Umuvugizi w’igisirikare cy’u Rwanda, Brig. Gen. Joseph Nzabamwita yemeje ko abarashe ku barinda Parike y’ibirunga, mu kagali ka Bisoke umurenge wa Kinigi akarere ka Musanze, ari agatsiko ka FDLR kahunze ubwo baheruka gutera.
Mu mikino ya ½ cy’irangiza yabereye mu karere ka Ngoma mu ntara y’Iburasirazuba, APR Volleyball Club na Kaminuza y’u Rwanda mu rwego rw’abagabo, nizo zabonye itike yo kuzakina umukino wa nyuma mu irushanwa rigamije kurwanya Malariya ryeteguwe n’ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB) ku bufatanye n’Imbuto (…)
Alphonsine Nyiranzabandora utuye mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza, avuga ko ubukene n’ubujiji byatumaga atimesera imyenda ye ariko nyuma yaho atangiye kwishyira hamwe n’abandi mu itsinda ryo kwiteza imbere byamugizeho impinduka nziza.
Inteko rusange y’Ihuriro ry’abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere ka Kamonyi (JADF), yateranye kuwa Gatanu tariki 30/12/2012, yemeje ko igomba gutegura imurikabikorwa rizaba mu cyumweru cya kabiri cy’ukwezi kwa 02/2013.
Minisitiri w’Ubuhunzi n’Ubworozi, Dr. Agnes Kalibata, yaburiye abantu bahawe ubutaka kugira ngo babwororereho ariko ntibabukoreshe icyo babuherewe. Yabibwiye aborozi bo mu murenge wa Murundi mu karere ka Kayonza mu nama bagiranye tariki kuri uyu wa Gatandatu 30/11/2012.
Abantu bataramenyekana barashe ku barinda barike y’ibirunga, umwe mu barinzi ahita ahasiga ubuzima, mu gitero cyagabwe mu rukerera rwo kuri iki Cyumweru tariki 02/12/2012.
U Rwanda rwafashe umwanya wa mbere, runabona itike yo kuzakina ¼ cy’irangiza, ruzakina na Tanzania ku wa Mbere tariki ya 3/12/2012, nyuma yo gutsinda Eritrea ibitego 2-0 mu mukino wa nyuma mu itsinda wabereye i Lugogo kuri uyu wa gatandatu.
Ministiri w’Ubucuruzi n’Inganda,Francois Kanimba, yasabye abanyeshuri batangiye itorero ry’abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye mu Karere ka Rusizi, kuri uyu wa Gatandatu tariki 01/12/2012, kuzajya barangwa no gukora cyane.
Kirehe-Barishimira ko isaburu ya FPR Inkotanyi igeze baramaze kubona amashanyaraziAbanyamuryango bo mu karere ka Kirehe bizihije umunsi mukuru w’umuryango FPR Inkotanyi ku rwego rw’akarere, kuri uyu wa Gatandatu tariki 01/12/2012, bishimira byinshi bagezeho birimo kuba aka karere gafite iterambere ririmo amashanyarazi.
Akarere ka Nyamasheke kaza ku isonga mu Ntara y’iburengerazuba mu kugira abanyamuryango benshi ba FPR-Inkotanyi kandi bakora neza, nk’uko byemezwa na Komiseri Ushinzwe Imibereho myiza mu muryango wa FPR-Inkotanyi ku rwego rw’Intara y’Iburengerazuba, Madame Nirere Françoise.
Abikorera bo mu karere ka Nyamagabe bahisemo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 umuryango FPR-Inkotanyi umaze ushinzwe, berekana ibyo bagezeho babikesha uyu muryango, mu imurikabikorwa ry’iminsi ibiri ryatangiye kuri uyu wa Gatandatu tariki 01/12/2012.
Guverineri w’Intara y’i Burasirazuba, Célestin Kabahizi, aratangaza ko ibura ry’umuriro rya hato na hato ryabangamiraga akazi muri iyo Ntara, rigiye kubonerwa igisubizo kirambye, nk’uko byagarutsweho mu nama y’umutekano yaguye y’Intara y’i Burengerazuba, kuwa Gatatu tariki 28/11/2012.
Abapolisi 450 boherejwe na leta ya Congo bamaze kugera mu bice bagomba Gukoraremo, nyuma y’uko ingabo n’abapolisi ba M23 bavuye mu mujyi wa Goma n’utundi duce bari bafashe nyuma ya taliki 20/11/2012.
Umunyamabanga Mukuru w’umuryango FPR-Inkotanyi, François Ngarambe, yasabye abanyamuryango ba FPR bo mu karere ka Karongi, gufata umwanya bakibuka intwari zose zitangiye u Rwanda none rukaba rutengamaye mu mahoro n’iterambere.
