Inama y’umutekano yaguye y’Umurenge wa Bushekeri wo mu karere ka Nyamasheke yateranye kuri uyu wa Gatanu, tariki 14/12/2012, yemeje ko utubari tugomba gufungura guhera Saa Cyenda z’amanywa tugafunga saa Mbiri z’ijoro, andi masaha tukaba dufunze.
Urubyiruko ruri mu itorero ry’igihugu mu karere ka Kamonyi, ruremeza ko kuba umubare munini w’abakoresha ibiyobyabwenge wiganjemo urubyiruko, bizaborohera kubegera babakangurira ububi bw’ibiyobyabwenge kuko babibonamo nka bagenzi ba bo.
Abakongomani bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda muri kivu y’Amajyepfo bamerewe nabi n’abagenzi babo aho bababuza kujya iwabo bavuye mu ngendo, kuva kuwa Kabiri w’iki Cyumweru tariki 12/12/2012.
Abaturage batungiye agatoki abari bitabiriye inama ya 10 y’umushyikirano yaberaga i Kigali, bavuga ko abarwayi basigaye barara mu ma koridoro y’ibitaro, kubera ubuto bwabyo, ubwinshi bw’abantu n’imitangire ya serivisi itanoze.
Inzego ziyobowe na Ministeri y’Umutungo kamere (MINIRENA) n’ikigo gishinzwe iterambere cy’u Buhollandi (SNV), basaba ko imikoreshereze y’umutungo kamere w’amazi ikwiye kujyana no kongera ibikorwa byo kuyabungabunga, kugira ngo adahumana cyangwa akaba mucye.
Amafaranga aturuka ku migabane igurwa n’abantu mu bigo bitandukanye, ubwiteganyirize n’ubwishingizi by’igihe kirekire, ndetse n’umusanzu w’ikigega Agaciro Development Fund ari byo bizashingirwaho mu kunganira gahunda z’iterambere ry’igihugu.
Abenshi mu miryango 200 yasezeranye mu murenge wa Bweyeye, mu Karere ka Rusizi tariki 14/12/2012 bemeza ko bitabiriye gusezerana kubera ko bemerewe gusezerana ku buntu nyuma y’igihe kinini babana bitemewe n’amategeko.
Ikamyo yavaga muri Tanzaniya yerekeza i Bukavu muri RDC yaguye mu ishyamba rya Nyungwe ahitwa Pindura ku mugoroba wa tariki 13/12/2012 ariko nta muntu wagize icyo aba.
Abagabo 5 n’abagore 2 bo mu murenge wa Nyakarenzo batawe muri yombi n’inzego z’umutekano bakekwaho kugira uruhare mu kwiba miliyoni muri depot y’inzoga bakoresheje imbunda mu ijoro ryo kuwa 13/12/2012, muri Centre ya Bambiro mu murenge wa Nyakarenzo.
Umugabo witwa Eugene Cernan ufite imyaka 78, kuri uyu wa 14/12/2012 arizihiza imyaka 40 ishize akandagiye ku kwezi. Cernan yageze ku kwezi akurikiye Neil Armstrong witabye Imana tariki 25/08/2012 afite imyaka 82.
Abatorewe gusimbura abatakiri mu nshingano mu rugaga rw’abikorera bo mu karere ka Rutsiro baratangaza ko intego zabo ari ugukora ubuvugizi no guha agaciro ibitekerezo bya buri munyamuryango hagamijwe iterambere ry’urugaga.
Ubujura n’urugomo hifashishijwe intwaro ntoya bikomeje gufata indi ntera mu murenge wa Kabarore mu karere ka Gatsibo. Ni muri urwo rwego mu ijoro rishyira tariki 14/12/2012 irondo ryataye muri yombi ibisambo n’inzererezi 63.
Minisitiri w’Intebe w’igihugu cya Burkina Fasso, Luc-Adolphe Tiao, aravuga ko ibigwi bya Perezida Paul Kagame uyobora u Rwanda ari indashyikirwa, ndetse u Rwanda na Afurika nzima bikaba bikwiye kwishimira ko bifite umuyobozi nka Paul Kagame.
Ikipe y’u Rwanda izitabira isiganwa ry’amagare ‘‘La tropicale Amissa Bongo 2013’, izaba igizwe n’abakinnyi bakiri batoya, bakazayoborwa n’umukinnyi umwe ukuze Nathan Byukusenge; nk’uko byatangajwe n’umutoza w’ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare Jonathan Boyer.
Umusanzu umaze gutangwa mu kigega Agaciro Development Fund ungana na miliyari 25 na miliyoni 677, harimo miliyoni 2 n’ibihumbi 100 yatanzwe binyuze mu butumwa bugufi 4200 bwoherejwe kuri telefoni zigendanwa.
