Umuhanzi Alexis Dusabe uririmba indirimbo zihimbaza Imana, nyuma y’igihe atigaragariza abakunzi be, agiye kongera gushyira hanze alubumu ye ya kabiri yise « Njyana i Gologota » bitarenze uyu mwaka wa 2012.
Sosiyete yo mu gihugu cy’u Buyapani yitwa “ Soine-ya Prime” yatangiye gutanga serivisi zidasanzwe muri icyo gihugu zirimo gushakira abagore abagabo bo kubaha urukundo ruzira gutera akabariro.
Abantu batatu bitabye Imana, abandi 24 barakomereka mu mpanuka y’imodoka ya STRABAG yabereye mu Murenge wa Jabana, Akarere ka Gasabo tariki 10/12/2012.
Abanyeshuri 150 barangije umwaka wa gatatu mu ishuri ry’ubuforomo n’ububyaza Institute Superieur Pedagogique de Gitwe (ISPG) riherereye mu karere ka Ruhango, baratangaza ko ubuyobozi bw’ishuri bwabimye indangamanota.
Nyuma y’uko ingabo za Leta ya Congo na Polisi bagarutse mu mujyi wa Goma batangiye ibikorwa byo guhohotera Abanyarwanda n’abavuga Ikinyarwanda babashinja kuba intasi za M23 yavuye muri uyu mujyi tariki 01/12/2012.
Umunyamerika ukina filime, Ben Affleck, abinyujije ku rubuga rwa Twitter yanditse ko ababajwe cyane n’urupfu rwa Inyumba Aloysia, yafataga nk’intwari ndetse nk’inshuti ye.
Abanyamerika babiri, Joe Mc Donald n’umugore we Ann Mc Donald, baravuga ko kuva mu mwaka wa 2003 basura ingagi byibura inshuro ebyiri mu mwaka, ndetse ngo bakaba bifuza gukomeza kuzisura bakanarenza inshuro 100 dore ko ngo bishoboka cyane.
Kubera ko bamaze kumenya akamaro ka siporo, bamwe mu baturage bo mu karere ka Rulindo iyo bavuye guhinga bakina umupira w’amaguru cyangwa bagakora izindi siporo.
Isosiyete ishinzwe ubuzima n’ubwiza bw’abantu ibarizwa mu majyaruguru ya Isirayeli iri gutanga serivise nshya ku bakiriya bayo, aho ikoresha inzoka mu gukorera abantu massage.
Abaturage biganjemo abanyeshuri batuye mu murenge wa Bweramana, muri santire ya Gitwe mu karere ka Ruhango, bahangayikishijwe cyane n’igisambo cyizwi ku izina rya Mushinwa gikunze kwambura abantu telefoni mu ijoro.
Nyiransabimana Mariane utuye mu mudugudu wa Muko, akagari ka Ntendezi, umurenge wa Ruharambuga mu karere ka Nyamasheke, tariki 09/12/2012, yatemye umugabo we hejuru y’ijisho ariko Imana ikinga ukuboko.
U Rwanda rwesheje umuhigo wo kwigisha no gukoresha ibizamini ababaruramari b’umwuga ku rwego mpuzamahanga bitwa Certified Public Accounting (CPA) na Certified Accounting Technician (CAT).
Abakristu bo mu rusengero rw’itorero rya ADEPR ruri mu murenge wa Byumba akarere ka Gicumbi bamurikiwe umushumba wabo mushya Pasiteri Ruyenzi Erneste mu muhango wabaye tariki 10/12/2012.
Abasirikare bakuru bo mu ishuri rya Gisirikare rya Kenya, baje kuzenguruka mu bice bitandukanye by’u Rwanda, mu gihe kingana n’icyumweru, guhera tariki 09-16/12/2012, mu rwego rwo kwiga ingamba zitandukanye zijyanye n’ubuyobozi bw’igihugu.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu karere ka Gatsibo n’inshuti zabo, ku cyumweru tariki 09/12/2012, bari mu birori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 umuryango umaze ushinzwe.
Kayiranga wo mu murenge wa Mururu mu karere ka Rusizi amaze amezi arindwi yarafungiwe ivuriro rye kuko yari yarafatanyije inzu y’ivuriro hamwe n’iyo atuyemo kandi mu mategeko bitemewe.
Bimwe mu bihugu bigize akarere ka Afurika y’Uburasirazuba birifuza ko ubutaka bwarushaho guhabwa agaciro kugirango bube bwanabafasha kwiteza imbere mu buryo bufatika aho aho kubutungira bubagaburira gusa.
Iribagiza Azela atuye mu murenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango, amaze kwigeza ku bikorwa byinshi birimo n’imodoka yo mu bwoko bwa FUSO, akavuga ko yabigezeho kubera umuryango wa FPR-Inkotanyi wamufunguye mu bwonko.
