Inyigo yakozwe n’Urwego FOJO Media Institute rwo muri Suède ruteza imbere itangazamakuru, ku bufatanye n’Umuryango w’abanyamakuru baharanira amahoro, PaxPress, yerekana uko Abanyarwanda babona amakuru mu itangazamakuru n’ayo baba bakunda, KT Radio iza ku mwanya wa kabiri muri radio zumvwa na benshi ikaba iya mbere mu (…)
Abagize Urwego rwa DASSO rukorera mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, bafashije abazunguzayi kureka ubucuruzi bw’akajagari, baha abagore 20 igishoro n’aho gucururiza hajyanye n’igihe.
Abasigajwe inyuma n’amateka batujwe mu Mudugudu wa Nyembaragasa, Umurenge wa Munini mu Karere ka Nyaruguru, bishimira ko batujwe heza, ariko hari aho usanga inzu imwe ituwemo n’imiryango irenze umwe bikababangamira, bakifuza ko bakubakirwa izindi nzu kugira ngo babeho neza bisanzuye.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’ubwikorezi (RTDA) kivuga ko Abanyeshuri biga mu Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro, RP/IPRC-Kigali, bazafatanya na cyo gushyira kaburimbo mu mihanda y’imigenderano hirya no hino mu gihugu.
Minisiteri y’uburezi (MINEDUC) irasaba ababyeyi kudaharira gusa abarimu abana, ahubwo bagafatanya mu burere bwabo, kugira ngo bagere ku burezi bufite ireme kuko ariyo ntego nyamukuru.
Umuhanzi The Ben, yafashe urugendo mu ibanga ruva muri Amerika yerekeza mu birwa bya Maldives, bakunda kwita ‘Ibirwa by’urukundo’ ajya guhura n’umukunzi we Pamella.
Abatuye mu Murenge wa Gacaca mu Karere ka Musanze, ngo bajyaga bivuza bibagoye bitewe n’urugendo rurerure bakora bajya gushaka serivisi z’ubuvuzi ku bigo nderabuzima byo mu yindi Mirenge, bakagerayo barembye kurushaho kubera umunaniro.
Muri iki cyumweru ku isi hose bazirikana kwirinda ubuhumyi, Dr. Félicité Mukamana, muganga w’amaso kuri CHUB, avuga ko kwirinda gutokorwa no kwirinda kwivura amaso ari bumwe mu buryo bwo kuyabungabunga.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’umuryango, Prof Jeannette Bayisenge, avuga ko Abanyarwanda batagomba kwitanya uburinganire no kwigaranzurana ngo havuke amakimbirane mu muryango, ahubwo ari uburinganire, ari ukuringanira imbere y’amategeko kandi abagize umuryango bakuzuzanya mu kugera ku iterambere n’ikibereho myiza.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buratangaza ko hari ibikorwa remezo byinshi bimaze gukorwa byatumye benshi batakibarirwa mu batuye mu manegeka, kandi nyamara batarimuwe aho bari basanzwe batuye.
Itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda ryiganjemo abagore bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga Amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo (FPU-3), batanze imyenda n’inkweto ku bagore bagizweho ingaruka n’amakimbirane yabaye muri icyo gihugu bigatuma bava mu byabo. Ni igikorwa cyabaye ku ya 14 na 15 Ukwakira 2021, (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 15 Ukwakira 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 80, bakaba babonetse mu bipimo 9,748. Nta muntu witabye Imana. Abinjiye ibitaro ni babiri, nta muntu wasezerewe.
Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa nkuru ya Leta, Dr. Ugirashebuja Emmanuel, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 15 Ukwakira 2021, yitabiriye inama ihuza abayobozi ba Polisi zibumbiye mu muryango wo mu Karere k’Iburasirazuba (EAPCCO). Ni inama ngarukamwaka iteranye ku nshuro ya 23, yabereye mu gihugu cya Repubulika iharanira (…)
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba mu Rwanda, Habitegeko François na mugenzi we uyobora Intara ya Cibitoki mu Burundi, Bizoza Carême, bahuriye ku mupaka wa Ruhwa kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Ukwakira 2021, bagirana ibiganiro binyuranye birimo n’ibijyanye no gukemura amakimbirane aterwa n’abaturage bayobya uwo mugezi.
Abantu batanu bakurikiranyweho gukorera abandi ibizamini by’impushya z’agateganyo zo gutwara ibinyabiziga (Provisior), bakabikora mu mazina atari ayabo hagamijwe kugira ngo babibatsindire.
Mu mukino wa nyuma wa Shampiyona y’icyiciro cya kabiri wabaye kuri uyu wa Gatanu, Gicumbi FC yegukanye igikombe itsinze Etoile de l’Est.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 15 Ukwakira 2021, mu Karere ka Nyagatare mu cyanya cyahariwe inganda kiri mu Kagari ka Rutaraka, hashyizwe ibuye ry’ifatizo ahazubakwa uruganda rutunganya amata y’ifu.
