Byatangajwe kuri uyu wa 30 Ugushyingo 2018, ubwo ubuyobozi bw’iyo Banki bwagaragazaga ibyo yagezeho muri ayo mezi, ngo inyungu ikaba yiyongereyeho 11.1% ugereranyije n’igihe nk’icyo cy’umwaka ushize.
Kakule Mugheni Fabrice uheruka kugurwa na Rayon Sports, yamaze guhabwa ibyangombwa bimwemerera gukinira Rayon Sports
Inteko ishinga amategeko y’u Rwanda yagaragarije Banki nkuru y’ u Rwanda ko itishimiye uko inyungu yakwa ku nguzanyo zitangwa n’amabanki ikomeza kuzamuka, aho kugabanuka, bikaba bibangamiye iterambere ry’Abanyarwanda.
Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku burezi siyansi n’umuco, ryashyize umiziki wa Reggae mu mirage y’isi ikwiye kubungabungwa ngo itazimira.
Abatoza, abakinnyi n’abafana ba Kiyovu Sports bihaye intego yo kwihimura kuri Rayon Sports imaze imyaka myinshi ibatsinda
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Uwamariya Beatrice arasaba abagabo kudaca inyuma abagore babo igihe baboneje urubyaro kandi bakareka gukomeza kugendera ku by’imfizi itimirwa kuko bitakijyanye n’igihe.
Abarezi mu mashuri abanza bemeza ko iyo ibitekerezo by’abana bihawe agaciro, bituma bakunda ishuri ndetse bikanagira ingaruka nziza ku myigire yabo.
Itsinda ry’ abajyanama b’ubuzima ryashyizweho n’akarere ngo rigaragaze ukuri ku mibare iva mu mirenge ku bibazo bibangamiye abaturage ryagaragaje ko hari imirenge yagiye itanga imibare igaragaza ko ibi bibazo byarangiye cyangwa bigeze kure nyamara atari ko bimeze.
Ikigega mpuzamahanga cy’Abanyamerika(USAID) kibinyujije mu muryango ‘Catholic Relief Services (CRS), kigiye kohereza impuguke 200 zigisha abahinzi b’imboga, imbuto n’ibigori kongerera agaciro umusaruro, hagamijwe kugabanya urugero rw’umusaruro wangirikaga kubera kuwutwara nabi cg kuwuburira abaguzi.
Ikipe y’amagare Benediction Club y’i Rubavu yamaze kwemerwa n’Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare ku Isi (UCI) nk’ikipe iri mu cyiciro cya cya gatatu kizwi nka Continental.
Mu myaka ibiri ishize, Abanyarwanda bavutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, babonaga intare kuri tereviziyo no mu bitabo gusa. Nyamara, u Rwanda rwahoranye intare amagana kugeza mu gihe cya Jenoside.
Perezida Paul Kagame yatsindiye igihembo cy’Umunyafurika w’umwaka, gihabwa abantu b’indashyikirwa mu bucuruzi n’imiyoborere bahize abandi mu guteza imbere sosiyete muri rusange.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu tariki 30/11/2018, madame Jeannette Kagame aritabira inama ya 14 y’umuryango utari uwa Leta World Vision, ibera I New York muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika, aho ageza ijambo kubayitabira.
Mu mikino y’umunsi wa Gatandatu wa Shampiona, AS Kigali yongeye gutsindwa, Bugesera ibona intsinzi ku munota wa nyuma
Abaturage bo mu mirenge ya Rutunga, Bumbogo na Gatsata basoje amahugurwa ku miyoborere myiza, bakanguriwe kujya babwiza ukuri abayobozi ku bibazo byugarije abaturage, bagacika ku muco wo kubabwira ibyo bashaka kumva bagamije kwihakirwa, no gushaka amaronko.
Pasiteri Ngamije Dan uyobora itorero ry’abadivantisite mu ntara y’Amajyaruguru n’Uburasirazuba avuga ko abantu b’ubu bonsa ishyano aho kurihunga nk’uko byahoze.
Perezida Paul Kagame akaba n’Umuyobozi wa Afurika yunze ubumwe, yageze i Buenos Aires mu gihugu cya Argentine, aho yitabiriye inama izahuza abahagarariye ibihugu 20 bikize kurusha ibindi ku isi izwi nka G20 Summit, ku butumire bwa mugenzi we perezida Mauricio Macri w’igihugu cya Argentine.
