Mu gitondo cyo ku wa Kabiri tariki ya 28 Nzeri 2021 ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru habereye ibiganiro bigamije kurebera hamwe uko harwanywa ihohotera rishingiye ku gitsina. Ni ibiganiro byahuje Polisi y’u Rwanda n’abafatanyabikorwa bayo ari bo ishami ry’umuryango w’ibibumbye ryita ku muryango n’iterambere (…)
Buri mwaka, inteko ishinga amategeko y’u Rwanda yemeza inguzanyo n’amafaranga y’ingengo y’imari ya Leta, aba agenewe gukoreshwa muri gahunda z’iterambere ry’igihugu.
U Rwanda na Zimbabwe biratangaza ko bigiye kubyaza umusaruro amahirwe aboneka mu bihugu byombi, nyuma yo kugirana amasezerano mpuzamahanga y’ubufatanye mu bijyanye n’ubucuruzi.
Itsinda rihitamo ibitabo birimo inkuru zishushanyije byo gusoma mu mashuri abanza muri Kigo cy’Igihugu cyita ku Burezi (REB), rihitamo ibitabo hashingiwe ku rurimi, ubutumwa, ingano y’inkuru, ubwoko bw’amashusho yakoreshejwe n’ibindi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi butangaza ko bwatangiye ibikorwa byo gusubiza amazi y’amashyuza mu mwanya wayo, igikorwa kimaze umwaka gitegerejwe na benshi, kuva tariki ya 21 Kanama 2020 amashyuza yava mu mwanya wayo agatemba ajya mu mugezi wa Rukarara.
Higiro Adolphe uzwi nka Shema mu ikinamico yitwa Musekeweya asanga abakinnyi b’ikinamico afataho urugero ari nka Sebanani na Baganizi Eliphaz bamamaye kuri Radiyo Rwanda kubera ubuhanga bwabo mu gusetsa no gukina.
Urubyiruko rugizwe n’abasore n’inkumi 632 bo mu Karere ka Burera, bitwa “Imboni z’Umutekano za Burera”, bagiye kwifashishwa mu gukumira ibiyobyabwenge, magendu n’abakoresha ibyambu bya panya(abambuka umupaka uhuza u Rwanda na Uganda n’u Rwanda mu buryo bunyuranyije n’amategeko batwaye ibiyobyabwenge na magendu).
Inama Njayanama y’Akarere ka Rubavu yanenze Komite nyobozi y’ako karere itarashyize mu bikorwa umwanzuro w’Inama Njyanama wo guhererekanya ingurane n’abaturage batanze ubutaka bwubatsweho irerero, akarere kabaha ubutaka ariko ntikabaha ibyangombwa byabwo bikaba bimaze imyaka itanu.
Abakinnyi bakomoka muri Maroc ikipe ya Rayon Sports iheruka gutizwa na RAJA Cassablanca, bakoze imyitozo yabo ya mbere mu Rwanda
Aborozi mu Karere ka Nyagatare bavuga ko kugira ngo borore inka zitanga umukamo hari byinshi bikwiye kuvugururwa, harimo n’igiciro cy’amata kuko igihari kitajyanye n’ibyo bashora mu bworozi bwabo.
U Rwanda rwamaganiye kure raporo y’Umuryango Human Rights Watch (HRW) yasohotse ku wa Mbere tariki 27 Nzeri 2021, ishinja u Rwanda kuba rwarafunze mu buryo bunyuranyije n’amategeko abantu barimo abaryamana bahuje ibitsina, abihinduje ibitsina ‘transgender people’, abicuruza, abana bo mu muhanda n’abandi.
Ku Cyumweru tariki 26 Nzeri na tariki 25 Nzeri 2021, ku makuru yatanzwe n’abaturage bo mu Karere ka Gicumbi, Polisi yafashe abantu 33 barimo gusenga barenze ku mabwiriza yo kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19.
Umuhanzi w’icyamamare, Robert Sylvester Kelly uzwi nka R. Kelly ukomoka muri Amerika, icyamamare muri muzika ku isi mu njyana ya R&B, yahamijwe ibyaha byo gusambanya abagore ku ngufu yitwaje ubwamamare bwe, ku wa mbere tariki ya 27 Nzeri 2021 mu rukiko rwo muri New York. Igihano yakatiwe kizamenyekana umwaka utaha mu (…)
Saa kumi n’ebyiri z’umugoroba wo ku wa mbere tariki ya 27 Nzeri 2021, ku mupaka wa Kagitumba hagejejwe Abanyarwanda 14, barimo abagabo bane, abagore bane n’abana batandatu bose bakaba bari bafungiye muri gereza ya Nyabuhikye mu karere ka Ibanda, bashinjwa kwinjira no kuba mu gihugu cya Uganda mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Umukinnyi Muhire Kevin wari umaze iminsi aganira n’ikipe ya Rayon Sports ngo abe yakongera kuyisinyira andi masezerano, yamaze gutangira imyitozo hamwe n’abandi
Mu bumva bavuga Kinigi cyangwa bahageze, ntawe ushidikanya ko ako gace ari ho kigega cy’ubuhinzi bw’ibirayi mu Rwanda, ndetse n’ushaka kugura ibirayi wese ijambo rimuzamo mbere ni “Ndashaka kugura ibirayi, ariko ni mumpe Kinigi”.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Mbere tariki 27 Nzeri 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 143, bakaba babonetse mu bipimo 8,873.
