Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu tariki 12 Mata 2019, Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) n’Ikigo gishinzwe abinjira n’abasohoka (MIGRATION) bibutse ku nshuro ya 25 abari abakozi ba MINIFOP, MINITRASO na MININTER bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, (…)
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG), Dr Bizimana Jean Damascène ntiyemeranya n’abasaba ko abageze mu zabukuru bahamijwe ibyaha bya Jenoside boroherezwa ibihano.
Padiri Rutinduka Laurent umwanditsi ku mateka ya Jenoside yifuza ko amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi i Nyagatare yakwandikwa akamenyekana kuko hari abayahakana.
Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku isi, Papa Francis, yagaragaje uwkicisha bugufi kudasanzwe ubwo yapfukamaga agasoma ibirenge bya Perezida Salva Kiir na Riek Machar utavuga rumwe n’ubutegetsi bwe.
Igikorwa ngarukamwaka cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 cyitabirwa n’Abanyarwanda n’inshuti zabo hirya no hino ku isi, kikagira ibirango usanga bizwi n’abibuka iyi Jenoside bose.
Ubwo yitabiraga ibikorwa byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi byabereye i New York ku cyicaro gikuru cy’umuryango w’Abibumbye (LONI), Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rutahwemye kuza mu bihugu bitanga ingabo na polisi mu kubungabunga amahoro hirya no hino ku isi, rukabikorana indangagaciro ruvoma mu mateka asharira, (…)
Mu rwego rwo kwifatanya n’Abanyarwanda kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi, Banki ya Kigali (BK), kuri uyu wa 12 Mata 2019, yifashe mu mugongo abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Murenge wa Ntarabana, Cyinzuzi na Burega mu Karere ka Rulindo iha ingufu z’amashanyarazi ingo ijana ndetse inasana inzu 16 (…)
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Rubavu n’ubw’ibitaro bya Ruhengeri buravuga ko butewe ipfunwe n’abaganga babangirije umwuga muri Jenoside yakorwe Abatutsi aho bicaga abarwanyi aho kubitaho.
Guverinoma ya Malawi yashimiye u Rwanda nyuma yo kuyitera inkunga ingana n’ibihumbi magana abiri by’amadolari (200,000$), agamije gufasha iki gihugu mu guhangana n’ingaruka z’ibiza.
Abaturage b’umurenge wa Gitambi n’ibindi bice biwukikije mu karere ka Rusizi baravuga ko batazi uko ubuzima bwabo buza kumera nyuma y’aho umuhanda umwe wabahuzaga n’ibindi bice wibasiwe n’inkangu zikawufunga ubu ukaba utakiri nyabagendwa yaba ku modoka n’abanyamaguru.
Umuyobozi w’akarere ka Nyagatare avuga ko kutiga kw’Abanyarwanda bo mu gihe cya Jenoside byabateye ubukene n’ubujiji bituma bashukwa kwica ngo babone imitungo bataruhiye.
Indimu ni urubuto rwiza kandi rufite akamaro gakomeye ku buzima bw’umuntu. Nk’uko tubikesha urubuga superfoodly.com, indimu zishobora kunyobwa mu mazi cyangwa zikaribwa nk’imbuto bisanzwe.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame kuri uyu wa 11 Mata 2019, yifatanyine n’abagize inama y’ubugetsi y’ishyirahamwe ry’umupira wa Basket ball muri Amerika (NBA) i New York muri Leta Zunze ubumwe za Amerika.
Bamwe mu barokokeye I Nyanza ya Kicukiro mu karere ka Kicukiro, umujyi wa Kigali bavuga ko inzira y’umusaraba banyuzemo, ndetse n’ibikomere Jenoside yabasigiye aribyo bibatera imbaraga zo kubaka igihugu.
Abahoze ari abakozi mu bitaro bya Kibogora biri mu Karere ka Nyamasheke, mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi bavuga ko abatarahigwaga bahakoraga muri icyo gihe iyo baza kunga ubumwe bari gushobora kurokora imbaga y’abaganga, abarwayi n’abarwaza baguye muri ibyo bitaro.
Mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 Iposita yakoreshwaga nk’uburyo bukomeye bw’itumanaho, bitewe n’uko murandasi(internet) na telefone zigendanwa bitari biriho.