Bamwe mu bari inshuti za hafi na bagenzi be bari abahanzi ndetse n’abanyamakuru, batunguwe no kumva urupfu rwa Henry Hirwa waririmbaga mu itsinda rya KGB, wazize kurohama mu kiyaga cya Muhazi, kuri uyu wa Gatandatu tariki 01/12/2012.
Imishyikirano ku ishyirwaho ry’ifaranga rimwe mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’uburasirazuba(EAC) imaze kurangira, ku buryo hasigaye kunoza amasezerano kugira ngo abakuru b’ibihugu bazayasinyeho mu kwa 11/2013, nk’uko byemejwe na Ministiri ushinzwe EAC mu Rwanda.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu karere ka Kayonza bizihije isabukuru y’imyaka 25 umuryango FPR Inkotanyi umaze ubayeho. Mu kwizihiza iyo sabukuru ku rwego rw’akarere ka Kayonza, abanyamuryango bamuritse ibyo bagezeho birimo gukemura ibibazo by’abaturage kubakira abatishoboye no kuboroza.
Ikigo gishinzwe kugenzura itangazamakuru muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (CSAC), yahanishije Radio Okapi ikorera mu mujyi wa Goma, igihano cyo guhagarika ibiganiro mu gihe cy’iminsi ine, izira icyo iki kigo kise kutagira gahunda ngenderwaho no kutubahiriza amabwiriza.
Abaturage bo mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera barasabwa kuvugisha ukuri batanga amakuru yose ajyanye n’ihohoterwa, kugira ngo ihohoterwa rishingiye ku gitsina ricike burundu.
Diyosezi ya Cyangugu na Komisiyo y’Ubutabera n’Amahoro birishimira uburyo bikomeje kwita ku gikorwa cyo guhuza abari bashyamiranye nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, barimo abarokotse Jenoside n’imiryango y’abayigizemo uruhare.
Ikipe y’u Rwanda ya Volleyball y’ingimbi zitarengeje imyaka 17 izatangira imyitozo mu cyumweru gitaha, yitegura irushanwa rizahuza amakipe y’ibihugu byo mu karere ka Gatanu, rizabera mu Rwanda muri Mutarama umwaka utaha.
Umusore uvuga ko akomoka mu Murenge wa Muhondo, akarere ka Gakenke bamufatanye amadolari y’impimbano 250, ubwo bamufataga bamukekaho kwiba ibikoresho byo mu rugo, kuri uyu wa Gatanu tariki 30/11/2012.
Ingabo za M23 zirwanya Leta ya Congo zamaze gusohoka mu mujyi wa Goma hamwe n’ibikoresho byazo byose, ziwusigira igpolisi cya Leta ya Congo, nk’uko zari zabitangaje.
Ubuyobozi za SACCO burakangurirwa gutanga serivisi nziza ku banyamuryango, kwirinda kugendera ku marangamutima mu gutanga inguzanyo no gucunga amafaranga y’abanyamuryango neza.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe buratangaza ko nyuma y’icyumweru kizatangira kuri uyu wa Mbere tariki 03/12/2012, buzaba bwamaze gukemura ibibazo byose byajyaga bigaragara mu kudatangirwa imisanzu y’abakozi ku gihe mu kigo cy’igihugu gishinzwe ubwiteganyirize bw’abakozi (RSSB) cyane cyane mu birebana n’ubuvuzi.
Amavubi arasabwa gutsinda umukino wa gatatu ari nawo wa nyuma akina na Eritrea kuri uyu wa Gatandatu tariki 01/12/2012, kugira ngo yizere gukomeza muri ¼ cy’irangiza, Nyuma yo gutsindwa na Zanzibar 2-1 mu mukino wa kabiri mu itsinda.
abayobozi n’abikorera batuye mu murenge wa Murambi wo mu karere ka Karongi, biyemeje kuwuhindurira isura y’ubukene wari usanzwe uzwiho, bakawuteza imbere, nk’uko babyemereye mu mwiherero w’umunsi umwe wabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 30/11/2012.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kurwanya SIDA (ONUSIDA), ryashyize ahagaragara raporo igaragaza ko umubare w’abandura agakoko gatera SIDA wagabanutseho 50% mu bihugu 25 bikennye, na 25 % mu bihugu biri munsi y’Ubutayu bwa Sahara muri 2012.
Umusore witwa Nsabimana bakunze kwitwa Kabuhinja na Ndeze bakunze kwita Buyi bose batuye mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera bararegwa gukubita umukobwa bakamusiga yenda gushiramo umwuka akajyanwa mu bitaro.
Gahunda ya hanga umurimo ni imwe mu nzira yo guhanga umurimo no kurwanya ubushomeri mu Rwanda, nk’uko Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Francois Kanimba, ubwo yari mu karere ka Rusuzi, kuri uyu wa Gatanu tariki 30/11/2012.
