Abanyarwamagana batoye YEGO kuri 99.78% baba aba mbere mu turere 27 tumaze gutangazwa ibyavuye mu matora ya Referandumu yo kuri uyu wa 18 Ukuboza 2015, ndetse batambuka kuri Kayonza yari iyoboye uturere 19 twari twatangajwe mbere.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora imaze gutangaza ko abasaga 98% batoye YEGO mu matora ya Referandumu yabaye kuri uyu wa Gatanu, tariki 18 Ukuboza 2015.
Imibare y’agateganyo imaze kuboneka mu turere tw’u Rwanda itangazwa na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, iragaragaza ko Akarere ka Kayonza kaza ku isonga mu turere tumaze gutangazwa, aho abatoye YEGO basaga 99%.
Kuri uyu wa 18 Ukuboza 2015, abaturage bo mu Rwanda hose bazindukiye mu matora ya Referandumu.
Bamwe mu baturage bo Karere ka Gicumbi baravuga ko ibyo Perezida Kagame yabagejejeho ari byo byatumye bazindukira muri Referandumu kugira ngo azakomeze kubayobora.
Nyuma yo kwemererwa gutora batari kuri lisiti y’itora bahisemo kwigurira impapuro ngo babandikire icyangombwa kibibemerera ntibatahire aho.
Perezida Kagame yavuze ko nyuma y’ibiva muri referandumu igihe icyo ari cyo cyose yavuga niba aziyamamaza muri 2017.
Serafine Mukandekezi yahembwe iradiyo kuko yageze ku biro by’itora saa saba z’ijoro, akaba uwa mbere mu gutora itegeko nshinga rivuguruye
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kirehe baravuga ko batoye neza ariko ngo ibyishimo ntibiza bataramenye icyavuye mu byo batoye ngo umutima ubashe gusubira mu gitereko.
Bamwe mu banyarwanda batuye muri Repuburika iharanira demokarasi ya Congo bavuze ko bishimiye kwambuka imipaka baza kwitorera Referandumu.
Bamwe mu bitabiriye itora rya referandumu mu Mujyi wa Kigali bavuze ko batoye “Yego” kuko bafitiye icyizere Perezida Paul Kagame cy’uko aziyamamaza.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gisagara nyuma yo gutora referandumu baravuga ko baraye banamenye igisubizo cya Perezida Kagame byabashimisha.
Kuri Site y’Itora ya Ruyenzi, hari abaturage bazindutse baza gutora ariko ntibabyemererwa kuko batisanze kuri lisiti kandi badafite amakarita.
Abimuwe ahashenywe mu Murenge wa Muhima bitabiriye gutorera aho bahoze ari na bwo bafashe amakarita y’itora kuko batarimurwa kuri lisiti.
Bamwe mu baturage b’Akarere ka Karongi bavuga ko bahawe imbuto z’insina bazi ko ari ubwoko bwa Fiya, nyuma bamwe basanga ari Poyo.
Abaturage b’Akarere ka Nyabihu baravuga ko icyabashimishije ari ugusoza umwaka bitoreye Itegeko Nshinga rivuguruye ryemerera Perezida Kagame kuzongera kwiyamamaza.
Abatuye mu karere ka Karongi baributswa ko ntaho inkuba ihuriye n’amarozi nk’uko bamwe bakunze kubivuga.
Abaveterineri 25 bo mu turere 4 two mu Ntara y’Iburasirazuba bari mu mahugurwa ku gutera intanga barasaba aborozi kubagirira icyizere.
Ubutabera bwo mu Bwongereza, kuri uyu wa 18 Ukuboza 2015, burafatira umwanzuro Abanyarwanda batanu bahungiyeyo bashinjwa ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Abatuye Umurenge wa Kitabi, Akagari ka Uwingugu, baranenga imikorere y’umuyobozi w’Akagari bitewe n’uko nta serivisi bakibona batabanje gutanga ruswa.
Mu rukerera rwo kuri uyu wa gatanu tariki 18 Ukuboza 2015, Abanyarwanda bazindukiye mu gikorwa cya Referendum, umunsi ufatwa nk’ukomeye mu mateka yabo n’ahazaza h’igihugu.
Umugore witwa Akimana Peresi w’imyaka 41 y’amavuko yishe umugabo we witwa Musabyimana Alphonse w’imyaka 34 y’amavuko amukubise umuhini mu mutwe.
Abunzi bo mu Karere ka Kayonza ngo ntibakijya gukemurira ibibazo mu baturage igihe kugera aho ikibazo kiri bibasaba ubushobozi bw’amafaranga.
Ingabo z’u Rwanda zatahutse kuri uyu wa kane zivuye i Darfur, zishimiye ibikorwa birenze kurinda umutekano w’abasivili zahakoreye
Abaturage bo mu Mudugudu wa Nyamugari, Akagari ka Nkingo mu Murenge wa Gacurabwengere mu Karere ka Kamonyi barataka ikibazo cy’abajura batuma barara mu nzu imwe n’amatungo.
