Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, CG Emmanuel Gasana, yasabye abo bafatanyije kuyobora intara y’Amajyepfo gukoresha amagambo make, ahubwo bakongera ibikorwa.
Mu nama yiga ku iterambere ry’ibidukikije ‘Africa Green Growth Forum’ iteraniye i Kigali kuva kuri uyu wa mbere, impuguke mu by’ibidukikije zirasaba ibihugu gushyira ingufu zifatika mu kurengera ibidukikije, mu iterambere rirambye ry’ibikorwaremezo n’ingufu nka bimwe mu bidindiza iterambere rirambye ry’umugabane.
Inararibonye mu burezi zo mu bihugu bya Afurika ziri mu nama igamije kureba icyakorwa ngo uburezi kuri uyo mugabane burusheho kuzamuka butange ubuhanga bukenewe ku bana.
Polisi y’igihugu yohereje Abapolisi 240 mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo.
Ababyeyi bakanguriwe kwigisha abana babo uburenganzira bwabo bakiri bato, kugira ngo bizabarinde ihohoterwa rya hato na hato ribakorerwa.
Ambasaderi Henry Rao Hongwei uhagarariye Bushinwa mu Rwanda yiyemeje kuzamura umubare w’abashora imari mu bucuruzi bw’ikawa y’u Rwanda.
Uturere turasabwa kugira icyo dukora kugira ngo ingengo y’imari ishyirwa mu kurwanya ikibazo cy’imirire mibi yiyongere, kuko hakiri byinshi bigikenewe kongerwamo imbaraga mu guhangana n’iki kibazo.
Mu mpera z’iki cyumweru u Rwanda rurakira irushanwa mpuzamahanga rya Tennis, rikazahuza ibihugu icyenda byo muri Afurika y’i Burasirazuba no hagati mu bakinnyi batarengeje imyaka 18
Abashoramari mu buhinzi basaba koroherezwa gukorera ubushakashatsi bw’imbuto mu Rwanda, kugira ngo batinyuke gukora ubuhinzi bw’umwuga buvamo ibiribwa bihagije abenegihugu.
Ikigo APTC (Agro Processing Trust Corporation), cyambuwe inshingano zo kugurisha umusaruro w’ibirayi wera mu turere two mu Ntara y’Amajyaruguru n’iy’Uburengerazuba.
Perezida Paul Kagame yagaragaje ko nawe ahangayikishijwe n’ingaruka z’imikorogo mu Banyarwanda, asaba Minisiteri y’Ubuzima na Polisi y’Igihugu kubikurikirana.
Isi y’ikoranabuhanga, yatumye havumburwa ubundi buryo bwo kwamamara, kabone n’iyo waba ntacyo ukora.
Abaturage b’umurenge wa Rwempasha barifuza ko umupaka wa Kizinga watangira gukoreshwa bityo bacike ku kunyura mu mazi bajya guhaha Uganda.
Perezida wa Sena, Bernard Makuza, avuga ko abayobozi bo ku rwego rw’imidugudu bose bafatanyije, nta kibazo na kimwe cyananirana.
Polisi y’u Rwanda, Ingabo n’abaturage bo mu murenge wa Jali muri Gasabo bateye ibiti bisaga ibihumbi 12 birimo iby’ishyamba n’iby’imbuto ziribwa, muri gahunda y’umuganda rusange.
Abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda batandukanye bakoreye umuganda mu Murenge wa Gacurabwenge, mu Karere ka Kamonyi wo gutera ibiti bizakikiza igishanga cya Kibuza.
Umutingito uterwa n’imashini zikora umuhanda Huye-Nyamagabe, urimo gushyirwamo kaburimbo bundi bushya, wagiye utera imitutu amazu y’abawuturiye ku buryo bifuza gusanirwa.
Ishyirahamwe ry’Ibigo by’Imari mu Rwanda (AMIR) risaba abanyamuryango baryo kumenyesha abasaba inguzanyo, amafaranga arenga ku nyungu yakwa ku nguzanyo.
