Umucuruzi wa moto za “Bajaj” mu Karere ka Bugesera witwa Musemakweri Lambert ari mu mabako ya Polisi ashinjwa kurimanganya abaturage yagurishije.
Bamwe mu baturage batishoboye b’Akarere ka Ruhango baravuga ko bababazwa cyane n’inzego z’ibanze zaka amafaranga abagenewe guhabwa inka, bayabura inka zigahabwa abayatanze.
Kuri uyu wa Gatatu kuri Stade Amahoro nibwo hamenyekana ikipe ya mbere izakina umukino wa nyuma,ubwo DR Congo na Guinea ziza guhatana muri 1/2
Mu kagezi kitwa Waruhara wo mu Murenge wa Shangasha mu Karere ka Gicumbi hatoraguwe umurambo w’umusore witwa Bahati.
Urubyiruko rwibumbiye mu muryango “Youth volunteers” rwaganiriye ku mateka yaranze u Rwanda hagamijwe kureba uko hasigasirwa amateka y’ubutwari bw’Abanyarwanda.
Umusaza witwa Kurujyibwami Constantin w’imyaka 75 y’amavuko ku wa 1 Gashyantare 2016 bamusanze munsi y’umukingo yapfuye.
Abapolisikazi babiri bishwe bari mu butumwa bw’amahoro mu gihugu cya Haiti mu Kuboza umwaka ushize, bashyinguwe mu cyubahiro mu bihe bitandukanye mu irimbi rya Rusororo, kuko imibiri yabo itari yagereye rimwe mu gihugu.
Abaturage bo mu mirenge ya Shyara, Nyarugenge na Musenyi mu Bugesera barasaba ubuyobozi kurangiza umuhanda uhuza iyi mirenge kugira ngo woroshye ubuhahirane.
Abaturage bo mu Murenge wa Manyagiro mu Karere ka Gicumbi bahagurikiye guhinga imboga z’ubwoko butandukanye ndetse n’imbuto kugira ngo barandure Bwaki.
Mu Karere ka Ngororero umwaka w’amashuri 2016 utangiye ibyumba by’amashuri bishya byose bitararuzura.
Mu bikorwa by’urugerero rw’Intore z’inkomezabigwi z’Akarere ka Kamonyi, ziyemeje gukora ubukangurambaga buganisha ku mibereho myiza y’abaturage kuko ariyo nzira y’iterambere.
Mu mwaka wa 2016 wonyine u Rwanda ruzatanga miriyoni 94 z’amadorari ya Amerika ku mpunzi z’Abarundi zigera ku 100,000.
Ababyeyi bo mu Karere ka Rwamagana ntibavuga rumwe ku kibazo gitera indwara z’imirire mibi mu bana bari munsi y’imyaka itanu.
Komisiyo y’Abadepite ishinzwe ubuhinzi, ubworozi n’ibidukikije ikomeje gusuzuma umushinga w’itegeko ryo gushyiraho urugaga rw’abanyamwuga mu bidukikije inarutangaho ibitekerezo.
Abagize Komite Nyobozi icyuye igihe mu Karere ka Ngororero bahamya ko basoje manda zabo bemye kuko bazamuye akarere.
Munyambibi Joseph wari umupfumu yishwe akubiswe n’uwitwa Ndungutse Theoneste wari ufite uburwayi bwo mu mutwe arimo kumuvurira iwe mu rugo.
Ubwo bizihizaga Umunsi w’Intwari ku wa 1 Gashyantare 2016, abagore mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro bavuze ko Perezida Kagame akwiriye kuba mu ntwari zikiriko.
Mu gitondo cyo ku wa 01 Gashyantare 2016 mu Ruzi rw’Akagera, ubwato bwaroshye abagabo batanu, batatu muri bo baburirwa irengero babiri bararokoka.
Abatuye Akarere ka Ruhango baravuga ko bamaze kumenya neza ko ubutwari atari amagambo, ahubwo ko ari ibikorwa kandi biharanirwa.
Ku Munsi w’Intwari, abaturage b’i Kirehe bibukijwe ko u Rwanda rutajya rutsindwa basabwa guharanira iryo shema bitoza umuco wo gutsinda.
Kuri uyu wa 01 Gashyantare 2015, mu Karere ka Nyagatare mu Murenge wa Karangazi batoraguye umurambo w’umuntu uciwe umutwe.
Ubuyobozi bwa Gereza ya Karubanda buvuga ko ikibazo cy’ubucucike bw’imfungwa n’abagororwa bafite kizakemuka vuba, kuko hari amazu mashya bujuje.
Umuyobozi wa Kivu y’Amajyaruguru muri DRC yatangaje ko ashimira Polisi y’u Rwanda uburyo icungira umutekano Abanyekongo baza kureba imikino ya CHAN mu Rwanda.
Abayobozi b’Ikigo cy’Amashuri Abanza cya "Etoile" mu Karere ka Karongi bavuga ko ibanga ryo gutsindisha abana baryigamo ari ubufatanye n’ababyeyi.