Abahuzabikorwa b’inama y’igihugu y’urubyiruko ku rwego rw’imirenge yose igize akarere ka Nyamagabe basinyanye imihigo n’umuhuzabikorwa w’inama y’igihugu y’urubyiruko ku rwego rw’akarere kuri uyu wa mbere tariki 10/12/2012.
Abamurikaga ibikorwa byabo mu imurikagurisha ryaberaga i Rusizi bishimiye uko ryateguwe banasaba ko ubutaha ryajya riba incuro ebyiri mu mwaka kandi mu bihe bitari iby’imvura.
Abasheshe akanguhe basanga imicurangire y’ubu itanyura amatwi nk’iya cyera ahanini ngo kubera kudakoresha ibicurangisho gakondo nk’umuduri maze abahanzi bakifatira ibiborohera.
Mu mpera z’ukwezi k’Ugushyingo 2012, abagabo babiri bataramenyekana babeshye umugabo witwa Munyarushyana Telesphore wo mu murenge wa Mugina mu kagali ka Kiyonza, maze bamutwara amafaranga miliyoni imwe.
Abakora umwuga w’uburaya bo mu mujyi wa Ngororero bavuga ko bahura n’ingorane mucyo bita ko ari akazi kabo ka buri munsi none bakaba bagiye kwishyira hamwe ngo babashe guhangana n’ibibazo baterwa n’abo bita abakiriya babo.
Umukuru w’igihugu, Perezida Paul Kagame, aremeza ko kubura Inyumba Aloyiziya ari igihombo gikomeye ku Rwanda, kubera ibikorwa bye by’ubutwari byamuranze no kwihangana ntiyihugireho kuva mu ntambara yo kwibohoza kugeza yitabye Imana.
Mu kagari ka Ramiro mu murenge wa Gashora, mu karere ka Bugesera ihene yabyaye ebyiri , tariki 09/12/2012, ariko imwe ivukana isura n’imisusire bidasanzwe kuko gifite umutwe usa n’uwumuntu.
Mu muhango wo gutaha ku mugaragaro ishuri Maryhill Girls Secondary School, Musenyeri wa Diocese Gatolika ya Byumba, Serviliani Nzakamwita, yatangaje ko ubuhanga bugeretseho ubupfura no kubaha Imana aribyo bitera umutu kuba ingirakamaro mu bandi.
Ubwo FC Barcelone yakinaga na Real Betis kuri icyi cyumweru tariki 09/12/2012, Lionel Messi yatsinze igitego cye cya 86 muri y’uyu mwaka.
Mbaraga Gerald w’imyaka 31 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Kigarama mu kagali ka Nyanza mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza wari ku rutonde rwa bamwe mu bakekwaho gucuruza urumogi yaguwe gitumo ararufatanwa ku mugoroba wa tariki 09/12/2012.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 15/12/2012 hateguwe ikirori kidasanzwe mu mateka y’imyidagaduro yo mu Rwanda aho Inyarwanda LTD ihuza ibyamamare mu ngeri zose n’abafana babo mu birori byiswe Inyarwanda Fans Hangout.
Mufti w’u Rwanda, Gahutu Abdulkalim, ubwo yasuraga Abayisilamu bo mu karere ka Ngoma tariki 09/12/2012 yashimye ko Abayisilamukazi baharanira kwiteza imbere bibumbira mu mashyirahamwe akora ibintu bitandukanye.
Muri uyu mwaka wa 2012, akarere ka Nyamasheke kongeye kuza ku mwanya wa kabiri ku rwego rw’igihugu mu marushanwa y’imiyoborere myiza no kurwanya ruswa ategurwa n’urwego rw’umuvunyi. Umwaka ushize nabwo Nyamasheke yari yabaye iya kabiri.
Mu rukerera rwo ku cyumweru tariki 09/12/2012, ubuyobozi bw’umurenge wa Runda bufatanyije n’inzego z’umutekano, bafashe abantu 37 badafite ibyangombwa n’udupfunyika 1126 tw’urumogi. Abo bafashe bahise babohereza mu kigo ngororamuco cya Kayenzi.
Umukambwe Nelson Mandela wahoze ayobora Africa y’Epfo yajyanywe mu bitaro kubera ikibazo cy’uburwayi ariko nyuma yo kumusura, Perezida Jacob Zuma yavuze ko atarembye.
Umuraperi Rick Ross hasubitse ibitaramo yateguraga kuzakorera muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika nyuma yo kubona amashusho y’iterabwoba ku mutekano we kuri internet.