Umutoza wa Rayon Sport wungirije, Ali Bizimungu, afite icyizere cyo gutsinda Villa Sports Club yo muri Uganda, ubwo bazaba bakina umukino wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 ya FPR, ku cyumweru tariki 16/12/2012 kuri stade ya Kigali i Nyamirambo.
Abaturage bo mu murenge wa Nyamyumba mu karere ka Rubavu, taliki 14/12/2012, Babyukiye mu gikorwa cyo kwipimisha icyorezo cya SIDA kugira ngo bamenye uko ubuzima bwabo buhagaze ndetse bafate ingamba bazatangirana umwaka wa 2013.
Guverinoma y’u Rwanda ifatanyije n’ikigo VISA International bari gutegura uburyo bw’ikoranabuhanga bukomeye buzafasha Abanyarwanda kujya bahaha bakishyurana, bakanahembwa kandi badakoze ku mafaranga mu ntoki zabo.
Umusatirizi witwa Godfrey Chitalu ukomoka mu gihugu cya Zambiya yesheje agahigo ko gutsinda ibitego byinshi mu mupira aho yatsinze ibitego 107 mu mwaka w’i 1972.
Tagisi ya Sosiyete itwara abagenzi ya International yagwiriwe n’igiti ku gicamunsi cyo kuwa 13/12/2012 ahitwa mu Kintama, Akagali ka Rusagara, Umurenge wa Gakenke, Akarere ka Gakenke ariko Imana ikinga akaboko abagenzi bavamo amahoro.
Abavandimwe batatu, abakobwa babiri n’umuhungu batuye mu Mudugudu wa Bunyeronko, Akagali ka Gakindo, Umurenge wa Janja mu Karere ka Gakenke bavutse ari ibikuri ariko ntibibabuza kwirwanaho mu buzima bwabo bwa buri munsi bakabasha kwitunga.
Abahanzi Peter Okoye na Paul Okoye (P-Square) bo muri Nigeria baraye bageze mu Rwanda ku mugoroba wa tariki 13/12/2012, bakoresheje indege yabo bwite (private jet).
Paul Bisengimana wabaye Umuyobozi wa Komini ya Gikoro mu cyahoze ari Prefegitura ya Kigali Ngali na Omar Serushago wari ukuriye Interahamwe mu Mujyi wa Gisenyi mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 barekuwe n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriwe u Rwanda batarangije igice kinini cy’ibihano byabo.
Nubwo ikibazo cy’abanyeshuri ba Institute Superieur Pedagogique de Gitwe (ISPG) kicaje inzego z’itandukanye, cyakomeje kuburirwa umuti bikaba bigaragara ko hagikenewe izindi mbaraga kugirango kirangizwe mu nzira nziza.
Nubwo nta muntu urabasha kumenya impamvu ibitera, ubushakashatsi bugaragaza ko Abayapani baramba kurusha abandi bantu ku isi.
Abanyafurika y’Epfo bemeza ko Nelson Mandela niyitaba Imana igihugu cyabo kitazasubira inyuma nk’uko benshi babikeka kandi ngo kuvuga ko Africa y’Epfo yasenyuka Mandela aramutse atabarutse ari ukumusuzugura no kudaha agaciro ibyo yaharaniye.
Umusore witwa Manishimwe Berchmas, utuye mu mudugudu wa Gikwege, umurenge wa Muhoza akarere ka Musanze, avuga ko akazi akora ko kudoda inkweto kamuteje imbere, kuko ubu atunze inka eshatu.
Abantu batatu harimo nyiri kuyikuramo, uwamurangiye uzayimukuriramo, n’umuganga ukekwaho kuyimukuramo, bose bafungiye kuri polisi ya station ya Nyamagana mu karere ka Ruhango guhera tariki 12/12/12, bakekwaho gukuramo inda y’amezi abiri.
Umuhanzi witwa Ngabonziza Jean Marie Vianney agiye gushyira ahagaragara Filime yitwa “Umubiri w’Inkotanyi” igaragaza amateka y’urugamba rwa kubohoza igihugu ndetse n’amateka ya FPR kuva mu mwaka 1987 kugeza mu mwaka wa 2012.
Muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, umukobwa witwa Ashlyn Blocker w’imyaka 13 y’amavuko yarwaye indwara idakunda kubaho ndetse ngo bivugwa ko aribwo bwa mbere igaragaye muri icyo gihugu yo kutumva ububabare.
I Kigali hasojwe amahugurwa y’iminsi itatu, yateguwe n’umuryango wa Gikirisitu, World Relief, yagi ahuriyemo abana 27 baturutse mu bihugu bigize akarere ka Afurika y’Uburasirazuba, bigishwaga kwirinda amacakubiri ashingiye ku miterere y’umuntu.
Minisitiri ushinzwe Imari n’Igenamigambi, John Rwangombwa, arahamagarira abatuye mu Rwanda kwitabira gahunda yo gutura mu mudugudu kandi bakayikunda kuko ifitiye buri wese akamaro kandi ikaba itazasubira inyuma.
