Abanyarwanda 35 bari bafungiye muri Uganda bagejejwe mu Rwanda ku wa Mbere tariki ya 06 Ukuboza 2021. Bakigera ku mupaka wa Kagitumba, bakiriwe n’Urwego rw’Abinjira n’Abasohoka ku ruhande rw’u Rwanda.
Manizabayo w’imyaka 27 y’amavuko akurikiranyweho gushaka gutanga ruswa nyuma y’uko yari amaze gutsindwa ikizamini cy’uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga. Yafashwe tariki 04 Ukuboza 2021 afatirwa mu Murenge wa Byumba mu Karere ka Gicumbi ahakorerwaga ibizamini, ubwo we yakoreraga uruhushya rwa burundu rumwemerera gutwara (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Mbere tariki 06 Ukuboza 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 15, bakaba babonetse mu bipimo 11,988.
Bamwe mu baturage bo mu bice bitandukanye by’igihugu baravuga ko baremerewe n’amafaranga yishyurwa kuri ba nyiri amarimbi ku buryo hari abahitamo gushyingura mu masambu yabo n’ubwo bitemewe.
Ibyavuye mu bushakashatsi bwa WorldRemet bugaragaza ko ku munsi wa Noheli byinshi mu bihugu bikoresha arenga 50% y’ibyo bunguka ku mwaka. Iminsi mikuru irakosha mu bihugu 14: WorldRemet ivuga ko kuri Noheli u Rwanda rukoresha amafaranga menshi avuye ku nyungu y’ibyinjira ku mwaka.
Hashize imyaka 13 gahunda ya VUP itangijwe mu Rwanda nk’imwe mu nkingi y’imbaturabukungu ya mbere (EDPRS1). Ni gahunda yaje ije kunganira izindi gahunda za Leta y’u Rwanda ije kurandura ubukene, imirire mibi, kuzana impinduka mu rwego rw’imibereho myiza n’ubukungu ndetse no guhangana n’ubukene no kwigira.
Ubwo yitabiraga Inama y’ubufatanye mu gukora inkingo muri Afurika kuri uyu wa Mbere tariki 06 Ukuboza 2021, Perezida Kagame yavuze ko Afurika ikwiriye kwiga uko inkingo zikorerwa muri Afurika ziyongera kugira ngo zifashe mu kwita ku buzima.
Kuri iki Cyumweru mu karere ka Rubavu haosjwe ibikorwa by’ihuriro rya ry’amashyirahamwe y’umukino wa Triathlon ku isi akoresha ururimi rw’igifaransa, harimo n’inama yahuje abayobozi b’ibi bihugu.
Intsinzi ya Perezida Adama Barrow yatangajwe ku Cyumweru tariki 5 Ukuboza 2021, bitangajwe na Komisiyo yigenga y’amatora, aho yatangaje ko Perezida Adama Barrow yabonye amajwi 53.2%.
Ikipe ya APR FC yamaze kugera mu Rwanda nyuma yo kubura itike yo kwerekeza mu matsinda ya CAF Confederation Cup, nyuma yo gusezererwa na RS Berkane yo muri Maroc
Mu rwego rwo gufasha abaturage kurushaho kumenya abayobozi babo, Kigali Today yagiranye ikiganiro kirambuye na Mukanyirigira Judith watorewe kuyobora Akarere ka Rulindo, avuga byinshi ku mibereho yamuranze anagira ubutumwa agenera abaturage agiye kuyobora.
Ishyaka riharanira kurengera ibidukikije mu Rwanda (DGPR) rirashishikariza abagabo n’abagore kudaceceka cyangwa ngo bahishire abakora ihohotera mu miryango kuko bituma rifatwa nk’umuco kandi risenya imiryango.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku Cyumweru tariki 05 Ukuboza 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 10, bakaba babonetse mu bipimo 23,956.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ku Cyumweru tariki 05 Ugushyingo 2021, yakiriye mu Biro bye(Village Urugwiro) Abayobozi b’Imiryango mpuzamahanga ishinzwe ubuzima, baganira ku bijyanye n’ubufatanye bwo gukorera inkingo muri Afurika.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yijeje ko igiciro cya Gaz yo gutekesha ubu kigeze ku mafaranga y’u Rwanda ibihumbi 17 ku icupa ry’ibiro 12, kizagabanywa nyuma y’inyigo izarangira tariki ya 13 Ukuboza 2021.
