Umuyobozi w’inama y’ubutegetsi ya Zigama CSS, Dr James Ndahiro, yatangaje ko nyuma yo gushyira imbaraga mu gutanga Serivise bifashishije ikoranabuhanga, badateganya kongera amashami y’iyi banki mu gihugu.
Ibihugu bisaga 50 bimaze gufata icyemezo cyo gukumira ingendo z’indege za Boeing 737 Max haba mu kirere ndetse no kugwa ku butaka bw’ibyo bihugu mu rwego rwo kwirinda ibibazo by’umutekano muke bishobora guterwa n’izo ndege.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga akaba n’umuvugizi wa Leta y’u Rwanda Dr Richard Sezibera, mu izina rya guverinoma y’u Rwanda yamaganye igitero cy’ubwiyahuzi gihitanye abagera kuri 49 mu musigiti w’i ChristChurch mu gihugu cya Nouvelle Zelande.
Urwego ry’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko rwakomeje gukurikirana amakuru avugwa ku rupfu rwa Anselme Mutuyimana, umusore wo mu kigero cy’imyaka nka 30, wiciwe n’abantu bataramenyekana mu nkengero z’ishyamba rya Gishwati ku wa 9 Werurwe 2019.
Muri Tombola ya 1/4 cya Champions League, Ikipe ya Fc Barcelona izahura na Manchester United, muri Tombola imaze kubera mu Busuwisi
Mu rwego rwo gufasha abantu kubasha gushora amafaranga yabo ku isoko ry’imari n’imigabane, Banki ya Kigali yashyize ku mugaragaro ishami ryayo rishya ryo gufasha abantu gushora imari yabo kugirango bibabyarire umusaruro, BK Capital.
Mu rwego rwo gushyira mu bikorwa intego Leta y’u Rwanda yafashe yo kurwanya iyicarubozo, Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu yahawe inshingano nshya yo gukumira iyicarubozo n’ibindi bihano cyangwa ibikorwa by’ubugome bidakwiriye umuntu cyangwa bigamije kumutesha agaciro.
Perezida wa Uganda akunze kwigira nyoninyinshi iyo abajijwe ku bijyanye n’uburyo akomeje gushyigikira umutwe urwanya u Rwanda witwa RNC, agashaka kwerekana ko bamwe mu buyobozi bwe ari bo bari kumuyobya.
Ku munsi wa mbere wa Shampiyona Nyafurika mu mukino w’amagare, ikipe y’igihugu y’u Rwanda imaze kwegukana imidari ibiri
Hari Abanyarwanda bari bafungiye muri Uganda bavuga ko bakubitwaga, bakirirwa mu mazi bakanayararamo andi bakayabamena mu mazuru.
Umuryango ‘Plan International’, uharanira uburenganzira bw’umwana, ku bufatanye na Imbuto Foundation, ugiye gutangiza ubukangurambaga wise ‘Girls Get Equal’ bugamije guha uruvugiro umwana w’umukobwa mu rwego rwo kumwongeramo imbaraga no kwishyira akizana mu kubara inkuru y’ibyiza by’uburinganire hagati y’umuhungu n’umukobwa.
Uwitwa Niyomugabo Eric w’imyaka 30 y’amavuko yarashwe n’inzego z’umutekano zari ku irondo bimuviramo urupfu.
Mu marushanwa ahuza ibihugu bigize akarere ka Gatanu A na B muri Handball, u Rwanda nyuma yo kubona itike ya 1/2 ruzahura na Uganda
Tuyisenge Irene ari mu maboko ya RIB sitasiyo ya Remera akekwaho icyaha cy’ubwambuzi bushukana nyuma yo kwiyita umukuru wa polisi mu karere (DPC) yaka amafaranga abantu ayita ayo gufunguza uwitwa Baragora Joas.
Itsinda ry’ abagize Inteko Ishinga Amategeko ya Canada riri mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ine kuva kuri uyu wa 13 Werurwe 2019, ryemereye u Rwanda ubufatanye mu gukurikirana abahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi kugira ngo batabwe muri yombi.
Muri gahunda yo guhangana n’ikibazo cy’indwara y’umwijima, Leta y’u Rwanda ibinyujije mu kigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima (RBC), iratangaza ko mu gihe cy’imyaka itanu ubwandu bwa virusi itera Hépatite C buzaba bwaragabanutse ku buryo bugaragara.
