Raporo ku iteganyagihe ryakozwe n’Ibigo Nyafurika birifite mu nshingano ICPAC na IGAD, irerekana ko ibihugu umunani byo mu Ihembe rya Afurika bizagwamo imvura nyinshi ku buryo budasanzwe.
Mu gihe imikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika cya 2025 yashyizweho akadomo ku wa kabiri, tariki ya 19 Ugushyingo 2024, ibihugu by’u Rwanda n’u Burundi ni byo byasigaye ku rugo mu byo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba.
Bamwe mu bagize uruhare mu itoranywa ry’abakinnyi bagiye mu ishuri rya ruhago rya Bayern Munich mu Rwanda bavuga ko bategereje ibihembo amaso ahera mu kirere.
Umugore wa Kizza Besigye umaze imyaka atavuga rumwe n’ubuyobozi muri Uganda, yavuze ko umugabo we yashimutiwe muri Kenya, ubu akaba ari muri gereza ya gisirikare muri Uganda.
Sosiyete y’Itumanaho ya Airtel yatangije uburyo bwo guhamagara bwiswe Voice Over 4G(VoLTE) hakoreshejwe murandasi y’ikiragano cya kane(4G), aho kuba uburyo busanzwe bw’amayinite bukoresha 2G.
Mu gihe ubuzima bukomeje kumera nabi i Darfur mu majyaruguru ya Sudan, aho abantu babarirwa mu bihumbi 10 baheruka gukurwa mu byabo n’intambara bugarijwe n’inzara, ibikoni umunani bya rusange birimo gutanga igaburo kabiri ku munsi ku mpunzi ziri mu nkambi ya Zamzam, iri mu majyepfo ya Al-Fasher. Uyu mujyi umaze amezi urimo (…)
Perezida Paul Kagame yakiriye Umunyarwenya w’icyamamare ukomoka muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, Steve Harvey umaze iminsi mu Rwanda.
Ku nshuro ya mbere, Ukraine yarashe ku butaka bw’u Burusiya misile zigera kure, nyuma y’uko Amerika yemereye iki gihugu gutangira kugaba ibitero gikoresheje izo ntwaro.
Ibi ni ibyatangajwe kuri uyu wa Kabiri tariki 19 Ugushyingo 2024, ubwo u Rwanda n’Isi muri rusange bizihizaga Umunsi Mpuzamahanga w’Ubwiherero.
Bamwe mu banyamahanga bamaze guhabwa ubwenegihugu Nyarwanda, bavuga ko kubuhabwa byatumye barushaho kwisanzura bitandukanye na mbere batarabuhabwa, birushaho kubafasha gukora ibikorwa byabo nk’abenegihugu nta bindi byangombwa basabwa.
Imyumvire n’amakimbirane byiganje mu miryango, ni bimwe mu bigarukwaho n’ababyeyi batandukanye mu Murenge wa Jenda, ko biri mu byongera umubare w’abana bagwingiye ndetse bafite imirire mibi.
Amakuru yageze kuri Kigali Today kuri uyu wa Kabiri, arahamya ko abasore babiri bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Olga Kayirangwa barekuwe.
Ku gicamunsi cyo ku wa 18 Ugushyingo 2024, muri gare ya Huye umukobwa wo mu kigero cy’imyaka 23, yanyoye umuti wica udukoko ngo bita simekombe, ashaka kwiyahura.
Umwe mu bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Nduwamungu Pauline, w’imyaka 66 y’amavuko warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 1994, yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascene Bizimana, avuga ko abantu batanu (5) barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 1994, ari bo bamaze kwicwa.
Impuguke zituruka mu muryango w’Afurika y’u Burasirazuba (EAC), zahuriye mu Rwanda mu nama y’iminsi itatu yiga ku buryo gufatanya no guhuriza hamwe uburyo bwo gukemura ibibazo bijyanye n’ibinyabutabire, ibinyabuzima, ibisasu bya kirimbuzi (CBRNE) n’ibindi bikorwa by’iterabwoba mu bihugu bigize EAC.
Mu gihe mu mihanda imwe n’imwe, hakomeje kugaragara abashoferi batwara abagenzi mu modoka rusange za coaster, barengeje umubare w’abo izo modoka zemerewe gutwara (gutendeka) ndetse banabatendekanye n’imizigo, Polisi y’u Rwanda iburira abafite iyo myitwarire kuyicikaho, mu kwirinda kugongana n’amategeko.
