Mu Rwanda hateraniye inama y’iminsi ibiri yiga ku bikorwa byo kubungabunga amahoro hirya no hino ku Isi, by’umwihariko mu bice bikirangwamo amakimbirane n’intambara, aho amagambo cyangwa ubutumwa bubiba urwango bubangamira ibyo bikorwa.
Kuri uyu wa Mbere Umutoza Muhire Hassan watozaga ikipe ya Sunrise FC yasezerewe n’iyi kipe kubera umusaruro muke
Abanyeshuri biga ku kigo cy’amashuri yisumbuye cya G.S. Mater Dei mu Karere ka Nyanza, batangiye kugaruka ku ishuri baherekejwe n’ababyeyi babo. Ni nyuma yo kwirukanwa ku wa Gatandatu tariki 21 Ukwakira 2023 kubera guhishira mugenzi wabo wari wakubise umunyeshuri wo mu mwaka wa mbere.
Iteganyagihe ry’iminsi 10 isoza ukwezi k’Ukwakira 2023, rigaragaza ko hazagwa imvura iri ku gipimo kirenze impuzandengo y’imvura isanzwe igwa muri iki gihe, mu mezi y’Ukwakira y’imyaka myinshi yatambutse.
Niragire Gertulde utuye mu Mujyi wa Kigali mu Karere ka Kicukuro, avuga ko gutunganya amacupa yashizemo inzoga za ‘liqueur’ zizwi nk’ibyuma bimaze kuzamura umuryango we wari mu bukene bukabije, ubu akaba ageze ku rwego rwo gukorana n’ibigo by’imari no gukoresha abandi.
Joseph Harerimana uzwi ku izina rya Apôtre Yongwe, kuri uyu wa Mbere tariki 23 Ukwakira 2023 yitabye Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo ngo aburane ku ifungwa n’ifungurwa, akaba aregwa icyaha cy’ubutekamutwe. Ubushinjacyaha bwasabye ko akomeza kuburana afunze.
Amakuru Kigali Today ikesha ubwanditsi bw’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge aravuga ko Uzabakiriho Gakire Fidèle azaburana mu mizi tariki 5 Ukuboza 2023. Ni nyuma y’uko urubanza rwe byavugwaga ko ruba kuri uyu wa Mbere tariki 23 Ukwakira 2023 ariko ubwanditsi buvuga ko nta rubanza rwari ruteganyijwe.
Mu gihe hitegurwa umukino wa shampiyona uzahuza APR FC na Rayon Sports, FERWAFA yakuyeho urujijo ku makarita Luvumbu wa Rayon Sports afite
Umuryango w’abahoze ari abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, GAERG, ku bufatanye n’Umujyi wa Kigali, watangije Siporo rusange igamije kuzamura ubukangurambaga mu kubungabunga ubuzima bwo mu mutwe.
Imibare ya Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) igaragaraza ko umuntu umwe muri batanu mu bantu bakuru, hamwe n’umwe mu icumi mu bari munsi y’imyaka 18 aba afite ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe.
Abaturage bo mu Karere ka Nyabihu batunga agatoki bamwe mu bakuru b’Imidugudu kubakubita, hakaba n’abavutswa ibyo bakabaye bagenerwa bibafasha kuzahura imibereho.
Inama Njyanama y’Akarere ka Karongi yateranye mu nama idasanzwe tariki ya 23 Ukwakira 2023 imaze kweguza Umuyobozi w’Akarere Mukarutesi Vestine azira kugirwa inama ntazubahirize.
Umukinnyi w’icyamamare muri sinema ya Nigeria, Nollywood, John Okafor, uzwi cyane ku izina rya Mr Ibu, amaze iminsi mu Bitaro aho bivugwa ko uburwayi afite atabonye ubuvuzi bwisumbuye ashobora gucibwa akaguru.
Bamwe mu batwara ibinyabiziga bavuga ko babangamirwa n’imigendere mibi y’abigisha gutwara ibinyabiziga mu muhanda. Polisi y’u Rwanda isaba ko umuhanda ukwiye gukoreshwa neza hubahirizwa amategeko y’umuhanda, mu rwego rwo kwirinda impanuka no kubangamira ibindi binyabiziga.
Kuri uyu wa 23 Ukwakira 2023, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yujuje imyaka 66 y’amavuko.
