Abatuye mu kagari ka Nyagahina, mu murenge wa Cyanika, muri Burera, binubira uburyo abiyamamariza ubuyobozi babasezeranya kubagezaho amashanyarazi ariko ntibabikore.
Akarere ka Rubavu kamaze gutanga inka 300 mu nka 900 kahize mu muhigo n’ubwo ubuyobozi buvuga ko n’izisigaye zizaboneka zigatangwa.
Impuzamiryango iharanira uburinganire n’uruhare rw’umugore mu iterambere, Pro-Femmes Twese Hamwe, irakusanya inkunga yo kubaka ikigo ntangarugero mu karere, ibifashijwemo n’uwakumva abyishimiye wese.
Umuyobozi wa FDLR-RUD Gen Maj Ndibabaje yishwe n’abarwanyi ba Maï-Maï bamusanze ahitwa Mashuta mu mashyamba ya Congo.
Minisitiri w’Umuco na Siporo, Julienne Uwacu, avuga ko gahunda yo kwimurira imibiri y’Intwari z’i Nyange mu gicumbi zirimo kubakirwa itakibaye.
Ikigo gishinzwe guteza imbere unumenyi ngiro n’imyuga (WDA), kigiye guha impamyabumenyi abafundi igihumbi basanzwe mu kazi binyuze mu bizami bazakora.
Rayon Sports ibifashijwemo na rutahizamu mushya yakuye muri Mali yatsinze ikipe ya Gicumbi ibitego 2-0 mu mukino wabereye i Gicumbi kuri uyu wa gatanu.
Uwari ukuriye abarinda Umuyobozi Mukuru wa FDLR, kuri uyu wa 12 Gashyantare 2016, yatashye mu Rwanda nyuma y’imyaka isaga 20 abaho kinyeshyamba.
Inzego z’umutekano zirashakisha umugabo witwa Hakuzimana Jean Baptiste wo mu Murenge wa Kigina ukurikiranyweho kwica umugore we.
Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko muri Canada yakiriwe n’ishyirahamwe ry’abaperezida b’ibigo bakiri bato (Young President Organizaton -YPO), aho yahuye n’abanyamuryango baryo umunani.
Abahanzi barimo Charlie, Nina na Big Farious, bateguye igitaramo kizabera i Rugende mu rwego rwo gushimisha abizihiza umunsi w’abakundana.
Abatuye mu Murenge wa Manyagiro mu Karere ka Gicumbi, bavuga ko bibasiwe n’indwara zituruka ku mwanda kubera kuvoma amazi mabi.
Abaturage bp mu Kagari ka Muzingira mu Murenge wa Mutendeli mu Karere ka Ngoma, biyujurije ibiro by’akagari ngo bajye baherwa serivise aheza.
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yahisemo gukomeza gushaka abafatanyabikorwa bakwakira impunzi z’Abarundi icumbikiye, mu rwego rwo gucunga neza imibanire n’amahanga.
Intumwa za Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (USA) zashimye ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda zirinda amahoro muri Sudani y’Amajyepfo.
Urubyiruko rwo mu bihugu bikoresha icyongereza (Commonwealth) ngo rurashaka gukomeza kubaka amahoro ku isi, rushingiye ku bunararibonye bwa buri gihugu.
Abakora mu rwego rw’ubuzima mu turere tw’Intara y’Iburasirazuba barasabwa gukora igenamigambi bahuriyeho kugira ngo barusheho kunoza serivisi z’ubuzima rusange bw’abaturage.
Komisiyo ishinzwe kuvugurura amategeko (RLRC) ivuga ko ivugurura ry’igitabo cy’amategeko hari abo rizarenganura bakoraga icyaha kimwe bagahanwa mu buryo butandukanye.
Minisitiri w umutekano Musa Fazil atangaza ko agiye gusabira igihano kikubye kabiri abakorera ibyaha muri gereza kuko badashaka guhinduka.
Hagiye kubakwa amacumbi azafasha abakozi bahembwa guhera ku bihumbi 35Frw kuyegukana, mu gihe bashobora kuyishyura byibura ibihumbi 10Frw ku kwezi.
Urubyiruko rwo mu Murenge wa Musha mu Karere ka Gisagara, ruvuga ko ntawe ukishyingira atarageza imyaka kuko basigaye bafite imirmo ibinjiriza.
Itsinda rya Trezzor riritegura kumurika album yabo ya kabiri bise “Urukumbuzi” izaba igizwe n’indirimbo 10 zicuranze ku buryo bw’umwimerere (live).