Koperative y’abahinzi, IABM, ihinga mu gishanga cya Makera mu Karere ka Muhanga iravuga ko ihangayikishijwe n’amatungo ndetse n’abajura bayangiriza ibigori.
Nyuma yo kugezwaho amateka y’intwari, abaturage b’Umurenge wa Ngamba basobanuriwe ko buri wese ashobora kuba intwari bitewe n’ibikorwa bye.
Teta Diana yanyuzwe cyane no kubona indirimbo ye "Velo" ikinwa kuri televiziyo mpuzamahanga kandi atarayitanzeyo.
Mu birori by’umunsi w’Intwari z’u Rwanda byabereye mu karere ka Gicumbi, abaturage basabwe gukomeza kubumbatira umutekano intwari z’u Rwanda zaharaniye.
Abanyarwanda baba muri Republika ya Congo / Brazzaville bakiriye Ambasaderi mushya Jean Baptiste Habyalimana, wahatangiye imirimo yo guhagararira u Rwanda.
Abaturage bo mu murenge wa Muhima barakangurirwa gukora ibikorwa by’ubutwari kuko ngo kuba Intwari bidasaba ko umuntu aba atakiriho gusa.
Umuturage wo mu Murenge wa Kibangu, Isa Mpozenzi, wari konseye igihe cy’abacengezi yashimiwe ahabwa inka kuko yabashije kwambura imbunda abacengezi.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Alphonse Munyantwari, arakangurira abayobozi basigiwe ubuyobozi bw’uturere two muri iyo ntara mu gihe cy’inzibacyuho kuzagira ijisho ridahuga.
Abaturage b’Umurenge wa Cyanika mu Karere ka Burera barasabwa gufatanya bakarwanya ibiyobyabwenge kuko uwabinyoye adashobora kuba intwari.
Mu birori by’umunsi w’Intwari z’u Rwanda byabereye mu Karere ka Nyanza, hari abifuje ko n’“Umuturage Utazwi” yahagararirwa mu byiciro by’intwari.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yunamiye intwari azihesha icyubahiro, ariko ngo binasobanura ko urugamba rwo guharanira ubutwari rukomeje.
Mu gihe manda y’abayobozi b’uturere yarangiye, Léandre Karekezi wayoboraga Gisagara, atangaza ko mu byo atabashije kugeraho, kaburimbo iri mu byamubabaje.
Byukusenge Gaspard wayoboraga Akarere ka Rutsiro na Nyirabagurinzira Jacqueline wari umwungirije ashinzwe imibereho myiza, bavuga ko bashoje manda y’imyaka 5 hari ibyo batagejeje ku baturage.
Umuhanzikazi Teta Diana yasinye amasezerano na Africori, ikigo mpuzamahanga gicuruza umuziki w’abahanzi banyuranye bo muri Afurika.
Mu gihe cy’imikino ya CHAN, imikino yagiye yitabirwa n’abantu benshi kurusha kuri sitade Huye ni iyari irimo ikipe ya Congo.
Abaturage bo mu murenge wa Gasaka, barinubira kuba barafungiwe amazi, bigatuma bashoka ibishanga, ubu bakaba bararwaye inzoka na malariya.
Inzego z’urubyiruko mu Karere ka Muhanga zivuga ko rukigorwa no gutegura imishinga iciriritse kugira ngo rubashe kwiteza imbere.
Umuyobozi w’Intara y’Amajyepfo Munyatwari Alphonse aratangaza ko kuba hari abagize komite nyobozi z’uturere bararangije manda bitaba urwitwazo rwo gukora amakosa.
Abacuruzi bakorera mu duce tumwe na tumwe mu Karere ka Ngororero, bakwepa abaka imisoro kuko ngo bakwa amafaranga menshi.
Zikama Eric wahawe inshingano zo kuyobora Akarere ka Kirehe mu gihe cy’inzibacyuho asanga azatunganya inshingano ze neza kuko abifitemo uburambe.
Bamwe mu bakozi bo mu rugo bishimira amahugurwa bahawe ku itegeko ry’imbonezamubano kuko ngo rizabarinda ingorane zo gushyingirwa bitemewe n’amategeko.
Abanyehuye bavuga ko n’ubwo bababajwe n’uko u Rwanda rwavuye mu marushanwa rutsinzwe na Congo tariki 30/1, byibura CHAN yabasusurukije.
ARCT-Ruhuka yasoje amahugurwa y’iminsi 2 yaberaga kuri Nyirangarama yari agamije kongerera ubumenyi abafatanyabikorwa bo muri sociyete sivile n’inzego z’ubuyobozi.
Visi Perezidante wa sena, Senateri Gakuba Jeanne d’Arc yibukije abaturage b’Umurenge wa Mubuga, Akarere ka Karongi ko nta wundi uzabubakira igihugu.
Abantu bataramenyekana bateye Sacco Gitesi iri mu Murenge wa Gitesi, Akarere ka Karongi, biba amafaranga nyuma yo kwica uwayirindaga.