Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, aravuga ko amaraporo amaze iminsi ashinja u Rwanda guteza ibibazo muri Kongo ari amatakirangoyi yahimbahimbwe n’abananiwe gucyemura ibibazo bya Kongo kandi barabiherewe akayabo k’amafaranga n’abasirikari ibihumbi byinshi.
Umufasha wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame, yishimiye ko abarangije mu ishuri rya Green Hills Academy bagaruka kwiyibutsa ubuzima bw’ishuri no kureba umusanzu batanga kuri barumuna babo bakirimo kwiga.
Umuyobozi w’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Uburasirazuba (EAC), Dr. Richard Sezibera arahamagarira ibihugu bya EAC guhuriza imbaraga hamwe mu rwego rwo kwihutisha ishyirwa mu bikorwa by’amasezerano y’isoko rusange.
Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda, Br Gen Joseph Nzabamwita, yavuze ko abasore 38 Leta ya Congo yazanye mu Rwanda tariki 11/12/2012 ivuga ko ari Abanyarwanda bafatiwe ku rugamba irwana na M23 ari ibinyoma.
Umuhanzi Kamichi aherutse kudakora igitaramo yari yateguye cyo kumurika alubumu ye ya kabiri “Ubumuntu” kubera gahunda zihutirwa za Leta byatumye muri stade aho yagombaga gukorera hataboneka.
Mu gitaramo cyo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 FPR imaze ishinzwe cyizabera kuri sitade Amahoro i Remera tariki 14/12/2012 hazaba harimo ibihangange muri muzika bikomoka muri Nigeria aribo P-Square (Peter na Paul Okoye).
Lt. Gen. Fred Ibingira, umugaba w’Inkeragutabara ku rwego rw’igihugu, aributsa abanyeshuri ba ISAE Busogo, ko umutekano w’igihugu ucunzwe neza, ndetse ko n’umwanzi ntacyo ateze kubihinduraho.
Ambasade ya Leta zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda yatangije isomero rikubiyemo ibitabo, aho barebera amafiimi n’icyumba cy’ibiganiriro, bizajya bifasha Abanyarwanda n’abandi bayigana kwihugura no kwiyungura ubumenyi.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, arahamya ko mu byo azi kandi amenya nta munyamakuru cyangwa undi Munyarwanda wese ubuzwa kuvuga no kugaragaza icyo atekereza iyo agifite.
Uhagarariye ingabo z’u Rwanda mu Karere ka Rwamagana, Lt Col Mujuni, arahamagarira abatuye ako Karere ndetse n’ahandi mu Rwanda kutagira impungenge ko FDLR izigera ibabangamira kuko itazigera igira aho ifata ku butaka bw’u Rwanda.
Masudi Omari wo mu murenge wa Mururu mu karere ka Rusizi ari mu maboko ya Polisi azira kwiba intebe, impapuro, moteri y’imodoka yari ibitse aho na mudasobwa mu rusengero rw’umupasitori witwa Bisimwa.
Umuyobozi w’ibitaro bya Kirehe, Dr Sareh Niyonzima, avuga ko muri ako karere 90% by’abana bajyanwa kwa muganga babanza kubajyana mu bavuzi ba gihanga ibi bakaba babiterwa n’imyumvire y’ababyeyi ikiri hasi.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi batuye Umudugudu wa Kamanga i Kigabiro muri Rwamagana bamaze kugurira ingo z’abakene 36 imifariso kandi biyemeje ko bazasoza uyu mwaka wa 2012 baratandukanye no kuryama ku misambi n’ibyatsi bita Nyakatsi yo ku buriri.
Nyuma y’amakuru atazwi inkomoko yayo avuga ko Banki y’abaturage y’u Rwanda (BPR) yahombye, ishami ryayo rya Nyanza ryatumyeho abakiriya bayo tariki 12/12/ 2012 babasobanurira ko ibirimo kuyivugwaho ari ibihuha.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi, yashimangiye ko ikibazo cyo gusubiza impfubyi za Jenoside imitungo yabo kigomba kuba cyakemutse mu mezi abiri, nyuma y’uko Umukuru w’igihugu nawe yihanangirije abayobozi abasaba kwita kuri icyo kibazo.
Ibyumba bitandatu by’ishuri ryisumbuye rya Gikaya mu murenge wa Nyamirama wo mu karere ka Kayonza byashenywe n’imvura ivanze n’umuyaga yaguye tariki 11/12/2012. Iyo mvura yanasenyeye abaturage umunani, inangiza kiriziya iri muri ako gace.
