Mu Buhinde, Urukiko rwitwa Karnataka High Court, rwakiriye ikirego cy’umugore ushinja umugabo we kuba akunda injangwe ye ndetse akayitaho kurusha uko amukunda, ndetse ko atamwitaho nk’uko yita kuri iyo njangwe.
Pasiteri wo mu itorero rya Angilikani muri Uganda witwa David Ssekibaala yakatiwe gufungwa imyaka 12 muri gereza, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica umugore we.
Mu nama y’inteko rusange idasanzwe yateranye kuri uyu wa gatandatu taliki ya 21 Ukuboza, Mugwiza Desire yongeye gutorerwa kuyobora ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA).
Madamu Jeannette Kagame kuri uyu wa 21 Ukuboza yataramanye n’abana baturutse hirya no hino mu Gihugu basaga 300, abifuriza iminsi mikuru myiza ya Noheli n’Ubunani.
Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda yasabye ba Minisitiri b’Ingabo n’umutekano mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba gufata umwanya bagasuzumira hamwe ibibazo bibangamiye amahoro n’umutekano muri Afurika.
Ku wa 20 Ukuboza 2024,Rayon Sports yakoze inama ya mbere yahuje ubuyobozi bushya kuva ku rwego rukuru aho abayitabiriye batarimo Munyakazi Sadate baganiriye ku igurwa ry’abakinnyi,imikoreshereze y’umutungo n’ibindi.
Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB) kuri uyu wa 21 Ukuboza 2024 waatangaje ko rwafunze Mbyayingabo Athanase na Nsabimana Cyprien, Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Uturere twa Rusizi na Kirehe na Rutikanga Joseph, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Imirimo Rusange mu Karere ka Nyamasheke.
Abagabo babiri batawe muri yombi muri Zambia bashinjwa ko ari abapfumu bahawe akazi ko gukorogera umukuru w’igihugu agahinduka ikiburaburyo
Abantu bane bishwe, abandi barenga 60 barakomera nyuma y’uko umuntu yaboneje imodoka mu kivunge cy’abantu bari bagiye guhaha ibya noheli mu isoko ryo mu mujyi wa Magdeburg uri mu Burasirazuba bw’Ubudage.
Abahanga mu buvuzi n’abo mu bijyanye n’uruhererekane rutuma imiti igera ku bayikeneye, bemeza ko iyo idatanzwe mu buryo bwagenwe, bigira ingaruka zikomeye ku buzima bw’abantu kuko igera aho ikananirwa kubavura.
Ishuri ribanza ryigenga rya Les Petits Pionniers mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, ryasangiye Noheli n’abanyeshuri baryigamo n’abo baturanye, mu rwego rwo kubafasha kwishimira iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani bwa 2025.
Mu rwego rwo kwifatanya n’Abanyarwanda kwizihiza iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani, Engie Energy Access Rwanda yashyiriyeho abayigana poromosiyo yabafasha gutunga smartphone zigezweho badahenzwe.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri(NESA) cyatangaje ko cyahagaritse ibigo by’amashuri 62 birimo ay’incuke n’abanza ari mu Turere dutandukanye tw’Igihugu.
Ashingiye ku bubasha ahabwa n’Itegeko Nshinga, kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Ukuboza 2024, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashyizeho abayobozi batandukanye barimo Nelly Mukazayire, wagizwe Minisitiri wa Siporo na ho Uwayezu François Regis agirwa Umunyamabanga Uhoraho.
Daniella Atim wahoze ari umugore w’icyamamare mu muziki, Jose Chameleone wo muri Uganda, yatangaje ko impamvu yatumye batandukana ahanini, ari ukunywa inzoga nyinshi bikajyana n’ubusinzi bukabije.
Umuryango rusange w’abantu bafite ubumuga mu Rwanda (Association Générale des Handicapées du Rwanda- AGHR) tariki 18 Ukuboza 2024, wahurije hamwe abafatanyabikorwa batandukanye barimo abo mu nzego za Leta bashinzwe imyubakire, ndetse n’amahuriro y’abantu bafite ubumuga, baganirira ku ishyirwa mu bikorwa ry’amabwiriza agenga (…)
Rungu ni kamwe mu tugari tugize Umurenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, ukora ku ishyamba rya Pariki y’igihugu y’Ibirunga.
