Mu Karere ka Gisagara, Umurenge wa Kibilizi, Akagari ka Ruturo, Umudugudu wa Akabagoti, kuri uyu wa kKbiri tariki 13 Gashyantare 2024, inkuba yakubise abantu batatu barimo bahinga bahita bajyanwa kwa muganga, nyuma umwe yitaba Imana.
Inzobere mu mitekerereze ya muntu zivuga ko Kuvuga amateka y’ibibi umuntu yakoze mu bihe byahise bigira ingaruka ku buzima bw’umuntu n’abamukomokaho ndetse n’umuryango we.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Portugal, João Gomes Cravinho, yagiriye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri mu Rwanda, rugamije kurushaho guteza imbere ubufatanye bw’Ibihugu byombi.
Mu Karere ka Huye, mu Murenge wa Kigoma, mu Kagari ka Karambi tariki 13 Gashyantare 2024, habereye impanuka y’ikamyo ya Mercedes Benz Actros, ifite Pulaki nomero RAE591V, yavaga i Huye yerekeza i Rusizi yanyereye ibirinduka mu muhanda.
Umubyeyi wa Kelvin Kiptum uherutse kwitaba Imana aguye mu mpanuka y’imodoka, yasabye Leta ya Kenya gukora iperereza ku rupfu rw’umwana we.
Irushanwa rya ‘Rwanda Gospel Stars Live 2024’ ryagarukanye umwihariko, aho rigiye kuzenguruka Igihugu hatoranywa abanyempano bashya, mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana.
Hari urubyiruko rwo mu Karere ka Gatsibo runenga bamwe mu bajyanama b’ubuzima n’inshuti z’umuryango, kuba bamena amabanga y’ibyo baba babaganiriye kuko bituma umudugudu wose ubota, rimwe na rimwe bikabatera n’ihungabana.
Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA), itangaza ko mu byumweru biri imbere Leta izavanaho nkunganire ya 1/3, yatangaga ku itike y’urugendo ya buri muntu ujya mu Ntara cyangwa mu Mujyi wa Kigali, kuko ngo hari ibindi bikorwa by’iterambere birimo kudindira.
Perezida Paul Kagame yabonanye na mugenzi we wa Kenya, William Ruto, bagirana ibiganiro byibanze ku bufatanye mu ishoramari hagati y’ibihugu byombi.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Ildephonse Musafiri, yavuze ko isarura ry’imyaka cyane cyane ibigori byahinzwe mu gihembwe cy’ihinga A, ryahuriranye n’imvura nyinshi, bituma hari abahinzi bagorwa no kubona aho bumishiriza umusaruro wabo, kuko nta bwanikiro buhagije buhari, Minisiteri zitandukanye zikaba ziyemeje (…)
Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza wungirije ushinzwe Imibereho myiza y’abaturage, Harelimana Jean Damascène, avuga ko igwingira ry’abana muri aka Karere ridaterwa no kubura ibiryo, ahubwo biterwa n’ubumenyi bucye bw’ababyeyi baha abana amafunguro yateguriwe abantu bakuru, rimwe na rimwe abana badashoboye kurya.
Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda n’ikigo cy’Umuryango w’Abibumbye gishinzwe Amahugurwa n’Ubushakashatsi (UNITAR), bahuriye mu nama igamije gushyiraho ikigo cy’indashyikirwa kizajya gitangirwamo amasomo yakuwe mu butumwa bw’amahoro mpuzamahanga, mu bihugu bitandukanye.
Ikigo gishinzwe Ubuzima mu Rwanda (RBC) kirasaba Abanyarwanda gushyiraho ingamba zo kwirinda ikwirakwira ry’indwara yandura cyane itera amaso gutukura, ikaba ngo yarageze mu bihugu bituranye n’u Rwanda.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yavuze ko iyo witegereje amakimbirane ari kubera muri Palestine mu Ntara ya Gaza no mu bindi bice by’Isi ndetse akaba akomeje no guhitana ubuzima bwa benshi, wibaza niba hari amasomo Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yasigiye Isi.
Ku wa Mbere tariki 12 Gashyantare 2024, umusore witwa Kuramba Desiré w’imyaka 18, yaguye mu cyuzi ahagana saa munani z’amanywa hahita hatangira ibikorwa byo kumushakisha.
Bimwe mu byaranze umunsi wa kabiri, harimo nko gutsindwa kuri amwe mu makipe akomeye arimo nka REG VC, ndetse na Gisagara VC ibitse igikombe cya shampiyona iheruka ya 2023.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB) ku bufatanye na Zipline, ikigo gicunga utudege duto tutagira abaderevu (Drones), byatangije ubufatanye buzatuma utwo tudege dutwara ibicuruzwa bya Made in Rwanda, tukabigeza ku mahoteri n’amacumbi atandukanye yo hirya no hino mu gihugu, mu rwego rwo kwagura ubukerarugendo.
