Urukiko rukuru, Urugereko rw’i Kigali rwumvise ubujurire ku ifunga n’ifungura ry’agateganyo, rw’abari abayobozi muri ADEPR bashinjwa kurigisa umutungo w’iterero maze ababuranaga bose bikoma komisiyo yiyise “Nzahuratorero”.
Perezida Paul Kagame na bagenzi be babiri barimo uwa Madagascar Rajaonarimam Pianina na Akufo-Addo wa Ghana, baritegura uruzinduko rw’akazi muri Zambia.
Ku rutonde ngarukakwezi rukorwa na FIFA u Rwanda mu mupira w’amaguru rwongeye kwisanga ku mwanya mubi rutaherukaga kuba 2013, aho ubu rubarizwa ku mwanya wa 108
Umukecuru utuye mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi avuga ko hari abantu akeka ko ari abaturanyi be bamubujije amahwemo, nijoro ntabashe gusinzira.
Kuri uyu wa Gatandatu mu Rwanda haratangira irushanwa ryo kwibuka Abasportifu bazize Jenoside yakorewe Abatutsi by’umwihariko babarizwaga mu mukino wa Handball, rikitabirwa n’amakipe yo muri Uganda no mu Rwanda.
Ikigo cy’igihugu kigenzura imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro (RURA), cyatangaje ko Komisiyo y’igihugu y’Amatora (NEC) nta burenganzira ifite bwo kugenzura ndetse no guhagarika ikoreshwa ry’imbuga nkoranyambaga mu baturage.
Amashyirahamwe y’imikino mu Rwanda yateguye irushanwa ryo kwibuka abari abakunzi, abakinnyi ndetse n’abayobozi ariko yaniyemeje gukusanya inkunga yo gufasha uwacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abatuye mu mudugudu wa Murango w’i Rwaniro mu Karere ka Huye, bavuga ko umudugudu wabo utacyitwa Murango ahubwo witwa Nyarutarama.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo avuga ko mu gihe cy’amatora Abanyarwanda bakwiye gukoresha imbuga nkoranyambaga bakavuga ikibari ku mutima batarinze kubisabira uruhushya.
Mu ikipe y’igihugu Amavubi abakinnyi bashya n’abatari baherutsemo bari gutegurirwa umuhango wo kunnyuzurwa uzarangwa no kuririmbira abakinnyi basanzwemo
Ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri ikipe y’igihugu ya Maroc y’umupira w’amaguru aho ije kwifatanya n’Amavubi mu irushanwa ryo Kwibuka abakinnyi n’abakunzi b’umupira w’amaguru bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.
Inama nkuru y’uburezi mu Rwanda yatangaje ko yemereye ishuri rikuru rya INES Ruhengeri gufungura abiri mu mashami atanu yaryo yari yafunzwe.
Ishyirahamwe ry’umukino w’intoki (Volleyball) mu Rwanda (FRVB riratangaza ko amakipe ya Ruhango VC na Gs St Aloys atakitabiriye irushanwa ryo kwibuka abakunzi, abakinnyi ndetse n’abayobozi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ikigo cy’Ingoro ndangamurage cyagaragaje indaki nk’ubwihisho bwari bwizewe mu rugamba rwo kubohora igihugu; kinazishyira mu bimenyetso by’umurage w’u Rwanda.
Minisiteri y’umuco na siporo (MINISPOC) itangaza ko igiye kugirana ibiganiro n’abahanzi bakoze amashusho y’indirimbo “Too Much” kugira ngo harebwe icyakorwa.
Ibitangazamakuru bitandukanye byo mu Rwanda birahugurwa ku mikoreshereze inoze y’ururimi rw’Ikinyarwanda.
Ikigo cy’igihugu cy’ubuzima (RBC) gitangaza ko hashize imyaka isaga 20 imbasa (Polio) icitse mu Rwanda kubera ingufu igihugu cyashyize mu guyikingira.
Abanyamakuru barasaba inteko ishingamategeko y’u Rwanda kubakorera ubuvugizi,abakivuga ko itangazamakuru ryagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi bakabireka.
Depite Bamporiki Edward wanditse Igitabo “Mitingi Jenosideri” akangurira abakomoka ku babyeyi bakoze jenoside kwandika ibimeze nk’Isezerano rya Kera n’Isezerano rishya bigize Bibiliya.
Umuhanzi Senderi International Hit yasazwe n’ibyishimo ubwo yaririmbiraga bwa mbere muri Kigali Convention Centre yemeza ko ari umuhigo ahiguye.