Mu 2012, Guverinoma y’u Rwanda yafashe icyemezo cyo kuvanaho ibigo by’imfubyi, u Rwanda rukaba rwari rubaye igihugu cya mbere muri Afurika gikoze ibyo, gusa hari ibyuho byagaragaye mu mategeko agenga icyo gikorwa.
Biragoye muri iki gihe kubona umushyitsi usura u Rwanda agataha atageze mu mudugudu w’icyitegererezo wa Kinigi, aho usanga abanyamahanga banyuranye barahafashe nk’ishuri ry’imiturire inogeye abaturage.
Umuhanzi Mukankuranga Marie Jeanne bakunze kwita Mariya Yohana, ni umwe mu Banyarwanda bagize uruhare rukomeye mu rugamba rwo kubohora Igihugu, ndetse na we ubwe akaba yari afite abana bagiye ku rugamba nyirizina guhera mu ntangiriro za (1987-1990), kugeza muri Nyakanga 1994 ubwo ingabo za FPR Inkotanyi zahagarikaga Jenoside (…)
Abanyeshuri biga mu mashuri abanza yo mu turere tugize Intara y’Amajyaruguru, bishimira ko gahunda yo gufatira amafunguro ya saa sita ku ishuri, igiye kubabera inyunganizi mu kunoza imyigire yabo, kubarinda guta ishuri cyangwa gutsindwa bya hato na hato byajyaga bibaho.
Turi mu 1996, ni ku wa Kane ku kazuba k’agasusuruko, nicaye iwacu ku Gasharu ku irembo ry’akazu katari kure ya nyakatsi, nta nzozi, nta migabo, nta migambi, nta cyerekezo niha, ntawukimpa, sinzi niba nzasoza aya mashuri abanza, kurota ayisumbuye byo ndabyumva nko kwisumbukuruza. Ibyajye ni nk’ibya ya nyoni twajyaga tuganira (…)
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buratangaza ko amakoperative ashobora kwinjiza amafaranga asaga miliyali eshatu ku mwaka, ajya mu mifuka y’abaturage hakaba hari na koperative ishobora kurenza miliyoni 500frw ku mwaka, agasabwa gukoresha ayo mafaranga mu rindi shoramari aho kuyarekera ku mabanki.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buratangaza ko mu rwego rwo kongera ibice byo kwidagaduriramo, bafite imishinga itandukanye irimo n’iyo kongera ibibuga abana bazajya bakiniraho.
Abaganga bo mu ngabo z’u Rwanda (RDF) bavuye abarwayi 1,129 mu cyumweru cy’ubutwererane bw’abasirikare bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC).
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Geraldine Mukeshimana, avuga ko mu rwego rwo guhangana n’imihindagurikire y’ikirere imwe, mu mirenge y’Akarere ka Kayonza ikunze kurangwamo izuba ryinshi, yatangiye guterwamo ibiti by’imbuto ndetse n’imyaka y’abaturage ihinzwe mu mirima irimo ibiti ikazajya yuhirwa, ku ikubitiro (…)
Mu Karere ka Musanze hatangijwe igihembwe cy’ihinga ry’ubwatsi bw’amatungo, icyo gikorwa kibera mu mudugudu w’icyitegererezo wa Kinigi utuyemo imiryango 144, kikaba cyarabaye ku wa kane tariki 14 Ukwakira 2021.
Mu mukino wa gicuti wahuje Rayon Sports FC na Nyanza FC wabereye mu karere ka Nyanza, amakipe yombi yanganyije ibitego 2-2.
Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza, ku wa Kane tariki ya 14 Ukwakira 2021, yitabiriye inama ihuza Abayobozi ba Polisi bo mu muryango w’ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EAPCCO), ni inama irimo kubera mu gihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) mu Mujyi wa Kinshasa.
Ku wa Gatatu tariki ya 13 Ukwakira 2021, Polisi ikorera mu Karere ka Kamonyi yafashe uwitwa Ndagijimana Silas w’imyaka 32, yafashwe arimo guha umupolisi ruswa ingana n’Amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 150, kugira ngo azamufashe gusubirana moto ye yakoreshaga mu bucuruzi bw’amabuye y’agaciro butemewe n’amategeko, yafatiwe mu (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kane tariki 14 Ukwakira 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 61, bakaba babonetse mu bipimo 8,376. Umuntu umwe yitabye Imana, akaba ari umugore. Uwinjiye ibitaro mushya ni umwe, na ho abasezerewe ni batanu.
Umuhanzi Mako Nikoshwa ni umwe mu bahanzi nyarwanda bakunzwe n’abatari bake mu bihe bishize bitewe ahanini n’ubutumwa buba mu bihangano bye. Bimwe muri byo ni nk’indirimbo Agaseko, Umutima waraye Umpondagura, Nkunda Kuragira n’izindi zitandukanye.
Urwego rushinzwe iterambere mu Rwanda (RDB), ruratangaza ko bimwe mu bikorwa bigomba kongera gukora, harimo n’utubyiniro nyuma y’igihe kinini twari tumaze tutemerewe gukora kubera icyorezo cya Covid-19.