Mu rwego rwo gufasha abakozi bashinzwe gukurikirana ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe ku bigo nderabuzima kurushaho kwegera abaturage, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), ndetse n’Umuryango Interpeace Rwanda batanze moto 39 ku bigo nderabuzima byo mu turere dutanu.
Polisi y’u Rwanda yafashe abasore umunani bo mu Karere ka Kamonyi mu Mirenge ya Rukoma, Ngamba na Kayenzi bari mu bikorwa byo gucukura amabuye mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Abaturage baganiriye na Kigali Today bavuga ko hakwiye gufatwa ingamba zakumira guhenda kw’ibintu no guta agaciro kw’ifaranga ry’u Rwanda, bashingiye ku byo ryaguraga mu myaka irenga 20 ishize.
Inzobere z’Urwego rw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe rushinzwe kugenzura imiterere y’imiyoborere mu bihugu bya Afurika, zigaragaza ko urubyiruko n’abagore bakwiye kongerwa mu nzego z’imiyoborere mu bihugu bya Afurika.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) kivuga ko indwara ya Malariya yikubye inshuro ebyiri ugereranyije kuva mu kwezi kwa cyenda k’umwaka ushize wa 2023 n’ukwezi kwa Nzeri 2024 aho abarwayi bavuye ku bihumbi 43 bikuba inshuro ebyiri.
Korali Hoziana yo muri ADEPR Nyarugenge, yateguye igitaramo cy’iminsi itatu cyiswe ‘Hoziana Gospel Celebration - Tugumane 2024’, kizaba gifite umwihariko wo kwamamaza ubutumwa bwiza bwa Kristo bukagera kuri benshi.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda "Amavubi" itsindiye Nigeria iwayo ibitego 2-1, ariko ntiyabasha kubona amahirwe yo gusubira mu gikombe cya Afurika.
Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan yategetse ko hashyirwaho itsinda rishinzwe gukora ubugenzuzi ku nyubako zose mu Mujyi wa Dar es Salaam, cyane cyane izo mu gace ka Kariakoo nyuma y’uko imwe muri zo iguye hejuru y’abantu igahitana 16 abandi 86 bagakomereka.
Ikipe y’Igihugu y’abagabo mu mukino wa Basketball, yerekeje muri Senegal gushaka itike y’imikino ya Afro Basketball.
Ihuriro ry’imiryango y’abantu barwaye indwara zitandura, rishima uruhare rw’u Rwanda mu kurwanya Diyabete ariko bagasaba ko bakomeza gufashwa kurushaho kuko ari uburwayi babana na bwo budakira.
Muri Gabon, abaturage bitabiriye amatora ya Referendum ku guhindura itegeko nshinga batoye ‘Yego’ ku kigero cya 91.8% bemeza ko batoye itegeko rishya ryanditswe ku butegetsi bwa gisirikare buhagarariwe na General Brice Oligui Nguema.
Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi watangaje ko wemeje inkunga ya miliyoni 20 z’Amayero (Asaga miliyari 28Frw), agamije gushyigikira Ingabo z’u Rwanda (RDF), kurwanya iterabwoba mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique.
Perezida wa Amerika Joe Biden, yemereye Ukraine gutangira gukoresha ibisasu biraswa bikagera ku ntera ndende bizwi nka ATACMS, biraswa mu Burusiya, nubwo nta gihe cyatangaje ibyo bizatangira kuraswayo.
Igitero Israel yagabye muri Libani mu mpera z’icyumweru gishize cyahitanye umuvugizi w’umutwe wa Hezbollah. Amakuru yemejwe n’umwe mu bayobozi ba Hezbollah utashatse ko amazina ye atangazwa yavuze ko Mohammed Afif yiciwe i Beirut hagati mu murwa mukuru wa Libani.
Ihuriro ry’abanyamwuga mu kwita ku bakozi mu Rwanda (People Matters Kigali-Rwanda), ryateguye ibikorwa byo guhemba ibigo bihiga ibindi mu kwita ku bakozi babyo.
Nzarora Marcel wabaye umukinnyi (Umunyezamu) mu makipe akomye hano mu Rwanda, ndetse akanakinira ikipe y’Igihugu (Amavubi) y’Abatarengeje imyaka 17 mu Gikombe cy’Isi cyabereye muri Mexique mu 2011, yakoze ubukwe n’umukunzi we Brenda.
