Ubuyobozi bw’Ikigo cy’igihugu gishinzwe amazi, isuku n’isukura (WASAC) mu Karere ka Rubavu butangaza ko bugenera litiro ibihumbi 100 z’amazi ku munsi abatuye mu mujyi wa Goma.
Abarwaye indwara y’amaguru yitwa ‘imidido’ n’abafite ubumuga buyikomokaho bo mu turere twa Musanze na Burera, basanga bidakwiye ko umuntu uyirwaye asabiriza cyangwa ngo aheranwe n’ubukene.
Ni kenshi tubona mu kirere indege ziri kure zigenda zica imirongo y’imyotsi, ariko zaba zegereye ku butaka zikaboneka nta myuka zisohora.
Robert Menendez, Umusenateri wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) uhagarariye Leta ya New Jersey, yashyikirije Sena y’icyo gihugu umwanzuro usaba ko USA yakwifatanya n’u Rwanda mu bikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abadepite bagize Inteko Ishinga Amategeko mu gihugu cya Sierra Leone bari mu Rwanda bavuga ko banyuzwe n’imikorere y’umupaka uhuza u Rwanda na Congo mu koroshya ubuhahirane.
Umuryango nyarwanda nturasobanukirwa neza uburemere bwo gusambanya umwana utagejeje igihe cy’ubukure, aho raporo ya CLADHO yerekana ko mu bangavu 55,018 batewe inda mu myaka itatu ishize, abagera kuri 28,5 ku bufatanye n’imiryango bahishiriye ababangiza binyuze mu bwumvikane.
Bamwe mu batuye mu Kagali ka Cyahafi mu Murenge wa Gitega mu Karere ka Nyarugenge, barasaba ko umukino w’amahirwe uzwi ku izina ry’ ikiryabarezi (Slot Machine) wafungwa nyuma yo kubona ko imiryango yabo igiye kuzicwa n’ubukene.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki ya 26 Werurwe 2019, ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi bwatangiye umukwabu uzahoraho wo gukura abana mu mirimo ivunanye bakoreshwa na bamwe mu bantu baba babahaye akazi kandi batujuje imyaka.
Ikipe y’igihugu y’umukino wo gusiganwa ku maguru igizwe n’abakinnyi bane irerekeza muri Denmark iri joro aho igiye guhatana muri shampiyona y’isi yo gusiganwa ku gasozi (Cross Country) izabera ahitwa Aarhus, kuri uyu wa gatandatu tariki ya 30 Werurwe 2019.
Ndacyayisenga Jean Marie Vianney arasaba Kampani ya STECOL ikora umuhanda Nyagatare - Rukomo gukemura ikibazo cy’amazi amwangiriza imyaka akanjira no mu nzu ze.
Mu cyumweru cyahariwe amafaranga ku isi (Global Money Week), haratangwa ubutumwa butandukanye bugamije gukangurira abantu by’umwihariko urubyiruko kumenya imikoreshereze y’amafaranga n’uburyo yabafasha gutegura ahazaza habo heza.
Abaturage 305 bo mu murenge wa Nyakabuye mu karere ka Rusizi baravuga ko bamaze imyaka itatu bishyuza ikigo cy’igihugu gishinzwe gukwirakwiza ingufu z’amashanyarazi (REG) ingurane z’ibyabo byangijwe n’ikorwa ry’umuyoboro w’amashanyarazi Ntendezi-CIMERWA); ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi bukavuga ko buri kubakorera ubuvugizi (…)
Sena y’u Rwanda yanenze imwe mu mikorere y’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro, Rwanda Revenue Authority (RAA) cyane cyane mu bijyanye no kwishyuza imisoro.
Abakinnyi bose b’ikipe ya Rayon Sports bahawe amabahasha arimo agahimbazamusyi bagenewe na Kompanyi ya MK Sky Vision inayoborwa n’umukunzi wa Rayon Sports
Umutoza w’ikipe ya Kiyovu Sports aratangaza ko umukino wa Rayon Sports na Kiyovu Sports amakipe yose azakina neza ariko bikazarangira Kiyovu icyuye amanota atatu
Mu ruzinduko rw’akazi Prof. Shyaka Anastase, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yakoreraga mu Karere ka Nyamagabe kuri uyu wa mbere tariki 25 Werurwe 2019, yasabye abaturage b’aka karere kuzamura urwego rw’imirire bagira umuco wo kunywa amata bagabanya kunywa inzoga.