Abahinzi bishimira gahunda ya ‘Tekana urishingiwe Muhinzi-Mworozi’ bashyiriweho, yo gushinganisha ibihingwa n’amatungo kuko ibafasha, ariko muri bo hari abifuza kwigishwa uko babarirwa igihe ibihingwa byangiritse kugira ngo bajye bamenya niba ibyo bagenewe bijyanye n’ibihombo bagize.
Umudugudu wa Gakoma, Akagari ka Rwisirabo, Umurenge wa Karangazi, umaze imyaka irindwi utarangwamo icyaha.
Intara y’Iburasizuba niyo ibarizwamo inzuri nyinshi zirenga 10,000 ikaba ari nayo ifite inka nyinshi ahanini ziba mu nzuri, zikagera ku mazi zikoze ingendo ndende. Ibi byiyongera ku kibazo cy’izuba gikunze kuharangwa, kigatera inka gusonza.
Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Malariya irakekwa kuba ari yo nyirabayazana y’icyorezo giherutse guhitana abantu barenga 80, mu majyepfo y’uburengerazuba bwa RDC, nk’uko byemejwe n’ikigo gishinzwe gukumira indwara ku mugabane wa Africa (Africa CDC).
Polisi y’u Rwanda irakangurira Abanyarwanda kwirinda ibintu byose byahungabanya umutekano, muri ibi bihe by’iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani bisoza umwaka wa 2024.
Mu mpera z’umwaka usanga imijyi yo hirya no hino mu gihugu yarimbishijwe mu buryo butandukanye, hashyizwe imitako ku nyubako, igaragaza uko biteguye kwizihiza iminsi mikuru isoza umwaka.
Isesengura ku itangwa ry’Amasoko ya Leta ryakozwe n’Umuryango Transparency International Rwanda, rigaragaza ko inzego zishinzwe itangwa ry’amasoko ya Leta zitabwira abantu ko hari isoko runaka ririmo gupiganirwa, kugira ngo abayobozi n’abandi bakozi ba Leta biheshe ayo masoko cyangwa bahabwe ruswa.
Amakipe ya Police HC na APR HC yageze muri 1/2 cy’irushanwa ririmo guhuza amakipe yo muri Afurika y’i Burasirazuba n’iyo hagati, nyuma yo gusezerera Gicumbi HT na UB Sports muri 1/4.
Urugereko rw’Urukiko rukuru rwa Nyanza rwatesheje agaciro ubujurire bwa Kabera Vedaste, wahoze ari umukozi w’Intara y’Amajyepfo ushinzwe imiyoborere.
Mu myaka icumi ishize, umubyeyi utuye i Kigali yafashwe na Kanseri yo mu bihaha ubwo yari atwite ubugira kabiri.
N’ubwo mu Karere ka Huye hakiboneka abangavu batwara inda, umubare wabo ugenda ugabanuka kandi kimwe mu byatumye bigenda bigerwaho, ngo ni ukuba ababyeyi baragiye batozwa kuganiriza abana ku buzima bw’imyororokere.
Urwego rw’umuvunyi rurakangurira abantu gutanga amakuru kuri ruswa n’akarengane, kuko umuntu uyatanze agirirwa ibanga ku buryo nta wahungabanya umutekano we.
Benshi mu bafite ubumuga butandukanye baracyahura n’imbogamizi zo kubona akazi, haba muri Leta cyangwa mu bikorera. Nyamara ibyo bamwe batekereza kuri abo bafite ubumuga ko badashoboye bigaragara ko atari byo, kuko iyo bahawe amahirwe bakora neza kandi bagatanga umusaruro.
Tariki ya 21 Ukuboza 2024, hateganyijwe amatora ya Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA). Mugwiza Désiré wari usanzwe uyobora iri shyirahamwe, ni we mukandida rukumbi ku mwanya wa Perezida.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, ikipe y’Igihugu y’u Rwanda iyobowe n’umutoza Jimmy Mulisa, yerekeje muri Sudani y’Epfo, aho igiye gukina umukino ubanza wo gushaka itike y’igikombe cya Afurika, ku bakinnyi bakina imbere mu gihugu CHAN 2024.
