Nyuma y’aho hashyiriweho itegeko rigena inyungu ku bukode bw’amazu, Kaminuza Nkuru y’u Rwanda ntiyigeze iriha bene uyu musoro, ivuga ko ari ikigo cy’uburezi, kidaharanira inyungu; ariko ntibyumvikanaho n’ubuyobozi bw’Akarere ka Huye, ari na bwo bwishyuza uyu musoro.
Ikigo gishinzwe imiyoborere (RGB) cyasobanuriye Ministiri wa Leta mu gihugu cya Burikinafaso, Dr Bongnessan Arsene YE, wasuye u Rwanda kuri uyu wa kane tariki 25/04/2013, uburyo igihugu kiyobowe neza bigatuma imibereho n’iterambere ry’abanyagihugu bigaragaza imibare iri ku gipimo gishimishije.
Umuyobozi wa CICR (International Committee of Red Cross) ku rwego rw’isi, Peter Maurer, aratangaza ko uburenganzira bwa muntu buramutse bwubahirijwe nta Jenoside nk’iyo yabonye mu Rwanda yakongera kubaho.
Impunzi 13 zituruka mu nkambi ya Butare mu Burundi, kuri uyu wa kane tariki 25/04/2013 zari mu karere ka Musanze, kugirango zirebere aho igihugu kigeze maze batahe bajye kubwira abandi babe bafata icyemezo cyo gutaha.
Ubwo basobanuriraga imikoreshereze y’inkunga y’ingoboka, izahabwa abatishoboye 239 bo mu murenge wa Gacurabwenge, bamwe muri bo bagaragaje ko batishimiye ko hakorwamo imishinga ikorewe hamwe ibateza imbere, kuko ngo badafite imbaraga zo kugenzura ibyo bikorwa izaba yashowemo.
Guhera mu ntangiriro z’uyu mwaka wa 2013, amazi EWSA itunganya yagabanutse 20% (124692 m3) bitewe n’imvura zabaye nyinshi zigatuma amazi yandura cyane, nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi bwa EWSA.
Umucukuzi umwe yitabye Imana mu gihe abandi batatu baheze mu kirombe gicukurwamo koruta na bo bikekwa ko bapfuye nyuma yo kugwirwa n’ikirombe mu Mudugudu wa Gahondo, Akagali ka Ruli , Umurenge wa Ruli, Akarere ka Gakenke .
Abaturage batuye mu gasantire ka Buhanda baravuga ko hakenewe izindi mbaraga kuko imihanda yabahuzaga n’utundi duce imaze kwangirika bikomeye ndetse ngo mu gihe gito kubona aho banyura bizaba bitagishoboka.
Ku bufatanye n’umushinga World Vision, Fondation Kizito Mihigo pour la Paix (KMP) yataramiye urubyiruko rw’akarere ka Nyamagabe rwiganjemo abanyeshuri bo mu mashuri yisumbuye, igamije kubakangurira kugira umuco w’amahoro n’ubumwe n’ubwiyunge, nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Bamwe mu banyeshuri biga mu mashuri abanza mu mujyi wa Rwamagana bafashe icyemezo cyo kwiga bashishikaye amasomo y’imibare n’ubugenge nyuma y’aho umuderevu w’indege ya kajugujugu ababwiriye ko mu gutwara indege bigamo n’amasomo anyuranye ashingira cyane cyane ku mibare n’ubugenge.
Arthur Asiimwe yagizwe umuyobozi mushya w’ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru cyitwaga orinfor ubu kikaba ctitwa Rwanda Broadcasting Agency (RBA).
Mu kiciro cya mbere cy’ibikorwa by’intore ku rugerero, intore zo mu karere ka Nyabihu yo zesheje imihigo kuri 84%. Mu cyiciro cya kabiri, Intore zitegerejweho umusaruro ushimishije kurushaho.
Abakirisitu 323 bo mu matorero atandukanye y’abaporotesitanti akorera mu karere ka Kirehe basoje amahugurwa bari bamazemo iminsi ibiri mu karere ka Kirehe aho bigaga ku buryo umuryango nyarwanda wakomeza kurushaho kwiteza imbere binyuze mu masengesho.
Patrice Hakizimana wari ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu murenge wa Boneza mu karere ka Rutsiro yari ari kuri moto agongwa n’imodoka ahita yitaba Imana mu gitondo cyo kuwa kabiri tariki 23/04/2013.
Umugore witwa Justine Nyiraneza utuye mu kagali ka Cyabararika, umurenge wa Muhoza wakorewe ibikorwa by’itotezwa n’abantu bataramenyekana mu cyumweru cy’icyunamo, yahawe ubufasha n’abanyeshuri bo mu ishuri rikuru INES Ruhengeri.
