Ikigo cy’igihugu cy’Ubuziranenge (RSB) gitangaza ko u Rwanda rugeze ku bicuruzwa 400 byujuje ubuziranenge mpuzamahanga byiganjemo iby’ubwubatsi.
Urugereko rw’Urukiko Rukuru ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyaha byambukiranya Imipaka rwemeye gutumiza abatangabuhamya bashinjura Dr Kabirima ku byaha byari byatumye akatirwa gufungwa burundu y’umwihariko.
Nshimiyimana Canisus wakiniye ikipe ya Mukura Victory Sports ndetse n’ikipe y’igihugu Amavubi, yatangaje ko yanditse igitabo kivuga ku buzima bwe mu mupira w’amaguru ndetse no kuri ruhago Nyarwanda muri rusange.
Itsinda ry’abantu 30 bahagarariye abakozi ba Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Bisesero mu Karere ka Karongi.
Batandatu muri 15 baregeye indishyi mu rubanza rwa Berinkindi Claver wahamwe n’icyaha cya jenoside yakorewe Abatutsi n’ibigishamikiyeho bakazitsindira, batangiye kuzihabwa.
Umuryango w’Abayisiramu mu Rwanda n’abaterankunga bawo bo muri Turukiya baremeye Abayisilamu batishoboye bo muri Nyamasheke kubafasha kurangiza neza igisibo cya Ramadhani.
Perezida Kagame, mu nama mpuzamahanga y’u Burayi ku Bufatanye mu Iterambere (EDD 2017) irimo kuba kuva 07-08 Kamena 2017, yavuze ko atabona impamvu Afurika n’Uburayi bikwiye kuba birebana ay’ingwe mu nyungu zitandukanye.
Mu karere ka Ngororero bimwe mu bikorwa remezo cyane cyane imihanda ihuza uturere byugarijwe n’imigezi ibyangiza.
Iserukiramuco rya Kigali Up riteganyijwe muri Kanama 2017 riri mu biganiro n’abahanzi b’ibyamamare kugira ngo bazaze gususurutsa Abanyarwanda bazitabira iryo serukiramuco.
Ubuyobozi bwa Rayon Sports buratangaza ko bwatangiye kuvugana na bamwe mu bakinnyi bayo barangiza amasezerano ngo babe bakomezanya.
Mu bihugu byinshi cyane cyane ibyo ku mugabane w’u Burayi, Africa na Leta zunze ubumwe z’America, hari umuco wo kubanza gukomanganya ibirahure cyangwa amapuca mbere y’uko abantu basangira icyo kunywa.
Polisi yo muri Zimbabwe irahamagarira abagabo bo muri icyo gihugu kwitonda no kugira amakenga kuko hari abagore badutse bafata abagabo ku ngufu.
Perezida Paul Kagame yitabiriye inama ku mugabane w’u Burayi ihuje abayobozi bakomeye ku isi, yiga ku buryo bwo kongera uruhare rw’abikorera mu iterambere ry’ibihugu.
Minisiteri y’Ubucuruzi, Inganda n’ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (MINEACOM) irasaba urubyiruko rw’Abanyarwanda kwitabira amarushanwa yo gukora ibirango by’umuryango w’ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba (EAC).
Urubyiruko ruherutse gutahuka ruvuye muri Congo, bavuga ko bagejeje ku myaka 25 batazi gusoma no kwandika kubera imyaka bamaze bazerera mu mashyamba ya Congo.
Nyuma y’imyaka ikabakaba 20 atoza ikipe ya Marines, umutoza Nduhirabandi Coka yamaze gusezererwa n’iyi kipe
Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye kuri uyu wa Kabiri, yemeje umushinga w’itegeko rigena ingengo y’imari ya Leta y’Umwaka 2017/2018.
Ibihumbi by’Abanyarwanda batuye mu gihugu cy’u Bubiligi n’inshuti zabo, biteguye kwakira Perezida Kagame kuri uyu wa 10 Kamena 2017, aho azitabira igikorwa ngarukamwaka gihuza Abanyarwanda baba mu mahanga, kizwi nka "Rwanda Day".
Mu igenzura ryakozwe n’ishami rishinzwe ubuzima mu Karere ka Nyagatare hagaragaye ko muri ako karere hari abakora ubuvuzi mu kajagari.
Guverinoma ya Centrafrique yategeye buri mukinnnyi w’ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru agahimbazamusyi ka Miliyoni imwe n’igice z’Amasefa asaga Miliyoni ebyiri z’Amanyarwanda, nibaramuka batsinze Amavubi.
Mu gikorwa ngarukamwaka cya ‘Army Week’ gitegurwa n’Ingabo z’igihugu, muri uyu mwaka hamaze kuvurwa abantu ibihumbi 60.639 bari bafite uburwayi bunyuranye.
Miss Rwanda 2017, Elsa Iradukunda afite gahunda yo gukomeza kuvuza abantu barwaye “Ishaza” mu jisho kuko ngo hakiri benshi bakeneye kuvurwa.