Muri Nigeria, umusore wari wakatiwe igihano cyo kwicwa azira kwiba inkoko n’amagi yayo, yemerewe imbabazi.
Ibigo bitwara ibicuruzwa mu Rwanda no mu mahanga, CMA CGM na CEVA Logistics, byiyemeje gutanga ingufu z’imirasire y’izuba no gutera ibiti, mu rwego kugabanya imyuka ihumanya byohereza mu kirere.
Kapiteni w’ikipe ya Rayon Sports Muhire Kevin, ashobora gusohoka muri iyi kipe mu isoko ryo muri Mutarama 2025.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Ukuboza 2024, Perezida Paul Kagame yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga muri Angola, Tete Antonio, wamugejejeho ubutumwa bwa mugenzi we wa Angola, João Manuel Gonçaves Laurenço, usanzwe ari umuhuza mu gushakira umuti ibibazo by’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Repubulika (…)
Muri Kenya, gukingira amatungo byakuruye impaka hagati y’abategetsi badashaka ko iryo kingira rikorwa, ndetse bagakangurira n’aborozi kutemera ko amatungo yabo akingirwa, bavuga ko biyagiraho ingaruka.
Polisi y’u Rwanda kuri uyu wa 18 Ukuboza yerekanye abantu 16 bakurikiranyweho ibyaha birimo kwiba inka zisaga 100 z’abaturage mu turere twa Gasabo, Nyarugenge, Rulindo, Gicumbi na Gakenke.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Etincelles FC bugiye kwishyura Miliyoni 3Frw zatumye ihamagazwa kwitaba mu Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), ku kirego cyatanzwe n’Akarere ka Rubavu.
Ndagijimana Emmanuel wize ikoranabuhanga mu bya mudasobwa (Networking), ahamya ko ibyo yize byatumye aba rwiyemezamirimo ndetse bikaba bimugejeje ku iterambere, ku buryo ashishikariza urubyiruko kurijyamo kuko ririmo akazi kenshi.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC gitangaza ko buri Munyarwanda akwiye kurinda umwuka ahumeka, kuko bigaragara ko ibikorwa bya muntu, bituma bahumeka umwuka wanduye ku kigero cya 43%, mu gihe biteganyijwe ko umwuka mwiza wakagombye kuba uri kuri 5%.
Ikipe ya Police HC yabonye intsinzi ya kabiri mu irushanwa rihuza amakipe yo muri Afurika y’Iburasirazuba n’iyo hagati, Gicumbi HT ibona iya mbere mu gihe APR HC yatsinzwe umukino wayo.
Mu Karere ka Musanze hatangijwe ubukangurambaga buzamara amezi atatu bw’isuku n’isukura mu bigo by’amashuri yo mu Mirenge yegereye Ibirunga, mu rwego rwo gukangurira abana bato isuku birinda indwara ziterwa n’umwanda.
Nyuma y’igihe aburana ubujurire mu Rukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa, Hategekimana Philippe Manier uzwi nka Biguma, yongeye guhamwa n’ibyaha bya Jenoside n’ibyibasiye inyokomuntu ndetse ahanishwa igifungo cya Burundu.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yakiriye itsinda ry’abayobozi n’abahanga mu bijyanye n’ingufu za nikeleyeri, igikorwa cyabaye ku wa Kabiri tariki 17 Ukuboza 2024.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa kabiri tariki 17 Ukuboza 2024 yifashishije ikoranabuhanga, yagejeje ubutumwa ku bitabiriye igikorwa cyo gutangiza ikigo cy’icyitegererezo cy’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/WHO) i Lyon mu Bufaransa.
Urugaga rw’abikorera (PSF) mu karere ka Huye rwahigiye guhindura Huye umujyi bandebereho mu nyubako z’ubucuruzi n’amacumbi, ndetse n’imyidagaduro.