Bamwe mu Banyarwanda bafungirwa mu gihugu cya Uganda bavuga ko buri joro bajyaga barara bakubitwa inkoni z’insinga bwacya bagasubizwa muri za kasho.
Aborozi mu karere ka Nyagatare bavuga ko ibisigazwa by’imyaka bibafitiye akamaro kanini kuko igihe cy’impeshyi bibatungira amatungo aho kugira ngo bitwikwe.
Urwego rw’Ubushinjacyaha mu Karere ka Muhanga ruratangaza ko rwakoze nibura amadosiye asaga 100 y’abantu bagaragaweho icyaho cyo gukoresha no gucuruza ibiyobyabwenge mu mezi atandatu ashize.
Abategura amarushanwa y’ubwiza ya Miss Rwanda batangaje impinduka zizagaragara mu 2021 aho amajonjora y’ibanze azakorwa hifashishijwe ikoranabuhanga ndetse ibindi byiciro bigakorerwa mu muhezo mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus gikomeje kugaragara.
Madamu Jeannette Kagame yagaragaje akamaro ko guhora abantu bisuzumisha kuko bibafasha kubaho neza no kuvurwa hakiri kare igihe babasanzemo uburwayi.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda iheruka gusezererwa mu marushanwa ya CHAN 2020 yaberaga muri Cameroun, igomba guhita itangira indi mikino myinshi ifite mu mwaka wa 2021.
Nyuma y’uko ibiza byugarije Akarere ka Gakenye muri Gicurasi 2020 ibikorwa remezo bikangirika birimo n’ibiraro, bikaba byagiye bibangamira imigenderanire y’uturere n’imirenge, Akarere ka Gakenke gakomeje gushaka uburyo ibyo bibazo bikemuka.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru, tariki 3 Gashyantare 2021 bwirukanye burundu mu bakozi ba Leta umwalimu witwa Félicien Ndayisenga, bumuziza ko yafashwe aha abana yigisha inzoga.
Abageni ari bo Justin ukomoka mu Mujyi wa Kansas muri Leta Missouri muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Stephanie Armstrong, batunguwe no guhatirwa guhagarika ubukwe bwabo, kuko umukwe (Justin) yari yapimwe basanga yanduye Covid-19.
Umuyobozi mukuru w’ibitaro bya Nyagatare, Maj Dr Ernest Munyemana, avuga ko habonetse imbangukiragutabara 15 serivisi z’ubuvuzi zarushaho kuba nziza.
Mu gihe amarushanwa ta CHAN abera muri Cameroun atarasozwa, bamwe mu bakinnyi bagiye bigaragaza kuva igitangira batangiye kubona amakipe mu bindi bihugu
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 02 Gashyantare 2021 yemeje Iteka rya Perezida rigena Imyitwarire Mbonezamurimo ku bakozi ba Leta, mu rwego rwo kubafasha kubahiriza inshingano no kubakurikirana cyangwa kubahana mu gihe batitwaye neza.
Amakipe y’ibihugu bya Morocco na Mali ni yo azakina umukino wa nyuma uzaba ku Cyumweru tariki ya 07 Gashyantare 2021.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 03 Gashyantare 2021, mu Rwanda abantu batatu bitabye Imana bishwe na COVID-19. Habonetse abanduye bashya 146, naho abakize ni 218.
Impuguke mu by’indwara ya Kanseri, zitangaza ko iyibasira ibere n’inkondo y’umura, ari zo ziri ku isonga mu zibasira zikanahitana umubare munini w’abantu.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 03 Gashyantare 2021 nibwo Abanyarwanda batandatu n’umwana w’umukobwa bagejejwe ku mupaka wa Kagitumba ku ruhande rw’Akarere ka Nyagatare.
Akarere ka Gicumbi gakomeje gushyira mu ngiro imihigo 92 kihaye ijyanye n’imibereho myiza y’abaturage mu by’ubuzima, aho gakomeje gupima abaturage indwara zitandura na Hepatite C, bakazapimwa ku kigero kiri hejuru ya 80% nk’uko babihigiye.
