Mu mikino y’umunsi wa nyuma wa shampiyona ku makipe arwana no kutamanuka mu cyiciro cya kabiri, ikipe ya Sunrise yisanze mu cyiciro cya kabiri nyuma yo gutsindwa na Gorilla FC.
Ubuyobozi bwa CECAFA bwatangaje ko amatariki igikombe cya CECAFA cyagombaga gutangiriraho muri Ethiopia yigijwe inyuma ho ibyumweru bibiri.
Mu kazi umukoresha n’umukozi akenshi bahuzwa n’akazi umukozi akeneyeho umukoresha, igihembo cy’akazi ari cyo umushahara, umukoresha na we akeneyeho umukozi kumukorera akazi neza kugira ngo abashe gutera imbere. Hari igihe ariko bitewe n’ibibazo bivuka mu kazi impande zombi zitabasha gukomeza kumvikana bitewe n’amakosa (…)
Ku Cyumweru tariki ya 27 Kamena 2021 nibwo Umunyarwanda, Commissioner of Police (CP) Christophe Bizimungu yageze mu gihugu cya Repubulika ya Central Africa aho agiye mu mirimo yo kuyobora Polisi y’Umuryango w’Abibumbye (UNPOL) igizwe n’abapolisi baturuka mu mahanga bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri kiriya gihugu (…)
Umukozi wa Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) ushinzwe ikoranabuhanga, Bella Rwigamba, avuga ko iyo Minisiteri itabuza amashuri gukorana na kompanyi zikora ‘applications na softwares’ z’ikoranabuhanga.
Padiri Amerika Victor umaze iminsi arimo kwandika ibitabo bifasha abashakanye kugarura umubano mwiza no kurushaho kubaka urwo bashinze rugakomera, akanagira inama abifuza gushinga umuryango, asanga kubaho udashatse utari uwihaye Imana ari ubugwari.
Ubuyobozi mu turere tugize Intara y’Amajyaruguru bukomeje ubukangurambaga mu rugamba rwo gukangurira abatuye iyo ntara kutadohoka ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19, aho imibare y’abayandura muri iyo ntara igenda azamuka umunsi ku wundi.
Umuyobozi w’ikipe ya APR FC Lt Gen. Mubarakh Muganga yatangaje bimwe mu bishobora gutuma ikipe ya APR FC yongera gusubira kuri Politiki yo gukinisha abanyamahanga.
Ubwo Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Musanze, yari mu gikorwa cyo kugenzura uko amabwiriza yo kwirinda Covid-19 yubahirizwa mu nsengero, ku Cyumweru tariki 27 Kamena 2021, yasanze abakirisitu basengera muri Centrale ya Muko bayarenzeho, bituma abagera kuri batandatu harimo n’Umupadiri wari uyoboye igitambo cya misa, (…)
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe n’ubwa Ibuka buvuga ko Nyamagabe (hahoze ari mu Bufundu na Bunyambiriri) ari igicumbi cy’ingengabitekerezo ya Jenoside, nk’uko n’amateka abigaragaza.
Ku Cyumweru tariki 27 Kamena 2021, mu rugo rw’uwitwa Gasana Vincent utuye mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Kanombe, Polisi yahafatiye abantu 6 bari mu bikorwa binyuranyijwe n’amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19, kuko bafashwe bari muri Sauna iba mu rugo rw’uwo muturage kandi bitemewe, hakaba hari n’abandi 13 bari (…)
Mu rwego rwo kwibuka abasportifs bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, by’umwihariko abo mu mukino wa Volleyball, ikipe ya Gisagara VC na Rwanda Revenue ni zo zegukanye ibikombe.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku Cyumweru tariki 27 Kamena 2021, mu Rwanda abantu icyenda (9) bishwe na Covid-19. Abayanduye ni 741 bituma umubare w’abamaze kwandura bose hamwe baba 36,627. Abakize icyo cyorezo ni 113 bituma abamaze gukira bose hamwe baba 27,090. Abakirwaye ni 9,117 na ho abarembye ni 26 (…)
Abafana b’ikipe ya APR FC mu Karere ka Musanze, basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kinigi bunamira abazize Jenoside bashyinguye muri urwo rwibutso, banafata ingamba zo guhangana n’uwo ari we wese ushaka kuyipfobya.