Iyi mpanuka yabaye ahagana saa kumi n’igice za mu gitondo, aho imodoka ebyiri zari zitwaye ibiribwa zangonganiye muri "Feux Rouges" zo muri Nyabugogo (mu marembo ya Gare uzamuka ugana i Kimisagara).
Clement Hirana ni umunyarwanda w’imyaka 32 uba mu gihugu cy’u Bufaransa. Aherutse gukora amateka ku nshuro ya mbere yaritabira amarushanwa mpuzamahanga yo kubaka umubiri (Bodybuilding).
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) yatangaje amabwiriza agenga ibirori bibera mu ngo. Ni nyuma y’uko Inama y’Abaminisitiri yateranye tariki 21 Nzeri 2021 yakomoreye ibirori bibera mu ngo, ariko Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu igasabwa gushyiraho amabwiriza arambuye kuri iyi ngingo.
Mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki 26 Nzeri 2021, Polisi yafatiye abantu 64 mu kabari barimo kunywa no kubyina barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19.
Umuryango wa ‘TechnoServe’ ugiye gufasha abahinzi b’ikawa mu Karere ka Nyamasheke hasimburwa ibiti ibihumbi 100, bikazafasha akarere nibura gutera ibiti bishya bigera kuri miliyoni imwe n’ibihumbi 200.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango burasaba abaturage kwisanzura ku bayobozi, kugira ngo hirindwe urugomo n’andi mahane ashobora kwaduka igihe umuturage atahawe serivisi inoze.
Umutoza w’ikipe y’igihugu "Amavubi" Mashami Vincent, yahamagaye abakinnyi 36 batangira umwiherero wo gutegura imikino ibiri izahuza u Rwanda na Uganda
Koperative y’Abacuruzi b’inyongeramusaruro bo mu Karere ka Nyamagabe (Kopabinya), iherutse gutaha ikigo yubatse cyo gucururizamo inyongeramusaruro zikenerwa muri ako karere.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame ni umwe muri za miliyoni z’abafana b’Ikipe ya Arsenal hirya no hino ku Isi, baraye bashimishijwe n’intsinzi y’iyo Kipe yatsinze Ikipe ya Tottenham Hotspurs, ku Cyumweru tariki 26 Nzeri 2021, ikayitsinda ibitego bitatu kuri kimwe (3-1).
Umuryango wa FPR-Inkotanyi mu Karere ka Burera ukomeje gukaza gahunda yo gutanga ubumenyi hubakiwe ku rubyiruko, rufatwa nk’umusingi w’iterambere ry’umuryango n’iry’igihugu, abanyamyuryango bakishimira ibikorwa by’indashyikirwa bagenda bageraho, birimo guhanga udushya, nko kwandika abanyamuryango mu buryo bw’ikoranabuhanga (…)
Mu masaha y’igitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 27 Nzeri 2021 nibwo hamenyekanye inkuru y’uko umuyobozi w’ishuri ryisumbuye rya Lycée de Kigali, Martin Masabo yitabye Imana.
Kaminuza zitandukanye zo mu Rwanda zasabye abanyeshuri ko bakwikingiza Covid-19, nibura urukingo rwa mbere, kuko batazemererwa kwinjira muri Kaminuza baterekanye ibyemezo ko bikingije, ubwo abatazabyerekana bashobora kugira amasomo abacika kuko bataziga batabifite.
Bamwe mu bangavu basambanywa bagaterwa inda bavuga ko bahangayikishwa n’imibereho y’abo babyara ahanini kubera ubushobozi bucye bwabo, gutereranwa n’imiryango yabo ndetse n’ababahohoteye.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Musanze iraburira abakekwaho kwiba inka z’abaturage bakajya kuzihisha mu mazu nyuma bakazazibaga. Ni nyuma y’uko ku wa Gatandatu tariki ya 25 na tariki ya 26 Nzeri abantu barindwi Polisi yabafatanye inka 6.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianey, arasaba abayobozi b’uturere n’imirenge gufata umwanya wo kugenda n’amaguru aho bakorera, bakaganiriza abaturage kugira ngo bumve ibibazo byabo, bidategereje kuzakemurirwa mu nteko z’abaturage cyangwa mu nama gusa.