Hari abagana za banki mu Karere ka Huye, bifuza ko amasezerano baherwaho inguzanyo mu mabanki zajya zishyirwa mu ndimi bumva, hirindwa kuzatungurwa n’ibyemezo byabafatirwaho biturutse ku byo basinyiye batabyumva.
Mu gihe u Rwanda ruri mu cyumweru cyahariwe kurwanya ruswa mu nkiko, imibare itangazwa n’inzego z’ubutabera bw’u Rwanda igaragaza ko kuva mu mwaka wa 2005 kugeza muri 2023 abakozi 66 ari bo bahanwe bazira ibyaha by’indonke mu nzego z’ubucamanza.
Nyabihu ni kamwe mu turere dukunze kwibasirwa n’ibiza biterwa n’itaka rituruka mu misozi rikamanurwa n’imvura rikuzura imigezi.
Abagize Koperative yitwa ‘Ayera Dairy’ ikusanya Umukamo w’amata mu borozi bo mu Murenge wa Shingiro mu Karere ka Musanze, bavuga ko iterambere ryabo rikomeje kudindizwa n’umwenda w’amafaranga bamaze igihe bishyuza uruganda rwa Burera Dairy, ariko rukaba rutayabishyura; bakifuza ko rwabakura mu gihirahiro rukayabishyura (…)
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène, yakomoje ku kuntu Abatutsi bagiye bavutswa uburenganzira mu nzego harimo n’Uburezi kugeza n’aho ubutegetsi bwariho mbere ya Jenoside, muri politiki y’imitegekere yabwo, yari ishishikajwe no kuvana Abatutsi mu mashuri ikimiriza imbere (…)
Gutanga amaraso bisanzwe bizwi ko ari uburyo bwo gutabara, bigakorwa ku bushake bw’abayatanga, kuko baba bazi ko azakoreshwa mu kurengera ubuzima mu buryo butandukanye, ariko ibyo abantu benshi bashobora kuba batazi ni uko burya abatanga amaraso na bo ubwabo bibagirira akamaro mu buryo butandukanye, nk’uko bisobanurwa na (…)
Umuhanzi Yvanny Mpano uzwiho kugira impano mu kuririmba, yagaragaje ko kuba yari amaze igihe adakora umuziki nk’uko bikwiye byatewe ahanini n’ibibazo byagiye bimukoma mu nkokora bijyanye n’ubushobozi.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi bw’Ibanze(REB), cyatanze inyemezabushobozi(serifika) zo kwigisha Ikinyarwanda mu cyiciro cya mbere cy’amashuri abanza, ku barimu 42 bigisha mu bigo nderabarezi (TTC), bakaba barigishijwe na Kaminuza yo muri Amerika yitwa ’Florida State University’.
Nyakwigendera Hage Geingob wari Perezida wa Namibia, yari umwe mu Bakuru b’Ibihugu bazwiho kudaca ku ruhande ibirebana n’umubano wa Afurika n’ibihugu byo ku mugabane w’u Burayi.
Umuhanzi David Adedeji Adeleke uzwi nka Davido ukomoka muri Nigeria, akaba icyamamare mu njyana ya Afrobeats yahishuye ko nyuma y’uko atabashije kwegukana igihembo cya Grammy, umubyeyi we (nyina) yamusabye kudacika intege.
Umunyakenya Kelvin Kiptum, waciye agahigo ku Isi muri Marathon n’Umunyarwanda Hakizimana Gervais wari umutoza we, baguye mu mpanuka yabaye mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki ya 11 Gashyantare 2024, mu gace ka Elgeyo-Marakwet ko muri Kenya.
Muri Kenya, umugabo witwa Francis Silva Gilbert Koech, yasabye umuvugizi w’inkiko gufatira ibihano Umucamanza witwa M.C.Oundo, kubera ko yahamagaje mu rukiko umubyeyi we ufite imyaka 100 witwa Penina Nyambura, kugira ngo aze kuburana kuri dosiye y’ubutaka nubwo ubuzima butameze neza.
Umuhanzi Icyishaka David wamamaye ku izina rya Davis D yatangaje izina rya Album yitegura gushyira hanze, ahishurira abakunzi be ko izaba yitwa ‘Retour du Roi’ cyangwa se ‘Kugaruka k’Umwami’.
