Senateri Mureshyankwano Marie Rose yavuze ko hari ibintu bitatu by’ingenzi bituma akunda Inkotanyi mu buryo buhebuje. Senateri Mureshywankano ntabwo ajya avuga urukundo akunda Inkotanyi ngo rusigane n’uburyo zamuvanye mu mashyamba ya Congo ahunguka kugeza ubwo yinjiye muri Politiki.
Haherutse kumvikana inkuru ivuga ko mu Karere ka Musanze habereye amabonekerwa aho umubyeyi Bikira Mariya yabonekeye abana babiri ariko nyuma Kiliziya Gatolika yitandukanya n’ibivugwa kuri ayo mabonekerwa ivuga ko yemerwa ari uko habanje gukorwa ubugenzuzi mbwimbitse kugira ngo yemezwe ko ari yo koko.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Indangamuntu (NIDA) cyatangije ku mugaragaro mu Mujyi wa Kigali igikorwa cyo kwemeza imyirondoro no gufotora abahatuye kugira ngo bazahabwe indangamuntu koranabuhanga.
Guverinoma ya Afurika y’Epfo mu itangazo yasohoye muri iki gitondo yatangaje ko igiye gukura ingabo zayo mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO), igashyira iherezo ku myaka igera kuri mirongo itatu yari imaze igira uruhare mu bikorwa bya gisirikare (…)
U Rwanda rwakuye Uganda ku mwanya wa mbere mu kohereza ikawa nyinshyi muru Kenya, bishimangira indi ntambwe ikomeye mu rugendo rw’igihugu rwo kongera umusaruro w’ ibikomoka ku buhunzi byoherezwa mu mahanga.
I Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo mu kigo cy’amashuri cya Christ Roi de Nyanza, hatangiye amarushanwa ya volleyball ahuza ibigo by’amashuri bibarizwamo umushinga wa Isonga.
Nyuma y’imyaka hafi ibiri Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rufunze insengero n’imisigiti kubera kutuzuza ibisabwa, kuri ubu hari abatangiye kwishimira ko zimwe zatangiye gukomorerwa.
Nkuranga Alphonse wize mu ishuri ryisumbuye rya IFAK (Institut de Formation Apostolique de Kimihurura) riherereye ku kimihurura mu Karere ka Gasabo, yatangaje ko iri shuri ryanyuze mu bihe bikomeye byashoboraga gutuma ridindira, ariko ashimira cyane Umuryango w’Abasereziyani warishinze ko n’ubwo ryahuye n’ibirijegeza, (…)
Ikipe ya Bugesera FC yanganyije na APR FC ibitego 2-2 mu mukino w’umunsi wa 19 wa shampiyona wabereye mu Karere ka Bugesera kuri uyu wa Gatandatu.
U Rwanda rwitabiriye irushanwa mpuzamahanga rihuza imitwe yihariye ya Polisi n’Ingabo (SWAT/ Special Forces) iturutse mu bihugu bitandukanye ku Isi.
Hariana Verás Victória, Umunyamakuru ukomoka mu gihugu cya Angola,yihaye kuregera u Rwanda Perezida wa Amerika, Donald Trump, arushinja kutubahiriza amasezerano y’amahoro ya Washington hagati yarwo na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), maze abakoresha imbuga nkoranyambaga baramutamaza bagaragaza imikoranire ye (…)
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jamaica (JDF), Vice Admiral Antonette Wemyss-Gorman, yasuye itsinda ry’abasiririkare b’Ingabo z’u Rwanda ahitwa Trelawny, aho ingabo z’ ibihugu byombi zifatanyije mu kubakira abaturage inzu zangijwe n’inkubi y’umuyaga yiswe Hurricane Melissa.
Umugaba Mukuru Wungirije w’Ingabo za Uganda (UPDF) zirwanira ku butaka, Maj Gen Francis Takirwa, yitabye Imana.
Abaturage barenga magana atatu bo mu Murenge wa Rubona mu Karere ka Rwamagana bakoze urugendoshuri mu bice bitandukanye bibitse amateka y’urugamba rwo kubohora Igihugu mu Karere ka Nyagatare.
Guhera ku wa Mbere, tariki ya 9 Gashyantare, Ibitaro bya Kaminuza bya Kigali CHUK bizakira ku nshuro ya mbere Icyumweru cy’Amahugurwa ku Kubaga Indwara y’Igicuri (Epilepsy Surgery Training Camp).
Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yahaye umuhungu we akaba n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda (UPDF), Gen. Muhoozi Kainerugaba, umudali w’ishimwe.
Mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano, Mukantagara Peace, Umwarimu wo mu Karere ka Ngoma mu Ntara y’Iburasirazuba, yashimye gahunda zitandukanye zashyizweho mu burezi harimo iy’uburezi kuri bose n’iyo kuba abanyeshuri basigaye bafatira ifunguro ku ishuri. Icyakora yagaragaje ko hari imbogamizi bahura na zo mu burezi, zo (…)
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda (MINISANTE) yijeje Abanyarwanda serivisi zinoze kandi zegereye abaturage mu bihe bya vuba, kuko ikibazo cyari kiriho kirimo kuvugutirwa umuti.
Imiyoborere izira ’cachot, cachet na cash’ yagarutsweho mu Nama y’Umushyikirano, isobanura ubuyobozi bwiza bwegerejwe abaturage, kandi butabahutaza ahubwo bubashyira ku isonga, burangajwe imbere na Perezida Paul Kagame.
Mudenge Boniface akaba n’umurinzi w’igihango waturutse mu Karere ka Rubavu witabiriye Umushyikirano, yabajije ikibazo kijyanye n’imiturire kuko mu karere atuyemo abaturage bakiri mu gihirahiro cyo kumenya ahagenewe gutura no guhinga.
Perezida Paul Kagame yavuze ko inama zitandukanye zihuza Abanyarwanda mu gushakira hamwe ibisubizo by’ibibazo bafite zikwiye kuba zitanga umusaruro wifuzwa. Ni ubutumwa yatanze kuri uyu wa Gatanu, ubwo yasozaga Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 20 yaberaga muri Kigali Convention Centre tariki 5-6 Gashyantare 2026.
Mu kiganiro yatanze mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano, kuri uyu wa Gatanu tariki 6 Gashyantare 2026, Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), Dr Doris Uwicyeza Picard, yavuze ko mu myaka 32 ishize u Rwanda rwibohoye, isura y’imiyoborere mu Rwanda yahindutse.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko ipfundo ry’ibibazo by’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ritazingiye ku gushyira umukono ku masezerano ahubwo ari ubushake buke bwa Politiki.
Depite Mukabalisa Germaine avuga ko umushyikirano ari umwanya mwiza wo guha ijambo buri wese mu biganiro bigamije kureba ibyagezweho no kuganira kuri gahunda za Guverinoma no gusuzuma ahagomba kongerwamo imbaraga.
Perezida Paul Kagame yabwiye abari mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano ko nta muntu uri ku isi utahura n’ibibazo, ndetse ko n’abifuriza u Rwanda inabi, nabo bageraho ibyago bifuriza u Rwanda bikabageraho.
Umunyarwenya Ndaruhutse Merci, watangije ibitaramo byo gusetsa yise GenZ Comedy, yatumiye Perezida Kagame mu bitaramo byo gusetsa bibera mu Mujyi wa Kigali kabiri mu mwaka, amwizeza ko umunsi yaje na we bazamusetsa ivumbi rigatumuka.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yavuze ko u Rwanda ruhagaze neza mu ruhando mpuzamahanga, kuko ari umufatanyabikorwa wizewe kandi wubahwa.
Ikibazo cy’ibyangombwa bijyanye na serivise z’ubucuruzi ubundi zigomba gutangirwa hamwe(one stop centre) cyongeye kugaragarizwa mu ruhame mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano.
Minisitiri w’Uburezi yavuze ko u Rwanda rudashobora gushora imari mu mishinga idafatika, nka Kaminuza ya INATEK yahoze ikorera i Ngoma mu murenge wa Kibungo, intara y’u Burasirazuba.
Abarimo umuhanzi Bruce Melodie n’umunyamakuru Scovia Mutesi, ubwo bari mu Nama y’Umushyikirano kuri uyu munsi wayo wa kabiri, basabye ko abakoresha imbuga nkoranyambaga mu Rwanda bakoroherezwa kuzibyaza amafaranga.
Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda (MINEDUC), yatangaje ko Politike y’uburezi budaheza, yashyizweho nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, yatumye umubare w’abagana amashuri wiyongera uhereye mu y’inchuke.
Umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu rw’Abanyamakuru bigenzura, yasabye ko Leta yagira amafaranga igenera ibinyamakuru, ku bw’umurimo bikora, cyane cyane wo gutanga amakuru ajyanye na gahunda Leta ishaka ku baturage.
Icyamamare ku mbuga Nkoranyambaga, Gatete Nyiringabo Ruhumuriza, yabajije impamvu u Rwanda rutarega igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo(DRC) rukomeza kuvuga amagambo asesereza, ndetse ashobora gukurura urwango ruganisha kuri Jenoside muri aka karere.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb Olivier Nduhungirehe yahishuye ukuntu, mbere yo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), babanje kwiyambaza Imana kugira ngo ayo masezerano azashyirwe mu bikorwa.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) nk’urwego rufite mu nshingano gucunga ifaranga ry’u Rwanda, iraburira abantu bose kwirinda gukoresha inoti z’amafaranga y’u Rwanda mu bikorwa bijyanye no gukora imitako, imirimbo no mu bindi byangiza.
Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ikomeje kuba urubuga ruhuza abaturage n’abayobozi, aho baganira ku iterambere ry’Igihugu; aho rigenda neza, aho ribangamiwe, n’inkomyi ituma intambwe u Rwanda rwateye idakomeza nk’uko bikwiriye.
Minisitiri w’Imali n’Igenamigambi, Yusouf Murangwa, yavuze ko u Rwanda rukora ibintu byinshi byiza, ariko ko hari ibintu bine rudakora bituma rutihuta mu iterambere uko bigomba.
Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR), igaragaza ko Akarere ka Gicumbi kadafite ubukene bukabije ugereranyije n’ikigero buriho ku rwego rw’Igihugu, ariko kakaba kari hejuru mu igwingira, aho riri kuri 40%.
Ikipe ya Rayon Sports itsinze As Kigali igitego 1-0 mu mukino wa shampiyona nyuma y’igihe kirekire itabona intsinzi.
Mushimiyimana Marie Rose witabiriye Umushyikirano w’Igihugu aturutse mu Karere ka Ruhango yabajije uko ubukungu bw’Igihugu buhuzwa n’izamuka ry’ibiciro ku masoko.
Niyishobora Kamo Faustin, umwe mu batunganyije amazi y’uruganda rwa Nzove yabwiye abitabiriye Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ko yishimira kuba abatuye mu Mujyi wa Kigali babasha kubona amazi meza ku kigero cya 87%.
Niyotwagira Jean Damascene, umworozi uhagarariye ihuriro ry’aborozi b’inka zitanga umukamo mu Karere ka Ngoma, yabwiye Perezida Paul Kagame, ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi nta nka n’imwe yari afite kandi ko nta n’ikintu na kimwe yari afite, ariko ubu akaba atunze ku buryo agemura Litiro 100 z’amata ku munsi.
Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva, yagaragarije abitabiriye Inama y’Umushyikirano ya 20, uko u Rwanda ruhagaze mu nzego zitandukanye na gahunda cyangwa ingamba zihari zo gukomeza kuzamura iterambere ry’Igihugu mu gihe kizaza.
Minisitiri w’Intebe, Dr Nsengiyumva Justin, yabwiye abitabiriye Inama y’Igihugu y’Umushyikirano yateranye kuri uyu wa Kane tariki 5 Gashyantare 2026 ko ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku kigero cya 8,9%.
Mu nama y’Igihugu y’Umushyikirano, abayobozi mu nzego zitandukanye bagaragaje aho igihugu kigeze mu iterambere, harimo n’ibyo u Rwanda rwohereza mu mahanga.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi yavuze ko mu butaka bw’u Rwanda buhingwa, 50% ari ubutaka busharira, ariko abaturage batuye i Nyaruguru na Nyamagabe, ngo bamaze kumva ko imiyoborere myiza ari yo y’ingenzi.
Perezida Paul Kagame asanga Umuryango w’Abibumbye (UN) ntacyo wigeze ugeraho mu myaka umaze muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), mu bijyanye no gukemura ibibazo by’umutekano mucye bimaze igihe kinini mu Burasirazuba bw’iki gihugu.