Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Nyagatare barifuza ko ibihano ku bahamijwe n’inkiko icyaha cy’ubujura bwakwiyongera kuko batekereza ko aribwo bwacika.
Ubushakashatsi buherutse gukorwa ku cyorezo cya SIDA mu Rwanda, bwerekanye ko hejuru ya 60% by’ubwandu bushya buri mu miryango, aho abashakanye babanye neza ku buryo ntawe ukeka undi ko yamwanduza, ariko ugasanga baranduye bombi cyangwa umwe muri bo.
Mu kwezi kwa Mata k’uyu mwaka, Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’i Burayi(EU) wahaye u Rwanda inkunga y’amayero miliyoni ebyiri, hiyongeraho andi mayero ibihumbi 500 yatanzwe n’ibigo birimo icy’Abataliyani cyitwa Institute for University Cooperation (ICU), mu rwego rwo guteza imbere ikawa y’u Rwanda.
Abakinnyi 23 b’ikipe ya APR FC ndetse n’ababaherekeje, baraye bageze i Nairobi muri Kenya aho bagiye umukino wo kwishyura na Gor Mahia, mu mikino ya CAF Champions League
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 02 Ukuboza 2020, mu Rwanda umugabo w’imyaka 45 yishwe na Covid-19 i Kigali.
Kuva mu kwezi kwa Werurwe 2020 ubwo icyorezo Covid-19 cyadukaga abantu bose basabwe kuguma mu rugo no kwitabira ikoranabuhanga ribafasha guhererekanya amafaranga batayakozeho kandi batari kumwe.
Ikigo cy’Abanyamerika Gishinzwe Iterambere Mpuzamahanga (USAID) kuri uyu wa Gatatu tariki 2 Ukuboza 2020 cyatangije umushinga wiswe ‘Umurimo kuri Bose’ (UKB), ugamije kwimakaza umuco wo kudaheza ndetse no gufasha urubyiruko rufite ubumuga kubona no kwitwara neza ku isoko ry’umurimo mu Rwanda.
Indirimbo ‘Waah’ ya Diamond wo mu gihugu cya Tanzaniya afatanyije n’icyamamare cyo mu gihugu cya Repubulika ya Demukarasi ya Kongo, Koffi Olomide, yari itegerezanyijwe amatsiko menshi n’abantu batari bake, ikomeje guca agahigo ko kurebwa cyane kuri Youtube ku buryo budasanzwe.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yasabye Urwego rw’Umuvunyi kongera imbaraga mu kwigisha abaturarwanda uburenganzira bwabo, amategeko abarengera bakayumva kandi bakayamenya, bakamenya n’izindi nzego bashobora kwiyambaza.
Abantu batahise bamenyekana basatuye imashini izwi nk’ikiryabarezi ikinirwaho imikino y’amahirwe iherereye mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Remera mu Kagari ka Nyarutarama mu Mudugudu wa Kibiraro ya kabiri, bakuramo amafaranga yari arimo, batwara n’inyama z’inkoko n’ingurube zari ziri mu gikoni cyegeranye n’ahakoreraga icyo (…)
Minisiteri ya Siporo yashyize ahagaragara amabwiriza agomba kubahirizwa mu gusubukura ibikorwa byo koga muri za Pisine (swimming pools). Aya mabwiriza agaragaza ko koga mu byanya by’amazi bigari (ibiyaga, ibyuzi, imigezi) bitemewe keretse ku makipe yabigize umwuga mu gihe cyo gukora imyitozo yabanje kandi kubisabira (…)
Ubajije umuturage wo mu Karere ka Musanze no mu mirenge imwe n’imwe igize Uturere Gakenke na Nyabihu, izina ‘Cyinkware’, byakugora kubona ukubwira ko atarizi kubera ukwamamara kw’isoko ryatangaga ifunguro ry’ubuntu beshi bakunze twita ‘akaboga’.
Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu (HRW) washinje abayobozi ba Tanzania “guhohotera” nibura impunzi 18 z’Abarundi ndetse n’ababaga basaba ubuhungiro kuva mu mpera z’umwaka ushize wa 2019.
Ikipe ya APR FC yerekanye ibikoresho bishya izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2020-2021, birimo imyambaro n’ibindi bikoresho byakozwe n’uruganda rwa Kappa
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Hon. Bamporiki Edouard, avuga ko igihe kigeze ngo buri muntu arangwe n’imikorere ishingiye ku bwenge, umutima n’amaboko; kuko ari ryo shingiro ry’ubukungu.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko kuri uyu wa Kabiri tariki 01 Ukuboza 2020, mu Rwanda habonetse abantu 14 bashya banduye COVID-19, abakize bakaba ari 28.