Mu minsi mike ishize Guverinoma y’u Rwanda yakiriye abahoze ari abarwanyi b’imitwe yitwaje intwaro baturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo barenga 700.
Banki ya Kigali yatanze inkunga ya Miliyoni 300Frw azafasha umukino wa Basketball mu Rwanda ku bakuru n’abato.
KEVIN Monnet Paquet rutahizamu wa St Etienne yo mu cyiciro cya mbere mu Bufaransa yemeje amakuru avuga ako azakinira AMAVUBI.
Ndayishimiye Eric Bakame wahoze ari captain w’ikipe ya Rayon Sports n’Amavubi yasinye amasezerano y’imyaka ibiri n’ikipe ya AFC Leopard yo muri Kenya.
Imibare itangwa n’inkiko mu gihugu cyose igaragaza ko imanza za gatanya zaciwe zigenda ziyongera uko umwaka utashye kuko zikubye inshuro 60 mu myaka itatu ishize.
Ibyanya bitatu by’i Burayi byamaze gufata umwanzuro wo kohereza Inkura eshanu muri Pariki y’Akagera iherereye mu Burasirazuba bw’u Rwanda .
Hari abatekereza ko nk’uko umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge yemererwa gusiba inama itunguranye igihe agiye gusezeranya abiyemeje kurushinga, ko bikwiye no gukoreshwa mu kwihutasha imanza zikererwa kurangizwa.
kapiteni wa APR Fc aratangaza ko abakinnyi ayoboye biteguye gukora ibishoboka byose bagatsinda Club Africain ku wa Gatatu w’icyumweru gitaha
Ministeri ya Siporo n’umuco yandikiye FERWAFA iyimenyesha ko nta nkunga izatera APR na Mukura zigiye guhagararira u Rwanda
Polisi y’ u Rwanda ishami rishinzwe umutekano wo mu mazi rikorera mu karere ka Rutsiro mu murenge wa Mushubati ryafashe ubwato bu pakiye ibicuruzwa bya magendu bivuye mu gihugu cy’abaturanyi cya Kongo byerekeza mu karere ka Karongi.
Polisi y’igihugu yafatiye udupfunyika tw’urumogi ibihumbi 45,100 mu rugo rw’umuturage ruherereye mu karere ka Kicukiro, Umurenge wa Gatenga, mu kagari ka Nyanza.
Minisiteri y’ibikorwaremezo iravuga ko gusibura inzira abanyamaguru bambukiramo umuhanda hakoreshejwe irange ry’umutuku n’umweru ari ukubaha agaciro kandi bikazafasha kugabanya impanuka zibera ahagenewe kwambukira abanyamaguru kuko ayo marangi agaragarira neza buri wese ukoresha umuhanda.
Sembagare Chrisostome, wabaye ikirangirire mu ikipe ya Rayons Sports kuva mu 1984 kugeza mu 1994, avuga ko mu myaka 10 yakiniye iyi kipe, yatangiye guhembwa mu myaka ibiri yanyuma yayikiniye ahembwa 30000 Frw ku kwezi.
Umushinga wa Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu ugamije kuzamura iterambere ry’ubukungu (LED) mu baturage bafite imishinga iciriritse ugiye kongeramo miliyari 7.5Frw mu myaka 6 iri imbere.
Abaturage bo mu kagari ka Murandi mu Murenge wa Remera, Akarere ka Musanze, biyemeje kwishyira hamwe kugira ngo bahangane n’ibibazo by’imirire n’igwingira ry’abana, maze biyemeza kwiyubakira ikigo mbonezamikurire y’abana bato Early Childhood Development (ECD).
Ku bufatanye n’inzobere z’abaganga baturuka mu Buhinde, uruganda rwa CIMERWA rukora sima rwatangije gahunda yo gusuzuma no gutanga inama ku ndwara y’amenyo ku baturage baturiye uru ruganda.
