Kuri uyu wa Mbere tariki 20 Nzeri 2021, impunzi zo mu nkambi ya Gihembe mu Karere ka Gicumbi, zatangiye kwimurwa ku mugaragaro zijyanwa mu nkambi ya Mahama yo mu Karere ka Kirehe.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku Cyumweru tariki 19 Nzeri 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 140, bakaba babonetse mu bipimo 5,447. Abitabye Imana ni 4, barimo abagore 2 n’abagabo 2. MINISANTE yatangaje kandi ko abantu 16,680 bahawe doze ya kabiri y’urukingo rwa Covid-19 kuri uwo munsi, na (…)
Mu gikombe cya Afurika cya Volleyball cyaberaga mu Rwanda, mu bagore Cameroun yegukanye igikombe itsinze Kenya
Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, Lt Gen Mubarakh Muganga, ari mu ruzinduko rw’iminsi ine mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, aho yasuye Ingabo z’u Rwanda zimaze iminsi muri icyo gihugu, mu bikorwa byo kugarura amahoro.
Impundu ni inguge abahanga mu by’ibinyabuzima bavuga ko urebye isa n’umuntu cyane, ku buryo abayipimye basanze akarango kayo (DNA/ADN) gasa n’ak’umuntu ku rugero rwa 98.2%.
Akarere ka kicukiro kagaragaje ubudasa gakoresha indege ya Kajugujugu mu gukomeza gukangurira abaturage bako amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid 19 kuko kigihari.
Ikipe ya APR FC itsinze Mogadishu City Club yo muri Somalia ibitego 2-1, mu mukino wo kwishyura wa CAF Champions League wabereye i Kigali
Kuva uyu munyamahoteli uregwa kuyobora umutwe w’iterabwoba yagera i Kigali agahitira mu mapingu mu kwezi kwa Kanama k’umwaka ushize wa 2020, hari icyo Itangazamakuru ry’i Burayi na Amerika ridashaka kumva no kuvuga kuri we, kabone n’iyo wavuza ihembe.
Mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki ya 18 Nzeri 2021, ahagana saa saba z’ijoro Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano bafashe uwitwa Mugisha Daniel w’imyaka 30, yafatanwe litiro 202 za mazutu bicyekwa ko yari amaze kwiba.
Muri Amerika hari ubwoko bw’ibiti Yezu/Yesu yavutse biriho ndetse bikiriho kugeza n’ubu cyangwa byatemwe mu myaka ya vuba, bikaba binini mu mubyimba (inganzamarumbo) kandi birebire cyane kugera kuri metero 100.
Padiri Achille Bawe, uyobora Akanama ka Diyosezi ya Ruhengeri gashinzwe umuryango, yatanze impanuro ku bitegura gushinga ingo, aho yavuze ko abenshi mu bubaka ingo zikaramba usanga ari ababyiteguye bakamenyana bihagije, ko muri iki gihe mu birimo gusenya ingo, harimo ukubana batarigeze bamenyana mu buryo buhagije.
Mu gihe hirya no hino mu gihugu hakomeje kuboneka abangavu batari bake baterwa inda, hari benshi bavuga ko byakemurwa n’uko buri wese atareberera ababashuka.
Nyuma yo gusohora indirimbo “I miss you”, ubwo umuhanzi MPC Padiri yari agowe no kumenya amakuru y’umuhungu wagiye mu gihe cya Jenoside yakorewe abatutsi akayoberwa irengero, yashyize hanze indi ndirimbo amaze kumubona.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko abagenda n’amaguru bananirirwa ku nzira cyangwa n’abandi babyifuza, batangiye kubona aho baruhukira ku ntebe ziterwa ku mihanda, ndetse ko banahawe Internet (murandasi) y’ubuntu.
Minisiteri ya Siporo y’u Rwanda yatangaje ko igikombe cya Afurika cya Volleyball kiza gukomeza hatarimo u Rwanda mu gihe hagikorwa iperereza ku kirego cyatanzwe
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 18 Nzeri 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 224, bakaba babonetse mu bipimo 17,179. Abitabye Imana ni 7, barimo abagore 3 n’abagabo 4.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yafashe icyemezo cyo gufunga Baho International Hospital, nyuma y’igihe gito bivuzwe ko ibyo bitaro byarangaranye umurwayi bituma yitaba Imana.
