Guverineri w‘Intara y’Iburengerazuba, Habitegeko François, avuga ko abagurisha ifumbire ya nkunganire muri Congo ari abagambanyi, kuko aho kuyikoresha mu buhinzi mu Rwanda bayambukana bigatuma abahinzi batabona ikenewe ngo beze cyane.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yahinduriye bamwe mu bayobozi inshingano, ashingiye ku biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo mu 2003 ryavuguruwe mu 2015 cyane cyane mu ngingo yaryo ya 116.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yashimiwe n’Umuryango Mpuzamahanga ushinzwe kurwanya Kanseri (UICC), kubera uruhare rudasanzwe yagize mu gukumira no kuvura indwara za kanseri, akaba yabiherewe igihembo.
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Leta zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE), Sheikh Shakhbout bin Nahyan Al Nahyan, ubwo yasuraga urwibutso rwa Kigali ku gisozi kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Ukwakira 2021, yunamiye ndetse anashyira indabo ku mva y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaga 250.000 baharuhukiyemo.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice, arasaba abaturage gufatanyiriza hamwe n’abayobozi bashya batowe ku rwego rw’umudugudu kugira ngo babashe gufatanyiriza hamwe gukemura ibibazo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare burasaba aborozi kongera ubuso buhingwaho ubwatsi bw’amatungo hagamijwe guhangana n’ikibazo cy’inzara mu nka, kuko hari zimwe zatangiye gupfa.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko rwafunze Murokozi Desire, Gisa Derrick, Kaburaburyo Cyriaque ukomoka mu Burundi na Nicodem Bagabo ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokorasi ya Congo (DRC). Bbakurikiranyweho kwinjiza mu Rwanda ibiro 45 by’amahembe y’inzovu bagamije kuyagurisha.
Ingo 5,498 ziri mu Mirenge ya Mubuga, Bwishyura na Gishyita mu Karere ka Karongi zahawe amashanyarazi uhereye mu kwezi kwa karindwi 2020 kugeza mu mpera z’uku kwezi k’Ukwakira 2021. Mu bahawe amashanyarazi harimo n’inganda zikomeye, amashuri ndetse n’amasoko ya kijyambere muri iyi Mirenge itatu ya Karongi.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Ukwakira 2021 nibwo Abapolisi 656 bari bamaze igihe kingana n’ibyumweru 52, barangije amahugurwa abinjiza ku rwego rw’aba Ofisiye bato muri Polisi y’u Rwanda, bagahabwa ipeti rya Assistant Inspector of Police (AIP).
Ababyeyi barerera ku kigo cy’amashuri cya Munanira mu Murenge wa Bweramana mu Karere ka Ruhango, barasaba ko nyuma yo kubakirwa ibyumba bitatu by’amashuri, banafashwa gushyira mu bikorwa gahunda yo kugaburirira abana ku ishuri.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) rwatangiye gushyikiriza amafaranga y’ubwishingizi bw’ubuzima(Life insurance) ku bazungura b’abahoze ari abanyamuryango bari bariteganyirije muri gahunda ya Ejo Heza bakitaba Imana.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Nyirarugero Dancille, yibukije abayobozi bashya batangiye inshingano zo kuyobora imidugudu 2,744 yo mu turere tugize Intara ayoboye, ko bahagarariye Perezida wa Repubulika, abasaba kunoza neza inshingano bahawe zo gukorera abaturage, na bo bamwizeza ko batazatenguha uwabatumye.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 26 Ukwakira 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 43, bakaba babonetse mu bipimo 8,801.
Abashoferi 22 bafatiwe mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali bakurikiranyweho gutwara ibinyabiziga banyoye ibisindisha bakarenza ibipimo bya alukoro (Alcohol), byagenwe na Polisi ishinzwe umutekano wo mu muhanda, bagasaba bagenzi babo kwirinda amakosa nk’ayo bakoze.
Amoris Restaurant VIP ikorera hafi ya Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye (UR/Huye), yasohoye itangazo ryihanangiriza abakiriya barura ibiryo byinshi kuko ngo bayihombya.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije, hamwe n’abayobozi ba Banki y’u Burayi ishinzwe Ishoramari (EIB) ndetse n’Uruganda rukora inkingo rwa BionTech, bashyize umukono ku masezerano agamije gutangira kubaka uruganda rw’inkingo n’imiti i Kigali (mu cyanya cyahariwe inganda) mu kwezi kwa Kamena k’umwaka utaha wa 2022.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi, arasaba abayobozi bashya mu nzego z’ibanze ko igihe bazaba bemejwe bagomba kuzarangwa n’imyitwarire myiza mu nshingano bazaba bahawe.
Abantu bagera ku 10 biravugwa ko bapfuye abandi barenga 80 barakomereka, nyuma y’uko igisirikare kibarasheho bari mu myigaragambyo y’abamagana igisirikare cyafashe ubutegetsi muri Sudan.
