Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga Dr Richard Sezibera, yatangarije abanyamakuru ko nubwo umubano w’u Rwanda n’u Burundi udahagaze neza, rutashobora guhatira u Burundi kunoza umubano utari mwiza bifitanye.
Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Rusizi yafatiye abagabo batatu mu cyuho, ubwo bari bagiye gushukisha w’Umunya-Turukiya, ikibuye cy’ikibumbano bamubeshya ko ari zahabu.
Robertinho ufitanye amasezerano na Rayon Sports yagombaga kurangirana n’ukwezi k’Ukuboza k’uyu mwaka, yamaze gufata icyemezo cyo kudasohoka muri iyi kipe kubera ibiganiro bagiranye.
Umuhanzi Manowa, ni umwe mu bahanzi baririmba indirimbo zihimbaza Imana zizwi ku izina rya "Gospel", mu ruhando rwa muzika.
Ndayishimiye Eric Bakame wakiniraga Rayon Sports, yamaze kwerekeza muri Kenya aho agiye gukinira AFC Leopards
Minisiteri y’imari n’iganamigambi (MINECOFIN) iragaragaza ko umusoro mushya ku mutungo utimukanwa uzagira ingaruka nziza ku baturage bamwe abandi ukabagonga.
Ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 23 itsindiwe i Kinshasa na Republika iharanira Demokarasi ya Congo
General Fred Ibingira yavanywe ku buyobozi bw’abasirikare bavuye ku rugerero bazwi nk’Inkeragutabara, asimbuzwa Maj Gen Aloys Muganga nk’umuyobozi w’agateganyo w’urwo rwego.
Minisitiri Sezibera avuga ko hari imishinga myinshi y’umuryango wa EAC yadindiye irimo uwa Gariyamoshi, uw’amashanyarazi n’iyindi bigatuma ibihugu biwugize bitihuta mu iterambere kubera ibyo bitumvikanaho.
Urukiko rw’ ibanze rwa Kacyiru mu karere ka Gasabo ruzaterana tariki ya 28 Ugushyingo2018, rusoma urubanza ku kirego cy’umuganga wo ku bitaro bya Kibagabaga ushinjwa kurangarana umurwayi, bikamuviramo kujya muri koma kuva muri Kanama 2017, kugeza magingo aya.
Nyuma y’uko igice cyihariye cy’inganda cya Masoro kiri mu karere ka Gasabo mu mujyi wa Kigali gitanze umusaruro, u Rwanda ruri kubaka ikindi gice cyihariye cy’inganda mu karere ka Bugesera mu ntara y’Iburasirazuba.
Isaac Bizumuremyi nyiri Lex Chambers Ltd, ikigo cyunganira abantu mu mategeko cyajyanye n’umuganga Dr. Flocerfida Pineda mu nkiko bapfa ivuriro "Pineda Dental Clinic".
Ikirezi Annaïs Déborah ni umwana w’umuhanzi Massamba Intore, umwe mu bahanzi baririmba injyana gakondo, akagira ijwi rinyura benshi. Massamba Intore akomora inganzo kuri Se umubyara ari we Sentore Athanase, wabaye umukirigitananga w’icyogere.
Polisi y’igihugu irasaba abafatanyabikorwa bayo mu bijyanye n’umutekano wo mu muhanda gufatanya, abatwara ibinyabiziga bakajya babitwara babifitiye ibyangombwa by’umwihariko abatwara abantu mu buryo rusange bakarushaho kurangwa n’ubunyangamugayo.
Minisitiri w’uburezi Dr Eugene Mutimura ubwo yageraga ku ishuri ry’imyuga rya Kagugu (Ecole technique SOS) aho yatangirije ibizamini ngiro bisoza amashuri yisumbuye kuri uyu wa kabiri, yahise ahagarika Mbonabucya Gerard wari ukuriye ibizami kuri centre ya SOS Kagugu.
Ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’ibigo by’imari iciriritse mu Rwanda (AMIR), buravuga ko bikwiye kongera imbaraga no kunoza imikorere kugira ngo byinjire mu cyerekezo cyo kwigira.