Stacey Abrams ni izina rigaruka cyane mu kanwa k’abo mu ishyaka ry’Abademokarate, abenshi muri bo bakavuga ko iyo Stacey adakora ibyo yakoze, n’intsinzi babonye yashoboraga kutaboneka.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi ryategetse ikipe ya AFC Leopards kwishyura Habamahoro Vincent amafaranga asaga Miliyoni 15 Frws cyangwa igafatirwa ibihano
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), iratangaza ko uko abahinzi n’aborozi bitabira gahunda yo gutanga ubwishingizi, bibongerera amahirwe yo kudahangayikira imihindagurikire y’ikirere ishobora kubateza igihombo.
Ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye hari urutonde rw’ibiribwa byiganjemo imbuto z’amoko menshi ndetse n’imiti, rukomeje gukwirakwizwa n’abantu bavuga ko bitangirwa ahavurirwa Covid-19.
Urubyiruko rwavuye Iwawa rwo mu karere ka Gakenke rwamaze gushinga Koperative y’ububaji yitwa “Imbere heza Kamubuga”, aho bakomeje umwuga w’ububaji bigiye mu kigo ngororamuco cya Iwawa.
Kapiteni w’ikipe y’igihugu y’abakinnyi bakina imbere mu gihugu akaba na rutahizamu wa APR FC, Jaques Tuyisenge, agiye kumara hagati y’ibyumweru bine na bitandatu hanze y’ikibuga nyuma yo kugira imvune.
Tariki 23 Mutarama 2020, ni bwo Ikigo cy’igihugu gishinzwe gukwirakwiza amashanyarazi (REG) cyizihije ko kimaze kugera ku mufatabuguzi wa Miliyoni, bivuze ko ingo zigera kuri miliyoni zari zamaze kubona amashanyarazi afatiye ku muyoboro rusange.
Polisi y’u Rwanda itangaza ko mu byumweru bibiri umujyi wa Kigali uri muri Guma mu rugo, yafashe abantu barenga ku mabwiriza bakoresha uburyo butandukanye mu kuyibeshya.
Mu myanzuro yafashwe n’Inama y’Abaminisitiri kuri uyu wa kabiri tariki 02 Gashyantare 2021, harimo uwo gukomeza kugumisha mu rugo abatuye Umujyi wa Kigali kugeza ku itariki ya 07 Gashyantare 2021.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa kabiri tariki 02 Gashyantare 2021, mu Rwanda abantu barindwi bitabye Imana bishwe na COVID-19. Habonetse abanduye bashya 229, naho abakize ni 473.
Minisitiri Ubuzima Dr Ngamije Daniel avuga ko tariki ya 15 Gashyantare 2021 u Rwanda ruzakira inkingo za COVID-19 za mbere zo mu bwoko bwa Phizer zibarirwa mu bihumbi 102, naho mu mpeza z’ukwezi kwa Gashyantare u Rwanda rwakire izindi nkingo zo mu bwoko bwa AstraZenica ibihumbi 996.
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Kabiri tariki ya 02 Gashyantare 2021 iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yafatiwemo ibyemezo bikurikira:
Itsinda ryo ku rubuga nkoranyambaga rwa WhatsApp rihuriyemo Abanyamuhima mu karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ryakusanyije inkunga y’asaga ibihumbi 300 by’Amafaranga y’u Rwanda yo kugoboka bagenzi babo bagizweho ingaruka na Guma mu rugo.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Musanze bakomeje gufatirwa mu byumba by’amasengesho barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19, kimwe mu bikomeje gutuma umubare w’abandura wiyongera.
Ikipe ya Rayon Sports igiye kugabanya umushahara wahabwaga abakinnyi n’abakozi bitewe no kuba ibikorwa bya siporo birimo shampiyona byarahagaze kubera COVID-19
Stéphanie Niyonsaba utuye mu Mudugudu wa Taba mu Kagari ka Cyarwa, Umurenge wa Tumba mu karere ka Huye, arasaba abagira umutima utabara kumufasha nyuma yo guhisha inzu, agasigara iheruheru.
Niyitegeka Félicité ari mu cyiciro cy’Intwari z’Imena kubera ibikorwa bitari ibya buri wese yakoze mu kwitangira abandi, ariko ababanye nawe bamubona nk’umutagatifu ndetse amasomo yabahaye akaba akibaherekeje mu buzima babayeho.
