Mu mikino y’umunsi wa 21 wa Shampiona y’icyiciro cya mbere, APR yatakaje amanota kuri Pépiniére, Kiyovu itsindwa na Kirehe, mu gihe Mukura yatsinze.
Mu mukino wo kwishyura wa CAF Champions league wabereye i Kinshasa, Sugira Ernest yafashije AS Vita Club guseserera ikipe yo muri Gambia
Perezida Paul Kagame yageze i Vatican aho biteganyijwe ko ahura n’umushumba mukuru wa Kiliziya Gatolika ku isi Papa Fransisiko kuri uyu wa 20 Werurwe 2017, bakaganira ku mubano w’u Rwanda na Kiriziya Gatolika.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yahaye ibikoresho binyuranye abajyana b’ubuzima, inabashimira umurimo mwiza bakora wo kwita ku baturage aho batuye,ikavuga ko kubashima bikwiye kuba umuco.
Ministeri y’Ubuzima(MINISANTE) iravuga ko ikeneye abafatanyabikorwa bayifasha kugabanya umuvuduko w’ubwiyongere bw’agakoko gatera SIDA, cyane cyane mu rubyiruko.
Abanyamuryango b’ikipe y’umukino w’amagare mu Karere ka Huye (CCA) baratangaza ko igiye gutangira kwitabira amarushanwa yo mu Rwanda na mpuzamahanga.
Abagize AERG/GAERG baratangaza ko gusukura imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi bituma bongera kumva ko babasubije icyubahiro ndetse bigatuma bazirikana ubumuntu bambuwe.
Abapadiri Bera bahagaritse ubutumwa bwabo muri Diyosezi ya Butare bari bamazemo imyaka 117 kuko bari basigaye ari babiri gusa kandi bashaje.
Mbere yo gusoza uruzinduko rwe mu Bushinwa, Perezida wa Repulika Paul Kagame yahuye n’abahagarariye Abanyarwanda baba mu Bushinwa barimo abanyeshuri biga muri icyo gihugu.
Ku munsi wa kabiri w’uruzinduko rwe mu Bushinwa, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagiranye ibiganiro n’Abambasaderi b’ibihugu bitandukanye byo muri Afurika muri icyo gihugu.
Abana babarirwa mu 12.662 bo mu Karere ka Musanze bapimwe muri bo abagera ku 104 bafite ikibazo cy’imirire mibi.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 17 Werurwe 2017, imfura z’ishuri rya Muzika riherereye mu Murenge wa Nyundo Akarere ka Rubavu zahawe impamyabushobozi, nyuma yo gusoza amasomo ya muzika zari zimazemo imyaka itatu.
Mu mukino wa shampiyona y’umunsi wa 21 wahuzaga ikipe ya Police Fc na Musanze urangiye amakipe yombi anganya ibitego 2-2.
Umuhanzi Miss Jojo yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we kuri uyu wa gatanu tariki ya 17 Werurwe 2017.
Ambasaderi James Kimonyo yatangaje ko u Rwanda rwuguruye amarembo ku Banyakenya bifuza kuza gukorera mu Rwanda kandi ko hari amahirwe menshi yo kutirengagizwa.
Bizimana Abdu azwi nka Bekeni ubu ni umutoza Mukuru w’ikipe ya Virunga FC yo muri Congo (DRC) muri shampiyona ya Linafoot.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amagurru muri Afurika CAF rimaze kwemeza ko ikipe ya Rayon Sports isezereye Onze Createurs bidasubirwaho
Hashize igihe gito Umujyi wa Kigali utangiye igikorwa cyo kwagura imwe mu mihanda yo mu Mujyi. Kuri iyi nshuro turabatembereza ku muhanda uva kuri rond point yo mu Mujyi ugana Nyabugogo, kugira ngo mwihere ijisho aho imirimo igeze.
Perezida Kagame na Madamu we Jeannette Kagame, bari mu ruzinduko rw’akazi mu Bushinwa, bakiriwe na Perezida w’iki gihugu Xi Jinping mu ngoro ye.
Abadepite bo mu nteko ishinga amategeko y’ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba (EALA) batewe impungenge n’igihugu cy’u Burundi kitishyura umwenda gifite.
Ikipe ya Rayon Sports ikomeje imyitozo yo kwitegura umukino ugomba kuyihuza na Onze Createurs yo muri Mali kuri uyu wa Gatandatu n’ubwo FIFA yamaze guhagarika amakipe yose yo muri Mali
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi ryahagaritse ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Mali mu marushanwa yose mpuzamahanga
Kuri uyu wa Kane ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare yashyikirijwe impano y’imodoka yagenewe na Perezida wa Republika y’u Rwanda
Ubuyobozi bwa Congo bwahagaritse ubucuruzi bw’inkoko n’ibizikomokaho biva mu Rwanda bushingiye ku ndwara y’ibicurane by’ibiguruka yabonetse muri Uganda ariko itari mu Rwanda.
