Uwimana Consolata, umukinnyi w’ikinamico uzwi nka Nyiramariza m’ Urunana na Manyobwa muri Musekeweya avuga ko byamufashije kurihira abana batanu amashuri kandi agahindura benshi.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi RAB, kiravuga ko kigiye gutumiza indi mbuto y’imyumbati mu gihugu cy’abaturanyi cya Uganda.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango burasashima imicungire yaranze koperative z’Imirenge Sacco 2015, ariko bukazisaba gukaza ingamba muri uyu mwaka wa 2016.
Mbonazigenda Michel, W’imyaka 83 y’amavuko, ku wa 10 Mutarama 2016, bamusanze mu ishyamba yapfuye.
Komite nyobozi imaze imyaka 5 iyoboye Akarere ka Nyaruguru irishimira ko ari yo ibashije kurangiza manda muri aka karere.
Urubyiruko rwo mu cyaro rurifuza ko ubuyobozi bwashyira ingufu mu kuzamura impano zarwo mu mikino kugira ngo ruzavemo abakinnyi bakomeye b’igihugu.
Mugwaneza Charles w’imyaka 39 y’amavuko ari mu maboko ya Polisi mu Karere ka Ruhango, guhera tariki ya 08 Mutarama 2016, nyuma yo kugubwa gitumo atetse Kanyanga.
Igorofa ya Koperative y’Abamotari b’i Rusiszi, COMURU, ishobora gutezwa cyamunara mu minsi ya vuba kubera kunanirwa kwishyura banki.
Minisitiri w’Umuco na Siporo Uwacu Julienne atangaza ko muri uyu mwaka inyubako z’imyidagaduro ziziyongera n’abashoramari bagashishikarizwa gushora imari mu myidagaduro.
Imbuto ya pomme isigaye ihingwa mu Karere ka Rulindo, mu gihe mbere yajyaga iboneka ari uko itumijwe hanze y’u Rwanda.
Abagore bo mu Karere ka Muhanga biyemeje kurwanya ihohoterwa rishingiye ku bitekerezo kuko rituma imfu zo mu miryango ziyongera.
Abagenzuzi b’imari mu Ntara y’Iburengerazuba basanga babarirwa ku rwego rwo hasi rutajyanye n’akazi bakora, bigatuma bitaborohera kugenzura abayobozi babafataho ibyemezo.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Louise Mushikiwabo, yatangaje ko yashimye imyitwarire y’Abafana b’Abakongomani, nyuma yo gutsindwa n’Amavumbi mu mukino wa gicuti wabahuje.
Nyuma yo kunganya na Cameroun igitego kimwe kuri kimwe,Amavubi yaje gutsinda Congo igitego 1-0 mu mukino wabereye i Rubavu
Mu rwego rwo gutaha stade Huye,ikipe ya Ushindi yatsinze abayobozi b’Amajyepfo,naho Mukura itsinda Amagaju y’i Nyamagabe 2-0
Nikuze Vestine wigisha ku Rwunge rw’Amashuri rwa Murama mu Murenge wa Musasa muri Rutsiro wagiye kwivuza impyiko ebyiri mu Buhinde, amafaranga yamubanye make.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Yvonne Mutakwasuku, arasaba abagore kwitabira amatora y’inzego z’ibanze kuko na bo bashoboye.
Ababyeyi bo mu Karere ka Nyagatare baravuga ko amashuri y’incuke yo ku rwego rw’umudugudu adakora kubera amikoro n’imyumvire by’ababyeyi.
Abakinnyi n’abayobozi b’ikipe ya Congo yageze mu Rwanda kwitegura imikino ya CHAN basabye Abanyekongo kubaba hafi mu gihe k’imikino babashyigikira.
Umuyobozi w’ishuri rikuru rya gisirikare riri Nyakinama Gen Major Kazura, rikorera mu Karere ka Musanze, asanga kumenya imico yabo mubana bifasha kumenyana.
Abatuye Umurenge wa Rugarika, ahegereye uruzi rwa Nyabarongo, bakomeje gutaka ikibazo cyo gukoresha amazi mabi kuko babuze n’aho bagura umuti wo kuyasukura.
Ubwo abanyehuye batahaga Sitade Huye kuri uyu wa 9/1/2016, bamenyeshejwe ko uretse CHAN, n’indi mikino y’amakipe akomeye izakinirwa iwabo.
Umupaka wa Grande Barriere urakora amasaha 24 kuwa 10 Mutarama 2016 mu korohereza abanyekongo baza kureba ikipe yabo ikinira Rubavu.
Madame Jeannette KAGAME arashishikariza urubyiruko rw’abayobozi gutera ikirenge mu cy’ababanjirije kugira ngo babyaze umusaruro amahirwe yose bafite.
Abatuye imirenge ya Rukumbeli na Mugesera mu Karere ka Ngoma barashima ingabo z’igihugu(RDF) nyuma yo kubegereza amavuriro mato ya Poste de Santé bakaruhuka kwivuriza kure.
