Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yasinyishije myugariro Uwumukiza Obed wari umaze umwaka n’igice muri Mukura VS.
Ikipe y’Amagaju FC ibanziriza iya nyuma ku rutonde rwa shampiyona yongeye gusinyisha Destin Malanda wari umaze umwaka akinira Mukura VS.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yatsinze Zambia ibitego 34-26 mu mukino wa kabiri wo guhatanira imyanya mu Gikombe cya Afurika cya Handball kiri kubera mu Rwanda kuva tariki 21 Mutarama 2026.
Muri Kenya, Pasiteri Paul Mackenzie akurikiranyweho urupfu rw’abandi bantu 52. Arafunze by’agateganyo guhera mu 2023, mu gihe hagikorwa iperereza ku rupfu rw’abantu bagera kuri 450 b’abayoboke bo mu itorero rye, aho ngo yabashishikarizaga kwiyiriza ubusa kugeza bapfuye kugira ngo bajye guhura na Yesu.
Mu Bufaransa, kuri uyu wa kabiri, tariki ya 27 Mutarama 2026, Abadepite bemeje umushinga w’itegeko ribuza abana bari munsi y’imyaka 15 gukoresha imbuga nkoranyambaga. Uwo mushinga ushyigikiwe cyane na Guverinoma y’icyo gihugu ugamije kurinda ubuzima bwo mu mutwe bw’ingimbi n’abangavu.
Senateri Niyomugabo Cyprien yasabye ko Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi yasubizaho gahunda y’ubuvanganzo bw’inka bwahozeho Kera.
I Los Angeles muri Leta ya California, kuri uyu wa kabiri hatangiye urubanza rw’umukobwa w’imyaka 19 ushinja MetaAI kumena amakuru y’ibanga ahererekanya na bagenzi be, bikaba byaragize ingaruka ku buzima bwe bwo mu mutwe.
Guverinoma y’u Buyapani ibinyujije muri Ambasade yayo mu Rwanda, yasinyanye amasezerano n’Ikigo cyita ku bana b’abakobwa n’abahungu bafite Ubumuga bwo mu mutwe (Association des Volontaires pour l’Assistance aux Enfants Handicapés/ AVEH Umurerwa), yo gutera inkunga yo kubaka amacumbi.
Ikipe ya Rayon Sports irifuza abakinnyi batatu ba Mukura VS barimo myugariro w’iburyo Uwumukiza Obed, Iradukunda Elie Tatou usatira anyuze ku mpande na Joseph Sackey ukina hagati yugarira.
Naomi Nishimwe wabaye Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, yasubije uwitwa Edman Ishimwe wari wanditse ku rubuga rwe rwa X amagambo yinjira mu buzima bwe bwite.
U Rwanda ruri kurega u Bwongereza rusaba indishyi zishobora kurenga miliyoni 50 z’amapawundi (£50m), nyuma y’uko Minisitiri w’Intebe Sir Keir Starmer ahagaritse amasezerano y’abimukira yari yarashyizweho n’ishyaka ry’Aba-Conservateurs hagati y’u Bwongereza n’u Rwanda.
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza Bill na Joyce Cummings bazwi mu bikorwa by’ubugiraneza, Didi Bertrand Farmer, Ophelia Dahl, washinze Umuryango Partners In Health ndetse na Dr. Jim Yong Kim, Umuyobozi w’Icyubahiro wa Kaminuza ya Global Health Equity (UGHE) ndetse n’Umuyobozi Mukuru Wungirije (…)
Umutwe w’Abadepite ndetse n’Umutwe wa Sena ugira icyumba cyabugenewe cyo gukoreramo inama y’Inteko rusange. Gusa icyo cyumba kukinjiramo hari amabwiriza agenga Abasenateri ndetse n’Abadepite hamwe n’abandi baba bitabiriye gukurikirana ibikorwa by’inama y’Inteko Rusange.
Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), uratangaza ko utazigera uva mu bice wafashe byo muri Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo, uyu mutwe ukaba unyomoza ibimaze iminsi bizenguruka ku mbuga nkoranyambaga bivuga ko ugiye kuhava hose.
Ikipe ya Police FC yatije Mugisha Didier ukina asatira anyuze ku ruhande muri Rayon Sports.
WASAC Group, ikigo cy’Igihugu gishinzwe gukwirakwiza amazi, isuku n’isukura, cyatangaje ko guhera ku wa 26 Mutarama 2026, zimwe muri serivisi zijyanye no gutanga amazi zatangiye gukorerwa ku rubuga rwa IremboGov, mu rwego rwo korohereza abafatabuguzi no kunoza imitangire ya serivisi hifashishijwe ikoranabuhanga.
