikorera bishobotse. Bakabona imyanya idapiganirwa byibuze iri hagati ya 3% na 5%, nk’uko babyifuje mu nama yabahuje kuwa Gatanu tariki 22/03/2013.
Polisi y’igihugu iratangaza ko ikomeje guhangayikishwa n’impanuka zirushaho kwiyongera zikangiza ubuzima bwa benshi, n’ubwo bwose iba yashyizemo imbaraga nyinshi mu kurwanya no gukangurira abatwara ibinyabiziga kwitondera icyateza izo mpanuka.