Umwaka wose urashize hatangijwe igikorwa cyo gukura imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu byobo ahitwa mu Gahoromani (Masaka) muri Kicukiro.
Ikipe ya Delko-Marseille Province yo mu Bufaransa yatangaje ko Areruya Joseph ari umwe mu bakinnyi izakinisha mu isiganwa rya Paris-Roubaix rizaba ku cyumweru tariki ya 14 Mata 2019.
Abaturage bo mu karere ka Kamonyi bari bafite indwara bamaranye igihe kinini zirimo izifata igitsina gabo, udusabo tw’intanga n’izindi barishimira ko bazivuwe nyuma y’uko haje abaganga b’inzobere bakanabavura ku buntu.
Mu murenge wa Ndego mu Karere ka Kayonza, umuyaga udasanzwe wasanze abana mu ishuri bakora ibizamini utwara ibisenge by’amashuri, abana batanu barakomereka.
Abahinzi b’umuceri bibumbiye muri amwe mu makoperative awuhinga bavuga ko ubuhinzi bwawo bubavuna cyane, ndetse bakagwa mu gihombo bitewe n’uko umusaruro wabo ugurwa ku giciro kitajyanye n’ibyo baba bashoye.
Umuyobozi w’ishuri ryisumbuye rya Kanyoni mu Karere ka Rulindo n’umwarimukazi kuri icyo kigo bakurikiranyweho icyaha cyerekeranye n’ingengabitekerezo ya Jenoside.
Nyuma y’imyaka itatu hashyizweho ko inyandiko z’ibirego n’izo kwiregura mu nkiko zitangwa mu buryo bw’ikoranabuhanga, abatazi gusoma no kwandika biracyabagora.
Mu kiganiro cyahuriyemo Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame na Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, abayobozi b’ibihugu byombi bagarutse ku mubano hagati y’ibihugu byo mu karere u Rwanda ruherereyemo, ku mutekano hagati y’ibyo bihugu, bakomoza no ku mikoranire, by’umwihariko ubuhahirane hagati (…)
Nyuma yo kwisurira urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali kuri uyu wa mbere tariki 25 Werurwe 2019, Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) Felix Tshisekedi yamaganye icyo ari cyo cyose cyahembera ingengabitekerezo ya Jenoside.
Jean Pierre Habimana, umusore uri mu kigero cy’imyaka 30 utuye mu murenge wa Kanjongo ho mu karere ka Nyamasheke, amaze amezi atanu avuye kugororerwa mu kigo ngororamuco cy’ Iwawa.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Ubuyapani wungirije, Kenji Yamada, yiyemeje kongera umubare w’Abayapani bashora imari yabo mu Rwanda.
Mu gihe abagabo nka Jeff Bezos ukize kurusha abandi ku isi na Aliko Dangote ukize kurusha abandi muri Afurika bakunze kuvugwa, uyu munsi Kigali Today yabakusanyirije amakuru ku bagore b’abaherwe kurusha abandi muri Afurika.
Umwana witwa Nzikwinkunda Jackson wavutse muri Gicurasi 2010, abari bamuzi mbere batangazwa no kumubona kuko yabashije gukira ubumuga yavukanye.
Abakinnyi babiri bari bamaze hanze y’u Rwanda, bamaze kubona ibyangombwa bibemerera gukina umukino uhuza APR Fc na Mukura kuri uyu wa Gatatu
Rutahizamu w’umurundi ukinira ikipe ya Rayon Sports ashobora kudakina umukino uzahuza Rayon Sports na Kiyovu Sports kuri uyu wa Kane
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwiyemeje kongera imbaraga mu gukurikirana abateye inda abana b’abakobwa 373 kuva muri 2016 kugera muri 2018.
Impuguke mu by’amazi zigize Komisiyo y’Igihugu ikorana n’ishami ry’umuryango w’Abibumbye ryita ku burezi, ubumenyi n’umuco(UNESCO), zitewe impungenge n’imyuzure yigaragaza buri gihe uko imvura iguye.
Ubuyobozi bwa sosiyete isakaza amashusho n’amajwi Startimes, buravuga ko bufite gahunda yo gushora imari mu byo televiziyo zo mu Rwanda zerekana kuko byagaragaye ko televiziyo nyinshi kuri dekoderi n’ibyo zerekana biba ari iby’ahandi.
