Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge, Musenyeri John Rucyahana avuga ko mu minsi 100 ishize yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, habayeho guhangana n’icyorezo Covid-19 ndetse n’ikindi cyorezo cyo gupfobya no guhakana iyo Jenoside.
Umugabo w’Umuhinde aravugwaho kuba yarishyuye ibihumbi 289 by’Amafaranga akoreshwa mu Buhinde (289,000 rupees) ni ukuvuga asaga miliyoni eshatu n’ibihumbi 650 uyabaze mu mafaranga y’u Rwanda kugira ngo bamukorere agapfukamunwa gakoze muri zahabu ko kwikingira icyorezo cya COVID-19.
Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko kuri iki Cyumweru tariki 05 Nyakanga 2020 mu Rwanda habonetse abarwayi bashya cumi na batatu ba COVID-19.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatangaje ko kaminuza ebyiri ari zo Christian University of Rwanda na Indangaburezi College of Education zambuwe uburenganzira bwo gukora kuko hari ibyo zananiwe kuzuza kugira ngo zikore mu buryo bwemewe n’amategeko.
Polisi ikorera mu Karere ka Rusizi mu Ntara y’Iburengerazuba, ku wa Gatanu tariki ya 03 Nyakanga 2020 yafashe uwitwa Ngabonziza Daniel w’imyaka 29 y’amavuko nyuma yo kwiba moto yo mu bwoko bwa AG100 ifite ibirango RC129C ya Habineza Zabron.
Ikipe ya Rayon Sports yasinyishije umukinnyi Manasshe Mutatu wari usanzwe akinira ikipe ya Gasogi, yiyongera ku batoza n’umunyezamu iyi kipe iheruka kugura muri Gasogi.
Dwayne Johnson umenyerewe mu myidagaduro ku izina rya "The Rock", ubu ni we uri ku mwanya wa mbere ku rutonde rwa Instagram rugaragaza abantu b’ibyamamare baca amafaranga menshi igihe hari ubutumwa (post) bwamamaza bwatewe inkunga bugashyirwa kuri instagram yabo.
Ku munsi wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 26 u Rwanda rumaze rwibohoye, abahanzi bo mu Rwanda bateguye ibitaramo byo kwizihiza uyu munsi, ariko kubera ikibazo cya Covid-19, babinyuza kuri za Televiziyo no ku rubuga rwa YouTube bishimisha benshi mu bakurikiye ibi bitaramo.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame aravuga ko afite icyizere cyo kuzandika amateka ku rugamba rwo kwibohora, rwatangijwe na RPF Inkotanyi, akabishyira mu gitabo cyangwa mu bundi buryo bushoboka kandi ko azabikora adaciye iruhande rw’amateka mu myaka 26 ishize.
Dr Pierre Damien Habumuremyi wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda kuva muri 2011-2014, ubu akaba yayoboraga Urwego rw’Igihugu rushinzwe Intwari z’Igihugu, Imidari n’Impeta by’Ishimwe, yatawe muri yombi n’Urwego rw’Ubugenzacyaha(RIB) ku wa Gatanu tariki 03 Nyakanga 2020.
Sosiyete ya Infinix ikora telefone zigezweho n’ibindi bikoresho by’ikoranabuhanga yigaruriye amaso y’abagenda muri Kigali yifashishije ibirango yashyize hejuru y’umuturirwa wa KCT uri rwagati Mu mujyi wa Kigali.
Uturere tugize Intara y’Iburengerazuba twashyize imbaraga mu kubakira imiryango itari ifite amacumbi no kubegereza ibikorwa remezo by’amazi n’amashanyarazi mu rwego rwo gukemura ibibazo bibangamiye imibereho myiza y’umuturage.
Mu 1984 nibwo Edward Karangwa na Faith Grace Dukuze babyaye umwana w’umuhungu bamwita Thomas Muyombo. Yavukiye ahitwa Masindi mu Burengerazuba bwa Uganda.
Abatuye mu Murenge wa Musha mu Karere ka Gisagara barashima ubuyobozi bwiza burangajwe imbere na Perezida Kagame kubera ikusanyirizo ry’amata begerejwe. Ngo rizatuma kugera ku isoko biborohera, bityo babashe gutera imbere babikesha ubworozi bwabo.
Akarere ka Kamonyi ko mu Ntara y’Amajyepfo karishimira ibikorwa kagezeho mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2019-2020, muri byo hakaba harimo umuyoboro w’amazi meza wasanwe kuko wari ushaje cyane ku buryo utari ukigeza amazi ku baturage.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 4 Nyakanga 2020 ubwo u Rwanda rwizihizaje isabukuru y’imyaka 26 rumaze rwibohoye. Igitaramo cy’iserukiramuco rya Iwacu Muzika ni kimwe mu byafashije abantu kwishimira umugoroba wo kuri uyu munsi.
Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko kuri uyu wa Gatandatu tariki 04 Nyakanga 2020 mu Rwanda habonetse abarwayi bashya cumi n’umwe ba COVID-19.
General James Kabarebe mu ntangiriro z’uyu mwaka tariki 9 Mutarama 2020 yabwiye abarimu bigisha amateka bari mu itorero i Nyanza ko intama y’umweru yagaragaye ku mafoto hamwe n’Inkotanyi yazikundaga ikanazikurikira, ko itari umupfumu wazo.
Minisiteri y’Ibikorwa remezo (MININFRA) iratangaza ko guhera ku itariki ya 1 Kanama 2020, ibibuga by’indege bizongera gukora nk’uko bisanzwe, byakira indege zose nk’uko byahoze mbere ya Covid-19.
Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda Lt Col Innocent Munyengango avuga ko mu rwego rwo kwitegura kwizihiza isabukuru y’imyaka 26 ishize u Rwanda rwibohoye, hakozwe imishinga minini 12 igamije guteza imbere abaturage ifite agaciro ka Miliyari mirongo inani n’umunani.
Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda, Lt Col Innocent Munyengango, avuga ko Gikoba itazibagirana mu mateka y’urugamba rwo kubohora igihugu kuko ari ho RPA yabereye umutwe w’ingabo nyawo kandi wubatswe neza.
Urugamba rwo kwibohora no guteza imbere igihugu ntirwigeze rusiga inyuma siporo. No mu gihe cy’urugamba, ingabo zahoze ari iza RPA zahaga agaciro siporo, aho bishoboka zigakina imikino itandukanye irimo umupira w’amaguru (Football) n’uw’intoki (Volleyball)l, kugeza ubwo zishinze ikipe ya APR FC yaje kuba ubukombe muri (…)
Perezida wa Repubulika Paul Kagame avuga ko kurwanya icyorezo cya Covid-19 ari urugamba rundi Abanyarwanda bagomba kurwana kandi bakarutsinda. Ibi ni ibyo yagarutseho mu ijambo rye rijyanye n’uyu munsi ngarukamwaka wo kwizihiza ku nshuro ya 26 isabukuru yo Kwibora, umunsi wizihirijwe mu Karere ka Nyagatare ku rwego rw’igihugu.
Minisitiri w’ubuzima Dr. Daniel Ngamije yasobanuriye Umukuru w’Igihugu n’itsinda bari kumwe ko kuba ibitaro ba Gatunda bitaratangira gukora byatewe n’icyorezo cya COVID-19.
Abakozi b’Ikigo nderabuzima cya Nyamata bagabiye uwamugariye ku rugamba mu rwego rwo kumwereka ko bazirikana ubutwari bwe na bagenzi be bafatanyije kubohora u Rwanda.
Mu gihe kuri iyi tariki ya 04 Nyakanga 2020 u Rwanda rwizihiza isabukuru y’imyaka 26 rumaze rwibohoye, Madamu Jeannette Kagame yagaragaje ko igihugu cyabohowe, ariko ko urugendo rukomeje.
Aminimungu Phocas wakomerekeye ku rugamba rwo kubohora igihugu, avuga ko kuba yaratakaje zimwe mu ngingo z’umubiri we bitamuteye ipfunwe, ahubwo ko asanga ari ishema kuri we ryo kuba yararwaniye igihugu cye.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe ubukungu, Rurangwa Steven, avuga ko aba mbere mu bagomba gutuzwa mu mudugudu w’icyitegererezo wa Tabagwe batangiye kuwugeramo ku wa Gatanu tariki 03 Nyakanga 2020.
Uturere tugize Umujyi wa Kigali twizihirije bamwe mu baturage batwo isabukuru y’imyaka 26 u Rwanda rumaze rwibohoye, dutanga impano y’inzu, ibigo by’ubuvuzi n’amashuri bishyashya, ndetse n’ibiribwa.
Igihugu cya Botswana cyatangiye ubushakashatsi bwimbitse hagamijwe kumenya ikirimo gutuma inzovu zipfa umusubizo muri icyo gihugu.
Humura Ntugipfuye! Ngiri ijambo ryasubije umutima mu gitereko. Uhereye muri Mata ukagera muri Nyakanga, mu bice byose by’u Rwanda, uwumvise iri jambo wese yariruhutsaga kuko igihe cyo kwirirwa utazi ko uri buramuke, no kuramuka utazi ko uri bwirirwe cyabaga kirangiye. Ni ijambo ry’icyizere kuko ryatumye benshi bahaguruka (…)
Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko kuri uyu wa Gatanu tariki 03 Nyakanga 2020 mu Rwanda habonetse abarwayi bashya cumi n’umunani ba COVID-19.