Umunyezamu akaba na Kapiteni wa Rayon Sports Ndayishimiye Eric uzwi nka Bakame aratangaza ko yiteguye kongera amasezerano igihe cyose Rayon yaba ikimubonamo ubushobozi
Minisiteri y’Ibidukikije n’Umutungo kamere (MINIRENA) itangaza ko igishanga cya Nyandungu kigiye gutunganywa mu buryo bubereye ubukerarugendo, umushinga ukazatwara Miliyari 2.4RWf.
Kuri uyu wa Gatandatu mu karere ka Bugesera habereye isiganwa rya moto ryitabiriwe n’abakinnyi batuye mu Rwanda
Bonaventure Uwizeyimana ukinira ikipe y’igihugu y’Amagare yamaze kumvikana n’ikipe ya LowestRates.ca yo muri Canada, aho agomba kuyerekezamo kuri uyu wa mbere.
Umukino w’umunsi wa 29 wa shampiyona wahuzaga APR na Rayon Sport urangiye amakipe yombi anganyije igitego 1-1 APR ibura amahirwe yo gufata umwanya wa kabiri.
Uwahoze ari umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Yvonne Mutakwasuku yarangije amasomo yo mu ishuri ry’imbonezamirire mu Karere ka Muhanga.
Abaganga b’ibitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB) bakoze umuganda usoza ukwezi kwa Gicurasi bavura abatuye Rwaniro, banaremera bamwe mu barokotse Jenoside bahatuye.
Ukurikije imibare y’abashyingurwa mu irimbi rya Rusororo buri kwezi n’uko iryo rimbi ringana, rizaba ryuzuye mu mezi icumi, ntaho gushyingura rigifite.
Umuryango w’abacitse ku icumu rya Jenoside barangije amashuri Makuru na Kaminuza (GAERG) werekana ko imiryango ibarirwa mu 7797 ariyo imaze kugaragara ko yazimye muri Jenosdie yakorewe Abatutsi.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame arahamagararira abayobozi kuzamura impano zitandukanye Abanyarwanda bafite kugira ngo haboneke benshi basohokera igihugu mu marushanwa mpuzamahanga.
Indirimbo "Just a Dance Remix" ya Yvan Buravan yasubiyemo yifashishije umuhanzi AY wo muri Tanzania yagiye hanze.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu, Imodoka yo mu bwoko bwa Quaster itwara abagenzi yavaga mu Majyaruguru igana i Kigali, iguye mu kabande ka Shyorongi ihitana abagera kuri 15.
kuwa Gatanu, tariki ya 26 Gicurasi 2017, Inama y’Abaminisitiri Idasanzwe yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Louise Mushikiwabo yasabye abayobozi b’Afurika kudakumira ubwisanzure bw’abantu bambuka imipaka, bitwaje ko ari bo ntandaro y’umutekano mucye.
Hirya no hino mu gihugu, abaturage bafatanyije n’ubuyobozi n’inzego z’umutekano babyukiye mu muganda rusange usoza ukwezi wa Gicurasi 2017.
Gen Maj Jack Nziza yatangaje ko iterambere ry’u Rwanda rigomba gushingira ku bumwe ndetse n’Ubunyarwanda, kugira ngo ribe Iterambere rirambye kandi ridaheza buri Munyarwanda.
Umukino w’umunsi wa 29 wa shampiyona wahuzaga ikipe ya Police FC na AS Kigali warangiye Police iyitsinze ibitego 3-1 ihita inafata umwanya wa kabiri wari uriho APR FC.
Hari imyambaro n’imyambarire yagezweho mu Rwanda mu myaka yashize kuburyo iyo bamwe mu rubyiruko batayambaraga bumvaga batarimbye.
Abanyarwanda baba mu Bubiligi batumiye inshuti zabo kuzaza kwifatanya nabo kwakira Perezida Paul Kagame uzaba uri muri iki gihugu tariki 7 Kamena 2017.
Umuhanzi Yvan Buravan aritegura gushyira hanze indirimbo yise ‘Just Dance Remix’ yasubiyemo yifashishije umuhanzi wo muri Tanzania witwa AY.
Minisitiri w’umuco na Siporo Uwacu Julienne avuga ko uyu munsi urubyiruko rufite amahirwe yo guhitamo ikiri icyiza harwanywa Jenoside.
Igiraneza Jean Claude, umukozi w’Ingoro ndangamurage y’amateka kamere izwi nko kwa Richard Kandt ahamya ko yize gutafa inzoka nzima ntigire icyo imutwara.
Abanyeshuri baturutse muri Leta zunze Ubumwe z’Amerika, bari mu Rwanda mu rugendoshuri, biyemeje kuzavuga ukuri ku byo babonye ku Rwanda nibataha.
Kuri uyu wa Kane tariki ya 25 Gicurasi 2017, u Rwanda rwifatanije na Afurika yose mu kwizihiza, umunsi ngarukamwaka wahariwe ukwibohora kwa Afurika.