Abahinga mu gishanga cy’Urwonjya mu Mirenge ya Nyagisozi na Cyahinda mu Karere ka Nyaruguru, barifuza kubakirwa ubuhunikiro bw’imbuto y’ibirayi ndetse n’ubwanikiro bw’ibigori, kubera umusaruro mwinshi bagira.
Mu mukino wo kwishyura wa CAF Confederation Cup wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, AS Kigali ihanyagiriye iyo muri Comores ibitego 6-0.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’iterambere ry’icyaro muri Repubilika ya Santarafurika, Éric Rokosse-Kamot umaze icyumweru asura ibikorwa by’ubuhinzi n’ishoramari mu Rwanda, yashimye ubuhahirane bw’umujyi wa Goma n’uwa Gisenyi, avuga ko u Rwanda rufite amahirwe yo guteza imbere ubuhinzi.
Abamotari bakorera mu Mujyi wa Kigali barasaba inzego zibishinzwe ko zabanza gukemura ibibazo bitandukanye biri muri mubazi mbere yuko zitangira gukoreshwa.
Bamwe mu batuye Akarere ka Gicumbi, barashima urukundo rukomeje kuranga abana bo muri ako gace ku muco bakomeyeho wo gutabarana, aho bemeza ko uwo muco ukwiye kubera abakuru urugero kuko bo ngo bagenda bawudohokaho.
Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC), iratangaza ko kubaka amahoro bigomba kujyana no guhangana n’ibikorwa bikunze kubangamira umutekano n’umudendezo wa buri muntu, n’ubwo hari abavuga ko ushaka amahoro ategura intambara.
Abaturage bo mu Murenge wa Kinigi n’indi Mirenge byegeranye, bavuga ko babangamiwe no kuba badafite ahabegereye bashyingura ababo, bitewe n’uko irimbi rya Kinigi ryamaze kuzura ndetse ritagikoreshwa, bagasaba irindi rishya kuko bibagora cyane iyo babuze ababo.
Ubuyobozi bwa ‘Arise Rwanda’, umuryango wita ku burezi ukanateza imbere abagore, butangaza ko bugiye kubaka ivuriro mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, rizafasha abatuye ako karere kubona serivisi zunganira ibitaro bya Murunda.
Umubyeyi w’imyaka 40 wapfuye azize umwuma nyuma yo kumara iminsi itatu anywa inkari ze, kugira ngo ashobore konsa abana be babiri, umwe ufite imyaka itandatu (6) undi ibiri (2) ashaka kurokora ubuzima bwabo, nyuma y’uko ubwato bari barimo bwazimiriye mu nyanja ntibashobore kugera aho bajyaga.
Umutoza Masudi Juma wa Rayon Sports yatangaje ko urwego yabonanye abakinnyi bari mu myitozo hari benshi batari ku rwego rw’ikipe ya Rayon Sports.
Inkongi y’umuriro yatwitse inzu y’ubucuruzi, irashya n’ibicuruzwa byarimo byose birakongoka, Poliri y’u Rwanda ikaba ari yo yazimije uwo muriro.
Uwahoze ari Perezida wa Algeria, Abdelaziz Bouteflika, yitabye Imana ku wa Gatanu tariki 17 Nzeri 2021, akaba atabarutse afite imyaka 84.
Ku wa Kane tariki ya 16 Nzeri 2021, Polisi ikorera mu Karere ka Bugesera yafashe Iradukunda Pacifique w’imyaka 20, Kwizera Bienvenue w’imyaka 21 na Uwamahoro Sandrine w’imyaka 33. Bafatiwe mu Karere ka Bugesera, Umurenge wa Juru, Akagari ka Kabukuba, Umudugudu wa Kabukuba, bakaba bacyekwaho kwiba moto y’uwitwa Sibomana (…)
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyaruguru, irakangurira urubyiruko kutijandika mu bikorwa binyuranyije n’amabwiriza yo kwirinda Covid-19, kuko bidindiza intego zo guhashya burundu icyo cyorezo cyugarije isi.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 17 Nzeri 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 415 bakaba babonetse mu bipimo 9,244.