Mu karere ka Burera, bamwe mu basambanya abana bahungira muri Uganda bigatuma badahanwa nyamara abo bahohoteye bari kugerwaho n’ingaruka, gusa ngo ubuyobozi ku mpande zombi buri gushakira umuti iki kibazo.
Minisitiri w’Umurimo n’abakozi ba Leta, Fanfan Rwanyindo Kayirangwa, arasaba urubyiruko ruri mu buhinzi gukora kinyamwuga bagashyira ku isoko ibicuruzwa binoze, kuko ikibazo cyo kutabona aho bagaragariza ibicuruzwa byabo kibonewe umuti.
Umuryango wita ku bana b’impfubyi n’abari mu bibazo SOS-Rwanda, usaba Abanyarwanda gukunda gufasha imbabare zirimo impfubyi n’abandi bana batagira ubitaho.
Imiryango 40 yo mu cyiciro cya mbere cy’ubudehe mu mirenge ya Nkombo na Nkanka irashima brigade ya 201 ikorera mu karere ka Rusizi yayoroje amatungo magufi.
Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda, General Patrick Nyamvumba, ahamya ko hatabayeho kurinda ubuzima bw’abasiviri ntacyo ibikorwa byo kubungabunga amahoro byaba bimaze.
Umukino w’umunsi wa gatandatu wa Shampiona wagombaga guhuza APR Fc na MUKURA kuri uyu wa Gatandatu wamaze gusubikwa
Musenyeri Célestin Hakizimana, umushumba wa Diyosezi gatorika ya Gikongoro, avuga ko bifuza kuzasaba ko uwa 28 Ugushyingo waba umunsi w’ikiruhuko mu gihugu hose.
Bamwe mu rubyiruko ruri kugerageza kwihangira umurimo, baravuga ko bakomererwa no kutabona aho gukorera kuko amazu y’ubucuruzi yishyura amafaranga kandi bo igishoro kinini baba bafite ari ibitekerezo.
Mu mukino wabereye ku kibuga cya Bidvets University,ikipe ya Mukura inganyije na Free State Stars 0-0.
Kuri uyu wa gatandatu amarushanwa ya Cycling Cup arakomeza hakinwa isiganwa rya Race for Culture mu muhanda Nyanza-Rwamagana.
Mu mukino ubanza wa CAF Champions League wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, urangiye APR inganyije na Club Africain
Abashakashatsi bo mu Bwongereza bagaragaje ko imbwa zatojwe neza, zishobora kwifashishwa mu kumenya umuntu urwaye malariya, zihunahunnye amasogisi yambawe n’uyirwaye.
Bazubagira Charlotte wo mu murenge wa Kiyombe, akarere ka Nyagatare avuga ko agiye kwiga gutwara igare ku myaka 35 kugira ngo yuzuze inshingano z’ubujyanama mu buhinzi.
Radio mpuzamahanga ya Kiriziya Gatolika yafunguye ishami ryayo i Kibeho ahantu honyine muri Afurika kiriziya yemeza ko habereye amabonekerwa.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’ubworozi ku bufatanye n’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buhinzi n’ibiribwa (FAO) bagiye gutangiza umushinga w’insina zitanga umusaruro mwinshi ugereranije n’izisanzwe.
Umukecuru witwa Nyirabidahirika Rissa utuye mu Mujyi wa Muhanga, arashinja abakobwa babiri babana mu itsinda ryiyise Abanyakabera kumubangamira, ngo bashaka kumusenga nk’Imana yabo.
Kuri uyu wa Kabiri ikipe ya Club Africain yo muri Tunisia yakoze imyitozo ya nyuma kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, itangaza ko yizeye gusezera APR FC.
Niyidukunda Mugeni Euphrosine wo mu karere ka Huye yatangiye gukora amavuta atandukanye muri avoka, azihesha agaciro mbere zarapfaga ubusa none biragenda bimuteza imbere.
Umwe mu bagize Inteko Nshingamategeko, yatangaje ko azashyigikira itegeko ryemerera abakora ibizamini by’impushya za burundu zo gutwara ibinyabiziga, gukoresha imodoka zihindurira vitesi zizwi nka ‘Automatic cars’.