Ababana umunsi ku wundi n’abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, barasaba ko ururimi rw’amarenga rwaba isomo, rukigishwa mu mashuri yose nk’uko bigenda ku yandi masomo.
Aborozi b’inka mu Karere ka Nyagatare barasaba Leta kubashyiriraho Nkunganire ku mbuto y’ubwatsi bw’amatungo no ku mashini zibusarura zikanabutunganya.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku Cyumweru tariki 26 Nzeri 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 112, bakaba babonetse mu bipimo 14,529. Abitabye Imana ni bane, bakaba ari abagore bane (4). Uwinjiye ibitaro ni umwe, abasezerewe ni batanu, naho abarembye ni 11.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yatangaje ko u Rwanda ruhaye ikaze abaturage b’u Bushinwa, bakaba bemerewe guhabwa visa bose bakigera mu Gihugu.
Bwanakweri Nathan wabayeho kuva mu 1922 kugeza muri 2003, yari umuhanzi, umuririmbyi, umubyinnyi n’umutoza wo mu rwego rwo hejuru, akaba yaramamaye cyane mu Itorero Gakondo ry’Igihugu ry’Urukerereza ryakomotse ku matorero atandukanye arimo iry’Urukatsa ryari irya Bwanakweri ryagiye bwa mbere muri Canada mu 1967.
Umuryango witwa Hope&Homes for Children uvuga ko mu Kigo cy’abafite ubumuga kiri i Gahanga mu Karere ka Kicukiro hari abana 20 bakirererwamo, nyamara gahunda Leta ifite ari iyo kurerera abana mu miryango.
Impuguke mu by’imodoka unazikoraho ubushakashatsi, Nikobisanzwe André Gromyko wamenyekanye cyane ubwo yakoraga umwuga w’itangazamakuru, yagiranye ikiganiro na Kigali Today.
Inama y’Abaminisitiri iherutse guterana yemeje ko nyuma y’amezi arenga 18 utubari dufunze, twongera gukora, ariko ba nyiratwo bakabanza kubisabira uruhushya rubemerera gutangira imirimo yabo, nyuma yo kureba ko bujuje ibisabwa.
Urubyiruko 300 rugizwe n’impunzi z’Abarundi n’Abanyekongo mu nkambi ya Nyabiheke mu Karere ka Gatsibo na Mahama mu Karere ka Kirehe ndetse n’urubyiruko rw’Abanyarwanda baturiye inkambi zombi rukomoka mu miryango itishoboye rwatangiye kwigishwa imyuga itandukanye hagamijwe kurufasha kwiteza imbere.
Komisiyo ishinzwe gukurikirana iby’imari n’umutungo bya Leta mu Nteko Ishinga Amategeko (PAC), yihanangirije ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu, nk’Akarere gafite ikibazo cy’abana bafite igwingira ku rugero rwo hejuru mu Rwanda, nyamara kakaba kagenda gahoro muri gahunda zo krwanya imirire mibi. PAC ikaba yababwiye igwingira (…)
Abaturage bo mu mujyi wa Musanze barimo abenshi bageze mu zabukuru mu mpera z’iki cyumweru bishimiye gufata urukingo rwa COVID-19 rwa Johnson & Johnson, igikorwa cyabereye muri Sitade Ubworoherane muri ako Karere.
Hirya no hino ugenda uhasanga imiryango itandukanye, ifite umukozi umwe ukora amanywa n’ijoro. Ibi bintera kwibaza abakoresha babo ubushobozi baba bababonamo bwatuma bakora amanywa n’ijoro bataruhuka.
Kirusu Thomas ni umwe mu bahanzi gakondo u Rwanda rukesha ibihangano byinshi birimo inyigisho zitandukanye, cyane cyane izirebana n’ubuzima bwa buri munsi n’izikangurira abantu kwitabira umurimo by’umwihariko ubuhinzi.
Kunywa inzoga ku buryo burengeje urugero ni imwe mu mpamvu zitera zimwe mu ndwara zitandura harimo nka Diyabete n’izindi nk’uko bisobanurwa na Dr Omary Ubuguyu, umuganga ushinzwe kurwanya no gukumira indwara zitandura muri Minisiteri y’Ubuzima muri Tanzania.
Abapolisi n’abasirikare bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu gihugu cya Repubulika ya Santarafurika bari kumwe n’abandi banyarwanda baba muri iki gihugu, ku wa Gatandatu tariki ya 25 Nzeri 2021 bifatanyije n’abaturage bo mu Mujyi wa Bangui mu gikorwa cy’umuganda wo gusukura uyu mujyi.
Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko guhera ku wa Gatandatu tariki 25 Nzeri 2021, gutanga urukingo rwa Covid-19, haba ku bafata dose ya mbere cyangwa iya kabiri mu Mujyi wa Kigali, bikorerwa ku bigo nderabuzima.