Abanyarwanda baba muri Amerika ya Ruguru bandikiye Perezida wa Amerika, Barack Obama, bamusaba gukoresha ubushobozi afite igihugu cya Congo-Kinshasa kikagarukamo amahoro n’ituze.
Gashirabake Theogene na mugenzi we Bazabazwa Dismasi bafatiwe mu ishyamba rya Barizo mu gihugu cy’u Burundi bacukura amabuye y’agaciro tariki 03/12/2012. Bafungiye muri komini Mabayi.
Abajura bataramenyekana bibye amafaranga miliyoni imwe n’ibihumbi 20 muri depot iranguza ibinyobwa bya Bralirwa iherereye muri santere ya Kidaho, mu murenge wa Kagogo mu karere ka Burera, mu ijoro rya tariki 12/12/2012.
Umusore utaramenyekana yaraye arashwe n’umupolisi mu murenge wa Byimana akarere ka Ruhango, ubwo yari agerageje kumuhagarika uyu musore akanga guhagarara.
Umusore w’umugande witwa Byiringiro Thomas uregwa kwiba moto muri Uganda akaza gufatirwa mu Rwanda aho yari aje kuyigurisha yashyikirijwe Polisi ya Uganda kugira ngo azakurikiranwe n’inkiko zo muri icyo gihugu.
Nyuma y’irushanwa ryo kugaragaza impano y’umupira w’amaguru ryabereye ahitwa muri ETO Kicukiro mu Ugushyingo uyu mwaka, abakinnyi 10 b’abanyarwanda bashimwe n’abashinzwe kugurisha abakinnyi, bazajya gukora igeregezwa i Burayi mu mwaka utaha.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yavuze ko iterambere ry’igihugu ribangamiwe n’abanyamahanga bakora za raporo ziteza umubano mubi hagati y’u Rwanda n’amahanga, ku buryo abona ko aribo bakwiye gukoreshwa inama z’umushyikirano nyinshi.
Komisiyo ishinzwe ibihano yagabanyirije igihano uwahoze ari umutoza w’ikipe ya Rayon Sports, Jean Marie Ntagwabira, maze kiva ku myaka itanu gishyirwa ku myaka ibiri.
Abayobozi b’imidugudu bafatanyije n’umurenge wa Kamembe bafashe imodoka yuzuye inzoga z’inkorano ku mugoroba wa tariki 12/12/2012 ariko ba nyirabyo banze kubivaho bakurikira imodoka yabizanye bavuga ko bagomba kubisubizwa bakabinywa.
Kaporali Bakundukize na soldat Kwizera bahoze muri FDLR bakaba baratahutse mu Rwanda tariki 12/12/2012 bemeza ko uwo mutwe nta basirikare ugifite kuko abenshi bamaze gucika kubera kurambirwa amashyamba batuyemo.
Tariki 12/12/2012 Abadage basuye akarere ka Rulindo bishimira ko inkunga batanga igera ku bo iba yagenewe kuko kari mu turere tw’icyaro biyemeje kuzamura tugere ku iterambere.
Abarimu ibihumbi 39 bahemberwa muri koperative Umwarimu SACCO bagiye kujya babona inguzanyo ku buryo bworoshye nk’uko byavugiwe mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano iri kubera i Kigali ku nshuro ya 10.
Nyiramana Josephine utuye mu karere ka Rulindo, avuga ko ahohoterwa n’abantu bo mu muryango we bamwita umusazi. Tariki 12/12/2012 ngo babyutse bamukubita ,bavuga ngo agomba gupfa kuko ari umusazi.
Umugabo n’umugore b’abahinde, bafite ubumuga bavukanye bibarutse umwana muzima, biba ibyishimo bidasanzwe mu muryango, kuko bahoraga bibaza ko umwana wabo yazaza afite ubumuga bw’umwe cyangwa se bwa bose.
Hakorwa igishushanyo mbonera cy’umujyi wa Gisenyi basanze gare yashyirwa aho yahoze ariko hatangiye kubahwa isoko rya kijyambere. Akarere kemera ko gare yazubakwa ahari isoko rizimurirwa ahari kubakwa isoko rishya.
Abaganga batatu bavurira mu bitaro bikuru bya Kaminuza i Butare (CHUB), muri serivisi ya pediatrie (ahavurirwa abana) babuze mudasobwa zigendanwa bari basize mu biro tariki 11/12/2012.
Bamwe mu bari batashye ubukwe bw’uwitwa Ntirenganya Alphonse utuye mu Mudugudu wa Mukoni, Akagari ka Cyarwa, Umurenge wa Tumba tariki 08/12/2012 barwariye mu bitaro bya Kaminuza i Butare (CHUB) kubera ikigage kidasembuye (ubushera) banyweye.