Bareberaho Abdalahman w’imyaka 50 yafashwe akaguru n’ingona, ayikizwa no kuyikirigita mu kwaha igahita imurekura.
Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga mu bihugu bigize Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika (AU) bamaze gutorera u Rwanda kuba Umunyamuryango w’Akanama ka AU k’Amahoro n’Umutekano.
Abatoza b’intore mu Karere ka Muhanga basanga hari ibikwiye kongerwamo imbaraga kugira ngo Itorero ry’abanyeshuri barangije ayisumbuye rigende neza.
Mu nteko rusange y’Inama yIgihugu y’Abagore b’i Kirehe yateranye ku wa 27 Mutarama 2016, ba “Mutima w’Urugo” biyemeje kurandura burundu umwanda n’indwara ziterwa n’imirire mibi.
Ikamyo yikoreye imifuka ya Sima yavaga i Rusizi yerekeza i Kigali, yakoreye impanuka mu Karere ka Nyanza hakomekeramo batatu.
Abakuwe mu manegeka bakimurirwa mu mudugudu wo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, bavuga ko byabagereje ibikorwa remezo.
Abaturage bo mu Murenge wa Rugarama, Akarere ka Gatsibo, bamaze kwiyuzuriza inzu izakorerwamo na Polisi mu rwego rwo kurushaho kubegera.
Intore zatangiye urugerero mu Karere ka Rwamagana zirasabwa umusanzu mu guhashya ikibazo cy’imirire mibi n’isuku nke cyagaragaye mu miryango imwe n’imwe.
Koperative y’Abarobyi bo mu Kiyaga cya Sake (COPEDUSA) nyuma yo gushyiraho itegeko ryo kwirukana ugaragaweho kurwaza indwara z’imirire mibi,bavuga ko byahinduye byinshi.
Ikigo cy’iteganyagihe, Meteo-Rwanda, kiratangaza ko nta Rugaryi ruzabaho, ariko ko bitazahungabanya Itumba nubwo ibihe bidasanzwe bya El-Nino bikomeje.
Intore zatangiye urugerero kuri uyu wa 27 Mutarama 2016, zavuze ko mu bikorwa zizibandaho harimo guhangana n’ikibazo cy’imirire mibi, hagamijwe gukumira Bwaki.
Abadepite bari bamaze iminsi 8 mu Karere ka Karongi bagenzura uko gahunda za Leta zitandukanye zishyirwa mu bikorwa ntibanyuzwe n’ubwiherero bahabonye.
Abayobozi b’inzego z’ibanze bo mu Bugesera basabye imbabazi ku burangare bagize ku bibazo by’imirire mibi n’isuku nke bikigaragara muri ako karere.
Umuyobozi w’Akarere ka Gasabo Rwamurangwa Steven yashyize ibuye ry’ifatizo ahazubakwa ibiro bigezweho by’Umurenge wa Kimironko mu rwego rwo gutanga servisi nziza.
Ikipe y’igihugu ya Uganda yasezerewe mu majonjora y’amatsinda nyuma yo kunganya na Zimbabwe 1-1 mu mukino wabereye i Rubavu kuri uyu wa gatatu
Muri raporo ya Transparency Internatinal (TI) y’umwaka wa 2015 u Rwanda rwaje ku mwanya wa 4 mu bihugu birimo ruswa nke muri Afurika.
Nyuma y’ukwezi kumwe, abatuye ku Mukunguri mu Karere ka Kamonyi bagejejweho amazi meza, bahagaze kuyavoma kuko umuyoboro wagize ikibazo.
Ababyeyi barerera mu Kigo Cy’Amashuri Abanza Centre Scolaire Amizero giherereye mu Karere ka Ruhango, barasaba abarezi gutinyura abana bakavuga indimi z’amahanga.
Minisiteri y’Uburezi yasabye abanyamigabane ba Kaminuza Mpuzamahanga ya Rusizi (RIU) kumvikana bitarenze ku wa 29 Mutarama 2016 bitaba ibyo igafungwa.
Abatoje intore z’abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye mu Karere ka Karongi basabwe gukurikirana uko zishyira mu bikorwa imihigo zahize.
Basoza uruzinduko rw’iminsi 10 bari bamaze mu Karere ka Kirehe, abadepite bashimye isuku igaragara mu bigo bya Leta, banenga umwanda basanganye abaturage.
Ubwo batangizanga imirimo y’ubwubatsi bw’isoko rishya rya Rwesero, ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke bwatangaje ko bitarenze amezi 4 rigomba kuba ryuzuye
Ubwo abadepite bamurikiraga Akarere ka Gicumbi ibyavuye mu igenzura bamazemo icyumweru babanenze kutegera abaturage mu bikorwa bibakorerwa.
Ikigo cy’igihugu cy’Ubuhinzi n’Ubworozi, RAB, kiravuga ko imbuto y’imyumbati kizavana Uganda kimwe cya kabiri kizahabwa Ruhango.