Ku Mugoroba wo ku ya 26 Kamena 2021, Ambasade y’u Rwanda mu Gihugu cya Senegal ifatanyije n’Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda, by’umwihariko urubyiruko rwo mu bihugu bya Senegal, Mali, Gambia, Cabo Verde na Guinea Bissau, bibutse urubyiruko rwishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994. Iyo gahunda yakozwe (…)
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho myiza, Murekatete Juliet, avuga ko mu mezi atandatu asoza uyu mwaka w’ingengo y’imari, indwara ya Malariya yongeye kuzamuka mu mirenge itanu.
Umuherwe wakoze iryo koranabuhanga rya antivirusi ya MacAfee yamamaye cyane mu myaka ishize, yaguye muri gereza yo muri Espagne ku wa Gatatu w’iki cyumweru, bikavugwa yaba yariyahuye.
Abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga bavuga ko bageragaza gukora ibikorwa bibateza imbere mu makoperative ariko bakabangamirwa no kwamamaza cyangwa gucuruza ibyo bakora kuko ababagana batazi amarenga.
Inama Njyanama y’Akarere ka Musanze, irizeza abaturage ko igishushanyo mbonera gishya yemeje ku wa Gatanu tariki 25 Kamena 2021, kizaca akajagari mu miturire.
Abaturage b’Akagari ka Nyabisindu, Umurenge wa Musha, Akarere ka Rwamagana bavuga ko umuyobozi ari umuntu ugomba kubahwa atagomba kurengerwa ngo asuzugurwe, ari yo mpamvu basabira ibihano bagenzi babo bubahutse umuyobozi bakamumenaho inzoga.
Umukandida Nizeyimana Olivier usanzwe ari Perezida wa Mukur VS, niwe utorewe kuyobora Ferwafa mu gihe cy’imyaka ine, aho yiyamamaje ari umukandida umwe rukumbi
Nibaza niba umugabo atasaba umugore ko bakora imibonano mpuzabitsina, atabanje kwitesha agaciro! Kuko usanga ari icyita rusange ku bagabo benshi b’abahehesi, akabwira wa mugore ati “ibyo kunyubaha ubishyire ku ruhande ubu ndi mugenzi wawe”.
Ku gicamunsi cyo ku wa Gatandatu tariki ya 26 Kamena 2021, Polisi y’u Rwanda ikorera mu Mujyi wa Kigali yafashe abantu 13 bari muri Sauna n’undi umwe ufite ubwandu bwa Covid-19 wari muri resitora ifatanye n’iyo Sauna.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 26 Kamena 2021, mu Rwanda abantu barindwi (7) bishwe na Covid-19. Abayanduye ni 868 bituma umubare w’abamaze kwandura bose hamwe baba 35,886 mu gihe nta muntu wakize kuri uwo munsi. Abakirwaye ni 8,498 na ho abarembye ni 28 nk’uko imibare yatangajwe (…)
Ku wa Gatanu tariki 25 Kamena 2021, ni umunsi wari waranzwe no kumeneka kw’amaraso ku basirikare bari mu bice bibiri bitandukanye by’igihugu cya Mali, kuko habaye ibitero by’ubwiyahuzi bibiri ku masaha atandukanye, hapfa abasirikare batandatu ba Mali na ho 15 bari mu butumwa bw’amahoro bwa LONI muri icyo gihugu barakomereka.
Abaturage begerejwe amavuriro (Post de Santé) y’ibanze afite serivisi z’inyongera, barishimira ko yakemuye ibibazo by’abafite uburwayi bw’amenyo n’amaso, kuko ubu yatangiye kubavura.
Umuhanzi Sekamana Kevin uzwi kw’izina rya Ish Kevin na bagenzi be bari mu Maboko ya RIB kuva ku itariki ya 25 Kamena 2021, bakaba bakekwaho gukoresha ibiyobyabwenge.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yihanganishije abaturage bagizweho ingaruka n’iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo n’imitingito ku mpande za Goma na Gisenyi.