Niyonsenga Jeanne wakoreraga ubworozi bw’ingurube mu Murenge wa Muyumbu mu Karere ka Rwamagana, avuga ko yabuhagaritse kubera ibihombo yagiriyemo kubera indwara ya Muryamo yishe izo yari atunze zose.
Ikigo gishinzwe Igororamuco (NRS) hamwe n’Umuryango washinzwe na Rugamba Cyprien n’umugore we Daphrose Mukansanga (CECYDAR), basubije mu miryango abana bavuye ku muhanda, barimo n’abari abajura mu ngo z’Abayobozi nk’uko babyivugira.
Ku wa Kane tariki 16 Nzeri 2021, Ubushinjacyaha bwaregeye Urukiko umugore w’imyaka 42 y’amavuko, ubarizwa mu Karere ka Rulindo, Umurenge wa Bushoki, Akagari ka Kayenzi, bumusabira gufungwa by’agateganyo iminsi 30 ku cyaha cyo gusambanya umwana w’Umuhungu w’imyaka 14.
Nyuma y’uko Mujawashema Candide, Umunyarwandakazi uba mu gihugu cy’u Bufaransa, yakusanyije miliyoni 76 z’Amafaranga y’u Rwanda binyuze mu muryango yashinze witwa “Africa Jyambere”, akubakira abaturage umuyoboro w’amazi ureshya na 9,5 Km, uwo muyoboro wakomeje kubyazwa umusaruro aho urimo kwifashishwa mu koroza ihene (…)
Ku wa Kane tariki 16 Nzeri 2021, ku mbuga nkoranyabanga hagaragaye amashusho agaragaza abanyerondo babiri bo mu Karere ka Nyarugenge bashyamiranye n’abagore babiri b’abazunguzayi kugeza igihe umwe muri abo banyerondo yanizwe akanaturwa hasi.
Bamwe mu bagize imiryango 144, batujwe mu mudugudu w’icyitegererezo wa Kinigi, bagaragarije Umuvunyi mukuru na Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, bimwe mu bibazo bibabangamiye, birimo kutamenya gukoresha bimwe mu bikoresho bahawe.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yashyize Dr. Emmanuel Ugirashebuja ku mwanya wa Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa nkuru ya Leta.
Urugereko rwihariye rw’Urukiko rukuru ruburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka ruzasoma umwanzuro mu rubanza ruregwamo Paul Rusesabagina na bagenzi be 20, kuri uyu wa mbere tariki 20 Nzeri 2021.
Umuryango uhuza Ibihugu byo mu Burengerazuba bwa Afurika (ECOWAS) wafatiye ibihano abasirikare bahiritse ubutegetsi bwa Alpha Condé wayoboraga Guinea, unabategeka gutegura amatora bitarenze amezi atandatu kandi ntihazagire n’umwe muri bo wiyamamariza umwanya uwo ari wo wose.
Urwego rw’Igihugu rw’iterambere (RDB), rwatangije igikorwa cyo gutembereza abakora mu bukerarugendo, kugira ngo babashishikarize gusura ibyiza u Rwanda rufite.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo Gasana Richard avuga ko mu myaka amaze ayobora Akarere yahuye n’imbogamizi zijyanye no gukura abaturage mu bukene ahanini bishingiye ku myumvire mike irimo aborozwaga amatungo bagahita bayajyana ku isoko.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, avuga ko mu mwaka wa 2024, nta muturage uzashakira amazi meza muri metero zirenze 400, imishinga yayo irimo gukorwa nigenda neza.
Umuyobozi mukuru wa RAB, Dr. Patrick Karangwa, arasaba abahinzi batuye aho imvura igwa bihagije gutangira gutera, kuko izagwa mu gihe gitoya, nyamara ibihingwa nk’ibigori birimo guterwa muri iki gihembwe cy’ihinga bikeneye imvura y’igihe kirekire.
Ku wa Kane tariki ya 16 Nzeri 2021, Brig. Gen Ely M’Bareck Elkair, Umuyobozi w’ihuriro ry’Ingabo na Polisi bakorera mu mujyi wa Bangui muri Santrafurika, Joint Task Force -Bangui (JTFB), bashinzwe kubungabunga umutekano muri uwo mujyi, n’intumwa ayoboye basuye itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda 140 bakorera mu Murwa mukuru Bangui.