Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) kirakangurira abasoreshwa bashya kumenya amategeko ajyanye n’imisoro kugira ngo bakorere mu mucyo bityo birinde ibihano.
U Rwanda ruramagana raporo y’abakorera Umuryango w’abibumbye(LONI) muri Kongo Kinshasa, barushinja gutoza igisirikare inyeshyamba z’Abarundi.
Abantu bane bakekwaho kugerageza kwiba miliyoni 30.5Frw kuri konti y’umukiriya wa KCB bakayabikuza muri Banki ya Kigali batawe muri yombi.
Mu gihe kuri uyu wa 8 Gashyantare 2016 hateganyijwe amatora mu gihugu hose, Ministeri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo irasaba abakoresha korohereza abakozi kuyitabira.
Mu gihe amwe mu makoperative yo mu Karere ka Rusizi bigaragara ko yadindiye abashinzwe kuyayobora bavuga ko abanyamuryango bayo ari bo bayadindiza.
Abanyeshuri b’Urwunge rw’Amashuri rwa Ruyumba batangaza ko hari bagenzi babo b’abakobwa bararurwa n’abashoferi b’amakamyo atwara umucanga bakabashora mu ngeso mbi.
Urukiko rw’Ibanze rwa Kagano mu Karere ka Nyamasheke rwafunguye umwe mu bayobozi ba Sosiyete y’Abashinwa “China Road & Bridge Corporation” wari ukurikiranweho ubujura bw’amapine.
Abaturage bo mu Murenge wa Ntongwe mu Karere ka Ruhango baravuga ko bugarijwe n’uburwayi bw’inzoka kubera gukoresha amazi mabi, bagasaba ubuyobozi kubaha amazi meza.
Kuva muri 2013 abaturage bavuga ko barenga 100 bambuwe na rwiyemezamirimo ubu bakaba babyukira ku murenge basaba kwishyurizwa.
Abahinzi b’imbuto n’imboga bo mu Karere ka Rusizi barasabwa kongera umusaruro wabyo kugira ngo babashe kwiteza imbere.
Inararibonye mu gukurikirana imishinga mu bigo by’imari, n’abagore bahereye ku gishoro gitoya bavuga ko ari yo nzira y’iterambere ry’umugore.
Abahinzi b’ibigori bo mu Murenge wa Sake mu Karere ka Ngoma, bavuga ko umusaruro w’ibigore wiyongereye agaciro ugereranyije n’umwaka ushize.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gicumbi batagira igikoni cyo gutekamo bavuga ko ari yo mpamvu batabungabunga ibidukikije bubaka rondereza.
Abaturage batandukanye bo mu Karere ka Karongi bavuga ko batizeye umutekano wa za SACCO kuko zirindishwa inkoni n’abazirinda badafite ubuhanga.
Amakoperative ahinga ibigori mu ntara y’Uburasirazuba avga ko yaguye mu gihombo kubera utumashini dupima ubuhehere yahawe tudafite ubushobozi.
Ikipe ya Mali nyuma yo gutsinda Côte d’Ivoire igitego 1-0,niyo izahatanira na Congo igikombe cya CHAN kuri iki cyumweru taliki ya 07/02/2016
Iteka rya Minisitiri rishyiraho amabwiriza yerekeye imari ryongereye amafaranga yakenerwaga mu kwishyura ibikorwa bito mu mpamvu z’akazi.
Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gashora mu Karere ka Bugesera, Muyengeza Jean de Dieu, yeguye ku mirimo ye kubera impamvu ze bwite.
Umutingito ufite ubukana bwa 5.1 wumvikanye mu Burasirazuba bwa Congo n’u Rwanda uturutse i Masisi na Walikale kuri uyu wa 4 Gashyantare 2016.
Imirambo ibiri muri itatu yari yabuze, nyuma y’uko batanu barohama mu Kagera babiri bagashobora kurokoka, yabonetse kuri uyu wa 4 Gashyantare 2016.
Aimable Rwabidadi na Mbabarempore Deleon bashinjwa kunyereza mazutu yagombaga gukoreshwa hamurikirwa imikino yaberaga kuri Stade Huye bitabye urukiko.
Ikigo cy’Igihugu cyita ku burezi (REB) kirashimira umushinga EDC kubera inkunga y’ibikoresho watanze mu mashuri abanza kuko ngo byongereye abana ubumenyi.
Abakobwa babyariye iwabo bo mu Murenge wa Mushubati mu Karere ka Rutsiro bemerewe kwandikisha abana mu bitabo by’irangamimerere ku buntu.