Wellars Gasamagera, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Amahugurwa mu by’Imicungire y’Abakozi, RMI, avuga ko n’ubwo hari abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi bahereye ku mibare, ubundi Jenoside atari imibare.
Impuguke mu by’ubuzima bwo mu mutwe, Gasana Magnus, avuga ko abana bavutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi bahungabana kubera ko rihererekanywa ikiragano ku kindi.
Richard Mugenzi wari maneko mu ngabo za Habyarimana avuga ko ku wa 6 Mata 1994, indege ya Perezida Habyarimana imaze kumanurwa, abari abayobozi b’Ingabo z’u Rwanda (Ex FAR) n’ingabo z’Ubufaransa zari mu Rwanda bamutegetse gutegura ubutumwa buvuga ko FPR-Inkotanyi imaze guhanura indege y’umukuru w’igihugu.
Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Marie Francine Rutazana, avuga ko kwiyubaka no kwiteza imbere ku barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi n’imiryango yabo ari intambwe ishoboka.
Oda Umubyeyi avuga ko umubyeyi yagiye aha serivise nziza yaje kubyara yagize uruhare mu gutuma ubu ariho, bityo akavuga ko ari byiza gutanga serivise nziza.
Guverinoma y’u Rwanda yongeye gusaba amahanga inyandiko zibitse amakuru yerekeranye na Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994 no kohereza abakekwaho kuyigiramo uruhare.
Itsinda ry’abantu 120 bo mu kagari ka Cyabararika mu murenge wa Muhoza bahagarariye abandi, ku wa gatatu tariki ya 9 Mata 2019 ryasuye urwibutso rwa Bisesero.
Igisirikare cya Sudan cyamaze gutangaza ko cyakuyeho Perezida Omar al-Bashir kandi ko kigiye guhindura Itegeko Nshinga mu myaka ibiri iri mbere.
Polisi yo mu Bwongereza iratangaza ko yataye muri yombi, Julian Paul Assange, umunya Australia wamamaye kubera urubuga rwa Internet rwitwa ‘WikiLeaks’ yashinze rugashyira hanze amabanga y’abantu bakomeye cyane cyane abategetsi n’ay’ibihugu birimo n’iby’ibihangange byo hirya no hino ku isi.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu karere ka Rubavu, baravuga ko hari imibiri batarabona y’abiciwe mu kibaya gihuza u Rwanda na Congo.
Perezida wa Sudan, Omar Hassan Ahmad al-Bashir, amaze kurekura ubutegetsi. Inzego zitandukanye muri icyo gihugu, zirangajwe imbere n’igisirikare, ubu ziri mu biganiro byo gushyiraho Guverinoma y’inzibacyuho.
Mu gihe Jenoside yakorewe Abatutsi ifatwa nka bumwe mu bwicanyi ndengakamere, bwakoranwe ubugome bukabije mu kinyejana cya 20, muri bimwe mu bice by’u Rwanda abana bibasiwe mu buryo bwihariye kugeza ubwo hari aho interahamwe ‘zivuga ko zidashaka abandi ba Rwigema’.
Umuryango IBUKA uharanira inyungu z’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 urasaba abacitse ku icumu kudafata impinduka y’ingengabihe y’icyumweru cy’icyunamo nk’igamije gupfobya Jenoside.
Nyiraneza Justine avuga ko ubwo yari akiri umwana yatotejwe na Leta y’abicanyi bamuziza isura ye, ahitamo gupanura amazuru ye ngo badakomeza kumutoteza bamwita Umututsi.
Ku rubuga rwa Internet www.astucesnaturelles.net , bavuga ko urwo rubuto rufite izina rya siyansi ‘Annona reticulate’, cyangwa ‘Cachiman’. Ni urubuto rukomoka muri Amerika, rukaba ari urubuto rufite ibyiza byinshi.
General James Kabarebe avuga ko ingabo za RPA zahuye n’ikigeragezo gikomeye mu guhagarika Jenoside yakorerwaga Abatutsi, zikabasha kurokora bamwe mu bicwaga.
Akarere ka Musanze karatangaza ko kagiye kubaka urwibutso rushya rwa Muhoza mu Kagari ka Kigombe mu Murenge wa Muhoza.