Kuri uyu wa gatatu kuwa 12/12/2012, mu rukiko rukuru, urugereko rukorera mu Karere ka Rusizi hatangiye kuburanishwa urubanzwa rw’abantu 6 bakurikiranyweho kwica uwitwa Sibomana Alexis wo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi.
Bamwe mu batuye umujyi w’akarere ka Muhanga baratangaza ko barambiwe no kuba mu mujyi utagira amazi kuko ngo ahora abura bikangana nk’aho batayagira.
Guverinoma y’u Rwanda yagurishije imigabane yayo ingana na 51% y’uruganda rwa sima (CIMERWA), ku rundi ruganda rukora sima rwo muri Afurika y’Epfo rwitwa Pretoria Portland Cement (PPC), ku madolari y’Amerika angana na miliyoni 69.4.
Guhera tariki 17/12/2012, u Rwanda ruzakira inama mpuzamahanga y’Urugaga rw’Abavoka bo mu bihugu bivuga ururimi rw’igifaransa. Inama izaba igamije guhuza ibitekerezo ku kurengera uburenganzira bw’ikiremwa muntu.
Abaturage bo mu mirenge igize akarere ka Rubavu barashishikarizwa kwitwaza ibyangombwa, kubyerekana igihe babisabwe, guca inzira zizwi ku bajya mu gihugu cya Congo no kwirinda kugenda mu ijoro mu nzira zihana imbibe na Congo.
Mu rwego rwo kwita ku bafite ubumuga, abo mu karere ka Nyabihu bahawe inkunga zitandukanye zirimo amafaranga azabafasha kwiteza imbere ndetse n’amagare azafasha bamwe muri bo bafite ubumuga bw’ingingo.
Abaturage bo mu karere ka Muhanga bavuganye na Kigali Today barifuza ko inama y’umushyikirano izatangira tariki 13/12/2012 yaziga ku kibazo cy’amabanki atemera ingwate z’ubutaka n’amashyamba.
Itangazo ryo mu biro bya Perezida Jacob Zuma ryatangaje ko umukambwe Nelson Mandela wahoze ayobora Africa y’Epfo arwaye igihaha kimwe ariko ngo arimo kwitabwaho.
Mu gihe abakozi benshi bagerereye imishahara y’ukwezi gushize k’Ugushyingo bayikenuza, abarimu bakorera mu Karere ka Huye bo ntibarahembwa.
Laboratoire yo mu gihugu cy’u Bwongereza yitwa Futura Medicals yakoze ubwoko bushya bw’udukingirizo bufite umwihariko wo kongerera abagabo imbaraga mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina.
Umuyobozi w’intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyantwali, arasaba abatuye iyi ntara kwihesha agaciro bahereye mu miryango yabo kuko ari yo shingiro y’umuryago nyarwanda wose.
Umwana witwa Kiam Moriya wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika arizihiza isabukuru y’imyaka 12 y’amavuko kuri uyu wa gatatu tariki 12/12/2012, ku isaha ya saa sita n’iminota 12 (12/12/12 à 12h12).
Kuva tariki 10/12/2012 abatuye mu karere ka Kirehe na Ngoma nta muriro w’amashanayarazi bafite. Ikibazo ngo cyatewe n’insinga z’amashanyarazi zaregutse ahitwa i Kabare mu karere ka Ngoma; nk’uko bitangazwa na EWSA.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, arakangurira abaturage bo mu mirenge ya Janja na Cyabingo mu Karere ka Gakenke kwicungira umutekano, bakora amarondo kandi bakurikirana abantu batazi bahita mu mirenge.
Umugore w’imyaka 30 witwa Leontine Mukamurera utuye mu Kagali ka Buyange mu Murenge wa Mataba, Akarere ka Gakenke, yaremye isoko rya Gakenke tariki 11/12/2012 ashaka guhahira abana ariko ntibyamuhira kuko amafaranga yari guhahisha yariwe mu mukino uzwi nka kazungunarara.
APR FC na Police FC zizakina n’amakipe y’i Burundi mu bikombe bihatanirwa n’amakipe yabaye aya mbere iwayo n’ayatwaye ibikombe iwayo muri Afurika (CAF Champions League na Confederation Cup).
Muri Happy People y’uyu mwaka hazaba harimo Dj Fully Focus uturutse muri Amerika aho azaba ari gufatanya na Dj Khalim wa hano mu Rwanda nk’uko twabitangarijwe na Aimé Chrispin umwe mu bategura Happy People.