Ubwo intumwa za rubanda zari mu Karere ka Gakenke zasanze hakiri ikibazo gikomeye cy’isuku nke mu mirenge zasuye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwiseguye ku bashatse amatike yo kwinjira mu mikino ya CHAN akayabura kubera uburiganya bw’abashaka kunguka menshi.
Nigeria yeretswe umuryango nyuma yo gutsindwa n’ikipe ya Guinea mu mukino wa CHAN mu itsinda C wabereye i Rubavu kuri uyu wa 26 Mutarama 2016.
Abatuye muri Miyaga mu Murenge wa Murundi i Kayonza baratabaza ubuyobozi kuko isatura (ingurube z’ishyamba) n’ibitera bibonera, ntibagire icyo basarura.
Mukeshimana Béatrice wo mu Karere ka Nyanza, ufite akabari iwe mu rugo, yarumwe izuru n’umukiriya we arikuraho.
Amazu 21 yavuyeho ibisenge andi 16 avaho amabati n’ibihingwa birangirika kubera imvura ivanze n’umuyaga n’urubura yaguye mu Murenge wa Karangazi.
Mu Murenge wa Nkungu mu Karere ka Rusizi harimo kubakwa inkambi y’agateganyo ijyanye n’igihe ishobora kwakira impunzi 700 kandi bakabaho neza.
Abadepite bamaze icyumweru mu Karere ka Kamonyi bagaragaje ko hari ikibazo cy’isuku nke n’icy’imirire mibi, biterwa n’uko abayobozi bategera abaturage.
Sotra yavaga i Kigali yerekeza i Rusizi, mu ma saa munani n’igice yo kuri uyu wa 26 Mutarama 2016 yakoze impanuka babiri barakomereka.
Abadepite bamaze iminsi 10 basura Akarere ka Nyamasheke basabye abayobozi guha agaciro abaturage batinyutse bakagaragaza ibitagenda.
Abadepite bari bamaze iminsi 10 mu ruzinduko mu Karere ka Kirehe barusoje kuri uyu wa 26 Mutarama 2016 biyama abarimu bagifite ingeso y’ubusinzi.
Abajyanama b’ubuzima mu Karere ka Rwamagana ngo bagiye guhangana n’ikibazo cy’imirire mibi nyuma yo guhabwa ibikoresho bizifashishwa mu gikoni cy’umudugudu.
Umuryango Nyarwanda ugamije guteza imbere kwakira abantu neza no kubaha serivisi nziza (RACCP) urasaba kutihanganira kwakirwa nabi no guhabwa serivisi mbi.
Itsinda ry’abantu 70 bahagarariye umushinga wateye inkunga ya miliyari 111 z’amafaranga y’u Rwanda (Frw) imishinga yo kuhira imyaka, bari mu turere tune tw’igihugu bayigenzura.
Abahinzi b’umuceri bo mu mirenge ya Kilimbi na Macuba mu Karere ka Nyamasheke baravuga ko bugarijwe n’imisundwe kubera ko bahingisha ibirenge batikingiye.
Polisi y’Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba, yemereje i Kigali ko igiye kunoza amasomo agezweho yo kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka.
Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru ya Maroc yari yitabiriye CHAN yasuye urwibutso rwaa Jenoside yakorewe abatutsi rwa Gisozi mbere y’uko basubira muri Maroc
Abakozi ba Ngali Holdings Ltd n’ab’Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro bahuguwe ku bijyanye no gukusanya amahoro y’inzego z’ibanze kuri uyu wa mbere.
Uwizeyimana Alexandre wo mu Karere ka Kirehe yafashwe n’abaturage nyuma yo kubaka amafaranga yiyita maneko wa Polisi yitwaje kubakemurira ibibazo.
Uruganda “Huye Mountain Coffee” rucuruza ikawa iri mu dufuka tw’ibitenge kuko basanze ari yo igurwa kurusha ipakiye mu bipapuro gusa.
Uruganda rw’umuceri n’amazu 14 byo mu Murenge wa Bugarama byasenywe n’imvura yaguye saa cyenda z’umugoroba ku wa 25 Mutarama 2016.
Inama Njyanama y’Akarere ka Rulindo icyuye igihe irasaba abazatorerwa kuyisimbura kuzarangwa n’ubwumvikane n’ubwitange.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango Oda Gasinzigwa akangurira abagore n’abakobwa kwitabira imirimo ijyanye n’ubukerarugendo kuko ngo itunga abayikora.
Nyuma y’imyaka itatu bahinga umuceri mu gishanga cya Mushimba, bahamya ko umusaruro bakuramo ufite agaciro kurusha ibyo bagihingagamo mbere.
Ikipe ya Maroc yamaze gusezererwa mu mikino ya CHAN, iravuga ko yakuye isomo ry’amahoro kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.