Ku wa Gatanu tariki ya 22 Ukwakira 2021, imvura ivanzemo urubura n’umuyaga yangije hegitari 600 z’imyaka mu mirenge ine igize Akarere ka Nyagatare ndetse n’inzu 122 zivaho ibisenge, abahinzi bakaba basabwa gufata ubwishingizi bw’ibihingwa kugira ngo bubagoboke mu gihe habayeho ikibazo cy’ibiza.
Banki y’Ishoramari y’u Burayi (EIB) yahaye u Rwanda inkunga ingana na miliyoni 55 z’Amayero (ararenga Amafaranga y’u Rwanda miliyari 55), mu rwego rwo kuzahura ubukungu bwazahajwe na COVID-19. Aya mafaranga azacungwa na Banki ya Kigali (BK Plc) hamwe na KCB-Rwanda.
Muri tombola ya yo guhatanira kujya mu matsinda ya CAF Confederation Cup ikipe ya APR FC yatomboye RS Berkane yo muri Maroc
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere RDB, ruratangaza ko hatagize igikorwa ngo ingagi n’izindi nyamaswa zibarizwa muri Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, ngo zibone aho zisanzurira hahagije, byaziviramo gukendera burundu, bigateza ingaruka ku bukungu n’iterambere ry’abaturage, ari yo mpamvi igiye kwagurwa yongerwaho hegitari 3,740.
Ishami rya Polisi y’ u Rwanda rishinzwe ubutabazi no kurwanya inkongi ryahuguye abapolisi 35 bakorera mu Karere ka Rutsiro, Umurenge wa Kivumu. Bahuguwe ku kurwanya inkongi. Ni amahugurwa y’umunsi umwe yabaye kuri iki Cyumweru tariki ya 24 Ukwakira, ni muri gahunda ya Polisi y’u Rwanda yo guhugura abapolisi mu mashami (…)
Mu gihe bamwe badaha agaciro umwuga w’ubugeni, abamaze kuwusobanukirwa, ubuzima bwabo bwa buri munsi burangwa n’Ubugeni ndetse bakabutoza n’abana bakiri bato nk’umwuga ushobora kubateza imbere.
Abaturage bo mu Kagari ka Mishungero mu Murenge wa Nyabimata mu Karere ka Nyaruguru, batangiye kwivuriza mu ivuriro riciriritse rizajya ribavura amenyo n’amaso, rikanatanga serivisi zo kubyaza, bakaba baryishimiye cyane kuko mbere bavunikaga.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Mbere tariki 25 Ukwakira 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 57, bakaba babonetse mu bipimo 10,887. Nta binjiye mu bitaro bashya kuri iyo tariki, abarembye ni batatu.
Komisiyo y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe(AU) hamwe n’iy’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi(EU), zemeranyijwe ko Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’iyi migabane yombi, baza i Kigali kwigira hamwe icyakorwa ku bijyanye n’icyorezo cya Covid-19, amahoro ku isi, ishoramari n’ikibazo cy’abimukira.
Urwego rw’ubugenzacyaha mu Rwanda (RIB), rwahamagaje Hakuzimana Abdou Rashid kwitaba tariki ya 27 Ukwakira 2021 ku biro by’aho bukorera ku Kimihurura.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 25 Ukwakira 2021, imodoka nini ya Kompanyi itwara abagenzi yitwa Swift Safaris yaturikanywe n’igisasu, abantu babiri bahita bahasiga ubuzima, abandi benshi barakomereka nk’uko amakuru ava muri icyo gihugu abitangaza.
Ba Guverineri b’Intara z’Iburasirazuba n’Amajyepfo ku ruhande rw’u Rwanda n’abayobozi b’Intara za Kirundo na Muyinga ku ruhande rw’u Burundi, kuri uyu wa Mbere tariki 25 Ukwakira 2021 bahuriye ku mupaka wa Nemba i Bugesera mu Burasirazuba bw’u Rwanda bagirana ibiganiro bigamije kureba uko umubano muri rusange (…)
Michael Jordan icyamamare mu mukino wa Basketball, inkweto yakinishije mu ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball muri Amerika (NBA), zaciye agahigo ko kugurwa amafaranga menshi angana na miliyoni imwe n’ibihumbi 470 mu madolari muri cyamunara (ni ukuvuga angana na miliyari imwe na miliyoni 470 mu mafaranga y’u Rwanda).
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi, avuga ko Inzego z’ibanze zidasoza manda kuko zikomeza gukora, ahubwo abayisoza ari abantu ku giti cyabo.
Abana basambanyijwe bagaterwa inda baribaza abo bazasigira abana babyaye bagasubira ku ishuri, mu gihe ababyeyi babo bavuga ko nta bushobozi bwo kubigisha no kubarerera bafite.