Perezida Paul Kagame, muri Village Urugwiro yakiriye bamwe mu bahanzi begukanye ibihembo bya #TraceAwardsRwanda2023, byatangirwaga bwa mbere mu Rwanda.
Mu gihe habura iminsi 6 gusa, ngo irushanwa rya FIBA Africa Women Basketball League Qualifiers 2023 ribere i Kigali mu Rwanda, amakipe ahagarariye u Rwanda muri iri rushanwa, REG WBBC na APR WBBC akomeje kwiyubaka ku rwego rukomeye kugira ngo azitware neza.
Umuhanzikazi ukomoka muri Afurika y’Epfo, Nomcebo Nothule Nkwanyana uzwi mu muziki nka Nomcebo Zikode, wamamaye mu ndirimbo ‘Jeruzalema’, yakeje ubuyobozi bw’u Rwanda burangajwe imbere na Perezida Paul Kagame, amushimira ko ayoboye igihugu cyuje amahoro n’umutekano.
Kuri uyu wa Mbere tariki 23 Ukwakira 2023, Gakire Fidel, wari umunyamakuru mu Rwanda azaburana mu mizi ku cyaha akurikiranyweho cyo gukoresha inyandiko mpimbano.
Korali Merry Melody Family ibarizwa mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, rigizwe n’abiga muri Kaminuza y’u Rwanda (UR) Ishami rya Huye, igeze kure imyiteguro y’igitaramo izamurikiramo alubumu y’indirimbo zikoze mu buryo bw’amajwi n’ubw’amashusho.
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya APR FC yasuye Etincelles FC mu mukino w’umunsi wa munani wa shampiyona, wabereye kuri stade Umuganda iyihatsindira ibitego 3-0 isigara itandukanywa n’igitego kimwe na Musanze FC ya mbere.
Minisitiri w’Ubutabera w’u Bubiligi, Vincent Van Quickenborne, yatangaje ko yeguye ku mirimo ye kubera ikibazo cy’abantu baherutse kwicirwa mu murwa mukuru w’icyo gihugu, Bruxelles.
Imirimo yo gushakisha abagabo babiri bagwiriwe n’ikirombe irakomeje nubwo nta kizere cyo kubasanga ari bazima, cyangwa kubona imibiri yabo gihari.
Ibirori bitangirwamo ibihembo bya Trace Awands 2023 byaraye bisojwe mu ijoro ryo ku wa 21 rishyira uwa 22 Ukwakira 2023, bikaba byari ibirori bobereye ijisho, byateguranywe ubuhanga aho byaberaga muri BK Arena byitabirwa na benshi, abahanzi baturutse muri Nigeria bakaba begukanye ibihembo byinshi.
Mu mukino w’umunsi wa 8 wa shampiyona, ikipe ya Rayon Sports itsinze Sunrise FC ibitego 3-0 bya Hertier Nzinga Luvumbu.
Abikorera bo mu Karere ka Muhanga barishimira ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 20 Ukwakira 2023, birimo kwagura no gusana umuhanda Kigali-Muhanga, kuko bizihutisha ishoramari.
Abahanzi 50 baturutse hirya no hino bateraniye i Kigali, bakaba bagomba guca ku rubyiniro rumwe mu masaha 4 atarenga, ubu bari mu myiteguro ya nyuma, aho bamaze gukora inyito kugira ngo bataramire abitabiriye ibirori.
Ibitaro by’Akarere bya Kabgayi mu Karere ka Muhanga byari bimaze imyaka isaga 80 bibayeho, bigiye kubakwa ku buryo bugezweho, umushinga uzatwara Miliyali zibarirwa mu 10Frw.
Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Sam Lukas Lugolobyo, uzwi cyane nka Levixone, yavuze ko kuba ahatanye mu bihembo bya Trace Awards ahagarariye Uganda, bikabera mu Rwanda ariho avuka ari iby’agaciro.
Abarwanyi ba Wazalendo n’indi mitwe bafatanyije kurwanya umutwe w’inyeshyamba wa M23, bigaragambirije ku mupaka muto uhuza Goma na Gisenyi bashaka kwinjira mu Rwanda.
Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village urugwiro tariki 20 Ukwakira 2023, yemeje ko Rwamucyo Ernest aba Ambasaderi mushya w’u Rwanda muri UN.