Umutoza Imurora Japhet wabaye umutoza wungirije muri Musanze FC baheruka gutandukana bisabye kungwa na FERWAFA yasinyiye Amagaju FC nk’ushinzwe ubuzima bwa buri munsi bw’abakinnyi n’umutoza wungirije.
Raporo nshya ku bijyanye n’umurimo mu Rwanda (Labour Force Survey), y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR), igaragaza ko mu gihembwe cya Kane cy’umwaka wa 2025, muri rusange mu Rwanda abashomeri bageraga ku 649.799 bangana na 11,7%.
Kuri iki Cyumweru, ikipe y’igihugu y’u Rwanda yatsinze Uganda ibitego 37-27 mu mukino wa President’s Cup mu guhatanira umwanya wa cyenda mu Gikombe cya Afurika cya Handball 2026 nyuma yo kunanirwa kugera muri 1/4.
Madamu wa Perezida Wa Repubulika Jeannette Kagame yakiranye ubwuzu impamyabumenyi y’icyubahiro yahawe na Kaminuza mpuzamahanga y’Ubuzima ya Butaro, avuga ko kuyemera bivuze "kwemera ko ubuzima ari uburenganzira bw’ibanze."
Minisitiri w’intebe Dr. Dr Justin Nsengiyumva yabwiye abanyeshuri barangije mu ishuri mpuzamahanga ry’ubuvuzi rya Butaro, University of Global Health Equity ko basanze isi ifite ibibazo by’uburwayi, bakaba bagomba guhangana na byo.
Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame yahawe impamyabumenyi y’ikirenga y’icyubahiro (Honorary Doctorate) na Kaminuza y’Ubuzima (University of Global Health Equity) kubera ubuyobozi bwe budasanzwe n’umusanzu we mu burezi, ubuzima n’uburinganire mu Rwanda, muri Afurika no ku isi hose.
Shampiyona ya volleyball umunsi wa 11 usize ikipe ya REG VC itsinze POLICE idakozemo naho EAUR yongera kwizirika kuri APR.
Abanyamulenge babaga mu mujyi wa Uvira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ubu bakaba barawuhunze, bahamya ko kuva mu 2017 kugeza ubu babonye amahoro ukwezi kumwe, ni ukuvuga igihe umutwe wa AFC/M23 wamaze muri uyu mujyi nyuma yo kuwufata.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yagize Brig Gen Gasana Godfrey, Umupilote wihariye wa Perezida, akazajya afatanya izi nshingano no kuba Umujyanama wa Minisitiri w’Ingabo mu bijyanye n’imikorere y’umutwe w’Ingabo zirwanira mu kirere.
Banki ya Kigali (BK) yizihije isabukuru y’imyaka 60 imaze ikora, ishimira abakiriya barenga 400 bamaze imyaka irenga 30 bakorana na yo.
Ikipe ya Mukura VS yanganyije na Rayon Sports igitego kimwe kuri kimwe mu mukino w’umunsi wa 15 wa Rwanda Premier League wabereye Kuro Stade ya Akarere ka Muhanga.
Urwunge rw’Amashuri rwa Kiyisilamu “Intwari” ruherereye mu Mujyi wa Kigali, mu Mudugudu w’Abatarushwa, Akagari ka Rwezamenyo I, Umurenge wa Rwezamenyo, mu Karere ka Nyarugenge, ahahoze ari mu Bwanacyambwe.
Abafite ubumuga bavuga ko bakeneye ko Leta yagira umwihariko wabo mu guhabwa indangamuntu Koranabuhanga kugira ngo batazacikanwa niyi gahunda.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko 40.1% by’abawutuye bari mu myubakire y’akajagari, icyakora kakaba kagenda kagabanuka buhoro buhoro, kuko mu 2012 abatuye mu kajagari bari 62%.
Raporo ngarukamwaka y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) yerekana ko kwitabira gahunda zo kuboneza urubyaro bikomeje kwiyongera.
Umuhanzi umaze kugira izina mu Rwanda no ku ruhando mpuzamahanga Bruce Itahiwacu uzwi nka Bruce Mélodie, yatangiye urugendo rwo kumenyekanisha indirimbo ’Pom Pom’ mu bihugu by’amahanga.
Umuhanzikazi w’icyamamare muri Afurika, Tiwa Savage, yatangaje ko kuba umubyeyi bitahise bimworohera mu ntangiriro, aho yavuze ko mu myaka ya mbere amaze kwibaruka imfura ye yahuye n’imbogamizi nyinshi zamugizeho ingaruka ku mubiri, ku mitekerereze no ku mwuga we w’umuziki.
