Ku wa Gatandatu tariki ya 19 Kamena 2021 Polisi y’u Rwanda yafashe abantu 88 bari mu muhango wo kwiyakira mu bukwe bw’uwitwa Buregeya Saidi Codo w’imyaka 34 na Nyampundu Thausie. Bwari bwabereye mu busitani bwitwa "Green Mountain Biking Garden" ahazwi nko kwa Hadj Farouk buherereye mu Karere ka Nyarugenge mu Murenge wa (…)
Urwibutso rwa Jenoside rwa Kinigi ruherereye mu nkengero z’Ibirunga rukaba rushyinguwemo imibiri y’Abatutsi 166 bishwe mu 1991. Urwo rwibutso ni kimwe mu bimenyetso ndangamateka byeretswe abanyeshuri ba INES-Ruhengeri mu rwego rwo kubagaragariza uburyo Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yateguwe kuva kera.
Nyuma y’urupfu rwa Kenneth Kaunda witabye Imana tariki 17 Kamena 2021, afite imyaka 97 y’amavuko, igihugu cye cya Zambia cyashyizeho icyunamao cy’iminsi makumyabiri n’umwe (21) mu rwego rwo kuzirikana uwo mukambwe ufatwa nk’intwari mu kurwanya ubukoloni muri Afurika.
Ikipe ya APR Fc inyagiye Marines FC ibitego 6-0 mu mukino w’umunsi wa gatandatu wa shampiyona wabereye kuri Stade Huye, AS Kigali nayo itsinda Bugesera
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alice Kayitesi, asaba abakuru b’imidugudu kimwe n’abavuga rikumvikana bafungura utubari muri iki gihe cyo kwirinda Coronavirus kwisubiraho, kuko batanga urugero rubi.
Paruwasi ya ADEPR Muganza ihuza imirenge ya Kigali, Nyamirambo na Mageragere mu Karere ka Nyarugenge, ku wa Gatanu tariki 18 Kamena 2021 yibutse Abatutsi bari abadiyakoni, abaririmbyi n’abakirisito basanzwe bishwe mu 1994.
Urwego rw’Ubugenzacyaha(RIB) rwavuze ko abari abanyeshuri batahawe impamyabumenyi muri KIM (Kigali Institute of Management) mbere y’uko ifunga imiryango mu mwaka ushize, barimo abaguze amanota.
Ikigo gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura WASAC kivuga ko ikibazo cyo kubura amazi mu duce tumwe na tumwe twa Kigali na Bugesera cyane cyane mu gihe cy’impeshyi cyarangiye, kuko uruganda rwa Kanzenze rwatangiye gukora.
Nyuma y’ifoto yacicikanye ku mbuga nkoranyambaga igaragaza umubyeyi wari kuri moto ahetse umwana anagana, umumotari wari umuhetse ubu ari mu maboko ya RIB akurikiranyweho ubufatanyacyaha bwo kubabaza umubiri bidaturutse ku bushake.
Umuyobozi w’akarere ka Ruhango Habarurema Valens arasaba abaturage gukomeza kwirinda indwara zishobora kwirindwa mu gihe hakomeje kongerwa imodoka zitwara abarwayi (Imbangukiragutabara).
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera, yanenze amakosa yabonye muri amwe mu mahoteli yo mu mujyi wa Musanze akomeje kurenga ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19, agacumbikira abantu baterekanye icyemezo cy’uko bipimishije icyo cyorezo, nk’uko biri mu mabwiriza y’imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri iherutse guterana.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda “Ferwafa” ryatangaje ko imikino ya shampiyona yagombaga kubera i Rubavu isubikwa, ndetse n’imikino y’amakipe arwanira kutamanuka
Mu Karere ka Musanze mu ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda ku wa Gatanu tariki ya 18 Kamena 2021 hasojwe ibiganiro ku mahoro, umutekano n’ubutabera. Ibi biganiro byari bimaze iminsi ibiri byitabiriwe na ba Ofisiye bakuru mu nzego z’umutekano biga muri iri shuri amasomo yo ku rwego rwo hejuru mu bijyanye n’akazi bakora.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 18 Kamena 2021, mu Rwanda abantu 451 babasanzemo Covid-19, umuntu umwe ni we wakize, undi muntu umwe yitabye Imana, naho abarembye ni 16 nk’uko imibare yatangajwe ibigaragaza.
Umwalimu ukomoka mu gihugu cya Nigeria witwa Prof Abdulrazaq Oniye wigisha muri Kaminuza ya Kigali avuga ko gusura inzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi ari ingenzi kuko zigaragaza ubugome umuntu yakoreye mugenzi we biturutse ku rwango rwagiye rubibwa hagati yabo bikaza kubyara Jenoside.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame akaba n’Umugaba Mukuru w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yazamuye abasirikare mu ntera mu buryo bukurikira:
Abana bato bari mu kigero cy’imyaka itanu (5) n’umunani (8), ku munsi w’ejo bateguye imyigaragambyo, yabereye mu mujyi wa Hamburg mu Budage, bamagana abyeyi babirengagiza bagahugira kuri telefone.
Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST) ivuga ko Ikoranabuhanga ririmo gukoreshwa mu guteza cyamunara rigiye gutuma abagurishirizwa imitungo batumva ko barenganye. Mu kwezi kwa Gicurasi umwaka ushize wa 2020, MINIJUST hamwe n’Urwego rushinzwe Iterambere(RDB) byatangaje amategeko mashya agenga uburyo cyamunara zizajya zikorwa (…)
Minisiteri ya Siporo mu Rwanda yatangaje ingamba nshya z’ibikorwa bya siporo zirebana no guhangana na COVID-19
Kayitesi Alice wakomerekeye mu bitero by’umutwe w’iterabwoba wa FLN, avuga ko azashira ihungabana ndetse agakira n’ibikomere ari uko ahuye n’ababimuteye.
Abaturage b’Umurenge wa Kayumbu mu Karere ka Kamonyi barasaba ko ikigo nderabuzima bubakiwe cyashyirwamo abakozi bahagije n’ibikoresho kugira ngo babashe kubona serivisi nziza z’ubuvuzi kandi hafi.
Umugabo witwa Ziona Chana, wo muri Leta ya Mizoram mu Majyaruguru y’u Buhinde, wari uzwiho kugira umuryango munini cyane, kuko yari afite abagore 39 n’abana 94, yapfuye tariki 14 Kamena 2021, asize uwo muryango.
Ku wa Kane tariki 17 Kamena 2021, ni bwo Laurent Gbagbo wahoze ari Perezida wa Côte d’Ivoire yakiriwe i Abidjan, agarutse mu gihugu cye nyuma y’imyaka icumi avuye ku butegetsi bw’icyo gihugu, aho yari yaroherejwe ku Rukiko mpuzamahanga mpanabyaha rw’i La Haye mu Buholandi gukurikiranwaho ibyaha by’intambara.
Kuri uyu Gatanu tariki ya 18 Kamena 2021, Ubushinjacyaha bwasabiye ibihano abantu bane bagabye ibitero mu Karere ka Rusizi bigakomerekeramo abantu bikangiza n’imitungo yabo.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yifatanyije mu kababaro n’abaturage ba Zambia bababajwe n’urupfu rwa Kenneth Kaunda wabaye Perezida w’icyo gihugu kuva mu mwaka wa 1964 kugera mu 1991.
Banki ya Kigali yinjiye mu bufatanye n’ikigo mpuzamahanga cy’ikoranabuhanga mu kwishyura, Virtual Pay International, mu rwego rwo gufasha abacuruzi bo mu Rwanda no mu Karere kugeza ibicuruzwa byabo hirya no hino ku Isi hifashishijwe ikoranabuhanga bakishyurwa hakoreshejwe ikarita ya Visa cyangwa Mastercard.
Padiri Uwimana Jean François usanzwe aririmba indirimbo zo mu njyana ya Rap zihimbaza Imana, yamaze gushyira hanze indirimbo yitwa ‘Igitangaza’ aho yabyinanye n’abazungu bo mu gihugu cy’u Budage aho ari gukomereza amasomo ye.
Uwayoboye abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba MRCD-FLN mu nzira ibageza ku butaka bw’u Rwanda, witwa Shabani Emmanuel, Ubushinjacyaha bwamusabiye gufungwa imyaka 25.
Uruganda rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, Skol Brewery Limited (SBL) ku bufatanyije n’Ikigo cy’Abadage gishinzwe Iterambere (GIZ), bitewemo inkunga na MasterCard Foundation, rutangaza ko rurimo guhugura abacuruza ibinyobwa byarwo kugira ngo bamenye gufata neza abakiriya.
Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko Kayiranga Baptiste yagizwe umutoza w’agateganyo mu mikino ya shampiyona isigaye
Kimwe mu bidindiza imikorere y’itangazamakuru n’umutekano mu bihugu binyuranye bya Afurika, ngo ni bamwe mu bayobozi badatanga amakuru uko bikwiye, n’ababikoze bagatanga aya nikize, bityo inkingi y’ubakirwaho mu kubaka sosiyete ishyizehamwe kandi itekanye ikadindira.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze buratangaza ko ubucuruzi bw’amata bukorwa mu kajagari, biri mu bikoma mu nkokora ubuziranenge bwayo, ndetse n’ingano y’umukamo iba ikenewe ngo atunganywe neza kandi anongererwe agaciro ntiboneke uko bikwiye.
Nyuma y’uko Leta y’u Rwanda yategetse ko abana bose barererwa mu miryango ibigo byareraga imfubyi bigafungwa, abana bafite ubumuga bari basigaye mu bigo na bo bagiye koherezwa kurererwa mu miryango.
