Abarokotse Jenoside yakorerwe Abatutsi mu 1994 bo mu karere ka Nyarugenge, by’umwihariko abo mu murenge wa Nyarugenge, bifuza ko muri Camp Kigali hubakwa urukuta ruzandikwaho amazina y’abahiciwe.
Aborozi bo mu Karere ka Rwamagana bashyikirije Kabera Ndabarinze inka zo kumushumbusha.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Karere ka Gisagara bavuga ko batewe impungenge n’ukuntu bazabana n’abicanyi ruharwa babiciye ababo.
Perezida Kagame avuga ko intambwe u Rwanda rwateye muri iyi myaka 25 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ibaye, yaturutse ku kuba rwarashyize imbaraga mu guhangana n’ibibazo byarwo rudategereje, aho guhanga amaso amahanga.
Minisiteri zitandukanye zo mu Rwanda zirimo ishinzwe imibereho myiza y’abaturage (MINALOC), ishinzwe uburezi (MINEDUC), ishinzwe iterambere ry’umuryango (MIGEPROF) n’ishinzwe ubuzima (MINISANTE), ziyemeje gushyiraho ingamba zihamye zigamije guhangana n’ikibazo cya ‘Autisme’.
Dusengiyumva Samuel akomoka mu cyahoze ari Komini Ntongwe, ubu ni mu Karere ka Ruhango. Yarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, afite imyaka 13 gusa.
Madame Jeannette Kagame yifatanyije n’Abanyarwanda ndetse n’inshuti z’u Rwanda mu muhango wo gutangiza icyiciro cya mbere cyo kubaka ubusitani bwo kwibuka (Jardin de la Mémoire), burimo kubakwa iruhande y’urwibutso rwa Jenoside rwa Nyanza ya Kicukiro, bukaba bugizwe n’ibice bitandukanye.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko umubano hagati y’u Rwanda na Afurika y’Epfo ugomba kuba mwiza, kubera ko hari ibyo ibihugu byombi biri gukora ngo uwo mubano wongere ube mwiza.
Ubwo yagezwaga mu rukiko kuri uyu wa mbere, uwahoze ari Umuvugizi wa FDLR yemeye ko yagiye muri Uganda mu bufatanye bafitanye na RNC.
Perezida Paul Kagame yavuze ko Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasizuba (EAC) uhagaze neza muri iki gihe, kabone n’ubwo harimo utubazo duke ibihugu bikwiye kuganiraho.
Minisitiri w’intebe w’Ububiligi Charles Michel ari kumwe na Minisitiri w’intebe w’u Rwanda Dr Edward Ngirente, hamwe n’abandi bayobozi ku mpande zombi ndetse n’imiryango y’aba basirikare, bunamiye abasirikare 10 b’Ababiligi biciwe mu Rwanda mu 1994, ubwo bari mu butumwa bw’amahoro.
Perezida Kagame yongeye gushimangira ko uwashoza intambara ku Rwanda yabihomberamo, atangaza ko u Rwanda rwiteguye guhangana n’uwo ari we wese warushozaho intambara.
Tariki 07 Mata 2019, ni umunsi mpuzamahanga wahariwe kuzirikana Jenoside yakorewe Abatutsi. U Rwanda ndetse n’isi bunamira abazize Jenoside ari nako hafatwa ingamba nshya z’uko itakongera kubaho ukundi. Kigali Today yerekeje mu turere dutandukanye tw’igihugu ireba uko icyumweru cy’icyunamo gitangizwa.
Minisitiri w’Intebe w’ubwami bw’u Bubiligi, Charles Michel, yatangaje ko mbere y’uko uku kwezi kwa Mata 2019 kurangira, inteko ishinga amategeko y’Ububiligi izaba yamaze gutora itegeko rihana icyaha cyo gupfobya no guhakana Jenoside.
Tariki 07 Mata 2019 ku munsi watangijweho ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu baturage barakekwaho kuvuga amagambo apfobya Jenoside.
Mugutangiza ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yavuze ko abatekereza ko u Rwanda rutabonye ikibi bihagije, bagashaka kongera kurukora mu jisho, baba abari mu gihugu cyangwa abari hanze yacyo, ari bo bazabihomberamo birenze uko babitekereza.