Abashinzwe iby’umuhinzi mu Karere ka Burera bahamya ko babashije guhashya byimazeyo forode y’ifumbire mvaruganda yari yarabaye nk’icyorezo mu bahinzi b’aka karere.
Umuyobozi Mukuru w’ishami rishinzwe iterambere ry’inganda mu Muryango w’Abibumbye (UNIDO) yasabye Perezida wa Repuburika Paul Kagame gushyigikira gahunda ateganyiriza Afurika.
Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko basuye ikigo kigororerwamo by’igihe gito abakekwaho ibyaha byoroheje (Transit center) mu Karere ka Nyagatare, banenga umubare munini.
Koperative y’abamotari COTRATAMORU ikorera muri Rutsiro ivuga ko itegeko rya RURA ribasaba kuzuza moto 100 bakabona guhabwa ibyangombwa ribabangamiye.
Ubuyobozi bwa Gereza ya Karubanda mu Karere ka Huye buvuga ko budaha abagororwa 10% by’imirimo ibyara inyungu baba bakoze.
Abayoboye Inama y’Igihugu y’Abagore mu Murenge wa Ruhango, Akarere ka Ruhango, baratunga agatoki bagenzi babo gutinya kuyobora bikabatera kudatera imbere.
Inzego z’umutekano n’iz’ubuyobozi mu Karere ka Kirehe, zangize ibiyobyabwenge byiganjemo urumogi na kanyanga bifite agaciro ka miliyoni zigera kuri 150Frw.
Masamba Intore agiye guhuriza hamwe ibirori by’isabukuru ye y’amavuko, iy’umuziki we no kumurika alubumu ye nshya muri Nyakanga uyu mwaka.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagali ka Kibirizi, mu Murenge wa Musheri, Akarere ka Nyagatare, Uzarama Anastase n’abandi borozi batatu bafunzwe bakekwaho ruswa.
Ntawera Alphonse wo mu Kagari ka Rwesero mu Murenge wa Kirehe ukekwaho kwica umugore we, Mukamudenge Emeliana, yasabiwe gufungwa burundu.
Abashoramari b’Abayapani biyemeje guhinga indabo mu Rwanda bagamije kuzamura umusaruro wazo nyuma yo gusanga ubuhinzi bwazo bukiri hasi.
Kuba Uburundi na Tanzaniya bidakoresha visa imwe n’ibindi bihugu byo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), byagaragajwe nka kimwe mu bidindiza iterambere ry’ubukerarugendo mu karere biherereyemo.
Abasirikari biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikari rya Nyakinama barashima imbaraga Leta ishyira mu kuvugurura ubuhinzi ngo burusheho gutanga umusaruro.
Mu kagari ka Kirehe mu murenge wa kirehe ku wa 03/02/2016 imodoka yavaga Ngoma yarenze umuhanda igonga umunyeshuri apfira mu bitaro bya CHUK I Kigali.
Komisiyo y’ubumwe bw’Abanyarwanda mu nteko ishinga amategeko igiye gukora ubuvugizi ku nzoga zo mu mashashi zitabarwa mu biyobyabwenge.
Urugaga Nyarwanda rw’abikorera(PSF), rwagiranye amasezerano na kompanyi y’indege ya Turkiya, hagamijwe kugabanya ibiciro by’ingendo z’abacuruzi hagati y’u Rwanda na Turkiya.
Ikipe ya Congo ibaye iya mbere igera ku mukino wa nyuma wa CHAN 2016,itsinze Guinea Penaliti 5-4 nyuma yo kunganya 1-1 mu mukino wabereye kuri Stade Amahoro kuri uyu wa gatatu
Bamwe mu bamotari ba Koperative COTAMOTEKA itwara abagenzi kuri moto mu Murenge wa Rubengera, Akarere ka Karongi ntibakozwa guhagarara (guparika) ahateganyijwe mu gihe bategereje abagenzi.
Sosiyeti yigenga Ngali Holdings Ltd yahawe ububasha bwo gukusanya amahoro y’inzego z’ibanze yasabwe guhuza umubare w’abakozi bayo n’abasoreshwa.
Abahinzi bo mu Murenge wa Sovu mu Karere ka Ngororero bubakiwe ibigega bizabafasha guhunika neza umusaruro wabo, bagatera imbere.
Bamwe mu bahinzi b’ibigori bo mu Karere ka Nyagatare bavuga ko imirimashuri yatumye umusaruro bakura mu buhinzi wikuba inshuro eshanu.
Bamwe mu rubyiruko rwo mu Karere ka Ngoma batangaza ko hari byinshi babona byabagira intwari, nyuma yo gusobanurirwa ko bishoboka no ku batari abasirikare.