Ijoro ryo ritegura Noheri, Umujyi wa Ruhango waranzwe no gukonja ariko risoza ari amarira yatumye bamwe babyuka bari mu bitaro abandi muri kasho.
Abakozi ba Minisiteri y’Ubutabera ku wa 24 Ukuboza 2015 basuye Club Urumuri y’abana bagizwe imfubyi na Jenoside batuye mu Matyazo, baraganira baranasangira.
Ikigo Vision Jeunesse Nouvelle kitwa ku rubyiruko cyasangiye Noheri n’abana 162 biganjemo abana bo ku muhanda bo mu Mujyi wa Rubavu.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Kagina, mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi baratangaza ko Noheri atari igihe cyo gusesagura cyane ko n’ubukungo ngo butifashe neza.
Ingabo z’u Rwanda zikorera muri Batayo 75 zasangiye Noheri n’Abanyarwanda birukanywe Tanzaniya batujwe mu Karere ka Rubavu.
Bamwe mu bacuruzi mu Karere ka Karongi bavuga ko nta kimenyetso cy’iminsi mikuru bari kubona, bagasanga itazashyuha nkuko bisanzwe.
Umwe mu bayobozi b’isosiyete ikora imihanda, China Road, mu karere ka Nyamasheke, yatawe muri yombi nyuma yo gutoroka ashinjwa ubujura bw’amapine.
Umwaka wa 2015, umwaka waranzwe n’intsinzi mu mukino w’amagare,umupira w’amaguru biranga,gusa waje kurangwa n’inkuru z’akababaro ku ba sportifs bagiye bitaba Imana
Akarere ka Kirehe kishimiye uko amatora ya Referandumu yagenze gahembera Umurenge wa Kigarama wabaye uwa mbere mu karere mu gutora “Yego”.
Muri gare ya Nyabugogo hagaragaye abantu besnhi berekeza mu turere tunyuranye kwizihiza iminsi mikuru ariko kubona imodoka byababereye ingume.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa 24 Ukuboza 2015 abana babiri b’abakobwa bagwiriwe n’ikirombe mu Kagari ka Kankobwa mu Murenge wa Mpanga bacururaga itaka ryo gukurungira inzu bahita bapfa.
Abana batozwaga imyuga mu gihe cy’ibiruhuko muri IPRC East baravuga ko bahakuye icyerekezo cy’ubuzima bwabo.
Umuryango Never Again Rwanda (NAR) uhugura urubyiruko rwo mu Karere ka Huye ruhuza abafitanye amakimbirane, rukabafasha kuyakemura mu mahoro.
Uyu muryango ukorera mu karere ka Ruhango, kuri 23/12/2015, nibwo wifatanyije n’abana basaga 300 ndetse naba nyina kwihiza iminsi mikuru.
Ishami rishinzwe uburezi mu Karere ka Gatsibo ritangaza ko muri ako karere hakenewe abarimu bashya 146 mu mashuri atandukanye.
Murengera Eric, Umukuru w’Umudugudu wa Misasa mu Karere ka Nyanza yatorokanye amafaranga hafi miliyoni 3 Frw yari abikiye abaturage.
Ikigo gishinzwe iby’Imari n’imigabane (Rwanda Capital Market Authority, CMA) kirasaba urubyiruko gutangira kwizigamira hakiri mu kwiteza imbere no kuzamura ubukungu bw’u Rwanda.
Ikibazo cy’isuku, umutekano n’urusaku mu mazu acumbikira abagenzi, utubari n’uburiro mu mujyi wa Gisenyi kirakemuka mbere y’itangira ry’imikino ya Chan.
Ruzindana André w’imyaka 37 wari umupagasi mu kagari ka Cyanya Umurenge wa Kigarama barakeka ko yiyahuye nyuma yo gusanga umurambo we mu kizenga cy’amazi.
Ikigo gitanga amahugurwa cy’ababikira b’ababernardine bo ku Kamonyi (CEFAPEK) cyafashije abakobwa babyariye iwabo bo kwizihiza Noheri y’abana babo.
Abikorera bo mu karere ka Rubavu barashishikarizwa gukoresha imashini mu gutanga inyemezabuguzi kuko n’ubwo 89% baziguze bose batazikoresha batanga inyemezabuguzi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu buvuga ko mu kwezi ku Kuboza abantu 828 barwaye Malariya, bagasaba abaturage gukoresha inzitiramubu mu kuyirinda.
Abanyarwanda 150 biganjemo abagore n’abana batashye mu Rwanda bavuye mu Burasirazuba bwa Kongo Kinshasa bahunga ibibazo by’intambara.
U Rwanda rurashishikariza abikorera gushora imari mu nganda z’imyenda kugira ngo ruzibe icyuho gituma rutakaza miliyoni zirenga 15 z’amadolari mu gutumiza imyambaro mu mahanga.