Kuri sitasiyo ya Polisi ya Muhoza mu karere ka Musanze, hafungiye abantu batatu bazira kwinjiza mu gihugu udupfunyika tugera ku 12.152 tw’urumogi, aho bafungiye kuva kuwa Gatatu w’iki cyumweru.
Abapolisi 278 nibo bageze mu mujyi wa Goma baturutse i Bukavu, baje gusimbura ingabo za M23 zigomba gusohoka muri uyu mujyi kuri uyu wa Gatandatu tariki 01/12/2012, ku isaha ya saa Yine z’igitondo.
Abanyeshuri barangije umwaka wa 6 w’amashuri yisumbuye bo mu karere ka Nyagatare barasabwa kuzagerera ku gihe ku byicaro by’aho bazakorera itorero ry’igihugu.
Inama y’umutekano y’Intara y’Amajyepfo yabaye tariki 30/11/2012 yagaragaje ko muri rusange uturere twose tuyigize umutekano wifashe neza inasezeranya abaturage bayo ko ntakizegera kiwuhungabanya.
Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr. Agnes Kalibata, arasaba aborozi bo mu duce twagaragayemo indwara y’uburenge kubahiriza akato kashyiriweho inka zamaze kwandura, kugira ngo zibanze zivurwe zitanduza izikiri nzima.
Kwihangira imirimo aho kuyitega kuri Leta nk’umusanzu mu gucyemura ibibazo byugarije igihugu ni bimwe mu byasabwe abanyeshuri basaga 700 basoje amasomo yabo muri kaminuza y’Umutara Polytechinc mu karere ka Nyagatare.
Inama yahuje abayobozi batandukanye bo mu Ntara y’Amajyepfo iyobowe na Guverineri wayo Munyentwari Alphonse yafashe ingamba zo kurwanya kirabiranya y’urutoki abahinzi bashishikarizwa kuyikumira itarakwirakwira hose.
Umuyobozi w’ikigo cyigisha imyuga cya Kibali mu karere ka Gicumbi, Ruzindana Eugene, avuga ko gutanga ‘stage’ ku banyeshuri barangije bikwiye kuba itegeko kugira ngo ikibazo cy’ubushomeri kigabanuke.
Mu rwego rwo kurushaho gusobanurira Abanyarwanda b’ingeri zose ibyo ikora, tariki 05/12/2012, Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda izamurikira abaturage ibyo ikora.
Ababyeyi b’i Gitwe mu karere ka Ruhango bishatsemo ibisubizo mu iterambere bubaka amashuri yisumbuye, ishuri rya kaminuza n’ibitaro bya Gitwe.
Ubwo basozaga amahugurwa bari bamazemo icyumweru i Nyakinama, tariki 29/11/2012, abayitabiriye bavuze ko amasomo bahawe ku kurinda abana gushorwa mu ntambara no gufasha abashyizwe muri uwo murimo ari ingenzi kuko igihugu kidafite abana nta hazaza kiba gifite.
Kanyenzira Hirdebrande, umwana w’imyaka 11 wo mujyi wa Muhanga mu murenge wa Nyamabuye, avuga ko atibukira igihe yatangiriye kurwara amavunja.
Ikigo cy’imisoro n’amahoro (RRA) kirasaba abanyamakuru ubufatanye mu kumenyekanisha gahunda zigezweho zo guteza imbere itangwa n’iyakirwa ry’imisoro, hamwe no gukangurira abantu kwitabira gusora.
Inama yahuje ubuyobozi bwa M23 n’uyoboye ingabo z’ibihugu bigize akanama mpuzamahanga mu karere k’ibiyaga bigari (ICGLR) yemeje ko M23 izava mu mujyi wa Gomam tariki 01/12/2012 saa yine za mu gitondo.
Abanyarwanda bane bari bafashwe bunyago na FDLR kugira ngo itaraswa n’ingabo z’u Rwanda zari zayigose bashoboye kugaruka mu Rwanda.
Kuri iki gihe imyambarire y’urubyiruko ikomeje kwibazwaho byinshi ahanini hashingiwe ku muco nyarwanda.
Mu ijoro rishyira tariki 29/11/2012, abantu bataramenyekana bibye muri kiriziya ya paruwasi Byimana iherereye mu murenge wa Byimana maze batwara bimwe mu mutungo w’iyo paruwasi.
Mu nama y’umutekano yaguye y’akarere ka Rusizi yateranye tariki 29/11/2012 byagaragaye ko nta muturage wo muri ako karere ukijya muri Congo akoresheje jeto nk’uko byari bisanzwe bigenda.
Mu gihe habura amasaha ngo umuryango wa FPR-Inkotanyi wizihize isabukuru y’imyaka 25 ku rwego rw’akarere ka Nyamasheke, ubuyobozi bwawo muri aka karere buratangaza ko ari byinshi byishimirwa byagezweho ku bw’uyu muryango.