Dr Jean Damascène Bizimana, Umunyamabanga wa Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside, mu kiganiro yatanze ku wa 7 Mata 2019 hibukwa ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi, yavuze ko mu gihe Jenoside imaze irangiye u Rwanda rwateye intambwe yo kwiyubaka naho amahanga agatera intambwe yo kwemera ukuri.
Charles Richard Mondjo, minisitiri w’ingabo muri Repubulika ya Congo aravuga aravuga ko batazahwema kongeramo imbaraga mu bikorwa bishimangira umubano hagati y’igihugu cye n’u Rwanda nko mu gucyura impunzi, no gukurikirana abagize uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi muri 1994, baba babarizwa muri Congo.
Akarere ka Gasabo kibukiye mu Mudugudu wa Kabeza, mu Kagari ka Kabuga, mu Murenge wa Rusororo, ahamaze kuboneka imibiri irenga ibihumbi 31 kuva mu mwaka wa 2018 kugeza ubu.
Minisitiri w’ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya Leta, Johnston Busingye, avuga ko urugendo igihugu cy’u Rwanda cyahisemo rwo kubaka ubumwe ruzakomeza kuranga Abanyarwanda bakaruhererekanya.
Mu ijambo rye ritangiza icyumweru cy’icyunamo, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yashimiye abarokotse Jenoside, avuga ko nyuma ya Jenoside ari bo bonyine bari basigaranye icyo batanga ari cyo mbabazi zabo.
Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yasohoye itangazo rivuga ko ashaka ko mu Bufaransa, tariki ya 07 Mata uzajya uba umunsi wahariwe kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye ibikorwa byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi kuri iki cyumweru tariki 07 Mata 2019, Charles Michel, Minisitiri w’intebe w’Ububiligi yongeye kugaragaza ko igihugu cye cyicuza uburyo cyarebereye ubwo Abatutsi barenga Miliyoni bicwaga mu 1994.
Mu rwego rwo gukomeza guteza imbere igihingwa cya kawa mu Karere ka Nyamasheke, abahinzi 20 b’intangarugero batoranyijwe bashyikirijwe ishimwe ry’uko bafashe neza kawa bigatuma iza mu za mbere mu buryohe mu gihugu.
Abanyamuryango ba RPF Inkotanyi b’i Nyaruguru basanze guhiga imihigo yabo bwite bakanayihigura batagendeye ku y’inzego z’ubuyobozi, ari byo bizatuma akarere kabo kihuta mu iterambere.
Nk’uko biteganyijwe mu bikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame ari kumwe na Madame, afatanyije na Perezida wa Komisiyo y’umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat, n’abandi banyacyubahiro bamaze gucana urumuri rw’ikizere ku rwibutso rwa (…)
Mu gihe tariki nk’iyi ari umunsi muzamahanga wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, amahanga akomeje kohereza ubutumwa bwo kwifatanya n’Abanyarwanda ndetse ari nako bakora ibikorwa bitandukanye biganisha ku kwibuka.
Mukarusanga Consolée warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ahamya ko nyuma y’ibihe bigoye yaciyemo ataheranwe n’agahinda ahubwo yahagurukiye umurimo agamije kwigira kandi yabigezeho.
Bamwe mu bahoze ari abakuru b’ibihugu barimo Olusegun Obasanjo wayoboye Nigeria, Benjamin Mkapa wayoboye Tanzania, ni bamwe mu bamaze gushyira indabo ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali.
Abaveterineri b’imirenge 14 bahawe ibikoresho byifashishwa mu gutera intanga no kuzibika biyemeza kwegera aborozi no kubafasha kuvugurura amatungo.
Perezida wa Niger Mahamadou Issoufou nawe ageze mu Rwanda mu kwifatanya n’Abanyarwanda ndetse n’isi mu kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi, akurikirwa na Perezida wa Congo Brazaville Denis Sassou Nguesso.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatandatu tariki 06 Mata 2019, Minisitiri w’Intebe w’Ububiligi Charles Michel ageze mu Rwanda mu kwifatanya n’Abanyarwanda mu kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi, nyuma gato y’uko minisitiri w’intebe wa Ethiopia Abiy Ahmed ari kumwe na madame we Zinash Tayachew.
