Abaturage b’Uturere twa Kamonyi na Ruhango baratangaza ko kuza kwivuriza ku bitaro by’Intara bya Ruhango bibagora cyane kubera ko baca mu muhanda w’igitaka bikagora abarembye cyane badashobora kugenda kuri moto, kuko umuhanda ugera ku bitaro nta modoka zitwara abagenzi ziwukoramo.
Ishami rishinzwe Ubushinjacyaha mu ngabo z’u Rwanda (MPD) ryatangiye iperereza ku birego bishinjwa Sergeant Major Kabera Robert uzwi nka “Sergeant Robert”, ukekwaho icyaha cyo gusambanya umwana wo mu muryango we.
Aborozi b’ingurube mu Rwanda bavuga ko bafite ikibazo gikomeye cyo kubona icyororo cyizewe cy’ayo matungo kuko hari benshi kugeza ubu bakiyabangurira mu buryo bwa gakondo umusaruro ukaba muke.
Abaturage bo mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyaruguru mu ijoro ryo ku itariki ya 21 Ugushyingo 2020 babashije gutabara umugabo n’umugore bari batezwe igico n’abantu batatu bashaka kubambura ibyo bari bafite.
Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’abayobozi bo mu nzego z’ibanze zo mu Karere ka Gatsibo mu Murenge wa Kabarore mu Kagari ka Simbwa, ku wa Gatandatu tariki ya 21 Ugushyingo 2020 bafashe abantu 39 barenze ku mabwiriza yo kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.
Ikigo cy’igihugu cyita ku buzima (RBC) gitangaza ko abanyeshuri basanganywe Covid-19 batazoherezwa iwabo cyangwa kuvurirwa ahandi, ahubwo bazakomeza gukurikiranwa bari ku ishuri.
Birababaje kubaka inzu nziza ikomeye, kugura imodoka cyangwa kurangura ibicuruzwa ukabitangaho akayabo, ariko mu kanya gato nk’ako guhumbya ukabona inkongi y’umuriro ibihinduye umuyonga.
Umugabo witwa Twizerimana Innocent w’imyaka 40 wari umwalimu mu Karere ka Burera mu Murenge wa Rusarabuye Akagari ka Ndago, mu mpera z’icyumweru gishize yiyahuye akoresheje umuti wica imbeba. Birakekwa ko intandaro yaba ari amakimbirane yari afitanye n’umugore bashakanye w’imyaka 38 y’amavuko.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko kuri iki Cyumweru tariki 22 Ugushyingo 2020, mu Rwanda habonetse abantu 45 bashya banduye COVID-19, mu gihe uwakize ari umuntu umwe.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Busasamana mu Kagari ka Gihonga yafashe Umulisa Josiane w’imyaka 25. Abapolisi bamufashe tariki ya 19 Ugushyingo 2020 yambaye umwambaro w’ishuri ndetse afite igikapu kirimo ibitabo n’udupfunyika 1000 tw’urumogi.
Abakorera umwuga wo gutwara abagenzi kuri moto mu mujyi wa Musanze, barasaba ko bahabwa imyambaro mishya dore ko indi yabasaziyeho bakaba bari mu bihombo byo kuba badakora uko bikwiye kuko abatawambaye iyo bafashwe bacibwa amande.
Indwara y’imyate ifatwa nk’iyoroheje kandi nyamara ishobora no guteza ingaruka zikomeye z’ubuzima. Ni indwara ifata ku gatsinsino ariko ishobora no gufata ahandi ku kirenge nko ku mano.
Barack Hussein Obama yamenyekanye cyane nk’umwirabura wa mbere ufite inkomoko mu gihugu cya Kenya wayoboye Leta Zunze ubumwe za Amerika, kuva mu mwaka wa 2009 kugeza mu mwaka wa 2017.
Umunyarwanda Mugisha Moise ni we wegukanye isiganwa ry’amagare Grand Prix Chantal Biya ryaberaga muri Cameroun.
Ubuyobozi bwa Polisi n’ubw’Umurenge wa Gisenyi muri Rubavu bafashe abantu 52 bari mu bikorwa byo kwidagadura mu masaha abujijwe.
Mu nama y’inteko rusange ya Mukura VS yabaye kuri iki Cyumweru, Nizeyimana Olivier yatorewe kuyobora umuryango wa Mukura Victory Sports.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko mu kwezi kumwe igishushanyo mbonera cy’Umujyi kiraba cyasohotse abaturage n’abashoramari bagatangira kugishyira mu bikorwa.