Umunyarwenya Kansiime Anne w’umunya Uganda, yambitswe impeta na Abraham Tukahiirwa uzwi nka Skylanta bamaze amezi make bibarutse imfura yabo.
Polisi y’u Rwanda ishami ryayo rishinzwe umutekano wo mu muhanda, ku wa Kane tariki ya 17 Kamena 2021, ryatangije ubukangurambaga buzamara icyumweru ku bakoresha umuhanda bose.
Abarwanyi ba Hamas barimo gukoresha andi mayeri mu rugamba nyuma y’aho ibisasu byabo bya misile babyohereza ariko bikaburizwamo n’ikoranabuhanga rya Israel.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko ku wa Kane tariki 17 Kamena 2021, mu Rwanda abantu 422 babasanzemo Covid-19, abakize ni 9, umuntu umwe yitabye Imana, naho abarembye ni 9 nk’uko imibare yatangajwe ibigaragaza.
Mu ishuri rikuru rya Polisi (National Police College) riherereye mu Karere ka Musanze, hatangijwe ibiganiro by’iminsi ibiri, byiga ku gushaka umuti wo guhangana n’ibibazo by’umutekano byugarije Afurika n’ibindi bishobora kuvuka.
Nyuma y’inkuru yamenyekanye y’umugabo wo mu Murenge wa Kitabi mu Karere ka Nyamagabe waziritse umwana we ku nkomangizo akayimaraho iminsi ibiri, akayikurwaho n’umuturanyi yarakomeretse, bamwe mu baturanyi bavuga ko yabasebeje, abandi bakamwifuriza igihano kuko ngo ibyo yakoreye umwana we bidakwiye.
Uwahoze ari Perezida wa Zambia Kenneth Kaunda yitabye Imana ku myaka 97. Yayoboye Zambia kuva mu mwaka w’1964 kugera 1991.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), ruratangaza ko hatagize igikorwa mu gukumira icyaha cyo gusambanya umwana no kwirinda ihohoterwa rishingiye ku gitsina, Abanyarwanda bazisanga ingaruka zabyo zigera ku mubare munini w’abantu kandi kuzikumira bitagifite igaruriro.
Bizimana Cassien bita Passy wayoboye ibitero byagabwe mu Karere ka Rusizi, ubushinjacyaha bwamusabiye igihano cy’igifungo cy’imyaka 25 kubera ibikorwa by’iterabwoba aregwa.
Ku gicamunsi cyo ku wa Gatatu tariki ya 16 Kamena 2021, Polisi y’u Rwanda n’ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyarugunga bafunze by’agateganyo ‘Aiport Inn Motel’ iherereye mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Nyarugunga, iyo Motel abayobozi bayo baracyekwaho gutorokesha umuntu wari uyicumbitsemo kandi afite ubwandu bwa Covid-19. Uwo (…)
Imbere y’amategeko ahana y’u Rwanda no mu mategeko mpuzamahanga, icyaha ni igikorwa kibujijwe n’itegeko cyangwa kwanga gukora igitegetswe ku buryo bihungabanya umutekano mu bantu kandi hari itegeko ribiteganyiriza igihano, amategeko agira n’ihama rigira riti nta cyaha nta gihano, nyamara ariko nubwo amategeko ahana icyaha (…)
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Prof. Jeannette Bayisenge, arasa abaturage kuzirikana ko kwita ku buzima bw’umwana kuva agisamwa, bigira uruhare rukomeye mu guteza imbere imikurire ye yaba mu gihagararo, mu bwenge, mu mbamutima no mu mibanire ye n’abandi.
Kuri uyu wa Kane tariki ya 17 Kamena 2021, ubushinjacyaha bwasabiye Nizeyimana Marc igihano cy’igifungo cya burundu kubera ibyaha akurikiranyweho bijyanye n’iterabwoba ndetse n’ubwicanyi.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) iratangaza ko bitarenze muri Nyakanga 2021, mu tugari n’Imirenge byo mu gihugu hose hazaba hakoreshwa igitabo cy’irangamimerere cy’ikoranabuhanga, nk’uburyo bwizewe bwo kubika amakuru no kurinda abaturage kongera gusiragira bashaka izo serivisi; ubusanzwe zatangwaga mu buryo bwa (…)
Mu myaka icumi ishize, umubare w’abanyeshuri b’Abanyarwanda bajya kwiga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) wariyongereye ku rugero rwa 215%, kuko umubare wakomeje kuzamuka cyane guhera mu 2006.
Kuri uyu wa Kane tariki 17 Kamena 2021, Ubushinjacyaha busabiye Herman Nsengimana igifungo cy’imyaka 20.
Kuri uyu wa Kane tariki ya 17 Kamena 2021, urubanza ruregwamo Rusesabagina n’abo bareganwa rwakomeje, Ubushinjacyaha bukaba bwasabiye Paul Rusesabagina igifungo cya burundu.