Imurikagurisha ry’ibikorerwa mu Rwanda rigarutse ku nshuro ya kane, rikomeje gahunda yo kumenyekanisha no guhuza abakora ibikorerwa mu Rwanda n’isoko ry’u Rwanda.
Minisiteri y’uburezi (MINEDUC) irateganya gushyiraho ingengabihe nshya ishobora kurohereza abanyeshuri mu myigire yabo ndetse ngo ikanazamura ireme ry’uburezi muri rusange .
Aborozi bo mu Ntara y’Uburasirazuba baravuga ko bashimishijwe cyane no kubona umuti mushya wica uburondwe witwa RABCIDE, ngo kuko kuva aho batangiriye kuwukoresha nta ndwara ziterwa n’uburondwe zikirangwa mu matungo yabo.
Rutahizamu ufite inkomoko muri Brazil Jonathan Rafael da Silva, aragera mu Rwanda kuri uyu wa Gatandatu aho agomba kwerekwa abafana ku Cyumweru
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB) rutangaza ko rwasanze umwuga wo gutunganya ibijyane n’amajwi ndetse n’amashusho uri mu myuga yihuta mu gutera imbere mu Rwanda.
Perezida w’Ishyirahamwe ry’umukino wa Triathlon mu Rwanda, Mbaraga Alexis yatorewe kujya muri komite nyobozi y’impuzamashyirahamwe y’uyu mukino muri Afurika (ATU) mu matora yabereye i Luxor mu Misiri kuri uyu wa Gatatu.
Uyu mukinnyi usanzwe ukina mu kibuga hagati yamaze kugera mu ikipe ya Rayon Sports aho yatangiye imyitozo y’igerageza kuri uyu wa Gatatu
Bamwe mu baturage bakuze bo mu Turere twa Huye na Nyamagabe bigishijwe gusoma no kwandika, none barifuza kumenya n’Igifaransa, Igiswayire n’Icyongereza.
Ikigo Nyafurika giteza imbere abakoresha ikoranabuhanga, kirahamagarira umuntu wese ubyifuza kwiyandikisha akajya yiga yifashishije ikoranabuhanga kugira ngo abashe kubona abakazi.
Iradukunda Liliane ntiyahiriwe n’irushanwa rya mbere ryo kurimba neza no kwiyerekana mu mideli (Miss World Top Model) mu marushanwa yo gutoranya Nyampinga w’ Isi ari kubera mu mujyi wa Sanya mu gihugu cy’ Ubushinwa.
Polisi mu Ntara y’Amajyepfo yasuye inashyikiriza ingemu abarwayi bazize impanuka zo mu muhanda, mu bitaro bya Kabgayi mu Karere ka Muhanga.
Mu irushanwa ry’amagare riri kubera muri Eritrea, u Rwanda rwegukanye umwanya wa kabiri mu gusiganwa umuntu ku giti cye.
Abaturage bo mu karere ka Gasabo bemeza ko mu cyumweru cy’ubutaka serivisi bashaka zihuta, na byinshi mu byari byarananiranye bigahita bibonerwa ibisubizo ntibongere gusiragira.
Dukuzimana Antoine uzwi ku izina rya "Birabakoraho" wari usanzwe ari umunyamabanga w’ikipe ya Gicumbi FC, yamaze guhagarikwa kuri uwo mwanya azira kunyereza amafaranga yavuye mu irushanwa rya Bralirwa ryo gukusanya imifuniko ya Turbo.
Global Civic Sharing ni umuryango w’iterambere wo muri Koreya y’Amajyepfo, wateye inkunga y’ibikoresho by’ubuhinzi abatishoboye bo mu Murenge wa Nyarubaka mu Karere ka Kamonyi.
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga Dr Richard Sezibera, yatangarije abanyamakuru ko nubwo umubano w’u Rwanda n’u Burundi udahagaze neza, rutashobora guhatira u Burundi kunoza umubano utari mwiza bifitanye.