Nyuma y’aho umutoza Dr Petrovic asezereye, Jimmy Mulisa yagizwe umutoza w’agateganyo wa APR Fc kugeza igihe kitazwi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi buraburira abaturage ko uko umujyi wa Rusizi uzamuka ari na ko abatekamutwe biyongera, cyane ku bashaka serivisi z’ubutaka.
Hari abagenzi basaba Polisi kuneka aho abashoferi banywera inzoga n’ibindi biyobyabwenge, kuko ngo ari byo bibateza gukora impanuka.
Abenshi mu bakunzi b’iki kinyobwa gisembuye, bahamya ko iryoha ariko ngo igiciro cyayo si buri wese wakigondera. Ibi bigiye kuba amateka kuri bo kuko guhera mu Ukuboza uyu mwaka wa 2018, Heineken itangira kwengerwa mu Rwanda ndetse igiciro cyayo kikava ku mafaranga 1000 Rwf kikaba 800 Rwf nk’uko uruganda Bralirwa Plc rugiye (…)
Mu Karere ka Rusizi, umuntu wagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi agapfakaza abagore babiri, nyuma yo kwirega no kwemera icyaha ubu yiyunze n’abo yahemukiye binyuze mu masomo y’ubumwe n’ubwiyunge yatangirwaga muri Paruwasi ya Mushaka. Nyuma yo kubona ko iyi gahunda ikomeje gutanga umusaruro mwiza, komisiyo (…)
Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku isi, Papa Francis yagize Arikiyepisikopi wa Kigali Musenyeri Antoine Kambanda wari usanzwe ayobora Diyoseze ya Kibungo.
Kuzerereza ibicuruzwa mu mujyi, ibyo bita "ubuzunguzayi" byaba biri mu nzira yo gucika i Huye, kuko 50 mu babukora bagiye guhabwa igishoro n’aho gukorera.
Perezida Paul Kagame, umaze umwaka ayobora Afurika yunze Ubumwe (AU), yemeza ko bitazorohera Afurika kwikura mu bukene bwayibase kubera imyumvire yo gutega amaboko.
Mu muhango wo gushyikiriza Indangamanota abanyeshuri 152 barangije amasomo mu cyiciro cy’incuke n’amashuri abanza mu Ishuri rya Centre Scolaire Amizeroryo mu Kagari ka Nyamagana, Umurenge wa Ruhango, ubuyobozi bwaryo bwagaragaje ababyeyi ko iri shuri ari indashyikirwa mu gutanga ireme ry’uburezi.
Polisi ikorera mu Ntara y’Iburasirazuba ivuga ko inzoga zo mu mashashi zizacika ari uko habonetse itegeko rifunga abazicuruza.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi burahumuriza abazwi nka ba kavukire, bafite amikoro make, ko igishushanyo mbonera gishya ntawe kizatsikamira.
Umufundi yiyemeje ko amafaranga ahembwa agomba kuyubakisha amashuri no kwigisha abana bakennye, kugira ngo afashe Leta kugabanya ubucucike mu mashuri.
Umutoza wa APR Fc, Dr Petrovic yamaze guhagarika burundu akazi ko gutoza, kubera ikibazo cy’uburwayi kimukomereye.
Ikipe y’Amavubi y’u Rwanda inganyirije na Les Fauves ya Centrafrica ibitego 2-2, nyuma y’igitego cyinjijwe na Geoffrey Kondgobia mu minota y’inyongera.
Perezida Paul Kagame yatangaje ko mu mwaka amaze ku buyobozi bw’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) yubakiye ku byo abamubanje basize akaba anizera ko uzamusimbura azakomereza ku byo nawe yakoze.
Ndayishimiye Eric Bakame wari umunyezamu akaba na kapiteni w’ikipe ya Rayon Sports, yamaze guhabwa urupapuro rumwemerera kuva muri Rayon Sports
Umukinnyi Byukusenge Patrick wa Benediction Club niwe wagukanye irushanwa rya Central Race ryatangiriye i Musanze rigasorerezwa i Muhanga.
Ministiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Johnston Busingye avuga ko harimo gutorwa itegeko ribuza abantu bagenda nabi mu mihanda gutwara ibinyabiziga.
Ababyeyi barerera mu rwunge rw’amashuri rwa APACOP mu Mujyi wa Kigali baratangaza ko bakurikije ubumenyi abana bahiga bagaragaza,bitanga ikizere ko mu bihe biri imbere bazafasha igihugu kurushaho kugira isura nziza mu ruhando mpuzamahanga.