Ikigo cya VISA International gicuruza ikoranabuhanga mu by’imari kirishimira uburyo abaturarwanda bitabira gukoresha ikoranabuhanga ryo kubitsa, kubikuza, kugura no kohererezanya amafaranga, hakoreshejwe ikoranabuhanga rituma umuntu ntaho ahurira n’amafaranga nk’inoti cyangwa ibiceri.
Mu muhango wo gutangiza umushinga USAID Gimbuka, mu karere ka Kamonyi tariki 11/12/2012, Guverineri Alphonse Munyentwari yashimiye Caritas Rwanda uburyo idahwema gufasha abatishoboye, ariko kandi asaba abafashwa guharanira kwiyubaka.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali bwafashe izindi ngamba zo kurushaho guteza imbere isura nziza y’umujyi, aho buvuga ko ubu umuntu uzajya ufatwa ajugunya umwanda mu mujyi, azajya acibwa amande y’amafaranga ibihumbi 10.
Abaturege bo mu murenge wa Gikunmdamvura mu karere ka Rusizi barashishikarizwa kwicungira umutekano kandi bagaharanira kurwanya urugomo n’ubuharike bikihaboneka.
Abibumbiye muri Koperative CODU TK (Duhange Udushya Tunoze Kinoni) iherereye mu murenge wa Kinoni, mu karere ka Burera bafite ubuhanga bwo gukora ibikoresho bitandukanye mu mahembe y’inka bakabigurisha bakabona amafaranga yo kwikenura.
Ikiraro kiri ku mugezi wa Rukarara gihuza umurenge wa Mbazi n’uwa Kaduha yo mu karere ka Nyamagabe cyari kimaze igihe kirenga umwaka cyarangiritse ku buryo imodoka zitari zikibasha kugendaho, ubu noneho ngo mu minsi mike kiraba cyongeye gukoreshwa.
Abafite utubari n’amazu y’urubyiniro mu mujyi wa Musanze barasabwa kunoza imikorere, maze bakajya bamenyesha inzego z’umutekano hakiri kare, kugirango zitegure kubacungira umutekano ku buryo bunoze.
Inama y’umushyikirano ya 10, itegurwa mu mpera z’iki cyumweru izafa gahunda yihariye yo kugira u Rwanda igihugu kigize (self-reliance); nk’uko bitangazwa na Minisitiri Protais Musoni ushiznwe inyemezo by’Inama y’Abaminisitiri.
Kuri uyu wa kabiri tariki 11/12/2012, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yakiriye abahagarariye Ubufaransa, Thailand, Canada hamwe na Sri Lanka mu Rwanda; bijeje ko bagiye guteza imbere umubano mwiza n’ubukungu hagati y’ibihugu bahagarariye n’u Rwanda.
Abaturage b’akarere ka Musanze barasabwa kwirinda ibihuha bigamije kuyobya Abanyarwanda ndetse no kubashyushya imitwe, birimo ubuhanuzi bw’uwitwa Nsabagasani, ndetse n’ibindi bitanga amakuru akura umutima.
Minisiteri y’uburezi irahamagarira abanyeshuri barangije amashuri abanza, icyiciro cya mbere n’icya kabiri cy’amashuri yisumbuye batsinze neza ibizamini bya Leta mu myaka ya 2007, 2008 na 2009 kuza gufata ibihembo byabo.
Inzego z’umutekano zakoze umukwabo mu mujyi w’akarere ka Rusizi zifata inzererezi 32 ku mugoroba wa tariki 10/12/2012. Inzererezi zo muri uyu mujyi zikunze kuvamo abajura bateza umutekano muke.
Premier soldat Tuyishime Jean Paul na Caporal Nibishaka Jean Paul batahutse tariki 10/12/2012 bavuye muri FDLR bavuga ko uwo mutwe ntacyo uzageraho kubera kutumvikana. Ngo abayobozi nibo babona inyugu gusa mu gihe abasirikare bato batabona n’isabane yo koga.
Mu mateka yaho, abaturage b’umurenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza bagiye guhabwa ikigo nderabuzima bazajya bivurizaho batarinze kujya mu mavuriro yigenga.
Urubyiruko ruhagarariye ibikorwa bya Youthconnekt ruremeza ko kwitabira umurimo k’urubyiruko aribyo bizatuma u Rwanda rutera imbere nk’uko byaganze muri Koreya y’Amajyepfo.
Amategeko nakurikizwa uko yagenywe na minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, inka 21 za Ruhimbana Protais bita Corneille zizabagirwa i Rwamagana kandi ntahabwe ifaranga na rimwe.