Mu gitondo cyo ku wa Gatandatu tariki ya 23 Ukwakira 2021, abapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda bafashe Nkurikiyimana Jean Baptiste w’imyaka 56, yafatanywe icyangombwa gihimbano kigaragaza ko imodoka ye yakorewe isuzuma ry’ubuziranenge (Contrôle Technique), yafatiwe mu Karere ka Nyabihu, Umurenge wa Mukamira, yari (…)
Abayobozi b’ibigo by’amashuri abana bigamo bataha byo mu Karere ka Huye bavuga ko bitaboroheye kugaburira n’abana bo mu mashuri abanza, kuko nta bikoresho byo kwifashisha bafite birimo inkono nini cyangwa muvelo zagenewe gutekera abantu benshi.
Ku Cyumweru tariki 24 Ukwakira 2021, i Kigali hateraniye inteko rusange ya 26 y’Ishyirahamwe ry’ Uturere n’Umujyi wa Kigali (RALGA), aho baabayitabiriye baganiriye ku byagezweho mu nzego z’ibanze muri manda ya 2016 - 2021.
Mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Kigarama, mu mpera z’icyumweru gishize batashye Hotel yubatswe n’uwahoze ari umwarimukazi afatanyije n’umugabo we.
Abitwaje intwaro bafungiye mu ngo bamwe mu bagize Leta y’inzibacyuho muri Sudan, barimo na Minisitiri w’Intebe, Abdallah Hamdok, bikaba byabaye mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere tariki 25 Ukwakira 2021, icyakora bamwe bavuga ko ari Ingabo z’icyo gihugu zabikoze.
Padiri Fidèle Dushimimana, Umuyobozi mukuru wungirije ushinzwe amasomo n’ubushakashatsi mu Ishuri rikuru Gatolika rya Kabgayi (ICK), yamuritse igitabo gikubiyemo ubushakashatsi ku mikurire y’umwana, yise ‘Kura Ujya Ejuru’, yitezeho ubufasha ku Banyarwanda mu kumenya ibiranga umwana muri buri kigero cy’imikurire.
Isiganwa ry’amamodoka rya Rwanda Mountain Gorilla Rally ryasojwe umunya-Kenya Carl Tundo na mugenzi we Tim Jessop begukanye shampiyona Nyafurika yo gusiganwa mu mamodoka
Urubyiruko rufite impano y’ubugeni, ni ukuvuga gukora ibintu bishushanyije, bibajije mu biti cyangwa mu mabuye ndetse n’ibibumbano, rusaba Leta kurwitaho mu guteza imbere izo mpano zabo.
Mu mpera z’icyumweru gishize abagize umuryango NOUSPR-Ubumuntu ndetse n’abaje bahagarariye abandi mu bice bitandukanye uyu muryango ukoreramo mu gihugu, basuye abarwariye mu bitaro bya Caraes Ndera, babaha imfashanyo babateguriye mu rwego rwo kubereka urukundo.
Mu birori byiswe Rayon Sports Day, ikipe ya Rayon Sports ntiyabisoje neza nyuma yo gutsindwa na Kiyovu Sports ibitego 2-1
Abayobozi mu nzego zinyuranye mu Ntara y’Amajyaruguru, barishimira urwego Abanyeshuri biga mu Ishuri rikuru ry’Ubumenyingiro rya INES-Ruhengeri bagezeho mu kuvumbura imishinga, igaragaza ubudasa mu gukemura ibibazo byugarije umuryango nyarwanda.
Nyuma y’imyaka hafi itatu umuryango ‘AMI’ utangiye igikorwa cyo gufasha abagororwa bakoze Jenoside bitegura gutaha, bukabahuza n’imiryango y’abo bahemukiye ngo basabe imbabazi, uyu muryango uvuga ko warogowe n’icyorezo cya Coronavirus, ariko na none ukishimira ibyo wagezeho.
Inzobere mu bijyanye n’ubuzima bw’abana bato zagaragaza ko abana bagenda bahura n’ibibazo bitandukanye by’ubuzima kubera kudakora imyitozo ngororamubiri, birimo kugira umubyibuho ukabije, kugira inda idahuye n’ibindi bice by’umubiri n’ibindi.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku Cyumweru tariki 24 Ukwakira 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 20, bakaba babonetse mu bipimo 11,558.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yashimiye abantu batandukanye bamwifurije isabukuru nziza y’amavuko, ashimira by’umwihariko inshuti n’abo mu muryango we batumye isabukuru igenda neza.
Hari interuro ikunda kugaruka kenshi mu bantu, ukumva ngo “Kanaka yashatse nabi, umugore we ntatuma agira ikintu na kimwe afasha ab’iwabo.” Ababivuga baba bashaka kumvikanisha ko umugabo utagize icyo aha benewabo biba byatewe n’umugore we.
Kubana Richard, Umuyobozi mukuru muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu ushinzwe ibikorwa by’urubyiruko rw’abakorerabushake n’ubukangurambaga, arashima ibikorwa by’uwamubanjirije mu nshingano z’Umuhuzabikorwa w’urubyiruko rw’Abakorerabushake, akavuga ko ibyo bikorwa yagezeho ari byo bagiye kubakiraho.