Mu gikorwa cyo kumurika imideli kizwi nka Kigali Fashion Week kigiye kongera kubera mu Rwanda hazamurikwamo imideli itandukanye ariko hanamurikwemo imodoka.
Ikipe ya Onze Createurs yo muri Mali yamaze kugera I Kigali aho ije gukina na Rayon Sports mu mukino wo kwishyura mu rwego rw’amakipe yatwaye ibikombe iwayo(Caf Confederation Cup).
Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bw’Ubushinjacyaha bwari bwasabye ko Evode Imena aburana afunze.
Umuryango “Hope for Rwanda” ukorera mu karere ka Gasabo ibikorwa byo kwita ku bana baterwa inda zitateganyijwe, urabakangurira kumenya amategeko abarengera ntibakomeze guhohoterwa.
Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Rugeramigozi baravuga ko umusaruro wabo ukomeje kwiyongera uko bagenda batunganya igishanga n’inkengero zacyo.
Issa Hayatou wari umaze imyaka 29 ayobora Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika asimbuwe na Ahmed Ahmed wo muri Madagascar.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 17 werurwe 2017, Perezida Kagame arahura na Perezida w’Ubushinwa Xi JinPing, i Beijing mu Bushinwa, aho bazaba baganira ku mubano ushingiye ku buhahirane hagati y’ibihugu byombi.
Ubuyobozi bwa Kaminuza ya Gitwe iherereye mu Ruhango bwakiriye ibaruwa ya Minisitiri w’uburezi isaba iyo kaminuza guhagarika ibikorwa byose byo mu ishami ry’ubuganga na Laboratwari.
Amajwi ya benshi mu badepite ba EALA bari mu nteko i Kigali yumvikanye asaba ko amasashe yacibwa mu bihugu byose by’Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC).
Imwe mu mikino ya Shampiona y’umunsi wa 21 yagombaga kuba kuri uyu wa Gatandatu, yimuwe n’umukino uzahuza Rayon Sports na Onze Créateurs yo muri Mali.
Perezida Paul Kagame avuga ko ahazaza h’isi hashingiye ku cyizere internet itanga, ariko bikazashoboka ari uko za guverinoma, ibigo n’abaturage bitahirije umugozi umwe.
Mu marushanwa y’akarere ka gatanu ari kubera mu Misiri, ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Basketball yatsinze Sudani y’Amajyepfo ihita ibona itike ya 1/2 cy’irangiza
Ku itariki ya 26 kugeza ku ya 28 Werurwe 2017, Perezida Kagame azatanga ikiganiro mu nama yiswe “AIPAC Policy Conference”, ihuza abayobozi ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’Abanya-Isiraheri
Kuri uyu wa 15 Werurwe 2017, polisi y’u Rwanda yerekanye abantu 18 bafatiwe mu bikorwa byo kunywa no gucuruza urumogi, bakaba bafungiye kuri Station ya Polisi ya Nyamirambo. Bafatanywe ibiro bigera kuri 300, bifite agaciro kagera kuri Miliyoni 6Frw.
Umuhanzi Said Braza, aherutse kwivugira ko yaretse ibiyobyabwenge, yongeye kubifatirwamo, nyuma yo kuva Iwawa kugira ngo afashwe kubireka, ari nawe wisabiye kujyanwayo.
kuri uyu wa Gatatu tariki ya 15 Werurwe 2017, Abahanzi Charly na Nina bamaze iminsi bakorera ibitaramo mu gihugu cy’u Bubirigi n’icy’u Bufaransa, bakiriwe na Ambasaderi Olivier Nduhungirehe uhagarariye u Rwanda mu gihugu cy’u Bubirigi.
Indamukanyo ya gisirikare ifite inkomoko ahagana mu kinyejana cya gatanu, ubwo henshi ku mugabane w’uburayi n’amerika ingabo zarwaniraga ku mafarasi zikoresheje amacumu, ibiti n’amahiri.
Ububiko bwa Leta(MAGERWA), buvuga ko bubitse ibicuruzwa byinshi bitandukanye, harimo n’ibimaze imyaka itandatu, ba nyirabyo bataraza kubibikuza, bimwe bikaba binangiza ibidukikije.
Iserukiramuco rya Filime rya Mashariki African Film Festival (MAAFF) rigiye kongera kubera mu Rwanda guhera ku itariki ya 25 kugera 31 Werurwe 2017.
Depite Bamporiki Edouard yemereye amafaranga Rwanda Movie Awards, yo guhemba abakinnyi ba filime bitwaye neza ariko ntiyahabwa abo yagenewe.
Umuryango wa Ntawuziyambonye Claude urateganya kuzagwatiriza umurima bafite wa metero 15 kuri 12, kugira ngo babashe kuvana impanga mu bitaro.
Radio yo mu Mujyi wa Birmingham mu Bwongereza yitwa Mid City Radio yafashe umwanzuro wo kudacuranga indirimbo zo kuri album ya Ed Sheeran yise Divide, zimaze iminsi irindwi yose zihariye imyanya 10 ya mbere ku rutonde rw’indirimbo zikunzwe cyane muri iki gihugu.