Abasirikare bashinzwe iby’ubuvuzi baturutse mu gihugu cya Tanzania bari mu rugendo shuri rw’iminsi 2 mu Rwanda aho bigira ku Ingabo z’u Rwanda ibijyanye n’ubwisungane mu kwivuza bw’abasirikare.
Abantu bane bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Muhoza mu karere ka Musanze, bazira ubucuruzi bw’ikinyabutabiriye cyitwa ‘mercure’ bashyizeho ibimenyetso by’ibihimbano kuko bavuga ko yasuzumwe n’umuhanga w’umurusiya witwa Mendeleev.
Leta y’u Rwanda irashima ibikorwa by’Abanyarwanda baba hanze (Diaspora) bigamije kufasha no kongerera ubumenyi abari imbere mu gihugu, binyuze mu mushinga wa MIDA (Migration Development in Africa).
Ahagana saa mbiri mu gitondo cya tariki 23/04/2013 inkongi y’umuriro yibasiye amacumbi y’abanyeshuri b’abahungu biga kuva mu mwaka wa mbere kugeza mu wa gatatu mu kigo Ecole de Science Byimana.
Ubwo minisitiri w’akakozi, Anastase Murekezi, yasuraga abakozi bo mu nzego zitandukanye zo mu karere ka Rusizi yabashishikarije gukunda umurimo kuko ibikorwa bivuye mubyo umukozi yakoze aribyo bimihesha agaciro akaba yawurambamo ndetse akazamuka mu yindi ntera.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Ngororero bavuga ko bishimiye ukwiyongera kw’ibitangazamakuru mu Rwanda kuko uko bibageraho ari byinshi ari nako bibakorera ubuvugizi ku bibazo bafite ndetse bimwe bigakemuka.
Abatishoboye batanu basizwe iheruheru na Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu murenge wa Kazo akarere ka Ngoma bahawe inka zavuye mu mafaranga abaturage batanze mu gihe cy’icyunamo.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 22/4/2013, ububiko bw’Ikigo gishinzwe ubuzima (RBC) buri i Gikondo hafi yo kuri MAGERWA, bwadutsemo inkongi y’umuriro itwika bimwe mu bikoresho byiganjemo impapuro, ibitabo bitarakoreshwa byo kwiyandikisha by’abarwayi ba SIDA, hamwe n’inzitiramubu.
U Rwanda nka kimwe mu bihugu bigize umuryango ushinzwe kurwanya ikwirakwizwa ry’intwaro nto mu karere (RECSA) ni urwa mbere mu kurwanya ikwirakwizwa ry’intwaro kuko rumaze gusenya intwaro zipima toni 53.357 kuva muri Nzeri 1994 kugera mu Ugushyingo 2011.
Mu rucyerera rwa taliki 22/04/2013, abakiristu bo mu itorero rya Goshen Holy Church babuze aho basengera amasengesho ya Nibature nyuma yo gusanga urusengero basengeramo rwashyizweho ingufuri na bamwe mu bakiristu bavuga ko badashaka ko bamwe barusengeramo.
Umuryango ushinzwe kurwanya ikwirakwizwa ry’intwaro nto mu karere (RECSA), uri mu bibazo by’abanyamuryango benshi batagitanga umusanzu, abandi nabo ntibawutangire ku gihe, nk’uko bari barabyiyemeje ubwo uwo muryango watangiraga.
Umusaza Twagiramungu Claude utuye mu murenge wa Mbuye mu karere ka Ruhango, avuga ko mu mwaka 1964 yahuye n’ibibazo bikomeye byo kuba yaratsindiye kujya kwiga mu isemineri ariko akabuzwa ayo mahirwe kuko ngo atasaga n’abandi.
Minisitiri Protais Mitali ushinzwe umuco na Siporo mu Rwanda yamaganye abagifite ibitekerezo birangwamo gupfobya jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda babikora biyise ko ari intyoza bashaka kugoreka ukuri kwayo.
Abakozi bakora umuyoboro w’amazi wa Nyabizi, uherereye mu murenge wa Kinyababa, akarere ka Burera, batangiye guhembwa nyuma yo gutakambira ubuyobozi bavuga ko bamaze amezi atatu badahembwa kandi bakora.
Umushinga wa World Vision, tariki 19/04/2013, wifurije isabukuru y’amavuko abana 7312 bo mu Karere ka Gakenke basangira ndetse babagenera impano zifite agaciro ka miliyoni 25 z’amafaranga y’u Rwanda.