Itangazo Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwasohoye kuri uyu wa Gatanu tariki 3 Nyakanga 2020, riramenyesha abantu bose ko guhera ku wa Gatandatu tariki 4 Nyakanga 2020, igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli gihindutse.
Abacururiza mu isoko rito rya Kabuga mu Murenge wa Karama n’abacururiza mu isoko rito rya Shonga bavuga ko aya masoko yatumye bacika ku kongera kujya gucururiza mu isoko ryitwa Mukarere(muri Uganda). Bavuga kandi ko umuhanda wa kaburimbo na wo uzaborohereza kugeza umusaruro wabo ku isoko.
Muri gahunda yo kwitegura kwizihiza isabukuru y’imyaka 26 u Rwanda rumaze rwibohoye, abaturage b’Umurenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro batashye ku mugaragaro ishuri ry’icyitegererezo rya Groupe Scolaire Karembure rifite agaciro ka Miliyari 2,5 FRW.
Mu mbyino z’umuco gakondo, itorero Inganzo Ngari ryateguye igitaramo ‘Urwinziza’ kuri uyu wa Gatanu tariki 03 Nyakanga 2020 mu rwego rwo kwizihiza ku nshuro ya 26 isabukuru yo Kwibohora.
Polisi y’u Rwanda iravuga ko ikomeje kugenzura ibyaha byose, ndetse ikaba yarashyize imbaraga mu kurwanya ibijyanye no kurenga ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19.
Ikipe ya Gasogi United nyuma yo gutakaza abatoza babiri bayo berekeje muri Rayon Sports, yahise isinyisha abatozaga Rayon Sports
Hari zimwe mu nkuru Kigali Today yagejeje ku basomyi mu bihe bishize, ariko hari izo abantu bagaragaje ko bakeneye kongera kuzisoma muri iki gihe u Rwanda rwizihiza ku nshuro ya 26 isabukuru yo Kwibohora. Muri izo nkuru harimo iy’abaganga n’abaforomo bagize uruhare mu kubohora u Rwanda, yanditswe tariki 08 Nyakanga 2015. (…)
Abatuye mu mudugudu wa Rweru mu Murenge wa Kamegeri mu Karere ka Nyamagabe, barishimira iteme ryo mu kirere bubakiwe muri uyu mwaka kuko ngo rizatuma imyigire y’abana babo irushaho kugenda neza.
Nyuma y’iminsi ibiri gusa umusore wo mu Buhinde akoze ubukwe, yishwe na Coronavirus, abandi 111 bari bitabiriye ubukwe bwe babasangamo COVID-19.
Minisitiri w’Intebe w’u Bufaransa, Édouard Philippe, amaze kwegura, ibi bikaba bisobanuye ko na Guverinoma yose yeguye.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) rirasaba abaturage ba Afurika kudaterwa ubwoba n’igerageza ry’urukingo rwa Covid-19 rwatangiye kugeragezwa muri Afurika.
Cyusa Ibrahim umaze kumenyekana cyane mu njyana gakondo, agiye gukora igitaramo cy’indirimbo zirenga 30 zivuga ku rugamba rw’inkotanyi ashimira ababohoye u Rwanda, akazanaririmba indirimbo yahimbiye umukuru w’igihugu Paul Kagame nk’uwari uyoboye uru rugamba.
Abatuye mu Murenge wa Busogo mu Karere ka Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru barishimira igikorwa cy’indashyikirwa bamaze kugeraho, aho biyujurije umudugudu wa Nengo wubatse muri uwo Murenge, utujwemo imiryango 19 y’abatishoboye yabagaho inyagirwa.
Mu gihe mu Bwongereza muri uku kwezi hatangwa uburenganzira bwo gusezerana, abageni muri icyo gihugu basabwe kuzajya babanza gukaraba intoki neza mbere yo kwambikana impeta.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) ari na rwo rufite ibijyanye n’Ubukerarugendo mu nshingano, ruratangaza ko kwipimisha COVID-19 ari ngombwa mbere yo gusura Pariki z’Igihugu.
Abanyamakuru Byansi Samuel Baker na Nshimyumukiza Janvier baherukaga gutabwa muri yombi n’Ubugenzacyaha ku itariki 25 Kamena 2020, barekuwe by’agateganyo.
Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko kuri uyu wa Kane tariki 02 Nyakanga 2020 mu Rwanda habonetse abarwayi bashya makumyabiri n’umwe ba COVID-19.