Nyuma y’ukwezi kumwe hatangijwe umushinga ugamije kubakira Rayon Sports stade yayo, abarenga ibihumbi 10 bamaze kwiyandikisha muri uyu mushinga
Komini Rouge ni urwibutso rufite amateka yihariye kuko ruherereye ahantu hari irimbi rya Ruliba, maze bakwica abo bitaga ibyitso by’Inkotanyi bakaza kubahamba hagati mu irimbi mu byobo byacukurwaga hagati y’imva. Muri Jenoside nyir’izina, uru rwibutso rwongeye kwicirwamo abandi batutsi bagera ku 4,613, ari nabwo rwahise (…)
Amwe mu madini n’amatorero ya gikirisitu akorera mu Rwanda yafashe icyemezo cyo guhindura gahunda asanganywe y’amateraniro aba buri ku cyumweru, bitewe n’uko kuri iyi nshuro, ku cyumweru tariki 07 Mata 2019 ari umunsi wahuriranye no gutangira icyunamo n’ibikorwa byo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Nyuma y’umwaka n’amezi abiri Uwimana Jeannine avuwe n’ingabo z’u Rwanda ikibyimba cyari cyaramupfutse isura kikanatuma umuryango we umuha akato, aravuga ko Ingabo z’u Rwanda zamutabaye ubugira kabiri ku buryo atabasha kuzitura.
Kanseri y’igitsina cy’abagabo ni indwara itandura yahozeho kuva kera ariko Abanyarwanda ntibayimenya. Iyo urebye ibimenyetso byayo usanga yaba ariyo bitaga Uburagaza. Iyi ndwara ngo ikunze kwibasira abagabo bo mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere kuko imibare iri hejuru cyane ugereranyije n’uko buhagaze mu bihugu byateye (…)
Umushinjacyaha ukomoka mu Bufaransa yateje umwiryane mu bitabiriye inama mpuzamahanga ku kurwanya Jenoside yaberaga I Kigali, nyuma yo kuvuga ko n’igihugu cye (Ubufaransa) nta bushobozi buhagije gifite bwo kuburanishiriza abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi ku butaka bwacyo.
Bamwe mu banyeshuri biga muri kaminuza no mu mashuri yisumbuye, bavuga ko ubu basobanukiwe n’akamaro k’imisoro, ndetse n’akamaro ko gukorana n’ibigo by’imari n’amabanki, kuko bibafasha kwizigamira no kubona inyungu.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) itangaza ko abakora mu nzego z’ubuvuzi bo ku mipaka u Rwanda ruhana na Repuburika ya Demokarasi ya Congo (RDC) bagiye gukingirwa bwa mbere Ebola.
Nyuma yo gusoza irushanwa ry’imikino ya gicuti ryaberaga mu Rwanda, ikipe y’igihugu ya Cameroun y’abatarengeje imyaka 17 yasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali.
Minisitiri wa Rhenanie Palatinat aravuga ko yaje mu Rwanda kunoza imishinga irimo uwo gushakira ibicuruzwa by’u Rwanda isoko ku mugabane w’u Burayi.
Kuri uyu wa gatanu tariki 05 Mata 2019, Guverineri Generali wa Canada Julie Payette yageze mu Rwanda aho aje kwifatanya n’Abanyarwanda ndetse n’isi mu kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi ku butumire bwa Perezida Paul Kagame.
Umugaba mukuru w’ingabo zirwanira mu kirere Major general Charles Karamba yavuze ko ingabo zari iza RPA (Rwanda Patriotic Army) zahagaritse jenoside yakorewe Abatutsi zikanatsinda urugamba kuko zari zifite umugambi wo kubohora u Rwanda.
Abahanga mu buvanganzo barimo Umunyarwanda Jean Marie Vianney Rurangwa, Umufaransakazi Dr Virginie Brinker n’Umunya-Tchad, Dr Koulsy Lamko basanga usoma amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi yizera cyane ayanditse n’Umunyarwanda cyangwa se undi ufitanye isano narwo kurusha undi wese.
Ibyiza by’ibitunguru ku buzima bw’abantu ni byinshi kandi icyiza cy’ibitunguru, ntibyongerera ubiriye ibiro, ikindi kandi biraryoha bikanahumura neza.
Abunganira abana mu mategeko bahangayikishijwe n’ikibazo cy’abana usanga bafungirwa hamwe n’abantu bakuru muri za kasho, maze bikabangamira iburanisha kuko bigishirizwamo kutavugisha ukuri.
Umukino wagombaga guhuza ikipe ya Kiyovu Sports na Cameroun y’abatarengeje imyaka 17 kuri uyu wa Gatanu wamaze gusubikwa.