Abaturage b’Umurenge wa Gacurabwenge mu Karere ka Kamonyi bashyikirijwe isoko rivuguruye rya Mushimba, rifite ubushobozi bwo kwakira abacuruzi abasaga 190, rikaba ryitezweho gufasha urubyiruko rw’abakobwa n’abagore, n’abahungu basanzwe bahacururiza.
Nyiraruvugo Olive n’umuhungu we Ndayishimiye Eric, baheruka gutabwa muri yombi tariki 11 Ukwakira 2023, nyuma y’uko abaturage babafatiye mu cyuho bacukura icyobo mu mbuga y’urugo rwabo, bigakekwa ko ari icyo bateganyaga kujugunyamo umurambo w’umwana w’umukobwa wasanzwe mu nzu babamo, iherereye mu Mudugudu wa Mutuzo Akagari (…)
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Muhanga, bagaragarije Abadepite bagize Komisiyo yo kurwanya Jenoside, ibibazo birimo guhabwa ubuvuzi, amacumbi ashaje, no kuba nta bikorwa by’iterambere bafite.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwasubitse igikorwa cyo gushyikiriza inzego z’umutekano z’u Burundi uwitwa Bukeyeneza Jolis w’imyaka 30, ukekwaho kunyereza amafaranga menshi y’Amarundi agahungira mu Rwanda.
Ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 20 Ukwakira 2023, Perezida Kagame yayoboye inama ya ba Minisitiri yafatiwemo imyanzuro itandukanye igamije iterambere ry’Igihugu, ndetse ishyira mu myanya bamwe mu bayobozi abandi bahindurirwa iyo bari barimo.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze umukozi wafatiwe mu cyuho yakira ruswa.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Ukwakira 2023, ikipe ya Police FC yatsindiye Kiyovu Sports 3-1 mu mukino w’umunsi wa munani wa shampiyona wabereye kuri Kigali Pelé Stadium, Police FC yuzuza amanota 13 ayishyira ku mwanya wa Kane.
Itsinda ry’abasoje amahugurwa y’amezi atatu atangwa na Banki ya Kigali (BK), binyuze mu kigo cyayo BK Academy, baratangaza ko ubumenyi bungutse bugiye kubafasha gushyira umukiriya ku isonga ku bari basanzwe mu kazi, ndetse no kwinjirana ubumenyi bukenewe mu kazi ku bagiye kugatangira.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Ukwakira Perezida Kagame yayoboye inama ya ba Minisitiri yafatiwemo imyanzuro itandukanye igamije iterambere ry’igihugu.
Umukozi w’Akarere ka Nyagatare uyobora ishami ry’iterambere ry’ubucuruzi n’umurimo, Baguma Nkubiri Dominique, avuga ko isoko ryambukiranya imipaka niritangira gukora, rizafasha mu kuzamura ubucuruzi ariko by’umwihariko rikazafasha mu gufata neza umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi.
Abakora akazi ko kurinda umutekano mu bigo byigenga baravuga ko kudahemberwa igihe bibagiraho ingaruka, bakaba ndetse bakora amasaha y’ikirenga, bigatuma bahorana umunaniro kubera kutaruhuka.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Gen (Rtd) James Kabarebe, yakiriye Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Madamu Einat Weiss, baganira uko ibihugu byombi byarushaho gushimangira ubufatanye.
Ikipe ya Kiyovu Sports muri iki gihe ifite ibibazo haba mu miyoborere, iby’ubukungu, imibereho y’abakinnyi, ariko bikarengaho ikaba kugeza ubu ifite amanota 12 kuri 21 muri shampiyona.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr. Vincent Biruta yakiriye Umuyobozi mushya wa Banki y’Isi mu Rwanda, Dr. Sahr Kpundeh, bagirana ibiganiro ku gushimangira ubufatanye hagati y’u Rwanda n’iyi Banki.
Mu gihe Amavubi yitegura imikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026, izatangira mu kwezi k’Ugushyingo 2023, mu nshuro eshatu ziheruka ntiyigeze arenza amanota abiri.
Perezida w’Amerika Joe Biden yatangaje ko atazemera ko Uburusiya butsinda Ukraine ndetse na Israel itsindwa intambara irimo irwana n’umutwe wa Hamas wo muri Palestine.