Ibi byagaragaye ubwo aba bangavu begerwaga bakaganirizwa, muri gahunda Minisiteri y’uburinganire n’iterambere ry’umuryango yihaye yo kubegera (GBV Clinics), kuva tariki 14 kugeza ku ya 15 Ugushyingo.
Perezida Kagame yashimiye uruhare rw’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) mu gutuma amavugururwa arimo gukorwa atanga umusaruro.
Abatwara ibinyabiziga n’abanyamaguru bambukira mu masangano y’imihanda, Nyabugogo, Kinamba, APACOPE n’umuhanda uva rwagati mu mujyi wa Kigali, barinubira umuvundo w’ibinyabiziga ugaragara muri ayo masangano bavuga ko uteza impanuka.
Umuryango uharanira uburenganzira bw’umuguzi (ADECOR) uhamya ko hakiri icyuho mu ikorwa ry’ibiryo byongewemo intungamubiri bigatuma bitaboneka ku isoko n’aho biri bigahenda.
Ni amezi abiri ya nyuma agoye y’umwaka wa 2018 ku muryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU). Haracyari ibikorwa bigera ku icumi bikomeye ku ngengabihe AU yari yihaye mbere y’uko uyu mwaka urangira, duhereye ku nama ya 11 idasanzwe y’uyu muryango iteranira i Addis Abeba muri Ethiopia, kuri uyu wa 17 iUgushyingo 2018.
Hari ibyapa bya bisi 15 hagati ya gare yo mujyi wa Kigali rwagati na Kimironko, kamwe mu duce k’urujya n’uruza mu mujyi wa Kigali, gusa ariko ibyo byapa byose ni nk’iby’ahandi kugeza ubwo ugeze ku nyubako y’ubucuruzi y’amagorofa ane yubakishije amabuye y’ Umunyarwanda wahoze mu gisirikare, akambara impuzankano za gisirikare (…)
Rayon Sports yihereranye Gitikinyoni iyinyagira ibitego 8-1, mu mukino wa gicuti wabereye mu Nzove
Ikipe ya Rayon Sports yamaze kwemerera Muhire Kevin kujya gukora igeragezwa mu Misiri rizamara ukwezi
Kuva tariki 21 kugeza 23 Ugushyingo 2018, i Kigali hazaba hateraniye inama y’abakora mu bijyanye na filime, inama izaba ibaye ku nshuro ya mbere mu karere u Rwanda ruherereyemo.
Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’Igihugu, IGP Dan Munyuza avuga ko abatekerezaga guhungabanya umutekano mu karere ka Nyaruguru barotaga.
Perezida Paul Kagame uri gusoza uruzinduko rw’iminsi ibiri y’akazi yakoreraga mu Murwa mukuru wa Qatar, Doha, yatemberejwe ku kibuga cy’indege kitiriwe Hamad, kizwi nka Hamad International Airport.
Abakora urugendo Huye-Nyaruguru bakomeje kwibaza impamvu uwo muhanda udashyirwamo kaburimbo nyamara nta gihe bitavuzwe ko imirimo iri hafi gutangira.
Abagera kuri 33 biganjemo urubyiruko bahoze mu mitwe y’abarwanyi yo mu mashyamba ya Kongo Kinshasa, ku wa kane basoje icyiciro cya 64 cy’ingando bari bamazemo amezi atatu, ibera mu Kigo cya Komisiyo ishinzwe gusubiza mu buzima busanzwe abahoze mu ngabo giherereye I Mutobo mu karere ka Musanze. Abo bahoze ari abarwanyi (…)
U Rwanda na Qatar basinyanye amasezerano ku by’ ingendo z’indege, ubutwererane n’ubuhahirane, kurengera ishoramari, ndetse n’amasezerano y’ubufatanye mu bukungu, ubucuruzi ndetse na tekinike.
Nyir’amaso yerekwa bike, ibindi akirebera. Irebere uyu muzungu wanyuzwe n’imbyino Gakondo z’Abanyarwanda, akanafata umwanya wo kwiga kuzibyina, ku buryo ubu azibyina zigata izazo.