Ibizamini byo gushaka ibimenyetso simusiga bikenerwa mu manza nshinjabyaha byajyaga bikorerwa ahanini mu Budage bigiye kujya bikorerwa mu Rwanda.
Inama Njyanama y’Akarere ka Nyamasheke yatangaje ko isezeye itishimiye kuba Akarere kaza inyuma mu bagifite ubukene buri hejuru.
Ntahorwagiye wo mu kagari ka Remera mu Murenge wa Rusebeya muri Rutsiro yiyiciye umugore we none na we bamusanze yiyahuye.
Nyuma y’aho urukiko rwa Frankfurt rukatiye Umunyarwanda Rwabukombe kugira urahare muri Jenoside, Jean Pierre Dusingizemungu, umuyobozi wa Ibuka yatangaje ko uwo muryango wishimiye imikirize y’urubanza.
Mukabalisa Frolence,nyuma yo gutangira kwigishiriza imodoka mu mujyi wa Kibungo Akarere ka Ngoma byatumye abagore n’abakobwa bitabira kwiga ibinyabiziga ku bwinshi.
Imiryango 21 igizwe n’abantu 93 y’Abanyarwanda babaga mu mashyamba ya Congo batahutse bavuga ko barambiwe n’ubuzima bubi babagamo.
Umuryango w’abamugariye ku rugamba n’abandi bafite ubumuga (RECOPDO), usaba abanyamuryango n’inzego zose guharanira kwigenga kw’abafite ubumuga.
Abaturage bakoresha umuhanda Ruhuha-Mareba-Nyamata mu karere ka Bugesera bavuga babangamiwe n’ikiraro cya Mareba cyacitse.
Hakizimana Vicent w’imyaka 25 wo mu Kagari ka Gituza mu Murenge wa Rukumbeli mu Karere ka Ngoma arashinjwa gukubita se umubyara umugeri mu gatuza agahita yitaba Imana.
U Rwanda rwakiriye inguzanyo ya miliyoni 15 z’amadolari (USD), yatanzwe n’Ikigega cya Arabiya Sawudite gishinzwe iterambere(SFD), yo kubaka umuhanda Nyagatare-Rukomo.
Umukecuru witwa Mukankusi Cecile yitabye Imana agwiriwe n’inzu tariki 28 Ukuboza 2015 mu ma saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.
Urubanza ruregwamo Rtd Brig Gen Frank Rusagara, Col Tom Byabagamba na Rtd Sgt Kabayiza Francois rwongeye gusubikwa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buratangaza ko bufatanyije n’urugaga rw’abikorera bugiye gukora urutonde rwa ba rwiyemezamirimo ba bihemu.
Abaturage b’ibihugu bigize EAC n’u Rwanda rurimo ntibazongera kwakwa Visa ngo binjire muri Sudani y’Epfo
Umukecuru Kambonwa Damarisi wo mu murenge wa Gashari, Akarere ka Karongi avuga ko ubuyobozi bukomeje kumutererana kandi inzu igiye kumugwaho.
Nubwo bo batabyemera, abasigajwe inyuma n’amateka mu Murenge wa Rubengera, Akarere ka Karongi barashinjwa kwisenyera amazu baba bahawe yo kubamo.
Kurushaho kwirinda ibyahungabanya umuryango n’ibyasenya urugo, nibyo byasabwe abagize ihuriro ry’ingo bo mu murenge wa Ngarama mu karere ka Gatsibo.
Abarema isoko rya Gakenke riherereye mu murenge wa Gakenke akarere ka Gakenke, barishimira ko barimo gukorerwa umuhanda kuko batazongera kunyerera.
Basigarira Yohani wo mu karere ka Musanze, arahamagarira urubyiruko kudasuzugura umurimo, kuko imyaka 30 amaze acuruza amandazi abayeho neza.
Minisitiri Uwacu Julienne atangaza ko kwidagadura bikwiriye gukorwa n’uwabihisemo gusa ariko bigakorwa ku buryo bitabangamira undi udafite aho ahuriye nabyo.
Police y’igihugu irasaba abaturage bo mu antara y’Iburasirazuba kwirinda ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge kuko butabahira, mu gihe ikomeje kuhafatira abagaragara mu bucuruzi bwabyo.
Hari abakobwa bo mu Karere ka Rutsiro bavuga ko bari bafite imyumvire y’uko haboneza urubyaro abakuze bigatuma babyarira iwabo.
Harerimana Olivier uzwi nka Pusher ni we waraye wegukanye irushanwa rikomeye Kinyaga Award 2 rihuza abahanzi ba Nyamasheke na Rusizi.
Umuhinzi w’intangarugero Mugemana Venuste avuga ko urutoki rwe rugiye kujya rumwinjiriza nibura ibihumbi 500 buri kwezi mu gihe cy’umwaka.