Umuryango w’Abashinwa baba mu Rwanda wizihije Umwaka Mushya w’Abashinwa (Lunar New Year) wa 2026, wakira ku mugaragaro itsinda rishya ry’Abaganga b’Abashinwa (China Medical Team – CMT), bishimangira gukomeza ubufatanye mu by’ubuvuzi bumaze imyaka 45 hagati y’u Rwanda n’u Bushinwa.
Umuhanzi w’icyamamare muri Afurika y’Iburasirazuba, Jose Chameleone ukomoka muri Uganda, arateganya gutangiza radiyo nshya mu Mujyi wa Bujumbura mu Burundi, mu mushinga ugamije guteza imbere umuziki, imyidagaduro n’umuco by’akarere, by’umwihariko hagamijwe gushyigikira abahanzi bato.
Umuhanzikazi nyarwanda Alyn Sano ari muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yitabiriye inama mpuzamahanga ya muzika izwi nka NAMM Show 2026, ibera muri Leta ya California.
Guverinoma ya Australia yafashe icyemezo gikomeye cyo kubuza abana bari munsi y’imyaka 16 gukoresha imbuga nkoranyambaga zikomeye zirimo TikTok, Facebook, Instagram na YouTube, hagamijwe kurinda ubuzima n’imitekerereze by’abana.
Minisitiri w’Ubutabera w’u Rwanda, Dr Emmanuel Ugirashebuja, yongeye gushimangira ko igihugu cyiyemeje kubahiriza amahame y’imanza ziboneye n’uburenganzira bwo kuburanishwa mu mucyo, mu gihe u Rwanda rwitabiraga Isuzuma Mpuzamahanga ku Burenganzira bwa Muntu (Universal Periodic Review – UPR) ryo mu cyiciro cya kane, (…)
Kuri uyu wa Kane, ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball yatsinzwe na Algeria ibitego 46-25 mu mukino wa kabiri w’Igikombe cya Afurika 2026 kiri kubera mu Rwanda.
Ikipe ya Police FC yasinyishije abakinnyi bane barimo Nshimirimana Ismael Pitchou wakiniye APR FC na Kiyovu Sports.
Kuri uyu wa Kane, Ikipe ya Gasogi United yasinyanye amasezerano afite agaciro ka miliyari 1,453,000,000 mu myaka itanu n’umufatanyabikorwa mushya Jayrutty Investment Limited yo muri Tanzania uzajya anayiha n’ibikoresho birimo imyambaro.
Mu nama yo ku rwego rwo hejuru yabereye i Stockholm muri Suwede, ihuza Afurika n’ibihugu byo mu Majyaruguru y’Uburayi ku buzima (Africa–Nordic Health Summit), u Rwanda rwasangije amahanga ubunararibonye mu gushyiraho ingamba zigamije kuziba icyuho cy’umubare w’abaganga ukiri muto, hibandwa ku mpinduka zirambye mu rwego (…)
Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan azizihiza isabukuru y’amavuko ayobora ibikorwa byo gutera ibiti, mu rwego rwo kurushaho kwita ku bidukikije no kubishishikariza abaturage ayoboye. Ni ibikorwa bizabera mu duce twa Bungi Kilimo na Kizimkazi muri Zanzibar.
Minisitiri w’Ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya Leta Emmanuel Ugirashebuja yasabye Inama ya Loni ishinzwe uburenganzira bwa muntu kutita ku bibazo by’Uburenganzira bwa Muntu byabajije u Rwanda, kuko u Rwanda rudashobora kubazwa ibiri hanze y’imipaka yarwo.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) cyakiriye icyiciro cya mbere cy’impfizi 10 zo mu bwoko bwa Holstein-Friesian zizwi cyane mu gutanga amata menshi.
Ubuholandi bwavuze ko u Rwanda rwagize neza kugabanya imyaka umunyarwanda aba yemerewe kwifatira icyemezo cy’ubuvuzi (health consent) kikava ku myaka 18 kikajya ku myaka 15.
U Burusiya bwashimiye u Rwanda uburyo rushyira imbere amasezerano n’amategeko mpuzamahanga y’uburenganzira bwa muntu, kandi bikagaragarira no mu mibereho y’abaturage imbere mu gihugu.
Kuri uyu wa Gatatu, mu Rwanda hatangiye Igikombe cya Afurika cya Handball 2026 mu bagabo, ikipe y’u Rwanda yatangiye itsinda Zambia ibitego 30-19 mu mukino wabereye muri BK Arena hanatangirijwe iri rushanwa ku mugaragaro na Minisitiri wa Siporo Nellly Mukazayire.