Ku wa mbere tariki 01 Gashyantare 2021, Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangiye gutanga ibiribwa ku baturage bahagaritse imirimo kubera amabwiriza ya ’Guma mu Rugo’ yo kwirinda Covid-19, kandi bukaba bukomeje kubitanga muri iki cyumweru.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS), ruratangaza ko Mfitumukiza wari uherutse gutoroka Gereza ya Muhanga yatawe muri yombi, akaba afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Nyamabuye mu Karere ka Muhanga.
Umutoza w’agateganyo w’ikipe y’igihugu y’abagabo y’umukino wa Basketball, Henry Muinuka, yasezereye abakinnyi batanu muri 18 barimo gukora imyitozo mu rwego rwo kwitegura imikino nyafurika (Afro-Basket 2021).
Abaturiye igishanga cy’Urugezi baratangaza ko bagenda basobanukirwa ko ingamba zashyizweho kugira ngo kibungabungwe, zitari mu nyungu zabo gusa ahubwo no mu z’Abaturarwanda muri rusange.
Ikipe ya AS Kigali ikomeje kwitegura umukino wa CAF Confederation Cup na CS Sfaxien, yakoreye imyitozo kuri Stade Amahoro aho yasuwe n’Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya Siporo
Tariki 1 Gashyantare u Rwanda rwizihiza umunsi wi’intwari z’Igihugu. Kuri iyi nshuro hateguwe igitaramo gisingiza Intwari ariko kubera ingamba zo kwirinda Covid-19, abantu bagikurikiye kuri Televiziyo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko ikibazo cy’imbwa zibangamiye umutekano w’abaturage kigiye kuvugutirwa umuti mushya, wo kwifashisha umutego wo kuzifata izidafite ba nyirazo zikicwa.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa mbere tariki 01 Gashyantare 2021, mu Rwanda abantu babiri bitabye Imana bishwe na COVID-19. Habonetse abanduye bashya 155, naho abakize ni 185.
Kuri uyu wa Mbere tariki 01 Gashyantare 2021, ubwo hizizwaga umunsi w’Intwari z’u Rwanda, urubyiruko rw’Akarere ka Rwamagana rwashimiye bamwe mu bakomerekeye ku rugamba rwo kubohora Igihugu babaha ibiribwa n’ibindi bikoresho byose bifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda 203,300 Frw.
Mu gihe Akarere ka Burera kahoze mu turere tutigaragaza muri siporo kubera kutagira amakipe mu rwego rwa shampiyona zinyuranye mu gihugu, kuri ubu ako Karere karakataje mu gushinga amakipe anyuranye ari nako kubaka ibikorwa remezo bijyanye n’amakipe gafite.
Ibikorwa biteza imbere ibidukikije, kubaka imihanda ya kijyambere mu mijyi yo ku mipaka, kubaka ibyumba by’amashuri no kwegereza amazi meza abaturage, ni byo byashyizwe imbere mu ngengo y’imari ya 2020 - 2021 mu ntara y’Iburengerazuba.
Abatuye mu Mujyi wa Huye, cyane cyane abaturiye Kaminuza y’u Rwanda, binubira konerwa n’inkende kuko ngo zahabaye nyinshi, zikabonera imyaka iri mu mirima n’imbuto.
Buri mwaka tariki ya 1 Gashyantare u Rwanda rwizihiza Umunsi w’Intwari zitangiye Igihugu, zikagikura mu rwobo n’icuraburindi ryaganishije kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse n’izindi ntwari zahisemo gutanga ubuzima bwazo zitangira abandi.
Nk’uko Kigali Today ikomeje kuganira n’abayobozi b’uturere mu gihugu hose bagaragaza imishinga minini bateganya gukora mu mwaka wa 2021, no mu Ntara y’Amajyaruguru abayobozi b’uturere bagaragaje iyo mishanga izatwara akayabo hagamijwe kwegereza abaturage iterambere.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yifurije Abanyarwanda umunsi mwiza w’Intwari, akaba yabitangaje abinyujije mu butumwa yanditse kuri Twitter.
Mu mwaka wa 2009, Uwamahoro Prisca yashakanye na Sindayiheba Phanuel, bombi bakaba bari mu ntwari z’i Nyange. Igihe bagabwagaho igitero n’abacengezi mu 1997, Sindayiheba yigaga mu mwaka wa Gatandatu w’amashuri yisumbuye, umugore we yiga mu mwaka wa Gatanu.