Abarimu 12 bafashwe kubera bakopeje abana mu kizamini gisoza amashuri abanza mu mwaka wa 2018, bahanishijwe gukurwa ku rutonde rw’abacunga abakora ibizamini ndetse banagezwa mu nkiko.
Niyonsaba Oreste umuyobozi w’ishami ry’ingufu zikomoka ku bimera na gaz muri REG, avuga ko mu mwaka wa 2024 abakoresha inkwi bazaba ari 42%.
Abakobwa 90 bo mu mirenge ine yo mu Karere ka Burera bemerewe kurihirwa amashuri bari barataye nyuma yo gutwita inda zitateganyijwe.
Itangazo rishyizwe hanze na minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Rwanda, riravuga ko amatangazo akomeje gushyirwa hanze na leta ya Uganda, harimo iryasohotse kuri uyu wa 13 Werurwe 2019, arimo ukwirengagiza no guca k’uruhande ibibazo nyamukuru bikwiye kuba bishakirwa ibisubizo.
Uwizeyimana Joseline w’i Kiyonza mu Karere ka Nyaruguru avuga ko yize gukora inkweto abantu bamubwira ko ari iby’abagabo none bimuha amafaranga yikenuza.
Myugariro w’Amavubi n’ikipe ya Sporting Kansas City yo muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika, yari yasabiwe kudakina umukino w’Amavubi ariko ntibyakunze.
Uwitwa Bigoreyiki Jean Marie Vianney wari umaze amezi abarirwa muri atanu ashakishwa yatawe muri yombi.
Abagize Inama y’Igihugu y’Abagore mu Karere ka Nyanza baravuga ko bagiye gukaza ingamba zo guhwitura bagenzi babo bitwara nabi rimwe na rimwe babitewe no kwirirwa mu tubari.
Ubushakashatsi burerekana ko igihe amasezerano y’isoko rusange mu bihugu bya Afurika (AfCFTA) azaba atangiye gushyirwa mu bikorwa, kandi ibibazo bya politiki biri mu karere bigakemuka, azatuma u Rwanda rwongera ibyo rwohereza mu mahanga ku kigero cya 22%, bikava kuri 63% bikagera kuri 85%.
Ni byiza kwishimana n’abantu mugaseka, ariko se mwari muzi ko guseka bifite akamaro gakomeye mu buzima bw’umuntu?
Ihuriro ry’Abanyarwandakazi bari mu Nteko ishinga amategeko (FFRP) riragaragaza ko mu myaka 25 ishize, abagore bagize uruhare runini mu iterambere igihugu kigezeho.
Umujyi wa Kigali muri gahunda wihaye yo guhangana n’ibiza by’imvura, watangiye inyigo yo kwagura no gukora neza ruhurura ya Mpazi yakira amazi menshi ikayohereza mu mugezi wa Nyabugogo ugateza ibibazo by’imyuzure mu nkengero zawo.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Dr Richard Sezibera, yavuze ko u Rwanda rwatumiye Perezida w’Ubufaransa, Emmanuel Macron, mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 25.
Abahoze ari inyangamugayo z’inkiko Gacaca bo mu karere ka Musanze barataka ibihombo mu makoperative yabo batewe n’imicungire idahwitse ya bamwe mu bari bayakuriye.
Ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare igizwe n’abakinnyi 14 yerekeje muri Ethiopia guhagararira u Rwanda muri shampiyona nyafurika y’umukino w’amagare izabera ahitwa Baher Dar kuva tariki ya 14 kugera tariki ya 19 Werurwe 2019.
Perezida mushya wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo arasura u Rwanda ku butumire bwa Perezida Kagame, akazaba yitabiriye inama y’abayobozi bakuru b’ibigo bikomeye muri Afurika izwi nka ‘African CEOs’ izatangira tariki 26 Werurwe 2019.
Umukecuru w’imyaka 109 y’amavuko witwa Rachel Nyiramandwa wo mu Murenge wa Gasaka mu Karere ka Nyamagabe yashyikirijwe inka aherutse kugabirwa na Perezida Paul Kagame.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare(NISR) buri mwaka gitegura amarushanwa agenewe abanyeshuri biga muri za Kaminuza n’amashuri makuru mu Rwanda hagamijwe ubushakashatsi mu rwego rwo kurushaho kunoza no kuvumbura uburyo bushya bw’ibarurishamibare bunogeye abaturage.