Uko amakipe azahura mu gikombe cya CHAN kizabera mu Rwanda muri Mutarama 2016 ndetse n’amasaha byamaze gutangazwa
Ku bufatanye na Cogebank habaye inama itegura Miss Rwanda 2016, ku gikorwa gitegurwa Rwanda Inspiration Back Up cyatangijwe ku mugaragaro.
Ikibazo cy’amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza (MUSA) n’isuku nke ni bimwe mu byakomeje kwigaragaza biganiro byatangiwe hirya no hino mu gihugu.
Abagize uruhare mu kubaka ibyumba by’amashuri, mu murenge wa Gashari mu karere ka Karongi bavuga ko bamaze igihe bategereje kwishyurwa barahebye.
Imwe mu mihanda yari yaratinze kubakwa kuri ubu inama y’umushyikirano yanzuye ko yakwihutishwa nka Ngoma-Bugesera-Nyanza, Ngororero-Nyabihu hamwe na Cyanika –Musanze-Ngororero
Minisiteri y’Ubutabera itangaza ko Leta yahombye miliyari 126 muri 2014, kubera amasezera yakozwe nabi n’adakurikiranwa bikayishora mu manza.
Umwaka wa 2015 urangiye habaye impinduka zijyanye n’ubukungu mu Rwanda, ariko impuguke zekemeza ko hari icyizere ko butazahungabana cyane.
Abaturage batandukanye bo mu karere ka Karongi baremeza ko ubuzima bwabo bumaze guhinduka kubera imikoranire yabo n’umushinga USAID-EJOHEZA
Kuva umwaka wa 2015 watangira MINAGRI yashyize imbaraga mu kuzamura umusaruro w’ibihingwa, ariko mu mpera zawo haza ibiza byangiza imyaka ahenshi.
Umwaka wa 2015 waranzwe n’ibikorwa bitandukanye by’imyidagaduro mu Rwanda birimo ibitaramo by’ibyamamare isi yose ihora yifuza kubona.
Umwaka wa 2015 wose waranzwe n’ibyifuzo by’abaturage byasabaga guhindura ingingo ya 101 y’Itegeko Nshinga kugera ngo Perezida Kagame azakomeze kubora no gutsura umubano w’u Rwanda n’amahanga.
Mu Gushyingo 2015 Komisiyo ishinzwe kuvugurura amategeko yahawe inshingano zo kuvugurura igitabo cy’amategeko ahana y’u Rwanda kuko atari akijyanye n’ibyaha bihari.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba Madame Mukandasira Caritas asaba abaturage b’ iyi ntara, kwitabira umugoroba w’ababyeyi nk’ishingiro ryo kwikemurira ibibazo abaturage baba bifitemo.
Nk’uko u Rwanda rukomeje kugira umuvuduko mu ikoranabuhanga umwaka wa 2015 usize hari byinshi rugezeho birimo ikoranabuhanga ryihuta rya 4G no kwakira inama mpuzamahanga ku ikoranabuhanga.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu mwaka wa 2015 yakunze kugaruka kuri politiki y’imiyoborere myiza haba ku Rwanda n’Afurika muri rusange, by’umwihariko agahamagarira Abanyarwanda n’abany-Afurika kwiteza imbere aho gutegereza kubeshwaho n’abanya Burayi.
Muri 2015 inzego z’umutekano z’u Rwanda zaranzwe no kubungabunga umutekano w’imbere mu gihugu n’uwo hirya no hino ku isi ndetse u Rwanda rwakira Inama ya Polisi Mpuzamahanga, INTERPOL.
N’ubwo ubuyobozi buhamagarira abantu gufata amazi, abaturiye ishuri rya“Morning Stars”bahangayikishijwe n’amazi ahaturuka kuko abangiriza.
Imvura yaguye mu minsi yashize yateye ubukene butuma abacuruzi b’i Huye bavuga ko batazizihiza Noheri n’Ubunani uko babyifuzaga.
Umuhanzi Kid Gaju asanga uburyo Album ye ikomeye atayimurikira mu kabyiniro kandi ngo ntiyayimurika Radio na Weasel badahari ngo anabashimire.
Abakora akazi ko gutwara abantu n’ibintu ku magare bibumbiye muri koperative “Abisunganye” mu Karere ka Gatsibo, bavuga ko aka kazi kabafatiye runini.
Abatuye Akarere ka Kirehe barashima Leta y’u Rwanda kuri gahunda ya Gira inka, kuko ifasha abakene mu iterambere no mu mibereho myiza.
Abarimu b’impuguke mu bumenyi butandukanye bashinze kampani ya VBC Ltd mu Karere ka Nyanza barwaniye inyungu ziyikomokaho bashaka kwicana.