Itsinda ry’Abadepite bo mu gihugu cya Malawi banyuzwe n’uburyo “Isange One Stop Center” ya Polisi y’u Rwanda yita ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Komisiyo y’Igihugu ishinzwe ivurugurwa ry’amategeko yatangiye gahunda yo gusobanurira abanyeshuri biga muri za kaminuza itegekonshinga no kubigisha uburenganzira bwabo.
Abashoramari b’Abanyaturukiya bagiye gukora umushinga w’amashanyarazi aturuka kuri nyiramugengeri uzatanga Megawatt (MW) 80 ziziyongera ku yari asanzwe akoreshwa mu Rwanda.
Abarwaye indwara ya Hernie bagaruye icyizere cyo gukira nyuma y’uko umuryango "Rwanda Legacy of Hope" ubazaniye abaganga b’inzobere mu kuyivura.
Ubuyobozi bw’ikigo NAEB giteza imbere ubuhinzi bw’imboga n’imbuto buvuga ko abahinzi batagomba kugira ikibazo cy’isoko kuko bafashwa kurishaka imyaka itarera.
Intumwa za Loni zishinzwe ibikorwa byo kubungabunga amahoro, zashimye ingufu u Rwanda rushyira mu gutegura abajya kubungabunga amahoro ku isi.
Ikipe ya Rayon Sports yashyize ahagaragara abakinnyi 18 bazakina na Gicumbi kuri uyu wa gatanu barimo rutahizamu mushya wavuye muri Mali
Abayobozi n’umutoza ba Rayon Sports bakoranye ikiganiro n’abanyamakuru berekana umukinnyi mushya baguze ndetse banatangaza andi makuru ari mu ikipe
Bamwe mu Banyarwanda bavuye mu mashyamba ya DR Congo bavuga ko ntawe utinyuka guhingutsa ko atashye kubera gutinya ko yagirirwa nabi.
Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda ryatangaje abakinnyi batandatu bazahagararira u Rwanda mu irushanwa rizatangira ku wa 4-28/03/2016 muri Algeria.
Kamayanja Therese w’imyaka 100 y’amavuko, wo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, arasaba abatowe gukurikiza imiyoborere ya Perezida Kagame.
Ingabo zishinzwe ubuzima mu Muryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) ziravuga ko ziteguye gutabara mu gihe akarere kaba kigabijwe n’ibyorezo by’indwara nka ZIKA.
Serivisi za mbere z’ubuvuzi zifashisha utudege duto (Drones) mu Rwanda ngo zizatangira gutangwa guhera muri Nzeri 2016.
Abaturage bo mu Murenge wa Nyamugari barasaba ubufasha nyuma yo gusenyerwa n’imvura yaguye tariki 7 na 8 Gashyantare 2016 ikangiza imyaka y’abaturage, igasenya n’inzu 21.
Perezida Paul Kagame uri mu Mujyi wa Dubai mu nama mpuzamahanga yiswe "World Government Summit", yatanze ikiganiro ku iterambere n’ahazaza h’u Rwanda.
Abiganjemo abagore batuye mu Mudugudu wa Magonde mu Kagari ka Rukira mu Murenge wa Huye w’Akarere ka Huye bafite ibibazo mu ngo, ntibishimiye ugutorwa kwa Jacqueline Mukeshimana.
Bamwe mu bayobozi b’inzego z’ibanze mu karere ka Ruhango, bongeye kugirirwa icyizere n’abaturage bakongera kubatora, barasaba bagenzi babo kwicisha bugufi.
Urwo rutare bivugwa ko rutanga amafaranga ruherereye mu Murenge wa Cyungo, Akagari ka Marembo mu Mudugudu wa Rusayu.
Abayobozi b’inzego z’ibanze batowe mu Murenge wa Ndora, bijeje abaturage kuzabafasha kumva ibyiza bya koperative no kuzigana maze bakiteza imbere.
Kwitonda Youssuf, yatorewe kongera kuyobora Umudugudu wa Nyagacaca nyuma y’uko yari yahakaniye abaturage ariko yabona banze kugira undi batora akabyemera.
Abagore bo mu Karere ka Burera barasaba abagore batorewe kubahagararira kubakorera ubuvugizi bakava mu bukene.
Amatora y’inzego z’ibanze yabaye tariki ya 8/2/2016, mu karere ka Gicumbi abayobozi batowe basabwe gufasha abaturage kurwanya ubujura buciye icyuho.
Ihame ry’uburinganire ryatumye abagore bigirira icyizere cy’uko bakwiyamamaza, kandi bakabasha kuyobora kugira ngo nabo bagire uruhare mu iterambere ry’igihugu.