Aborozi b’inkware babukomoye ku kigo Eden Business Center, baravuga ko bagize igihombo batewe n’uko ikigo cyahagaritse kubagurira amagi no kubashumbusha inkware zipfuye.
Mu guteza imikino imbere hateguwe isiganwa ry’amagare “Tours” de Kirehe kuwa 08/01/2016 ubuyobozi bwasanze mu karere hari impano yo gusiganwa ku magare.
Abahanzi bafatwa n’ibihangange mu karere k’Ikinyaga banegukanye Kinyaga Award, kuri uyu wa 09 Mutarama 2015 barataramira i Nyamasheke muri Café de l’Ouest.
Abaturage bo mu Murenge wa Kanjongo mu Karere ka Nyamasheke bavuga ko bategereje kwishyurwa umwenda baberewemo na rwiyemezamirimo Rurangirwa Jean Baptiste bagaheba.
Abareba filime Nyarwanda bavuga ko ari ngombwa ko abazikora bongera ubunyamwuga kugira ngo zibashe guhangana n’inyamahanga.
Akarere ka Kamonyi kuri uyu wa 08 Mutarama 2016 kimukiye mu nyubako nshya mu rwego rwo gukorera ahajyanye n’icyerecyezo no kurohereza abakagana kugera kuri serivise.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gashora mu Karere ka Bugesera n’ushinzwe VUP mu Murenge wa Kamabuye batawe muri yombi bakekwaho kunyereza amafaranga yagenewe abatishoboye.
Urubyiruko rurasabwa kutihanganira abarushora mu bikorwa byo guhungabanya amahoro kuko ngo rushorwa muri bene ibyo bikorwa n’abafite inyungu zabo bwite.
Ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba buravuga ko umusaruro wabonetse mu gihembwe cy’ihinga gishize ushimishije n’ubwo izuba ryibasiye ibice bimwe by’iyo ntara.
Mu gace ka Mugandamure mu Karere ka Nyanza hari isura nshya mu bijyanye n’iterambere ry’imiturire ritigeze ribaho mu yindi myaka.
U Rwanda rugenda rurushaho kumenyekana neza mu mahanga binyuze mu bucuruzi mpuzamahanga, bitandukanye na mu myaka ishize aho rwari ruzwi gusa kubera amateka mabi ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abagore bahagarariye abandi mu Karere ka Gisagara baratangaza ko mu rwego rwo kwimakaza isuku bagiye guca umwambaro witwa uwo gukorana.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge (RSB) kirasaba abaturage n’ubuyobozi muri Nyagatare kubafasha guca iminzani itemewe ikigaragara mu bucuruzi muri aka karere.
Mu myaka 5 ya manda ya nyobozi y’akarere irangiye, abafite umuriro w’amashanyarazi mu Karere ka Nyabihu, bavuye kuri 11% bagera kuri 20%.
Umutoza wungirije w’ikipe ya Congo ari we Raoul Shungu yatangaje ko umukino uzabahuza n’u Rwanda uzatuma bitwara neza muri CHAN.
Abatuye Umurenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, bavuga ko bizeye ko imvura yaguye nabi ikabagiraho ingaruka itazababuza kubona umusaruro.
Bamwe mu bagore baboha ibiseke mu Ntara y’Iburasirazuba ngo ntibabona isoko ryabyo nubwo bashishikarijwe kubiboha ngo biteze imbere.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA) cyamurikiye imiryango 34 yo mu Karere ka Rusizi, amazu asimbura amanegeka babagamo yasenywaga n’ibiza.
Abajyanama bo mu Karere ka Nyamasheke basaba ko abakozi b’akarere bagiye mu butumwa bw’akazi bajya bahabwa amafaranga yo kwifashisha muri ubwo butumwa bakayitwaza.
Simbankabo Pierre w’imyaka 22 y’amavuko wari utuye mu Kagari ka Kirwa mu Murenge wa Murunda mu Karere ka Rutsiro yagwiriwe n’ikirombe ahita apfa.
Ubushinjacyaha bwa Gisirikare, bwashinje Rtd Brig. Gen. Frank Rusagara gukwirakwiza ibihuha no kwimakaza amatwara y’ishyaka RNC.
Ku itariki 9 Mutarama 2016, Madame Jeannette Kagame azaganiriza urubyiruko ruzaba rwitabiriye inama ya mbere y’urubyiruko rw’abayobozi b’ejo hazaza.
Ikipe ya Repuburika iharanira Demokarasi ya Congo yitegura gukina umukino wa gicuti n’Amavubi, yageze mu Rwanda kuri uyu wa kane.
Abaturiye amavuriro amaze igihe zaruzuye ariko ataratahwa mu Karere ka Ngoma, bavuga ko babangamiwe no kwivuza kure basize ayabo adakora.