Umuhungu wa Dr. Pierre Damien Habumuremyi witwa Mucyo Apollo yagaragaje ko yishimiye imbabazi se yahawe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, nyuma y’itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ryavugaga no kuri izo mbabazi.
Ikamyo yari ipakiye amavuta ya mazutu yakoreye impanuka mu Murenge wa Ruhango ku muhanda munini uva Kigali-Muhanga-Huye, ubwo yari imaze kugenda nk’ibilometero bitatu uvuye mu Mujyi wa Muhanga.
Kuri uyu wa Kane Tariki 14 Ukwakira 2021, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yifashishije ikoranabuhanga yitabiriye inama y’ihuriro ry’Afurika ku bucuruzi mpuzamahanga, izwi nka ‘Global Business Forum Africa’ irimo kubera i Dubai muri Leta zunze Ubumwe z’Abarabu, akaba yavuze ko hari ingaruka za Covid-19 zizamara igihe (…)
Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura (RMC) rwamenyesheje abantu bose ko uwitwa Niyonsenga Dieudonné wiyita Cyuma Hassan, atari umunyamakuru w’umwuga nk’uko abyiyitirira ku muyoboro we uri kuri YouTube witwa ISHEMA TV.
Komisiyo y’igihugu y’amatora (NEC), iravuga ko izakoresha miliyari 1.9 gusa y’Amafaranga y’u Rwanda mu matora y’inzego z’ibanze, bitewe n’uko yasubitswe imyiteguro igeze ku kigero cya 75%.
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu tariki 13 Ukwakira 2021 iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yashyizeho Kamuhire Alex, nk’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, akaba asimbuye Biraro Obadiah, wari umaze imyaka icumi kuri uwo mwanya, kuko yabaye Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta uhereye muri Kamena 2011.
Minisiteri y’ubuzima (MINISANTE) iratangaza ko ishusho rusange y’icyorezo cya Covid-19 ihagaze neza mu gihugu, kuko nko mu Mujyi wa Kigali ubwandu bwagabanutse kugera ku kigero cya 0.5 bikaba biri mu nzira nziza.
Ababwiye Kigali Today ibyo bo mu Mirenge ya Kinigi, Nyange, na Gacaca, bahamya ko urwo rugomo rukorwa n’abitwikira ijoro, baba bafite umugambi wo kwiba amatungo nk’inka, ingurube, ihene cyangwa intama, wabapfubana, bagahitamo gusiga batemye itungo bahasanze ngo bihimure kuri ba nyiraryo.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buravuga ko umushinga wo kubaka inzira zagenewe imodoka zitwara abagenzi, uzahera ku muhanda uturuka mu Mujyi werekeza ku kibuga cy’indege, zikaba zitezweho kunoza serivisi yo gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange.
Amateka arandikwa, amateka aravugwa, amateka akaba meza cyangwa akaba mabi, amateka y’u Rwanda, amateka y’Abanyarwanda yabayemo byose, amabi ashavuza cyane n’ameza ashimishije yagaruriye icyizere Abanyarwanda. Uvuga ibyayo iyo atangiye kuyandika kenshi agira ikiniga, ariko yagera aho agera na none akamwenyura agacuma (…)
Abadepite bagize komisiyo y’ubutaka, ubuhinzi, ubworozi n’ibidukikije batangiye kugenderera uturere 13, bagenzura ibibazo byugarije imicungire y’ubutaka, inkengero z’ibiyaga n’imigezi.
Ku Gatatu tariki 13 Ukwakira 2021, mu Karere ka Kicukiro hasojwe amahugurwa yari amaze iminsi icumi ahurije hamwe abaharanira uburenganzira bwa muntu barimo abanyamakuru n’imiryango itari iya Leta, bose bagashima ubumenyi bungutse ndetse ko bagiye kububyaza umusaruro.
Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Leta y’Ubumwe bw’abanyarwanda yashyize ingufu mu kongera umubare w’amashuri n’uw’abanyeshuri mu byiciro byose uhereye ku mashuri y’incuke ukageza muri Kaminuza. Ibi kandi byari ngombwa cyane kuko igihugu cyari kimaze kubura Abanyarwanda benshi muri Jenoside yakorewe Abatutsi, (…)
Abantu batanu bishwe abandi bagakomereka, ku wa gatatu tariki 13 Ukwakira 2021, bikozwe n’umugabo wari witwaje umuheto n’imyambi ari byo yifashishije akabarasa. Ibyo byabereye mu Mujyi wa Kongsberg muri Norvege, nk’uko byatangajwe na Polisi ikorera muri uwo Mujyi, ikaba yanongeyeho ko ukekwaho kuba ari we wabikoze yamaze (…)
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Kabutare mu Karere ka Huye buributsa abakozi b’ibitaro bishyuza agahimbazamusyi ko gatangwa kabonetse kuko kugahabwa atari itegeko.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko ku wa Gatatu tariki 13 Ukwakira 2021 rwafashe abantu batandatu barimo Nsengimana Theoneste, nyiri Umubavu TV, igitangazamakuru gikorera kuri Internet.