Ku Cyumweru tariki 11 Gashyantare 2024, ikipe ya Rayon Sports yakomeje gushimangira umwanya wa kabiri muri shampiyona, itsindira Police FC 2-1 kuri Kigali Pelé Stadium mu gihe Musanze FC yatsindiye Mukura VS i Huye.
Mu ijoro ryo ku wa 11 Gashyantare 2024, ikipe y’igihugu ya Côte d’Ivoire yegukanye igikombe cya Afurika 2023 yari yakiriye itsinze Nigeria ku mukino wa nyuma ibitego 2-1.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere, Meteo Rwanda, cyatangaje ko mu gice cya kabiri hagati ya tariki ya 11-20 z’ukwezi kwa Gashyantare 2024, ingano y’imvura iteganyijwe izaba iri hejuru y’ikigero mpuzandengo cy’imvura isanzwe igwa mu bice byose by’igihugu.
Mu Mujyi wa Kigali hasojwe irushanwa rya Karate ritegurwa ku bufatanye na Federasiyo ya Karate mu Rwanda (FERWAKA) ku bufatanye na Ambasade y’u Buyapani mu Rwanda aho amakipe ya KESA, Great Warriors n’Agahozo Shalom begukanye imidari nk’abahize abandi.
Umubano w’u Rwanda na Qatar uburyo ukomeza gukura buri munsi, ndetse n’umusaruro uwushibukaho biturutse ku bufatanye bushingiye ku nzego zitandukanye ndetse n’ubucuti hagati y’abayobozi b’ibihugu byombi badasiba kugendererana, ni bimwe mu bigaragaza ko ari urugero rwiza rw’ubufatanye bwagakwiye kuranga ibihugu ku rwego (…)
Intumwa idasanzwe y’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), Bintou Keita, yamaganye imyigaragambyo yibasira ibikorwa by’Umuryango w’Abibumbye mu mujyi wa Kinshasa.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Musafiri Ildephonse, witabiriye inama y’ihuriro ry’ubukungu rihuza u Rwanda na Qatar, yagaragaje ko iryo huriro n’ibindi bikorwa bitandukanye bifasha Igihugu kunguka abafatanyabikorwa bashya bahuje imitekerereze mu nzego zitandukanye.
Umurambo w’umusore uri mu kigero cy’imyaka 28, abaturage bawusanze umanitse mu giti, bakeka ko yaba yiyahuye.
Umuryango wa Bibiliya mu Rwanda (The Bible Society of Rwanda-BSR) hamwe n’abandi bafatanyabikorwa batandukanye, bateguye igitaramo cyiswe ‘Ewangelia Easter Celebration’ kizaba tariki 31 Werurwe 2024, kikazabera i Kigali mu nyubako ya BK Arena guhera saa munani z’amanywa, mu rwego rwo gufasha abantu kwizihiza umunsi mukuru (…)
Inyubako nshya ya Stade Amahoro iri hafi kuzura, kuko igeze ku kigero cya 87% yubakwa. Stade Amahoro nshya izajya yakira abantu ibihumbi 45 bicaye neza, mu gihe isanzwe yajyaga yakira abantu babarirwa hagati y’ibihumbi 20 na 30, bivuze ko inshya izaba ikubye hafi kabiri iyari isanzwe.
Ku wa Gatandatu tariki 10 Gashyantare 2024, hakinwe imikino ine y’umunsi wa 20 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere, Ikipe ya APR FC itsinda Sunrise FC, Kiyovu Sports itsinda Gorilla FC mu gihe AS Kigali yatsinzwe n’Amagaju FC.
Umuraperi Kanye Omari West uzwi nka Kanye West cyangwa se Ye, yashyize ahagaragara urutonde rw’Imijyi n’Ibihugu azakoreramo ibitaramo bizenguruka Isi harimo Nairobi muri Kenya na Lagos, Nigeria.
Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente tariki ya 9 Gashyantare 2024 yakiriye Eric W. Kneedler, Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda, bagirana ibiganiro byibanze ahanini ku butwererane mu nzego zitandukanye.
Ambasaderi uhoraho wa Senegal muri UNESCO, Souleymane Jules Diop, wari umutumirwa mu kiganiro ‘Journal Afrique’, cyatambutse kuri TV5 Monde, agaragaza ko umuryango wa Perezida Macky Sall wamaze kwimukira muri Maroc.
Ku wa Gatandatu tariki 10 Gashyantare 2024, ikipe y’igihugu ya Qatar yatwaye Igikombe cya Aziya 2023 itsinze Jordan ibitego 3-1 mu mukino wa nyuma warebwe na Perezida Paul Kagame wagiye muri Qatar mu ruzinduko rw’akazi.