Nteziryayo Felicien utuye mu Kagari ka Gahima, Umurenge wa Kibungo muri Ngoma arasaba kwishyurwa amafaranga yakoreye yubaka ibiro by’ako Kagari.
Umunyeshuri wiga muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye, afunzwe akekwaho kwiba umucuruzi utanga serivisi ya Mobile Money, amafaranga ibihumbi 27 frw.
Abarobyi n’abacuruzi b’isambaza bo muri Rusizi na Bukavu bavuga ko biyemeje kwimakaza amahoro nyuma y’igihe bashyamiranira mu Kiyaga cya Kivu.
Abayobozi bo mu ntara y’Iburasirazuba, basabwe gukangurira abaturage kugira uruhare mu bibakorerwa, badategereje ko ubuyobozi bubagezaho byose nta ruhare babigizemo.
Madame wa Perezida wa Repubulika, Jenet Kagame ahamya ko ari ngombwa gusobanurira urubyiruko ibijyanye n’ubuzima bw’imyororokere bityo rukarinda ubizima bwarwo.
Mu mafaranga akenewe kugirango ishami rya Loni ryita ku Mpunzi (UNHCR), ribashe kwita ku mpunzi z’Abarundi ziri mu Rwanda, hamaze kuboneka 18% byayo gusa.
Amakuru aturuka muri Polisi y’igihugu aravuga ko "transformateur" y’inkorano ari yo ishobora kuba intandaro y’inkongi y’umuriro wibasiye ikigo cy’imyidagaduro cya "Bambino Super City".
Perezida Paul Kagame, avuga ko iyo bibaye ngombwa u Rwanda rudaseta ibirenge mu guharanira inyungu z’abanyagihugu kuko ari zo ziza ku isonga.
Ku nkengero z’umugezi wa Nyacyondo mu karere ka Karongi hatoraguwe umurambo w’umugabo witwa Munyakazi Adrien bikekwa ko yatwawe n’amazi.
Abatuye akarere ka Bugesera bavuga ko bafungiwe amazi imyaka itanu kubera umwenda wa miliyoni 13 frw bafitiye Ikigo gishinzwe amazi, isuku n’isukura (WASAC).
Igipimo cy’ubwiyunge bw’Abanyarwanda (RRB) cyerekanye ko abibona mu ndorerwamu y’amoko bagabanutseho 10% hagati y’umwaka wa 2010 na 2015.
“Car-free zone” na “Rond-point” ya Kimuhurura zigiye gushyirwamo ibintu bizajya bikurura urujya n’uruza rw’abantu n’abanyamaguru barusheho kuhidagadurira.
Imiryango 210 itishoboye yo mu karere ka Rubavu, yahawe amatungo agizwe n’ihene n’intama, azayifasha kugira imibereho myiza.
Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rwishimiye kwakira ikigo kizafasha umugabane wa Afurika mu ishyirwa mu bikorwa ry’intego z’iterambere rirambye (SDG Center for Africa).
Abajyanama b’akarere ka Gicumbi biyemeje kurandura ruswa ivugwa muri ako karere nyuma yo kugaragarizwa ko iri ku rwego rwo hejuru.
Umushumba wa Dioyesezi Gatulika ya Kabgayi, Musenyeri Mbonyintege Samaradge, yatangije Paruwasi nshya ya Ruyenzi, bitewe n’ubwiyongere bw’abakristu muri ako gace.
Impuzamiryango iharanira uburenganzira bwa muntu (CLADHO) itangaza ko igiye kwita ku bana baterwa inda zitateguwe, ibaganiriza, inabafasha mu bijyanye n’amategeko.
Abatuye mu duce twa Musamvu na Karenge two mu murenge wa Kibungo, muri Ngoma, bahangayikishijwe n’ibura ry’amazi ridasanzwe.
Imvura ivanze n’umuyaga yasambuye amashuri, amazu y’abaturage 35, inangiza bimwe mu bicuruzwa,mu murenge wa Nasho, mu karere ka Kirehe.
Migabo Celestin wari umukuru w’umudugudu wa Gisunzu, mu karere ka Rutsiro, umuryango we wamusanze mu bwiherero, yimanitse mu mugozi yapfuye.
Abakozi babiri b’abagore b’Akarere ka Kamonyi, barwaniye mu biro, bari kugenzurwa kugira ngo bazahanwe hakurikijwe abategeko agenga abakozi.
Abakoresha umuhanda wa kaburimbo Huye-Nyamagabe-Kitabi barasaba ko wakorwa kuko ugenda wangirika cyane kuburyo wagabanya ubuhahirane n’imigenderanire.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Caritas Mukandasira, yanenze Akarere ka Ngororero kuba karasubiye inyuma mu mihigo ya 2015-2016, ibintu yafashe nk’ubugwari.
Amazu 26 y’abaturage bo mu Karere ka Bugesera yasambuwe n’umuyaga uvanze n’imvura yaguye ku itariki ya 14 Nzeli 2016.
Abaturage bo mu Turere twa Nyabihu, Ngororero, Muhanga na Gakenke, basabwe gucika ku ngeso mbi yo guhuguza, bashaka gutungwa n’ibyo batavunikiye.
Niyobugingo Givence wo mu Murenge wa Nyamugari, Akarere ka Kirehe, yatoye umwana w’uruhinja mu murima agihumeka, bigaragara ko akivuka.
Perezida Paul Kagame yatumiwe muri Kaminuza ya Yale aho azatanga ikiganiro ku bantu batandukanye, mu gikorwa kiswe "Coca-Cola Word Fund at Yale"
Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Musabyimana Jean Claude, asanga umwanda ari wo watumye akarere ayoboye kabona amanota ya nyuma mu mwaka w’imihigo wa 2015-2016.
Camera ya telefone igezweho, iPhone 7, yageragerejwe mu Rwanda mu rwego rwo kureba ubwiza bw’amafoto ifotora.
Abaturage bo muri Kirehe bahangayikishijwe n’izamuka ry’ibiciro by’ibiribwa ku isoko kuburyo hari aho ngo byikubye kabiri.