Niba hari ikintu gitera amatsiko ku banyeshuri ndetse n’ababyeyi, ni ukubona amanota y’ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza ndetse n’icyiciro rusange(tronc-commun).Uko ni nako byagenze mu mwaka wa 2019, amanota y’ibizamini bya Leta yarasohotse,abanyeshuri bari batsinze neza bahembwe za mudasobwa, kandi bari (…)
Abaturage bakoresha umuhanda wa Rubavu-Karongi bavuga ko bahura n’akarengane mu kwishyuzwa amafaranga atandukanye n’ingendo bakora, ibyo bakabishinja ibigo bitwara abagenzi.
Raporo za Polisi y’u Rwanda ishami ryayo rishinzwe kurwanya inkongi y’umuriro zigaragaza ko mu mwaka wa 2020, kuva muri Mutarama kugeza mu kwezi k’Ukwakira, inkongi zagabanutse ugereranyije n’umwaka wari wabanje wa 2019.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, kuri uyu wa Kabiri tariki 01 Ukuboza 2020, yagiranye ibiganiro n’abayobozi bakuru b’ingabo hamwe n’abandi bakozi batandukanye.
Umurundikazi uzwi ku izina rya Shugweryimana Riziki yakomanyirijwe na Musitanteri wa Komini Mutumba Faraziya Ruzobavako amushinja ubusambanyi muri iyo komini.
Polisi y’u Rwanda yeretse abanyamakuru abantu batatu bakekwaho gukora no gukwirakwiza inyandiko mpimbano. Bafatanywe kashe (stamps) z’ibigo bitandukanye harimo ibya Leta n’ibyigenga zigera kuri 47.
Madame Jeannette Kagame avuga ko icyorezo cya SIDA gishobora gutsindwa, ariko ngo birasaba ubufatanye butajegajega kugira ngo icyo cyorezo kimaze guhita amamiliyoni y’abantu ku isi kibe cyarandurwa burundu.
Abaturage bo mu Mirenge ya Bwira, Sovu, Ndaro n’indi mirenge iherereye mu misozi ya Ngororero, baravuga ko bongeye kwegura ingobyi gakondo ngo bazifashishe mu kugeza abarwayi kwa muganga kubera iyangirika ry’imihanda ryatumye imbangukiragutabara zitakibona aho zica ngo zibafashe.
Nibaza impamvu umusore cyangwa inkumi iyo bamaze gushaka, undi muntu kuba yamubwira ngo ni mwiza bihinduka ikibazo, yaba kuri ba nyir’ubwite cyangwa n’abandi babareba cyangwa babumvise muri rusange.
Inama y’Igihugu y’Abafite Ubumuga(NCPD) itangaza ko amavuta yagenewe abafite ubumuga bw’uruhu yamaze kugezwa mu Rwanda, ariko ko abashinzwe ubuzima batabaye maso ayo mavuta yakoreshwa n’abandi bantu atagenewe.
YouTube yafashe icyemezo cyo guhagarika indirimbo y’umuhanzi Chris Hat nyuma y’uko imushinje kuba yaba yarakoze indirimbo itari iye, bikaba ari ibisanzwe ko Youtube ivana igihangano kuri uru rubuga mu gihe bigaragaye ko uwagishyizeho yiyitiriye icy’abandi, bikikora ubwabyo cyangwa hakaba hari uwatanze ikirego.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwafunze uwitwa Habinshuti Salomon, umukozi mu Kigo gishinzwe guteza imbere Uburezi (REB) n’umwe mu bakandida bashakaga akazi k’ubwarimu, wamuhaye ruswa kugira ngo amuhindurire amanota asohoke mu batsinze kandi yari yatsinzwe.
Banki y’u Rwanda Itsura Amajyambare (BRD), yatangarije impunzi zose ziri mu Rwanda hamwe n’abaturage b’uturere tuzicumbikiye, ko ibafitiye amafaranga akabakaba muri miliyari icyenda (9,000,000,000Frw), bazajya bafatamo nk’inguzanyo ivanze n’impano, kugira ngo bateze imbere ibikorwa bibabyarira inyungu.
Umutoza w’ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 17 Yves Rwasamanzi, yamaze gutangaza urutonde rw’abakinnyi batangira umwiherero, mu kwitegura CECAFA izabera mu Rwanda muri uku kwezi
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi Dr. Geraldine Mukeshimana, arasaba aborozi mu Karere ka Nyagatare kwishakamo ibisubizo aho gutegereza ko buri gihe iterambere ry’ubworozi bakora bagomba kuriterwamo inkunga na Leta.