Umuhanzi Antoine Christophe Agbepa Mumba wamenyekanye mu muziki nka Koffi Olomide nyuma y’impaka z’urudaca ku gitaramo cye bamwe batifuzaga ko kiba, yashyize ataramira Abanyarwanda.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 04 Ukuboza 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 13, bakaba babonetse mu bipimo 22,617.
Kuri uyu wa Gatandatu i Gisagara ho mu majyepfo hatangiriye irushanwa ngarukamwaka rizwi nka Gisagara Tournament, aho REG na Kirehe ziri mu makipe yabonye itike ya 1/2.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente amenyesha abantu batarimo kwemera gufata urukingo rwa Covid-19 ko batazemererwa kujya mu bandi kugira ngo batabanduza.
Mu isiganwa ryiswe Rubavu-Fratri Duathlon Challenge ryabereye mu karere ka Rubavu, Hakizimana Félicien na Mutimukeye Saidati ni bo begukanye imyanya ya mbere.
Sergent Lubega Ibrahim yahoze mu ngabo z’u Rwanda, icyo gihe zitwaga APR. Ni umunya-Uganda wasezerewe mu ngabo z’u Rwanda ubwo habagaho gusezerera abanyamahanga.
Abayobozi bashinzwe Gasutamo mu Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) bahuriye mu biganiro bishyiraho ibicuruzwa bikurirwaho imisoro ya gasutamo bigendeye ku ngano bifite.
Polisi y’u Rwanda iravuga ko ntawe Camera izongera kwandikira atarengeje umuvuduko wa Kilometero 60 ku isaha. Ni nyuma y’uko mu minsi ishize abatwara ibinyabiziga batishimiye uburyo bandikirwaga umuvuduko naza camera zari zashyizwe henshi mu mihanda harimo n’ahari ibyapa by’umuvuduko wa kilometero 40 ku isaha, ariko (…)
Mu marushanwa ya ECAHF yaberega muri Tanzania ikipe ya Police Handball Club y’u Rwanda ni yo yegukanye igikombe, mu gihe Kiziguro SS yasoje ku mwanya wa gatatu
Abayobozi 25 mu nzego nkuru zinyuranye muri Sudani y’Epfo, bagizwe n’abasirikare bakuru muri icyo gihugu, Abaminisitiri, abahagarariye inteko ishinzwe amategeko n’abandi, basoje amahugurwa y’iminsi itanu mu Rwanda.
StarTimes ikomeje kudabagiza abafatabuguzi bayo bakunda imikino ibereka shampiyona zitandukanye zo hirya no hino ku isi, zirimo La Liga yo muri Esipanye na Bundesliga yo mu Budage.
Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko umubare w’abasaba serivisi z’ubuvuzi binyuze mu buryo bw’ikoranabuhanga (digital systems) bikubye gatanu muri uyu mwaka wa 2021 ugereranyije n’umwaka ushize wa 2020.
Padiri Munyeshyaka Wenceslas ni Umunyarwanda wahungiye mu Bufaransa. Akekwaho kuba yaragize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994. Ageze mu Bufaransa yakomeje gukora umurimo w’Ubupadiri muri Paruwasi zitandukanye.
Ikipe ya APR FC yaraye igeze muri Maroc aho igiye gukina umukino wo kwishyura wa CAF Confederation Cup na RS Berkane yo muri Maroc
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 03 Ukuboza 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 10, bakaba babonetse mu bipimo 14,002.