Urugaga rw’abikorera (PSF) rutangaza ko imurikagurisha ry’ibikorerwa mu Rwanda (Made in Rwanda Expo), ribaye ku nshuro ya kane rizitabirwa n’abamurika baruta abitabiriye umwaka ushize, ndetse hakazagaragara mo ibimurikwa bishya nk’insinga n’ubwato byose bikorerwa mu Rwanda.
Ikipe ya Mukura Victory Sports yakoze imyitozo ya nyuma, aho icyizere ari cyose cyo kwitwara neza imbere ya Free State Stars
Ikipe ya APR Fc iratangira CAF Champions League kuri uyu wa Gatatu, aho itangiranye intego zo kurenga aho Rayon Sports yageze.
Nyuma y’uko igihe ubuyobozi bw’akarere ka Nyagatare bwari bwihaye ngo abaturage bose babe bafite ubwihererezo bumeze neza kirenze batarabigeraho, bamwe mu batuye aka karere baravuga ko amikoro make ari imwe mu mpamvu zituma ibi bitagerwaho ku gihe.
Igare ryageze mu Rwanda rizanwe n’abakoloni, rikomeza kuba igikoresho cyoroshya ingendo n’Ubuhahirane mu Rwanda. Ryaje gushibukaho umukino uri muyo Abanyarwanda bakunda cyane, batangira kuwukina kugeza mu 1984 ubwo habaga irushanwa rya Ascension de Milles Collines ryitabiriwe n’urungano rwa mbere rw’uyu mukino mu Rwanda.
Abacururiza amatungo mu isoko rya Rugari riri mu murenge wa Macuba ho mu karere ka Nyamasheke baravuga ko kuba iri soko ridafite ibikorwaremezo by’ibanze ndetse rikaba ritanasakaye bibangamiye cyane ubucuruzi bwabo ndetse bamwe bakaba bashobora no kugwa mu gihombo gikomeye.
Inzego zishinzwe gutegura igenamigambi n’ingengo y’imari by’uturere ziratangaza ko ibitekerezo by’abana mu gutegura igenamigambi ry’akarere ari ingenzi kuko ari icyiciro gikunze kwibagirana.
Abakora mu mahoteri, utubari na za resitora mu Karere ka Muhanga, bagaragaza ko zimwe mu mpamvu zituma bakira nabi ababagana ari uko abakoresha babo batabitaho.
Musenyeri Filipo Rukamba, umushumba wa Doyosezi ya Butare, akaba n’umuvugizi w’inama y’abepisikopi bo mu Rwanda, avuga ko habayeho ubufatanye bwa nyabwo hagati y’abafatanyabikorwa n’uturere, ikibazo cy’ubwiherero n’icyo gutwita kw’abangavu babihashya.
Polisi y’u Rwanda ikomeje ibikorwa byo ku rwanya ibiyobyabwenge ndetse n’abakora bakanacuruza inzoga z’inkorano ari nako itanga ubutumwa ku baturage bu bakangurira kugira uruhare mu kubirwanya batanga amakuru yaho bigaragara kuko byangiza ubuzima bikanagira uruhare mu bikorwa bihungabanya umutekano.
Umuyobozi mukuru wa jandarumori y’Igihugu cy’u Butaliyani (Carabinieri), General C.A Giovanni Nistri n’itsinda yari ayoboye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 26 Ugushyingo bagiranye ibiganiro n’abayobozi bakuru muri Polisi y’u Rwanda ku kicaro gikuru ku Kacyiru.
Kuri uyu wa mbere tariki 26 Ugushyingo, Polisi y’Igihugu ifatanije n’inzego zirimo Minisiteri y’Ubuzima, Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) n’Ikigo gishinzwe kugenzura ibiribwa n’imiti mu Rwanda, bakoze umukwabu wo kugenzura amaduka acuruza amavuta ahindura uruhu azwi nka Mukorogo.
Amafaranga y’u Rwanda hafi miliyoni 500,yafatiriwe na Banki nkuru y’igihugu BNR,nyuma y’uko yasanzwe kuri konti zitagikoreshwa.
Abashinzwe gutegura irushanwa rya La Tropicale Amissa Bongo, batangaje urutonde rw’abakinnyi 15 bazatoranywamo umukinnyi w’umwaka mu mukino w’amagare