Ku bufatanye bw’abaturage n’inzego z’umutekano, mu midugudu ibiri Karama na Sahara yo mu kagari ka Gisanga umurenge wa Mbuye akarere ka Ruhango, mu rukerera rwa tariki 08/12/2012, hafatiwe litiro 3200 z’ibikwangali.
Nshimiyimana Jean Nepo utuye mu karere ka Rulindo avuga ko ashobora kuvura ya mavunja yananiranye, ayo Abanyarwanda bakunze kuvuga ngo ni amarogano, cyangwa ngo umuntu yayatererejwe n’abazimu.
Ku butaka bwayo, ikipe y’igihugu ya Uganda yegukanye igikombe cya CECAFA ku nshuro ya 13 mu mateka yayo nyuma yo gutsinda Kenya ibitego 2-1 ku mukino wa nyuma wabereye Namboole Stadium ku wa gatandatu tariki 08/12/2012.
Umukecuru witwa Merisiyana Nyirakaje utuye mu murenge wa Rusarabuye, mu karere ka Burera, arashimira umuryango wa FPR-Inkotanyi kuba waramutuje aheza mu nzu nziza maze akava mu mwanda yabagamo.
Nyandwi w’imyaka 21, Dusabeyezu w’imyaka 17 na Yohani bemera ko ari bo bayogoje umukecuru wo mu kagari ka Cyangugu mu murenge wa Kamembe bamwibira inguruba n’ihene. Nyuma y’igihe kinini bashakishwa ubu bari mu maboko ya Polisi.
Umusore witwa Rukundo uri mu nkabi y’agateganyo ya Nyagatare ibarizwa mu murenge wa Gihundwe mu karere ka Rusizi arashakisha umuryango we baburanye mu gihe cy’intambara y’umutwe wa M23 na Leta ya Congo.
Abakobwa babiri bavukana bo mu murenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi bafashwe n’indwara itazwi ku manywa y’ihangu tariki 08/12/2012. Batangiye bigaragura hasi nyuma y’umwanya utari muto bayoboka urugo rw’umugabo ukomoka mu muryango wabo bavuga ko ngo bagiye kwa se.
Nyuma yo gusezerana kubana byemewe n’amategeko ya Repubulika y’u Rwanda, imwe mu miryango yo mu murenge wa Rwempasha mu karere ka Nyagatare itangaza ko ubusugire bw’ingo bugiye kwiyongera.
Mushambo Robert uyobora umuryango w’abanyeshuli biga mu ishuli rikuru ry’ubuforomo n’ububyaza rya Nyagatare yemeza ko byinshi bagezeho babikomora kuri bakuru babo bahasanze bityo asaba abanyeshuli bashya gutera ikirenge mu cyabo.
Mu birori byo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’abafite ubumuga mu karere ka Nyagatare, umuhanzi Mihigo Kizito yaririmbye indirimbo ishimangira ko kugira ubumuga bitagomba kwambura agaciro ikiremwa muntu.
Mu gihe hasigaye iminsi mike icyiciro cya mbere cyo kuvoma gaz methane mu Kivu kigatanga umusaruro, Guverineri w’Intara y’i Burengerazuba, Kabahizi Célestin, arasaba Abanya-Karongi kutazakoresha umurirmo utangwa na gaz bacana amatara gusa.
Akarere ka Gisagara kongeye guhiga utundi turere ku nshuro ya kane, mu bikorwa byo kurwanya ruswa; umwana witwa Tsepo Makakane wo muri Lesotho nawe yarushije abandi ku rwego rw’Afurika, mu mwandiko (essay) ugaragaza ububi bwa ruswa.
Byukusenge Nathan ukinira ikipe ya Benediction Club, ni we wegukanye umwanya wa mbere mu isiganwa ry’amagare Kigali-Muhanga-Kigali ryari rigamije kurwanya ruswa, ryabaye kuri uyu wa gatandatu tariki 08/12/2012.
Ubuyobozi bw’ikigo nderabuzima cya Muyunzwe mu murenge wa Mbuye mu karere ka Ruhango, bumaranye iminsi umuntu uri mu kigero cy’imyaka 25 ufite ubumuga bwo kutumva, ariko ngo babuze aho akomoka kuko atavuga kandi akaba atanumva.
Abasirikare batatu babaga muri FDLR batahutse tariki 08/12/2012 bavuga ko nta nyungu n’imwe bigeze babona muri FDLR usibye guhangayika mu buzima bwo mu mashyamba ya Congo.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umuryango FPR-Inkotanyi, Ngarambe Francois, aratangaza ko intego y’uwo muryango ari uko igihugu cy’u Rwanda kigomba kwihaza ntigitegereze inkunga iva hanze y’amahanga kuko akimuhana kaza imvura ihise.