Impuguke zivuga ko haba hakenewe ingamba n’ubugenzuzi bukomeye cyane ku mipaka, kugira ngo hatagira imiti yica udukoko mu myaka itemewe yinjizwa mu gihugu mu buryo bwa magendu.
Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika , Joe Biden yavuze ko kugeza ubu nta guma mu rugo ikenewe muri Amerika, kuko asanga iyo virusi abantu bashobora kuyirinda mu gihe bikingije kandi bagakomeza kwambara agapfukamunwa neza.
Umuhanzi w’icyamamare wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Koffi Olomide, kuri uyu wa Gatanu tariki 03 Ukuboza 2021 yageze i Kigali aho aje mu gitaramo giteganyijwe kuri uyu wa Gatandatu muri Kigali Arena.
Polisi y’u Rwanda ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda yongeye kwibutsa no gukangurira abatwara ibinyabiziga kurushaho kubahiriza ibimenyetso byo mu muhanda kuko kutabyubahiriza bihanwa n’amategeko.
Umuhanzi King James uririmba cyane cyane mu njyana ya RnB yatangaje ko agiye gusohora Album ye ya karindwi yise ‘Ubushobozi’, igikorwa cyo kumurika iyo Album ye kikaba giteganyijwe ku itariki 12 Ukuboza 2021.
Itsinda riturutse mu Bwongereza ryari rimaze iminsi ibiri mu Karere ka Gakenke risura abagenerwabikorwa bahabwa inkunga y’ingoboka ya VUP, by’umwihariko abagenerwabikorwa bo mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri bafite abana batoya mu rwego rwo kubagezaho indyo yuzuye. Abo bashyitsi bavuze ko banyuzwe n’uburyo inkunga batanga (…)
Kuri uyu wa Kane tariki ya 2 Ukuboza 2021, ku kibuga cya Kimisagara- Football for Hope Center, habereye umuhango wo gutangiza Football y’abagore bafite ubumuga
Ba Dasso 26 bashya bo mu karere ka Musanze bagizwe na 19 b’igitsinagore barahiriye inshingano zabo, basabwa kurangwa n’imyitwarire myiza (discipline), birinda ruswa baharanira kurinda abaturage n’ibyabo.
Inama yiga ku mikoreshereze ya Interineti mu Rwanda yateraniye i Kigali, yiga uburyo bwo kuvugurura serivisi za Interineti nk’uburyo bufasha rubanda guhorana amakuru y’ibyo bakeneye, ariko no gutekereza uko barinda abana bakoresha Interineti.
Abajya gusengera i Kibeho bakunze kuvuga ko bahabonera ibitangaza binyuranye byaba ibimenyetso by’uko Bikira Mariya ari kumwe na bo, byaba gukemurirwa ibibazo bari bafite mu buzima, n’ibindi.
Umunyezamu Kwizera Olivier uheruka kongera amasezerano muri Rayon Sports, yatangiye imyitozo hamwe n’ikipe ye iri gutegura umukino wa Kiyovu Sports
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kane tariki 02 Ukuboza 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 19, bakaba babonetse mu bipimo 8,482.
Akarere ka Rubavu kakiriye ingufu z’amashanyarazi zitangiza ikirere zigomba gucanira inkengero z’ikiyaga cya Kivu no mu mujyi wa Gisenyi. Ni ingufu zitanga KW 12 zatwaye akayabo ka Miliyoni 63 zituruka ku mirasire y’izuba zatanzwe n’ikigo cya UN Habitat mu guteza imbere imiturire itangiza ikirere.
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 1 Ukuboza Polisi ikorera mu Karere ka Gatsibo yafashe uwitwa Hakizisuka Jean Claude w’imyaka 39, aracyekwaho kujya mu byanya bikomye akica inyamanswa mu bikorwa by’ubuhigi muri Pariki y’Akagera. Yafatiwe mu Murenge wa Rwimbogo, Akagari ka Minini, Umudgudu wa Nyamwiza.