U Bwongereza bwahanishije igihungo cya burundu abantu baruta abahawe icyo gihano mu Bufaransa mu Budage no Butaliyani bose bateranye.
Niyodusenga Anita, utuye mu murenge wa Muganza akarere ka Nyamasheke ubana n’ubumuga bwo kutabona no kutavuga hamwe n’abavandimwe be 3 bahuje ubumuga ngo babashije guhindura imyumvire none ubu batunze umuryango wabo babikesha ubudozi.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Nyagatare rurashinja abagabo bakuze, bafite amikoro kuba aribo batera abana b’abangavu inda.
Polisi y’igihugu irasaba abaturage kuyiha amakuru muri iyi minsi mikuru ya Noheli n’Ubunani, kugira ngo hakumirwe ibyaha bitaraba ngo biteze izindi ngaruka.
Muhire Kevin wari umaze iminsi ari mu igeragezwa mu ikipe ya Misr Lel Makasa, ashobora gukina umukino wo ku wa Gatatu
Abatuye ku kirwa cya Mushungu kiri mu Murenge wa Kirimbi mu Karere ka Nyamasheke babonye ubwato bwa moteri, nyuma y’igihe kinini bakoresha ubwato bushaje.
Ministiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof Shyaka Anastase avuga ko abayobora imirenge n’abashinzwe umutekano muri yo bashobora kuba bafite inyungu mu guheza abaturage mu bukene.
Amakuru mashya agera kuri Kigali Today aremeza ko abarwanyi bane ari bo baguye mu gitero cy’abantu bikekwa ko baturutse muri FDLR, bagabye mu Karere ka Rubavu mu ijoro rishyira kuwa Mbere tariki 10 Ukuboza 2018.
Rayon Sports itsinze AS Kigali igitego 1-0, mu mukino w’umunsi wa karindwi wa Shampiona wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Hafashimana Alexandre, umwana wo mu karere ka Rutsiro, yabwiye Madame Jeannette Kagame ko arangije amashuri abanza ariko ko atizeye kujya mu yisumbuye kubera ubukene, ahita yemererwa ko azishyurirwa.
Madame Jeannette Kagame yahaye umukoro abana wo kwandika intego bifuza kugeraho buri kwezi bakazanasuzuma ko zagezweho.
Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda DCG Dan Munyuza avuga ko bimubabaje kuyobora abarya ruswa n’abayirwanya, ariko ko Polisi ikomeje kubavangura.
Abagore n’abakobwa bafite ubumuga butandukanye bavuga ko bakunze guhura n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina kuko nta mbaraga baba bafite nibura ngo birwanirire cyangwa batabaze.
Raporo ya Banki y’Isi yasohotse mu mezi abiri ashize igaragaza uburyo ibihugu 190 byo ku isi birushanya koroshya ishoramari ishyira u Rwanda ku mwanya wa kabiri muri Afurika no ku mwanya wa 29 ku isi yose.
Perezida Paul Kagame yemeza ko gushyiraho ibikorwa byorohereza urubyiruko kwishakamo ibisubizo atari impuhwe abayobozi barugirira ahubwo ari zo nshingano zabo za mbere.
Kugeza ubu, Miss Mutesi Aurore Kayibanda, ntabwo akiri kuri Instagram, naho umugabo we Egide Mbabazi wakurikiraga umuntu umwe gusa ariwe Aurore, ariko ubu ntabwo akimukurikira, ikindi gitangaje.
Perezida Kagame yageze mu mujyi wa Sharm El Sheikh mu Misiri, aho yitabiriye inama yateguwe na Perezida w’iki gihugu Abdel Fattah Al Sisi, izaba yiga ku iterambere n’ishoramari muri Afurika.
Bamwe mubakora umwuga w’uburobyi mu kiyaga cya kivu mu karere ka Rusizi, baravuga ko umushahara bahembwa utajyanye n’akazi baba barakoze cyane ko bagahuriramo n’imvune nyinshi zo kurara bakora bukabakeraho.
Igihe cy’iminsi mikuru cyongeye cyageze aho abantu batandukanye bashaka kwishimisha, baba bifuza ahantu heza cyangwa ibirori byiza byo gusohokeramo.
Urwego rw’Umuvunyi n’umuryango Transparency International Rwanda, baraburira abagore n’abakobwa ku myitwarire ishobora gutuma bafatwa nk’abatanze ruswa y’igitsina mu kazi, igihe badakora akazi kabo nk’uko bikwiye.
Abatuye muri Kamonyi bahinga soya ikanera neza ariko bakagira ikibazo cyo kubona imbuto ku gihe, bakaba bakangurirwa kwishakamo abatubuzi b’iyo mbuto ngo bikemurire icyo kibazo.
Igihugu cya Autriche kigiye gushora imari ingana na miliyoni 66 z’amayero (Euros) muri Afurika, azajya mu bikorwa bigamije itarambere muri rusange ndetse no mu guteza imbere imishinga mito n’iciriritse.
Nyuma y’icyumweru Safi Madiba yamamaza ibikorwa bye muri Tanzania, yasize atsuye umubano n’inzu ya Wasafi ya Diamond, naho umugore we Judith asubira muri Canada.