Abatuye mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana ngo barembejwe n’ubujura bw’amatungo magufi bumaze iminsi bugaragara muri uwo murenge.
Mu ijoro ryo ku wa 27 Ukuboza 2015, Korari Ijuru ya Paruwasi Katedarari ya Butare yasusurukije Abanyehuye mu gitaramo cy’urunyurane rw’indirimbo za Noheri.
Abigira kuboha ibyibo ku Kigo cy’Urubyiruko cya Rutsiro mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Rutsiro baravuga ko nibamara kubimenya bizabavana mu bushomeri.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buributsa abaturage bakiragira inka ku gasozi ko bitemewe, uzabifatirwamo ko azabihanirwa.
Abafite ubumuga bo mu Murenge wa Uwinkingi mu Karere Kanyamagabe baravuga ko bahangayikishijwe no kutagira insimburangingo n’inyunganirangingo kubera ibibazo by’amikoro make.
Kuri uyu wa 27 Ukuboza 2015, abakozi b’Akarere ka Rusizi batatu banditse basaba kwemerwa kwegura ku mirimo bakoraga.
Abatuye i Mwili mu Karere ka Kayonza ngo bahangayikishijwe n’abitwa “Intaragahanga” bategera abaturage mu nzira bakabambura ibyo bafite bakanabahohotera.
Bamwe mu rubyiruko rukorera imbabura mu murenge wa Muhoza mu karere ka Musanze, bahangayikishijwe no kwirukanwa aho bakorera badafite amerekezo.
Abarobyi bo mu murenge wa Nasho muri Kirehe, basanze umurambo w’Umugabo mu kiyaga cya Rwakigeri ariko ntibabasha kumenya umwirondoro we.
Béatrice Mukasarambu, umupfakazi w’abana batatu, avuga ko yifuza uwamuha igishoro agashaka imibereho kuko yakeneshejwe no kuvuza umugabo we bikarangira anapfuye.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Nyaruguru baratangaza ko buri muturage akwiye kugaragaza uruhare rwe mu buyobozi bw’inzego z’ibanze.
Abagore bacuruzaga mu kajagari mu Karere ka Nyamagabe, batewe inkunga yo kubona igishoro no kuzabona ibibanza mu masoko bakava ku mihanda.
Bamwe mu babyariye iwabo batuye mu Karere ka Kamonyi, ntibitabira kwandikisha abana kuko babazwa abo bababyaranye kandi hari abatabemera.
Mu ijoro rya Noheli, Polisi yafashe urubyiruko 18 rutaruzuza imyaka y’ubukure hamwe n’ababajyanye mu tubari ndetse na ba nyiratwo umunani.
Kuri uyu wa mbere taliki ya 28/12/2015,Rugimbana Theogene na Fuadi Uwihanganye bazasabana n’abafana ba Shampiona zo hanze bogeza imipira imbonankubone
Bamwe muri ba rwiyemezamirimo bo mu karere ka Nyaruguru baravuga ko hari igihe Akarere kica amasezerano baba bagiranye kagatinda kubishyura.
Nshimyumuremyi Claude,nyuma yo gufatirwa mu karere ka Ngoma atwaye umufuka w’urumogi agiye kurugurisha arahamya ko yicuza ibyo yakoze.
Kalisa Gaston,yafatiwe mu cyuho yakira ruswa y’umuturage y’ibihumbi 20 ngo amushyire ku rutonde rw’abagomba guhabwa inka muri “Gira inka”.
Abatuye mu mudugudu wa Kibangira mu murenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi baravuga ko babangamiwe no kubura aho bivuriza
Minisitiri Busingye Johnston yabwiye abanyamategeko badakurikirana ngo bagaruze ibyo Leta iba yatsindiye mu manza ko umwaka utaha batazongera kwihanganirwa.
Ubushobozi buke n’inshingano za bamwe mu baturage, bituma bakora kuri Nohelr kugira ngo babashe gukemura bimwe mu bibazo bahura na byo.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rutsiro bavuga ko gukoresha amaranga menshi basesagura mu minsi mikuru byamaze gucika kuko bitabubaka.
Ubuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Nyamiyaga giherereye mu murenge wa Nyamiyaga mu karere ka Kamonyi, butangaza ko cyakira abarwayi benshi, ugereranyije n’abakozi bafite.
Abana biga ku Kigo cy’Inshuke cya Key of Life mu Murenge wa Rugerero basangijwe Noheri na Kivu Serena Hotel.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gakenke basanga Noheri ari wo munsi w’ibyishyimo kurusha indi minsi yose.
Mbarubukeye utuye mu Murenge wa Ruhango yaraye yishe umugore witwa Gahongayire Evelyne nyuma yo gusangira inzoga mu ijoro rya Noheri.