Kuri uyu wa gatatu tariki 10 Mata 2019, Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo ruteye utwatsi icyifuzo cya Nkaka Ignace (Laforge Fils Bazeye) na Nsekanabo Jean Pierre (Lt Col Abega) bari basabye kuburana bari hanze.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994 bo mu murenge wa Muhoza mu karere ka Musanze bari kwifashisha ubukorikori kugira ngo barwanye ubukene no guhangana n’ihungabana.
Abayobozi bahawe inshingano nshya mu buyobozi bw’ingabo z’u Rwanda batangiye kuzishyira mu bikorwa guhera kuri uyu wa gatatu tariki 10 Mata 2019, nyuma yo guhererekanya ububasha n’abo basimbuye.
Depite Kalisa Evariste avuga ko hari Abanyarwanda bashobora kubana bishishanya niba bahaye agaciro abashinja ibinyoma ingabo zabohoye igihugu bagamije gusibanganya cyangwa kuyobya amateka.
Abayobozi n’impuguke baganirije Abanyamakuru ku mugoroba wo ku wa kabiri tariki 09 Mata 2019, babagiriye inama yo kwemera inzara aho kugira ngo bazapfane n’abayobozi babi.
Pierre Kavubi, w’imyaka 59, yarokotse ibihe bya Jenoside yakorewe Abatutsi kuva muri za 60 kugeza kuri karundura yo mu 1994, acuzwa utwe anabuzwa kwiga kandi yari umuhanga ariko ntibyamubujije kuba umwubatsi kabuhariwe ufata amasoko y’amamiliyari.
Mu gihe ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bikomeje, abakozi bakora mu bigo bya REG na WASAC n’ibindi bigo bibishamikiyeho na bo bunamiye abari abakozi mu mirimo y’ibyo bigo mbere bikiri hamwe mu cyitwaga Electrogaz.
Umuhanzi Munyanshoza Dieudonné uzwi ku izina rya Mibirizi, avuga ko Jenoside yakorewe Abatutsi yahitanye abantu benshi b’inzirakarengane, ariko yagera ku bana b’ibitambambuga ikabigirizaho nkana.
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Amb Dr Richard Sezibera aravuga ko ibihugu by’amahanga bigikeneye gutera intambwe mu gukurikirana abakora ibyaha mu Rwanda by’umwihariko abakurikiranyweho ibyaha bya Jenoside.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda yakoze impinduka mu ngabo z’u Rwanda, bamwe bahabwa imyanya mishya y’ubuyobozi mu ngabo.
Dusangiyihirwe Fébronie ni umukobwa umaze hafi imyaka ibiri arangije Kaminuza nyuma y’urugendo rurerure rwaranze ubuzima bwe kuva mu bwana afite imyaka ibiri gusa.
Urwego rw’Ubushinjacyaha mu Karere ka Muhanga rurasaba ababyeyi kuba maso, kuko abakozi bo mu ngo n’ababatwarira abana ku mashuri harimo ababasambanyiriza abana.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Israel, Colonel Joseph Rutabana, arasaba Umuryango Mpuzamahanga kubungabunga ibimenyetso bya Jenoside yakorewe Abatutsi, uha ubutabera abayirokotse uhagurukira kurwanya umuco wo kudahana, ukanahagurukira kwimakaza itegeko rihana abayihakana n’abayipfobya.
Leta yatsinzwe n’interahamwe, mu gucura umugambi wo kwica umubare munini w’Abatutsi babaroha mu mugezi wa Mukungwa, bize amayeri yo kwita ARUSHA ikiraro cyambukiranya uwo mugezi.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Karere ka Rusizi bibaza impamvu imyaka 25 yose ishize Jenoside ihagaritswe ariko kugeza ubu bakaba batabona inyandiko z’amateka agaragaza umwihariko wa Jenoside yakorewe Abatutsi muri aka karere.
Uwimbabazi Francine avuga ko kugira umutekano no kutitwa andi mazina bimuha ikizere cy’ubuzima n’ubwo bitamworohera kubera inzira yanyuzemo.
Inama y’igihugu y’abafite ubumuga (NCPD) itangaza ko inkunga ndetse n’inguzanyo zigenerwa abafite ubumuga byatumye abasaga 1500 bihangira imirimo ibafasha kwitunga ntibasabirize.