Ku wa Mbere tariki 30 Ugushyingo 2020, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Prof. Shyaka Anastase, yagendereye Akarere ka Rusizi, asura by’umwihariko Imirenge wa Bweyeye na Gikundamvura ihana imbibi n’u Burundi n’uwa Nzahaha uhana imbibi na Rrpubulika ya Demukarasi ya Kongo.
Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika yatoranyije umunyarwanda Ishimwe Jean Claude mu basifuzi bazasifura amarushanwa ya CHAN 2021
Abasirikari, Abapolisi n’Abasivili baturutse mu bihugu bitandatu bigize umutwe w’ingabo za Afurika y’Iburasirazuba uhora witeguye gutabara aho rukomeye (EASF), kuva ku wa mbere tariki 30 Ugushyingo 2020, batangiye amahugurwa abera i Nyakinama mu Karere ka Musanze.
Minisiteri y’Ubuzima iheruka gusohora itangazo ryemerera abaganga bakora mu bitaro bya Leta, ko nyuma y’amasaha y’akazi (17:00) bakomeza gukorera aho bari ariko icyo gihe bagatangira gufatwa nk’aho barimo bakorera mu mavuriro yigenga, n’ibiciro bya serivisi bikazamuka.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko kuri uyu wa Mbere tariki 30 Ugushyingo 2020, mu Rwanda umugore w’imyaka 40 yishwe na Covid-19 i Kigali.
Perezida Joe Biden uherutse gutorerwa kuyobora Leta zunze Ubumwe za Amerika yavunitse ikirenge ubwo yari arimo akina n’imbwa ye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buratangaza ko gukusanya amakuru akenewe mu gushyira abaturage mu byiciro bishya by’ubudehe bizakorerwa mu masibo bityo bikazatuma buri muturage anogerwa n’icykiciro arimo.
Mu rwego rw’ibikorwa byo kwizihiza isabukuru y’imyaka itanu umuryango Ibuka-Italia umaze ushinzwe mu gihugu cy’u Butaliyani, mu mpera z’icyumweru gishize hatanzwe ikiganiro kivuga ku nsanganyamatsiko yo kwigisha amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mashuri yo mu gihugu cy’u Butaliyani.
Ku Cyumweru tariki 29/11/2020, ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 rwa Ngoma mu Karere ka Huye hashyinguwe imibiri 17, yabonywe ahakorwaga ibikorwa byo guhinga no gucukura imiferege.
Ku wa Gatandatu tariki ya 28 Ugushyingo 2020, Nyiricyubahiro Karidinali Antoni Kambanda yashyizwe mu rwego rwa Karidinali na Nyirubutungane Papa Francis, mu muhango wa Liturujiya wabugenewe (Consistoire ordinaire public).
Imiryango itandukanye irwanya ihohoterwa mu Karere ka Muhanga iratangaza ko bimwe mu bituma ihohoterwa rishingiye ku gitsina ridacika ari uguhishira amakuru ku barikoze n’abarikorewe kubera gutinya ingaruka zo kubivuga.
Ikipe ya Rayon Sports yatsinze Muhanga ibitego 3-1 mu mukino wa gicuti wabereye I Muhanga, Iranzi Jean Claude wari waragiye mu Misiri asobanura impamvu yagarutse.
Dogiteri Leopoldo Luque, muganga wabaze Diego Maradona, arashinjwa kuba yaramwishe atabigambiriye. Ibi byatangajwe tariki 29 Ugushyingo 2020, nyuma y’imisi ine Maradona yitabye Inama, bitangazwa n’Urukiko rwa San Isidro, rukorera hafi y’Umujyi wa Buenos Aires muri Argentine.
Imboni z’umupaka zo mu turere twa Nyaruguru, Gisagara na Nyanza zahize izindi mu marushanwa yo gutanga ubutumwa bushishikariza rubanda kurinda neza imipaka, zabiherewe ibihembo.
Ministre w’Uburezi Dr. Valentine Uwamariya kuwa 29/11/2020 yayoboye umuhango wo gutaha ku mugaragaro inyubako n’ibikorwa remezo bishya by’Ishuri rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro riherereye mu Karere ka Ngoma ( IPRC Ngoma ), ibyatashywe bikaba byaratwaye amafaranga y’uRwanda arenga miliyari.
Abatuye mu Mujyi wa Huye no mu nkengero zawo, bavuga ko urubyiruko rudafite akazi n’abanywa inzoga zisindisha bita Dundubwonko, ari bo bakunze kubahungabanyiriza umudendezo.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 29 Ugushyingo 2020, yitabiriye umukino basketball wahuje u Rwanda na Sudani y’Epfo, muri Kigali Arena.