Mushabe David Claudian uyobora Akarere ka Nyagatare aravuga ko ukwezi kwa Werurwe kuzarangira ikibazo cya bwaki mu bana cyarangiye.
Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga Amb. Olivier Nduhungirehe, aravuga ko abatekereje ko Perezida wa Kenya Uhuru Kenyatta yagenzwaga no guhuza u Rwanda na Uganda bibeshya kuko atari umuhuza muri kibazo hagati y’ibihugu byombi.
N’ubwo mu mwiherero haganirwa ku buzima bw’igihugu, hari izindi gahunda zitandukanye nk’imyitozo ngorora - mubiri ya buri gitondo n’ibindi bituma ibi bihe bisiga urwibutso mu mitwe ya benshi.
Umukinnyi wo hagati w’ikipe ya Arsenal, Mesut Ozil, yoherereje umwana muto umufana wo muri Kenya umwambaro wanditseho amazina ya Ozil na nimero 10 imuranga mu kibuga.
Ibigo byahawe iyo nkunga ni Collège de Bethel (APARUDE) ryo mu Ruhango na Samaritan International School ryo mu karere ka Nyagatare akazabifasha kongera inyubako zinyuranye byari bikeneye.
Abacitse ku icumu rya Jenoside bo mu karere ka Rubavu, barasaba ko irimbi rya Ruriba, riri mu karere ka Rubavu, umurenge wa Gisenyi ryagirwa urwibutso, kuko ribitse imibiri myinshi y’Abatutsi yahashyizwe mu rwego rwo kuzimanganya ibimenyetso mu gihe cyo kugerageza Jenoside.
Abahanga mu bijyanye n’ikoreshwa ry’ibyuma bisaka bishyirwa ku bibuga by’indege n’ahandi hari inzu zihurirwamo n’abantu benshi, bavuga ibitandukanye ku kuba byaba bigira ingaruka ku buzima bw’abantu cyangwa se ntazo.
Umukino w’umunsi w 21 wa Shampiyona Rayon Sports yagombaga kwakiramo Kiyovu, wamaze gusubikwa kubera imikino y’ikipe y’igihugu Amavubi na Cote d’Ivoire
Itegeko rishya rigena imisoro y’inzego z’ibanze ryemerera abatangira imishinga mito n’iciriritse yo kwiteza imbere, gusonerwa umusoro w’ipatante mu gihe cy’imyaka ibiri.
Myugariro w’ikipe ya ASF Andrézieux ikina muri Shampiyona y’icyiciro cya kane mu Bufaransa aratangaza ko agitereje ko yakinira u Bufaransa, byakwangwa akabona gukinira Amavubi
Ku mugoroba wo ku wa mbere tariki 11 Werurwe 2019, i Gabiro mu Burasirazuba bw’igihugu habereye umuhango wo gusoza umwiherero abayobozi bakuru bamazemo iminsi ine, dore ko bahageze ku wa gatanu tariki 08 Werurwe 2019.
Urakoze cyane muvandimwe, urakoze kandi ku bw’aya mahirwe ngo ngire icyo mbwira aba bantu beza.
Yitwa Sherrie Silver, akomoka i Huye ariko aba i London mu Bwongereza, aho abana na nyina umubyara. Ni umukobwa uri mu b’imbere bafashije icyamamare Childish Gambino mu kubyina indirimbo ’This is America’ yatwaye Grammy Award uyu mwaka.
Mu gihe ibarura rusange ry’abaturage ryo muri 2012 rigaragaza ko Umujyi wa Kigali utuwe n’ingo ibihumbi 286 na 664, Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buravuga ko 15%, ni ukuvuga ingo ibihumbi 42 na 999, ziri mu manegeka zikaba zikeneye kwimurwa.
Senateri Appolinaire Mushinzimana avuga ko uburinganire ntaho buhuriye n’imvugo zigira ziti ‘va ku ntebe nyicareho’, cyangwa ‘wajyaga ujya mu kabari none nanjye nabonye uburenganzira nzajya njyayo’.