Urubyiruko rurakangurirwa kurwanya ibyaha by’inzanduka kuko ahanini ari bo babikora ndetse bakaba n’abambere mukugerwaho n’ingaruka zabyo.
Abana b’Abarundi bahungiye mu Rwanda kubera umutekano muke mu gihugu cyabo, bashima uko bakiriwe mu Rwanda kuko bakomeje kwiga bakaba bararangije amashuri yisumbuye.
Ubuvugizi bw’urwego rw’ubugenzacyaha RIB buravuga ko uwari umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kanzenze Nyiransengiyumva Monique yatawe muri yombi azira gukoresha ububasha ahabwa mu nyungu ze bwite .
Inama Nyafurika y’Abayobozi b’Ibigo Bikomeye (African CEO Forum) ibera i Kigali kuva kuri uyu wa mbere tariki 25 Werurwe 2019 kugeza tariki 26 Werurwe 2019, yatangijwe na Perezida Paul Kagame.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Busasamana butangaza ko imvura yaguye kuri uyu wambere yasenye amazu 46, insengero ebyiri igakomeretsa abaturage batatu.
Nyuma yo gutsindwa mu rubanza bari barezemo Akarere ka Gasabo, abaturage bo mu midugudu ya Kangondo I&II na Kibiraro, bandikiye Umujyi wa Kigali bawutakambira basaba guhabwa amafaranga nk’ingurane yo kwimurwa aho guhabwa inzu, none Umujyi wa Kigali wabasabye kugeza ku Karere ka Gasabo ibyangombwa bigaragaza ko bari (…)
Perezida wa Repubulika Iharanira ya Demokarasi ya Kongo (DRC), Félix Tshisekedi, witabiriye inama y’abayobozi bakuru b’ibigo bikomeye muri Afurika (African CEOs Forum) irimo kubera i Kigali, yunamiye inzirakarengane z’Abatutsi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Mu gihe bamwe mu bahinzi bagaragaza ko uko iterambere rigenda ryihuta ari nako hakenerwa ubundi bumenyi bushya haba mu gufata neza umusaruro w’ubuhinzi no gukoresha ikoranabuhanga, bamwe mu badepite bagize inteko ishinga amategeko y’umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EALA) basanga hagakwiye kuzamura ingengo y’imari ku (…)
Kuva tariki ya 02 kugeza kuya 06 Mata 2019, mu Karere ka Huye hazabera imikino y’urubyiruko ku rwego rw’Akarere ka gatanu “ANOCA ZONE V YOUTH GAMES 2019” izanatangirwamo ubutumwa bwo kurwanya Jenoside.
Imwe mu mikino y’ibirarane yari yarasubitswe kubera imyiteguro y’ikipe y’igihugu Amavubi, irasubukurwa
Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, ishami ry’amazi isuku n’isukura, iravuga ko bitarenze muri 2024 buri munyarwanda azaba agerwaho n’amazi meza.
Muhire Jean Paul wari umaze imyaka hafi ibiri ari umubitsi wa Rayon Sports yatangaje ko yeguye kuri uwo mwanya ku mpamvu ze bwite
Misake Jean Baptiste wo mu Murenge wa Rwerere mu Karere ka Burera ni umwe mu bacuruje ibiyobyabwenge akanabinywa. Avuga ko mbere y’uko abivamo byari byaramugize imbata ku buryo yari ageze ku rwego rwo kuba yakwaka imbunda umusirikare bahuriye mu nzira.
Mu kiganiro cyabanjirije ibindi mu nama y’abayobozi b’ibigo muri Afurika ACF2019 irimo kubera i Kigali, Perezida Paul Kagame yagaragaje uburyo ibura ry’ubushake bwa politiki ari ryo rituma urujya n’uruza hagati y’u Rwanda na Uganda ritagerwaho kuko Uganda ikomeje gufungirana u Rwanda.
Ndabarinze Kabera wo mu murenge wa Muringa mu karere ka Nyabihu, mu ijoro ryo kuwa 23 rishyira 24 werurwe 2019 yatemewe inka n’abantu bataramenyekana.
Mu gihe abaturage bakomeje gukangurirwa gukoresha ibikorerwa mu Rwanda muri gahunda ya Made in Rwanda ,bamwe mu bagore bo mu karere ka Rusizi bakora imirimo y’ubukorikori mu rwego rwo kwiteza imbere binyuze muri iyi gahunda baravuga ko bakomeje guhangayikira ibikoresho by’ingenzi bibafasha muri ibyo bikorwa.