Abarwanyi ba FDLR bayirwaniye mu ibirindiro bya Gen Rumuri Rusamambo na Buleusa bagatsindwa bitahiye mu Rwanda kuwa 17 Ukuboza 2015.
Abaturage bo ku kirwa cya Nkombo mu Karere ka Rusizi bamurikiwe ubwato buto bukomoka ku mpano bahawe na Perezida Kagame.
Nyuma yo kuba uwa gatandatu mu marushanwa ari kubera Maroc,Hadi Janvier yagwije amanota azafasha u Rwanda kwerekeza mu mikino Olempike izabera Brazil
Senateri Rugema Mike yatangaje ko Referandumu izatorwa kuwa gatanu tariki 18 Ukuboza 2015, idatunguranye ku Banyarwanda.
Leta y’u Bubiligi bwahaye u Rwanda miliyari 10.3Frw, azakoreshwa mu kugeza amashanyarazi mu ngo 6,873. Aya mafaranga ni inyongera kuri miliyoni 55€ yatanzwe n’u Bubiligi mu bijyanye n’ingufu kuva mu 2011, bitewe n’uko ibihugu byombi byahise bitangiza umushinga wo guteza imbere ingufu zikomoka ku mashyuza.
Mu gihe Abanyarwanda kuva ku wa 17-18 Ukuboza bari mu matora ya referandumu, ubushakashatsi bwakozwe na Ipsos bwagaragaje ko 92% by’Abanyarwanda bishigikiye ko Perezida Kagame yongererwa manda.
Abatuye Gisagara baratangaza ko atari bo babona umunsi w’amatora w’ejo ku itariki 18 Ukuboza ugeze, ngo bajye gushimangira ubusabe bwabo.
Kubera akamaro kayo, REMA igiye kwagura gahunda yo kwita ku bidukikije mu mashuri igere mu bigo byose mu gihe yakorerwaga mu bigo bike.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Ngororero batarabona amakarita y’itora batanagaragara ku malisiti y’itora bababajwe n’uko batazabasha gutora
Mu Rwanda hagiye kubakwa ku ikubitiro ibigo bitatu by’icyitegererezo mu mashuri makuru muri Afurika y’Iburasizuba n’iy’Amajyepfo.
Nyuma y’amezi atatu avuye mu Rwanda, umuherwe w’Umunyamerika Howard Graham Buffett, yagarutse aje gutaha umurima w’icyitegererezo wa hegitari 40.
Abaturage bo mu karere ka Ngororero bavuga ko nta wabasha kubajya mu matwi mu gutora itegeko nshinga kuko ari bo babyisabiye.
Abaturage bo mu karere ka Gicumbi gutora “Yego” nibyo bizabahesha andi mahirwe yo gukomeza kuyoborwa na perezida Kagame nk’uko babyifuzaga.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rubavu bijeje Inteko Ishinga Amategeko kuzatora “Yego” muri referendum kandi bayituma kuri Perezida Kagame ngo azabasure bishimane.
Mu mezi atatu ashize y’igihe cy’imvura mu Rwanda inkuba zahitanye 26 naho ababarirwa muri 50 barakomereka hapfa n’amatungo 24.
Nyirabikari Theresie,w’imyaka 90 utuye mu Kagari ka Kibare mu Murenge wa Mutendeli mu Karere ka Ngoma arashimira Perezida Paul Kagame ngo wamukuye muri nyakatsi.
Abaturage bo mu Murenge wa Gatore mu Karere ka Kirehe basanga intumwa za Rubanda zikwiriye igihembo nyuma yo kumva ubusabe bwabo bakaba bafite icyizere cyo kugumana Perezida Paul Kagame.
Abanyarwanda 26 nibo bamaze gukubitwa n’inkuba kuva imvura yatangira kugwa muri Nzeri 2015 naho 50 barakomeretse hapfa amatungo 24.
Ababyeyi n’abana bo mu karere ka Gakenke bavuga ko kuba hari abana bakunze guhora bambaye imyenda y’ishuri babiterwa n’ubukene.
Nancy Sibo wigisha mu Ishami ry’Ubuhinzi n’Ubworozi muri IPRC-South, yakoze imishinga ibiri izamuhesha igihembo cy’Umwamikazi w’Ubwongeraza Elisabeth akazagihabwa muri 2016.
Mu gihe Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo buvuga ko inyubako bukoreramo idahagije kugira ngo serivisi zose zinozwe, harimo kubakwa inyubako nshya.
Abaturage bo mu Murenge wa Mushishiro mu Karere ka Muhanga bagabiye inka inteko ishinga amategeko kuko yemeye kuvugurura itegeko nshinga.
Abahabwa inkunga y’ingoboka bo mu Murenge wa Butare mu Karere ka Rusizi, barinubira amafaranga bakatwa ariko ntibamenye iyo arengera.
Abaturage bashima abadepite ko bubahirije ibyifuzo byabo mu kuvugurura Itegekonshinga, ariko bagaragaza impungenge zo kuba batazi icyo Perezida Kagame abitekerezaho.