Mu giterane bamazemo iminsi ine, abakirisitu bari mu matorero atandukanye mu karere ka Ruhango, baravuga ko bashoboye kuhigira byinshi bijyanye no kwegerana n’Imana, ariko cyane cyane guha agaciro gahunda za Leta zirimo kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge, ubwisungane mu kwivuza n’ibindi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Huye n’abafatanyabikorwa bako (JADF) bemeza ko gukorera ku mihigo no guhuriza hamwe ibyo bazakorera abaturage mbere, byatumye ibikorwa bisaranganywa mu mirenge n’utugari bigize aka karere mu rwego rwo kugendana mu iterambere.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke buratangaza ko bugiye gutanga ibirango (plaque) mu bwato bwose bukorera mu Kiyaga cya Kivu mu rwego rwo kumenya ubwato buri mu karere, ndetse no kugumya kubungabunga umutekano w’abagenda n’abarobera mu kiyaga cya Kivu.
Nubwo abaturage birukanwe muri Tanzaniya batuye mu karere ka Kirehe bahangayikishijwe n’ikibazo cyo kuvirwa muri iki gihe cy’imvura, ngo bishimiye uburyo babayeho kuko kuri bo ngo biboneye ingaruka zo kudatura mu gihugu uvukamo.
Impuguke z’u Rwanda na Kongo zemeje ko zabashije kubona imbago 17 zari zaraburiwe irengero nyuma y’uko habonetse imbago eshanu ngo huzuzwe imbago 22 zashyizweho n’abazungu mu mwaka wa 1911mu kugaragaza imipaka ihuza u Rwanda na Kongo.
Inama ya biro politiki y’umuryango RPF-Inkotanyi yateranye kuri iki cyumweru tariki 31/8/2014, yibukije indangaciro zigenga umunyamuryango mwiza inatangarizwamo ingamba zo kurwanya amatwara mabi; aho na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame akaba n’Umuyobozi wa RPF-Inkotanyi yaburiye abazafatirwa mu kugambanira igihugu.
Umugabo n’umugore Francois Bedishye uri mu kigero cy’imyaka 75 n’umugore we Dancila Mujawamariya uri mu cyigero cy’imyaka 65 basezeraniye imbere y’Imana mu itorere ry’aba methodiste Paruwasi ya Kicukiro, basaba abakiri bato babana batarasezeranye kubikora kuko baba babana nko mu buraya.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Gishyita mu Karere ka Karongi ngo basanga imyumvire ya bamwe mu bagore ikomeje kuba inzitizi mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikorerwa abagore bagenzi babo kuko ngo iyo umugabo yibaniye neza n’umufasha we ngo hari bamwe mu bagore batangira kugenda bavuga ko ari inganzwa cyangwa (…)
Urubyiruko rwibumbiye muri Sendika y’Abubatsi, Ababaji n’Abanyabukorikori (STECOMA) bo mu karere ka Rwamagana, kuri uyu wa Gatandatu tariki 30/08/2014 bahuriye mu gikorwa cyo kuvugurura inzu y’umusaza utishoboye kandi umugaye, Rubanguka Aloys, utuye mu mudugudu wa Kirehe mu kagari ka Nyagasenyi ho mu murenge wa Kigabiro (…)
Bamwe mu baturage b’Umurenge wa Rwimbogo mu karere ka Gatsibo, bavuga ko ikibazo cy’ubukene buri muri uyu murenge no kuba inkwano ihanitse, ari bimwe mu bituma kwishyingira bakunda kwita “guterura” ari yo nzira yoroshye yo gushaka umugore cyangwa umugabo.
Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda, Perezida Paul Kagame, aributsa Abanyarwanda ko bakwiye kwishimira ko ibyo bari kugeraho babikesha umutekano bafite na politiki yubaka, akabasaba gukomeza gukorana imbaraga no kubungabunga ibyagezweho.
Umuyobozi w’akarere ka Muhanga, Mutakwasuku Yvonne, aratangaza ko adashyigikiye na gato bamwe mu bakozi b’akarere ayoboye batinda cyangwa bakanga gutanga nkana amakuru basabwa n’ababifitiye uburenganzira. Yanasabye ko uwaba agifite imyitwarire nkiyo yisubiraho hakiri kare, kuko hari itegeko rirebana no kubona amakuru.
Ku mugoroba wo ku wa gatanu tariki ya 29/08/2014 mu masaha ya saa kumi n’ebyiri, nibwo hamenyekanye inkuru mbi y’urupfu rw’umuyobozi w’urwunge rw’amashuri rwa Shara mu murenge wa Kagano, Niyitegeka Twahirwa Marie Rose, akaba yaguye mu mpanuka yabereye mu ishyamba rya Nyungwe nyuma y’uko imodoka yari ibatwaye yarenze umuhanda (…)
Umugore w’imyaka 44 y’amavuko uvuga ko atuye mu kagari ka Nyanza mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza, yariwe amafaranga ibihumbi mirongo ine na Magana atanu y’u Rwanda n’abantu biyita abakozi ba sosiyete y’itumanaho ya MTN Rwanda nyamara bagambiriye kumurya utwe.