Abakoresha imihanda imwe n’imwe yo mu bice by’umujyi wa Musanze n’inkengero zawo bakomeje gutaka ubujura bukorerwa mu mihanda imwe n’imwe, abitwikira ijoro bakaba batega abantu bakabambura ibyabo. Ibi bikorwa bigayitse ngo hari abo biri gusubiza inyuma, bakifuza ko gahunda yo gushyira amatara ku mihanda yihutishwa.
Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Busingye, ku wa 20 Ugushyingo 2020, yatangaje ko itegeko rigena ko abunzi bacyuye igihe bakomeza kuba bakora risohoka muri iki cyumweru kigiye gutangira.
Kuva mu Rwanda batangira kugaragaza ibipimo by’abanduye Covid-19 ndetse n’abakize bakoresha indimi 3 muri 4 zemewe gukoreshwa mu Rwanda, nyamara iyo bigeze mu kwihanganisha imiryango yagize ibyago usanga basoza bakoresheje indimi 2 gusa.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu tariki 21 Ugushyingo 2020, mu Rwanda habonetse abantu 34 bashya banduye COVID-19, naho abakize ni bane (4).
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yitabiriye inama ihuza ibihugu 20 bikize ku isi. Ni inama yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19. Iyo nama yibanze ku buryo bwo guhangana n’icyorezo cya COVID-19 no kurebera hamwe uko ubukungu bwazahajwe n’icyo cyorezo (…)
Hashize iminsi inganda nka Pfizer, BioNtech na Moderna zivuga ko ziri gukora inkingo za COVID-19 zifite ubwirinzi bungana na 95%, ariko se ubundi bigenda bite kugira ngo urukingo rwemerwe?
Ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda bwakiriye imashini yangiza imbunda zishaje. Ni imashini yatanzwe n’umuryango wo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba ushinzwe kurwanya ikwirakwira ry’intwaro ntoya n’iziciriritse mu Karere (RECSA), ni imashini izajya yifashishwa mu kwangiza imbunda zishaje n’ibiturika.
Abongerera agaciro ibikomoka ku nkoko n’ibikomoka ku ngurube bo mu Karere ka Rubavu bavuga ko bafite icyizere cyo gukora ibicuruzwa byinshi kandi byiza bakohereza mu gihugu cya DR Congo n’ahandi igihe batsinda amarushanwa y’Ikigo gishinzwe ubushakashatsi n’iterambere ry’inganda (NIRDA).
Shema Gaz Methane Power Plant ni urugomero rw’amashanyarazi ruzabyaza umusaruro Gaz Methane iri mu kiyaga cya Kivu, uru rugomero rukaba ruri kubakwa na sosiyete y’Abongereza yitwa Shema Power Lake Kivu Ltd, uru rugomero rukaba ruri kubakwa mu Kagari ka Busoro, Umurenge wa Nyamyumba, Akarere ka Rubavu.
Ishami rishinzwe uburezi mu Karere ka Rubavu ritangaza ko hari umubare munini w’abana batagarutse mu ishuri nyuma yo gufungura amashuri.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’igihugu cy’ubwiteganyirize (RSSB), butangaza ko bugiye gutangira gukoresha ikoranabuhanga rizajya rifasha umunyamuryango kumenya niba umukoresha we amuteganyiriza buri kwezi ndetse no kumenya imisanzu agezemo.
Perezida Kagame yavuze ko ibimaze kugerwaho mu kurwanya imitwe yitwaje intwaro ihungabanya umutekano mu Karere k’Ibiyaga Bigari bishimishije, ariko agaragaza ko hakiri byinshi byo gukorwa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Huye buvuga ko igishushanyo mbonera kiri gutegurwa kizagenderwaho kugeza mu mwaka wa 2050, ntawe kizirukana mu mujyi kuko ntawe giheza.
Umuryango uharanira uburenganzira bw’umugore, washyikirije ikirego urukiko rwa Afurika ruharanira uburenganzira bwa muntu n’uburenganzira bw’abaturage, uwo muryango ukaba wareze Guverinoma ya Tanzaniya kubera kubuza abakobwa batwite kujya mu ishuri.
Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (Rwanda Revenue Authority - RRA) cyatangaje ko abafite ubutunzi bwinshi bazashyirirwaho icyiciro cy’umusoro wihariye, kugira ngo intego yo kuzakusanya miliyari igihumbi na magana atanu na mirongo itandatu n’enye na miliyoni magana ane (1,564,400,000,000 FRW) mu mwaka w’Ingengo y’Imari wa 2020/2021 (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Ugushyingo 2020, mu Rwanda habonetse abantu 14 bashya banduye COVID-19, naho abakize ni makumyabiri na babiri (22).
Ni impanuka yabaye ku itariki 18 Ugushyingo 2020, mu Mudugudu wa Bugarama, Akagari ka Bukinanyana, Umurenge wa Jenda, ubwo abana babiri bo mu rugo rumwe, umwe witwa Umutoniwase Kevine w’imyaka cumi n’ine yari ahetse mu murumuna we witwa Niyomufasha Honorine ufite imyaka ine, basohokaga mu rugo bagiye kugura amakara ku (…)
Polisi y’u Rwanda, kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Ugushyingo 2020, yafunguye ku mugaragaro ibigo bitatu bisuzuma ubuziranenge bw’ibinyabiziga mu Karere ka Huye, Musanze na Rwamagana.
Ikipe AS Arta Solar 7 yo muri Djibouti ikinamo Alexander Song wahoze muri Arsenal na FC Barcelone, iri mu Rwanda aho igiye gukina imikino ibiri ya gicuti
Umugabo witwa Habimana Samson wo mu Kagari ka Butezi mu Murenge wa Gahara mu Karere ka Kirehe, afungiye kuri Polisi Sitasiyo ya Gatore, nyuma yo gufatirwa mu cyuho atanzwe na Dasso yari amaze guha amafaranga ibihumbi 102 bya ruswa.
Kongera kubara amajwi yavuye mu matora y’umukuru w’igihugu cya Leta zunze ubumwe za Amerika muri Leta ya Georgia, byemeje intsinzi ya Joe Biden nk’uko byatangajwe n’inzego z’ubuyobozi muri iyo Leta.
Amakuru akomeje kuvugwa ko uwahoze ari umukunzi wa Safi Madiba yaba yarabonye undi mukunzi mushya akaba ari umuproducer witwa Sano Panda.
Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), rurasaba ubuyobozi mu Ntara y’Amajyaruguru gushyira imbaraga mu micungire y’imari ya Leta, nyuma y’uko isuzuma ry’imikoreshereze y’imari ya Leta mu mashuri ryagaragaje ko muri uyu mwaka, amafaranga asaga miliyoni 700 z’amafaranga y’u Rwanda yakoreshejwe nabi.
Ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyingiro (RP), rigiye gutangira umushinga wo kwigisha urubyiruko rubarwa nk’aho rutamenyekana aho ruzimirira nyuma yo guhagarika amashuri kubera impamvu zitandukanye.
Umukinnyi usiganwa mu kwiruka n’amaguru, Myasiro Jean Marie Vianney, yasinyiye ikipe ya Sina Gerard Athletic Club amasezerano y’umwaka umwe.
Umubyeyi wo mu Murenge wa Murambi mu Karere ka Karongi yagabiwe inka y’Igihango n’urubyiruko rw’abakorerabushake mu rwego rwo kumushimira ko yagize neza akarokora umwana w’uruhinja muri Jenoside yakorewe Abatutsi akarushyira ku ibere atarabyara.
Polisi yo muri Suwede ku wa kabiri tariki ya 17 Ugushyingo 2020 yataye muri yombi Jean Paul Micomyiza ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Butare.
Ikigo gishinzwe guteza imbere ikoranabuhanga muri Africa ’Smart Africa’ gifite icyicaro i Kigali, cyagiranye amasezerano n’icy’Abanyaziya cyitwa KOMMLABS Pte Ltd, agamije gukwirakwiza amakarita yerekana abo umuntu yahuye na bo bose.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) rurashakisha uwitwa Niyonzima Janvier ukekwaho icyaha cyo kwica Nsengumurenyi Fabrice agahita acika.
Impunzi n’abasaba ubuhungiro 79 bavuye muri Libya bageze mu Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 19 Ugushyingo 2020.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko kuri uyu wa Kane tariki 19 Ugushyingo 2020, mu Rwanda habonetse abantu 29 bashya banduye COVID-19, naho abakize ni mirongo itanu (50).
Ubushakashatsi bwakozwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) bwashyize Akarere ka Musanze ku mwanya wa mbere ku mitangire ya serivise ijyanye n’isuku, Akarere ka Nyamagabe kaza ku mwanya wa nyuma.