Uwizeye Jean de Dieu, iyo asangiza abandi ubuhamya bw’ubuzima yakuriyemo, yumvikanisha uburyo inyigisho zikocamye kandi zigoreka amateka, za bamwe mu bari Abarimu, Abategetsi ndetse n’Abanyamadini, zoretse imitekerereze ya benshi na we arimo, bakurira mu buyobe bw’amacakubiri n’ingengabitekerezo, kugeza ku rwego (…)
Mu Karere ka Bugesera, mu Ishuri ryisumbuye rya GS Rilima riherereye mu Murenge wa Rilima, hubatswe uruganda rutunganya imyanda yo mu bwiherero bw’iryo shuri n’amazi akoreshwa mu gikoni, hakavamo amazi atunganyije yongera agakoreshwa mu isuku yo mu bwiherero no mu ruganda, hakabyazwamo na biogaz yo gutekesha ndetse (…)
Abakinnyi n’abatoza ba ruhago ikinirwa ku meza (Teqball), bahize kuzamura urwego rw’uyu mukino nyuma yo kongererwa ubumenyi mu mahugurwa y’iminsi itatu yasojwe ku wa 16 Ugushyingo 2024.
Mu mpera z’icyumweru dusoje, mu Karere ka Gisagara na Huye, hasorejwe imikino ya shampiyona ya Volleyball umunsi wa gatatu, aho amakipe ya APR na Police VC yongeye kwitwara neza.
Inzego zishinzwe ubuzima muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, zatangaje ko habonetse umuntu wa mbere wanduye indwara y’ubushita bw’inkende izwi nka Mpox.
Abaturage bimuwe Kangondo muri Nyarutarama bagatuzwa mu mudugudu w’icyitegererezo mu Murenge wa Kanombe, barasaba ko bakwagurirwa isoko ry’ubucuruzi kugira ngo babashe kubona imyanya yo gukoreraho bibafashe gutunga imiryango yabo.
Abahinzi b’icyayi bo mu Karere ka Nyaruguru bifashisha inguzanyo za SCON mu kugihinga, barishimira kuba barakuriweho kwishyura izo nguzanyo hafatiwe ku gaciro kazo mu madolari.
Umugore w’imyaka 47 y’amavuko wo mu Bushinwa, yamaze igice kinini cy’ubuzima bwe ashakisha uwishe musaza we, ariko amaherezo yesheje uwo muhigo yari yihaye, kuko uwo mwicanyi yarashyize arafatwa n’ubwo hari hashize imyaka isaga 30 yidegembya.
Umuraperi w’icyamamare Aubrey Drake Graham (Drake), yahombye Amadorali 335,000 (asaga miliyoni 400 Frw) nyuma y’uko yari yayategeye Mike Tyson gutsinda ku mukino w’iteramakofi wamuhuje na Jake Paul.
Bamwe mu baturage bo mu Mudugudu wa Gihorobwa, bavuga ko babangamiwe n’umunuko uturuka ku ngurube zororewe hafi n’ingo zabo bakifuza ko zakubakirwa ibiraro ahitaruye ingo.
Abanyamuryango ba Unity Club Intwararumuri, bahuriye mu Ihuriro rya 17 ry’uyu muryango nyuma y’ibiganiro byatanzwe n’abayobozi batandukanye, hafashwe ibyemezo bitandukanye.
Muri Tanzania, abantu batanu (5) bapfuye abandi basaga 40 barakomereka nyuma y’uko inyubako y’umuturirwa ibagwiriye mu gace k’ubucuruzi ka Kariakoo mu Murwa wa Dar es Salaam.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yavuze ko Abanyarwanda babyemera batabyemera, amateka yabo akubiyemo icyo bari cyo, kandi ko kubyihanaguraho ari ibintu bigoye.
Umushinga w’abanyeshuri ba Agahozo Shalom wegukanye irushanwa ry’ibiganiro mpaka ku micungire y’ifaranga rizwi ku izina rya ‘Money makeover’, ryabaga ku nshuro yaryo ya kabiri.
Kuri uyu wa Gatandatu, Twagirayezu Thaddé yatorewe kuyobora ikipe ya Rayon Sports mu myaka ine iri imbere asimbuye Uwayezu Jean Fidele.
Abaramyi barimo Diane Ella, Abid Cruz, Sutcliffe bahuje imbaraga na Niyo Bosco bakora indirimbo bise ‘UBU NDERA’, ikubiyemo ubutumwa bwo guhumuriza baremerewe n’ibyaha, babuze uwabaruhura iyo ngoyi bakegera Imana kuko ari yo itanga imbabazi ikaruhura abarushye.
Nduwamungu Pauline, w’imyaka 66 y’amavuko warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 1994, yishwe n’abantu batahise bamenyekana ku wa Kane tariki ya 14 Ugushyingo 2024.