Imibare y’agateganyo yavuye mu ibarura ry’amajwi yo mu matora ku mwanya wa Senateri uhagarariye intara y’iburasirazuba irerekana ko Kazarwa Gérturde ari we wahize abandi ku majwi asaga gato 80%, atsinze bagenzi be bahatanaga ari bo Muhimpundu Claudette wagize amajwi asaga gato 10% ndetse na Bagwaneza Théopiste wagize amajwi (…)
Ubwo Abaturarwanda bazaba bakora Umuganda w’ukwezi kwa Kanama iwabo mu Rwanda, mu bihugu bya Senegal, Mali na Guinea Conakry nabo bazatangiza gahunda yo kujya bakora Umuganda mu mpera za buri kwezi nko mu Rwanda, igikorwa cyizanagumana inyito Nyarwanda kikitwa Umuganda Africa.
Polisi ikorera mu karere ka Rutsiro yataye muri yombi Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Kigeyo, Uwihanganye Jean Baptiste, umunyamabanga ncungamutungo Ndereyimana Modeste n’umukozi ushinzwe ubworozi muri wo murenge witwa Bizimungu Valens, bose bakekwa ho kunyereza umutungo wa Leta.
Kuri uyu wa gatanu tariki 29/8/2014, abasirikare bahereutse gutabwa muri yombi bakekwaho gushaka guhungabanya umudendezo w’igihugu, bagejejwe imbere y’urukiko rw’ibanze rwa gisirikare rw’i Nyamirambo.
Bamwe mu baturage ndetse n’abayobozi b’Inzego z’Ibanze mu Murenge wa Gishyita mu Karere ka Karongi barahamya ko nyuma y’amezi atatu umuryango RWAMREC, urwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina ukanakangurira abagabo kugira uruhare mu buzima bw’umwana n’umubyeyi, umaze ukorana na bo ihohoterwa ryakorerwaga muri uwo murenge (…)
Havugarurema Asman w’imyaka 39 ukomoka mu karere ka Ngoma, avuga ko yatangiye gukoresha ibiyobyabwenge afite imyaka 14 kugera mu gihe cy’imyaka 15 ubwo byari bimaze kumugiraho ingaruka zikomeye, nyuma yo kujyanwa i Wawa ubu akaba yarabiretse akihangira umurimo.
Ndagijimana Callixte utuye mu Kagari ka Mubumbano mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke, avuga ko imvura ivanze n’umuyaga yahuhuye inzu ye kuri uyu wa mbere tariki ya 25/08/2014 igasenyuka yose kubera uburangare bw’abayobozi b’akarere ka Nyamasheke bari baramwemereye ubufasha kugira ngo asane inzu ye yari yarangijwe (…)
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yakiriye ambasaderi Khaled Adbel-Salam wari uhagarariye igihugu cya Misiri mu Rwanda; baganira ku mibanire n’imikoranire y’ibihugu byombi nyuma y’aho Misiri ibonye Perezida mushya, Abdel Fattah el-Sisi mu mwaka ushize wa 2013.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame na ministiri wungirije ushinzwe ububanyi n’amahanga mu Buyapani, Hirotaka Ishihara bemeranyijwe ko Leta z’ibihugu byombi zigiye gukorana n’abikorera bo mu Rwanda hongerwa umusaruro w’ibyoherezwa mu mahanga.
Abakora umwuga wo gutwara abagenzi kuri moto bazwi ku izina ry’abamotari bakorera mu karere ka Kirehe bavuga ko batishimiye uburyo babayeho kuko bahura n’imbogamizi nyinshi zibazitira mu mwuga wabo.
Kuva tariki 05/09/2014, imwe mu myanya y’ubuyobozi mu tugari n’imirenge byo mu karere ka Nyanza iraba ikorerwamo n’abantu bashya kubera guhinduranya abayobozi kwabayeho.
Minisitiri w’intebe w’u Rwanda, Anastase Murekezi ari ku mugabane w’Uburayi mu gihugu cya Turukiya aho yitabiriye imihango yo kurahira kwa Perezida Tayyip Erdogan iza gutangira isaa saba ku isaha y’i Kigali.
Mu rugendoshuri rwakozwe n’abaturage 11 bo mu karere ka Nyamasheke bagamije gushaka ibitekerezo no kwigira ku bandi mu mushinga w’iterambere ridaheza, bishimiye ko basanze gushyigikira uburezi bw’abafite ubumuga byarateye imbere mu karere ka Kamonyi.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere myiza (RGB) cyatangije umushinga wo gushyiraho abatoza bazafasha mu nzego z’ibanze hagamijwe kubaka ubushobozi bwo kunoza imicungire y’umutungo n’igenamigambi, ubu buryo butegerejweho kuzazamura uburyo bwo guha serivisi abaturage.
Abagore bahagarariye abandi mu Murenge wa Cyuve, Akarere ka Musanze barakangurirwa kugeza ubutumwa bwa gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” ku bagize imiryango yabo by’umwihariko ndetse n’aho batuye kuko ubunyarwanda ari wo musingi w’amahoro arambye mu Rwanda.
Abashoramari 50 b’Abayapani bayobowe na Ministiri wabo w’ububanyi n’amahanga wungirije, Hirotaka Ishihara, baje mu Rwanda kumva niba bahashora imari; ariko kandi ngo u Buyapani burashaka kwigisha isi amahoro, buhereye kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ndetse no kuri bombe atomike zatewe muri icyo gihugu.