Kuri uyu wa 26 Kamena 2021, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yagiriye uruzinduko rw’akazi mu mujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), akaba yakiriwe na mugenzi we Perezida Félix Tshisekedi, bagirana ibiganiro ndetse banasura n’ahangijwe n’iruka rya Nyiragongo.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasuye ahangijwe n’iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu gace ka Nyiragongo no mu mujyi wa Goma yakirwa n’abaturage bari bamutegeye ku muhanda bamwereka ko bamwishimiye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera mu Ntara y’Amajyaruguru bugaragaza ko gahunda y’agaseke k’amahoro mu mashuri katumye abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bakurana umuco wo gukundana, kubahana, gufashanya no gushyira imbere Ubunyarwanda.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ategerejwe mu mujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho asura ibikorwa byangijwe n’imitingito yatewe n’iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo ku itariki ya 22 Gicurasi 2021, akaza no kugirana ibiganiro by’imbonankubone na Perezida Tshisekedi, hamwe no gushyira umukono ku (…)
Perezida Iván Duque wa Colombia yari muri Kajugujugu yerekeza ahitwa Cúcuta mu Ntara ya ‘Norte de Santander’, ari kumwe na Minisitiri w’Ingabo na Minisitiri w’Umutekano w’imbere mu gihugu ndetse na Guverineri w’Intara, indege barimo iraraswa.
Imibiri 1093 y’Abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yabonetse mu Karere ka Muhanga yashyinguwe mu cyubahiro mu rwibutso rwa Jenoside rwa Kabgayi.
Umuyobozi wa Police wungirije mu Ntara y’Iburasirazuba, CSP Callixte Kalisa, arasaba abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere ka Nyagatare (JADF) gushakira imirimo urubyiruko rwinjiza ibiyobyabwenge mu gihugu.
Abita ku bibazo by’abafite ubumuga bavuga ko abafite icyo kibazo bagana Isange One Stop Center mu Karere ka Gisagara ari bakeya cyane, ugereranyije n’ihohoterwa rikunze kubakorerwa.
Umutoza w’ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 23 HABIMANA Sosthène, yahamagaye abakinnyi bagomba gutangira umwiherero mu ikipe y’igihugu barimo Mitsindo Yves wakiniye u Bubligi bw’abakiri bato.
Ubuyobozi bw’umuryango wa World Vision ukorera mu Rwanda butangaza ko bumaze kwegereza amazi meza abaturage ibihumbi 500 mu gihe kingana n’imyaka ibiri n’igice.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 25 Kamena 2021, mu Rwanda abantu 875 babasanzemo Covid-19, muri bo 343 bakaba babonetse i Kigali. Abakize ni 112, abantu babiri bitabye Imana, naho abarembye ni 26 nk’uko imibare yatangajwe ibigaragaza.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko rwakiriye ikirego cyatanzwe n’umushoramari wibwe amafaranga y’u Rwanda agera kuri Miliyari imwe bikozwe n’abatekamutwe.
Umuryango w’iterambere rya Afurika y’Amajyepfo (SADC), ugizwe n’ibihugu 16, wemeje iyoherezwa ry’ingabo zawo kujya gutanga umusanzu muri Mozambique mu kurwanya iterabwoba n’imvururu ziterwa n’ababarizwa muri iyo mitwe y’iterabwoba mu gace ka Cabo Delgado, nk’uko byatangajwe n’umunyamabanga udasanzwe, Stergomena Tax.
Mu Karere ka Rwamagana mu Murenge wa Musha mu Kagari ka Nyabisindu mu Ntara y’Iburasirazuba haravugwa inkuru y’abaturage bakoreye urugomo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Nyabisindu, bakamumenaho indobo y’urwagwa.
Itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bugamije kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo (RWAFPU-2) basoje ubutumwa bari bamazemo igihe muri icyo gihugu. Abo bapolisi bagarutse mu Rwanda kuri uyu wa Gatanu tariki ya 25 Kamena 2021, nyuma yo gusoza inshingano z’akazi bari barahawe.