Abafite ubumuga bukomatanyije ari bwo kutumva, kutabona no kutavuga bemeza ko na bo bafashijwe bagira uruhare mu iterambere ry’igihugu.
Umuntu wese utungiye Leta agatoki ku bashaka gukora ibyaha agiye kuzajya ahabwa uburinzi bwihariye, ubw’abavandimwe be ndetse anahabwe agahimbazamusyi.
Minisiteri ishinzwe imicungire y’ibiza no gucyura impunzi(MIDIMAR) hamwe na Polisi y’Igihugu, baburiye abaturage gukumira inkongi z’imiriro hakiri kare.
U Rwanda na Banki y’Isi byasinyanye amasezerano angana na miliyari 63Frw yo gukora umuhanda uzahuza Akarere ka Ngoma n’aka Nyanza.
Ngirumugenga Jean Marie Pierre wo muri Rwamagana yaretse akazi ka Leta ajya mu bworozi bw’ingurube none ubu yoroye izibarirwa muri 700.
Antoine Hey utoza ikipe y’igihugu Amavubi yamaze gutangaza urutonde rw’abakinnyi 19 bazavamo 18 bazerekeza muri Centrafurika
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo, yafashe mu mugongo u Bwongereza, nyuma y’igitero cy’ubwiyahuzi cyagabwe i Londres mu murwa mukuru w’icyo gihugu, kigahitana abantu umunani, kigakomeretsa 48.
Mu mpera z’iki cyumweru mu Rwanda haberaga imikino yo kwibuka, imikino yanitabiriwe n’amakipe aturutse hanze y’u Rwanda.
Umukino wa kabiri wo kwibuka abakunzi, abayobozi n’abakinnyi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi wahuzaga Amavubi n’ikipe ya Maroc urangiye Amavubi anyagiye Maroc3-0.
Ikipe ya Police y’u Rwanda mu bagabo, n’iya Police ya Uganda mu bagore ni zo zegukanye ibikombe byo kwibuka Abasiporutifu bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994
Inteko rusange y’Umuryango FPR Inkotanyi mu Karere ka Kicukiro, yemeje 100% ko Paul Kagame ari we mu kandida uzahagararira FPR, mu matora y’umukuru w’igihugu, ateganyijwe muri Kanama uyu mwaka.
Joss Stone, umuririmbyi ukomeye wo mu Bwongereza yakoranye indirimbo iri mu Kinyarwanda na Deo Munyakazi uzwi mu gucuranga inanga gakondo.
Inama ya biro Politiki y’Ishyaka PSD yanzuye ko Paul Kagame ari we mukandida uzahagararira iryo shyaka mu matora ya Perezida wa Repubulika azaba ku itariki 04 Kanama 2017.
Abaturage b’i Kayonza bavuga ko biteze serivisi zinoze ku bayobozi kubera ko bagiye kujya bakorera mu biro bishya ahantu hisanzuye.
Abanyamuryango ba FPR muri Gasabo batoye Perezida Paul Kagame kuzabahagararira mu matora ya Perezida, ariko ishyaka abagore bagaragaje mu kumwamamaza niryo ryihariye umuhango.
Munyanshoza Dieudonné ahamya ko kurokora Abatutsi bari bahungiye i Kabgayi byabasabye iminsi ine, bataruhuka, barwana na Ex FAR.
Umukino wahuzaga Amavubi n’ikipe ya Maroc mu rwego rwo kwibuka abari bafite aho bahuriye n’umupira w’amaguru bazize Jenoside yakorewe Abatutsi warangiye Amavubi atsinze 2-0.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri bibiri byo muri Rwamagana bahamya ko nyuma yo guhabwa interineti y’umwaka wose bizatuma bakoresha neza ikoranabuhanga rya “Urubuto”.
Wumvise Uzabakiriho Elisé abwira abantu amakuru wagira ngo ni umunyamakuru wabigize umwuga nyamara ngo ntaho yabyize.
Leta y’u Rwanda itangaza ko yahaye ikaze abafatanyabikorwa bafite ingamba zo kuyifasha mu kurwanya ikibazo cyo kugwingira kw’abana bakiri bato.
Abaturage bo mu Murenge wa Gasaka mu Karere ka Nyamagabe bahamya ko ibikorwa byo muri gahunda ya “Army week” ari bimwe mu bibafasha gusezerera ubukene.
Minisiteri ishinzwe gucyura impunzi no gukumira ibiza (MIDIMAR) ifatanije na “One UN” bubakiye Abanyarwanda batahutse batishoboye bo muri Rubavu.
Urukiko rukuru, Urugereko rw’i Kigali rwumvise ubujurire ku ifunga n’ifungura ry’agateganyo, rw’abari abayobozi muri ADEPR bashinjwa kurigisa umutungo w’iterero maze ababuranaga bose bikoma komisiyo yiyise “Nzahuratorero”.