Louise Mushikiwabo, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga n’Ubutwererane yahagarariye Perezida w’u Rwanda mu muhango wo gushyingura Shimon Peres.
Hakizimana Esdore yagaragaye muri batatu begukanye irushanwa Nyafurika ryo gufotora, ryateguwe n’ikigo gitanga serivisi z’ubwikorezi no kubika imizigo cyitwa Agility Africa.
Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwatangaje ko bwahagaritse gukurikirana Dr Mukankomeje Rose, wahoze ari umuyobozi mukuru wa REMA.
Abaturage 12 bo umudugudu wa Gatavu, mu Karere ka Kamonyi bamaze imyaka itanu bishyuriye kugezwaho amashanyarazi ariko na n’ubu ntarabageraho.
Abadepite banenze bamwe mu baturage b’Akarere ka Kirehe bafite umwanda mu bwiherero kuko ngo bishobora kubatera indwara zitandukanye.
Minisiteri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga iri gusangiza ibihugu 14 by’Afurika ibyiza bya gahunda ya Youth Connekt yafashije urubyiruko rw’u Rwanda kwihangira imirimo.
Umujyi wa Kigali ku bufatanye n’Isoko ry’imari n’imigabane(CMA) bagaragaje inyigo y’uko ikibazo cy’akajagari kigiye gukemuka, n’abari bagatuyemo bakabona inzu byoroshye.
Indege nini yo mu bwoko bwa Airbus A330-200 ya Kompanyi Nyarwanda itwara abantu n’ibintu mu ndege Rwandair, iragera bwa mbere mu Rwanda saa tanu z’amanywa zo kuri uyu wa Gatatu.
Abaturage bimuwe mu manegeka ku musozi wa Rubavu bagatuzwa Kanembwe bahawe ibyangombwa by’ubutaka bwabo nyuma yo gutakambira Perezida Paul Kagame.
Umuryango utegamiye kuri Leta, Transparency International Rwanda utangaza ko ruswa ihabwa abayobozi isigaye inyuzwa mu bakomisiyoneri kugira ngo uwayatse atamenyekana.
Abanyeshuri biga ubumenyi ngiro ku kigo cy’amashuri cyitiriwe Viyeko mu Karere ka Muhanga, bavuga ko ibyo biga babibyaza umusaruro mu biruhuko.
Bamwe mu batuye Akarere ka Karongi bavuga ko batashimishijwe n’umwanya wa 25 akarere kagize mu kwesa imihigoimihigo y’umwaka wa 2015-2016.
Abaturage bo muri Ngoma bavuga ko bashimishijwe n’ivugururwa ry’itegeko ryo kwandikisha umwana wavutsekuko kuko bigiye gutuma batongera kugira abana batanditse.
Ikigo cy’Ubuzima (RBC), Kiravugwaho gukoresha nabi amafaranga arenga Miliyari 6Frw, kikanengwa no kwima amakuru urwego rugenzura ikoreshwa ry’imari ya Leta(OAG).
Nshimiyimana Daniel umuhuzabikorwa w’inama y’igihugu y’urubyiruko mu Karere ka Rulindo, avuga ko kuba aba nyuma mu mihigo byatewe no kudasenyera umugozi umwe .
Umuryango Imbuto Foundation urakangurira abangavu bo muri Gicumbi kwirinda ababashuka kuko baba bagambiriye kubashora mu busambanyi, batwariramo inda zitateguwe.
Abasirikare bakuru ba Zambiya bari mu ruzinduko mu Rwanda, basanga kuba rwariyubatse rubikesha gukorera ku ntego.
Abagenzi n’abafite ibyo bakorera muri gare ya Kacyiru binubira kutagira ubwiherero kuko ngo bagorwa no gukemura ikibazo mu gihe bakubwe.
Perezida Kagame yagiriye inama urubyiruko ruba hanze gukomera ku ndangagaciro za Kinyarwanda, abasaba guhaha ariko bakazana ubumenyi mu gihugu.
Abanyarwanda baturutse imihanda yose bamaze kugera kuri Hoteli ya Marriott Marquis, iherereye mu Mujyi wa San Fransisco, ahagiye guteranira ibirori bya Rwanda Cultural Day.
Umutingito ufite ubukana buri hejuru wibasiye akarere ka Rusizi, wahitanye umwana w’imyaka ine, abantu 19 barakomereka, inzu 12 n’imodoka 2 birangirika.
Nsengiyumva Placide, umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musha, muri Rwamagana, yatawe muri yombi na Polisi y’igihugu akekwaho kwigabiza ishyamba rya Leta.
Perezida Paul Kagame aributsa ibihugu bikomeye ko ikibazo cy’impunzi n’abimukira kitagomba guhabwa agaciro gusa ari uko cyageze kuri ibyo bihugu.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Gicumbi bavuga ko basigaye batinya gutega moto kubera umwanda bamwe mu bamotari baba bafite.
Nsengiyumva Placide, Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musha, mu Karere ka Rwamagana, yaba yatawe muri yombi na Polisi y’igihugu ikorera muri ako Karere.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) ivuga ko ubukorerabushake bufatiye runini igihugu kuko butuma hakorwa imirimo myinshi kitabonera ingengo y’imari.
Abazwi ku izina rya Kavukire, batuye mu mujyi wa Kamonyi, bavuga ko amikoro make ababuza kubaka uko igishushanyo mbonera cy’umujyi kibigena.
Abaturage batuye mu mujyi wa Musanze, batangaza ko kugenda ku magare byaborohereje ingendo, bikanabafasha kuzigama amafaranga bishyuraga.