Mu mwaka wa 2017/2018 mu Rwanda hahanzwe imirimo irenga ibihumbi 200, muri yo ibihumbi 166 ingana na 81% ni idashingiye ku buhinzi, naho 19% yo ishingiye ku buhinzi.
Mu biganiro MINEDUC iri kugirana n’abafatanyabikorwa bayo, hagamijwe kuvugurura uburyo bwo gufasha umunyeshuri ngo yimenyereze umwuga, Minitiri Eugene Mutimura yavuze ko hari aho abimenyereza umwuga bafatwa nk’abakarani, ibintu ngo bidakwiye kandi bigomba guhinduka.
Izo nshingano azihawe n’Umuryango w’Abibumbye, ishami ryawo ryo kurwanya SIDA (UNAIDS), kuri uyu wa Gatanu tariki 7 Ukuboza 2018, bitewe n’uruhare agira mu gukora ubuvugizi kugira ngo abana bagire ubuzima bwiza.
Minisitiri w’intebe wa Autriche Sebastian Kurz uri muruzinduko rw’akazi mu Rwanda araganira na perezida Paul Kagame ku myiteguro y’inama izahuza abayobozi b’Afurika n’Abuburayi ‘Africa Europe High Level Forum’ izabera I Vienne muri Autriche tariki 18 z’uku kwezi kw’Ukuboza 2018.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imisoro (RRA) bwemeranyije n’abahagarariye amadini mu Rwanda ko bagiye kubahiriza amategeko y’imisoro ku bikorwa bimwe na bimwe akora.
Hari igihe byagorana kumva ko hari isano hagati y’itorero ribwiriza ijambo ry’Imana n’umupira w’amaguru, gusa muri iyi minsi itorero rya ADEPR ryihatiye gutsura umubano n’umukino ukunzwe n’abarenga Miliyari enye z’abatuye umubumbe.
Minisitiri w’Urubyiruko Rose Mary Mbabazi arasaba urubyiruko rutabaye mu mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi kurwanya ingengabitekerezo yayo no kwirinda kuba imbata y’ayo mateka.
Ubwiyongere bw’abaturage bagwa mu mpanuka bacukura amabuye y’agaciro bukomeje kwiyongera, aho mu mezi umunani ashize mu Rwanda zimaze guhitana abagera kuri 80.
Abahanga mu mirire bemeza ko kurya inyanya mbisi bifite akamaro kuruta izitetswe mu biryo, kuko ari bwo zigirira umubiri akamaro.
Urwego rw’Ubwiteganyirize bw’Abakozi (RSSB), ruvuga ko hari abanyamuryango barwo batiza abandi bantu amakarita yo kwivurizaho, bigatuma habaho kuvura umuntu indwara adafite.
Minisitiri w’intebe wa Autriche Sebastian Kurz, yaraye ageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi.
Ikigo cy’igihugu cyita ku bidukikije (REMA) gitangaza ko 2% gusa by’imyanda yo muri Kigari ari yo ibyazwamo ibindi bintu bikenerwa mu buzima, uwo mubare ngo ukaba ukiri hasi.
Ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare (NISR) cyatangaje ko ibiribwa bidahagije n’ibiciro bihanitse ku isoko byihariye hafi 70% y’impamvu zitera ubukene.
Urukiko rukuru rwa Kimihurura ruhanaguyeho ibyaha byose Diane Rwigara na nyina Adeline Mukangemanyi Rwigara n’abo bareganwaga, ruvugako ibimenyetso ubushinjacyaha bwatanze nta shingiro bifite.
Bajeneza Alphonsine wo mu kagari ka Nyamikamba umurenge wa Gatunda, akarere ka Nyagatare yasinyiye inguzanyo yo muri SACCO atazi ko ari iyo kumuharika.
Abagore bo mu Karere ka Musanze bavuga ko bakibangamiwe na ruswa ishingiye ku gitsina bakwa, ibabuza guhatana ku isoko ry’umurimo.
Minisitiri w’intebe w’u Rwanda Edouard Ngirente, aravuga ko ibikubiye muri raporo ku mibereho y’abaturage y ‘ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare ari impuruza isaba buri wese gukuba kabiri imbaraga yakoreshaga ubukene mu Rwanda buranduke.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB) rufatanyije n’Ikigega cya Leta gitera inkunga Imishinga (BDF) byateye inkunga imishinga igamije guteza imbere ubukerarugendo ku muhora w’ikiyaga cya kivu (Kivu Belt).
Umukino w’umunsi wa karindwi wa Shampiona wagombaga guhuza Sunrise na APR Fc kuri uyu wa Gatandatu wamaze gusubikwa
Komisiyo y’uburenganzira bwa muntu iravuga ko gusambanya abana ari ikibazo gikomejye kibangamiye uburenganzira bw’umwana, ikaboneraho gusaba urubyiruko rwiga kaminuza gushakira ibisubizo ibibazo bibangamira uburenganzira.
Madamu Jeannette Kagame, umuyobozi n’umuryango Imbuto Foundation yahaye abana bafashwa n’uyu muryango imikoro yo guhangana n’ikibazo cy’abangavu batwara inda imburagihe, kurwanya sida ndetse no kwirinda amavuta ahindura uruhu.
Kuri uyu wa 5 Ukuboza 2018, Perezida wa Repuburika Paul Kagame yakiriye impapuro za ba Ambasaderi 9 bashya zibemerera guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda.