Abanyarwanda b’ingeri zose bateraniye i Kigali, abandi nabo bategereje kuri za televiziyo n’amaradiyo kugira ngo bakurikire inama y’Igihugu y’Umushyikirano iteranye ku nshuro ya makumyabiri.
Leta y’u Rwanda n’Ikigo cy’Abanyamerika gicunga utudege tutagira abapilote (drones), Zipline Rwanda, basinye amasezerano atuma iki kigo cyagura aho gukorera, harimo Umujyi wa Kigali no mu Ntara y’Iburengerazuba.
Gusambanya umwana, gushakira inyungu mu mibonano mpuzabitsina y’undi, ni ibyaha bifungishije by’agateganyo, Dr Manirakiza Benjamin.
Ikipe ya Gasogi United yatsizwe na APR FC ibitego 3-0 mu mukino w’umunsi wa 18 ufungura imikino yo kwishyura ya Rwanda Premier League ku makipe yombi wabereye ku Kigali Pele Sta i Nyamirambo, kuri uyu wa Gatatu ifata umwanya wa mbere by’agateganyo.
Umupadiri wananiye Kiliziya Gatolika akijyana mu buhungiro aho yahise yiyita umunyapolitiki, Thomas Nahimana akomeje kuba ikiganiro ku mbuga nkoranyambaga. Abo batangiranye baravuga urugendo rwe muri iyo politiki imeze nk’ikinamico, n’uburyo bagendanyemo, bameze nk’abarota.
Perezida Salva Kiir wa Sudani y’Epfo yirukanye abajyanama babiri bakuru bo mu biro bye, nyuma yo gushyira mu nshingano umuntu wapfuye mu myaka itanu ishize, kandi abo bajyanama babigizemo uruhare.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu Dr Bizimana Jean Damascene yabwiye Abasenateri ko bakwiye gusobanurira abakiri bato kwirinda gukoresha ijambo ‘Gutwika’ kuko ari ijambo ridasobanura ibirori no kwishima kuko mu gisobanuro cy’amateka ya kera rivuga kwica.
Ikipe ya APR FC yatangaje myugariro Ishimwe Abdoul nk’umukinnyi wayo mushya mu gihe Mukura VS yajuriye ivuga ko uburyo yayivuyemo budakurikije amategeko.
Urukiko rw’ibanze rw’i Abidjan muri Côte d’Ivoire rwakatiye Umudepite wo muri Mali witwa Mamadou Hawa Gassama, gufungwa imyaka itatu muri gereza, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gutuka Perezida wa Côte d’Ivoire, Alassane Ouattara.
FDLR (Forces Démocratiques de Libération du Rwanda) ni umutwe w’inyeshyamba ugizwe ahanini n’Abanyarwanda basize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ukaba ufite icyicaro n’ibikorwa byinshi mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Nibakure Florence, Umuyobozi Mukuru w’Agateganyo w’Ikigega cyihariye cy’ingoboka ku bwishingizi bw’uburyozwe bw’impanuka z’ibinyabiziga bifite moteri bigenda ku butaka n’izikomoka ku nyamaswa aherutse kubwira Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore, ko ikinyabiziga kidafite (…)
Nshimiyimana Abdou ’Papy’ wari kapiteni wa Etincelles FC yagizwe ushinzwe ubuzima bwa buri munsi bw’ikipe asimbuye Izabayo Djuma wirukanwe.
Umuryango FPR-Inkotanyi na Leta ya Israel byiyemeje kwagura ubufatanye mu nzego zitandukanye. Byatangajwe ku wa Kabiri tariki ya 3 Gashyantare 2026, ubwo Umunyamabanga Mukuru wa FPR-Inkotanyi Amb. Christophe Bazivamo yakiraga mu biro bye Ambasaderi wa Leta ya Israel mu Rwanda, Amb. Einat Weiss.
Saif al-Islam Gaddafi, umuhungu uzwi cyane wa Muammar Gaddafi wahoze ari Perezida wa Libya, yishwe, nk’uko byemejwe n’abantu ba hafi y’umuryango we, barimo umunyamategeko we Khaled el-Zaydi hamwe n’itangazamakuru ryo muri Libya.
Bitewe n’ inyota n’amatsiko Abanyarwanda benshi bafite yo kurushaho kumenya, gusobanurirwa, kumva no kureba amateka yaranze urugamba rwo kubohora u Rwanda, abaturage batuye mu Kagari ka Ngoma mu Murenge wa Kicukiro basuye ku Mulindi w’ Intwari nka hamwe mu hari ibirindiro bikomeye bya RPA mu gihe cy’urugamba rwo kubohora (…)
Abaturage b’Umurenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga, barishimira ko Umuhanda uva ku isoko ry’amatungo rya Misizi, werecyeza mu bice bituwe bya Vunga, wongeye kuba nyabagendwa nyuma yo guhuriza hamwe imbaraga hagakorwa umuganda wo kuwusana, no gusibura imiyoboro yawo y’amazi.
Imirenge ya Cyeza mu bahungu na Shyogwe mu bakobwa, niyo yegukanye ibikombe mu marushanwa Umurenge Kagame Cup, inahabwa ibihembo by’amafaranga 500.000frw buri umwe.
Abaturage b’Umurenge wa Mushishiro bajyaga kwivuriza mu Karere ka Ngororero no mu bindi bice, barishimira kuba bashyikirijwe ivuriro ry’ibanze rizajya ritanga serivisi zisumbuyeho zirimo kuvura amenyo n’amaso.
Kugeza ubu, aho Ikigo cy"Igihugu Gishinzwe Uburezi bw’Ibanze(REB) gihagaze, nuko umunyeshuri witwa Abimana Hadjala yahanishijwe igihano kirenze igiteganyijwe.
Umubiligi Sghir Hammadi watoje mu makipe arimo Young Africans yo muri Tanzania na Al Merrikh SC yo muri Sudani nk’umutoza wungirije yagizwe umutoza mukuru w’Amagaju FC.
Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) ivuga ko yiteguye gukorana n’ibigo byigenga bigaragaza ubushake n’ubushobozi mu guhanga imirimo binyuze ku ikoranabuhanga rihuza abashaka akazi n’abakoresha.
Impuzamashyirahamwe y’umukino wa volleyball muri Afurika (Confédération Africaine de Volleyball-CAVB) yashimiye u Rwanda mbere yo kwakira igikombe cy’Afurika cy’amakipe.
Guhera kuri uyu wa 3 Gashyantare, Komisiyo Ishinzwe Gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo bya Leta mu Nteko Ishinga Amategeko (PAC) yatangiye gusuzuma uko Itegeko rigenga amasoko ya Leta rishyirwa mu bikorwa, hagamijwe kureba uko amakosa agaragaramo yakosorwa.
Claude Muhayimana, Umunyarwanda ufite ubwenegihugu bw’u Bufaransa, yongeye kwitaba Urukiko rwa Rubanda (Cour d’assises) i Paris kugira ngo aburane mu bujurire, nyuma y’uko yari yarakatiwe igifungo cy’imyaka 14 mu mwaka wa 2021.
Imikino y’umunsi wa 18 wa shampiyona Rayon Sports na APR FC zizakirwamo na AS Kigali na Gasogi United kuri Kigali Pele Stadium yahinduriwe amasaha kubera amatara.
U Rwanda rwatanze inkunga y’ibiribwa, ibikoresho by’ubutabazi ndetse n’imiti ku baturage ba Mozambique baherutse kwibasirwa n’imyuzure ikomeye cyane yatewe n’imvura nyinshi yaguye guhera muri Mutarama 2026.
Imibare itangazwa na Leta y’u Buhinde igaragaza ko abantu barenga ibihumbi 50 bicwa no kurumwa n’inzoka buri mwaka, bikaba bigize hafi kimwe cya kabiri c’impfu zose ziba kw’isi.
Kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya Etincelles FC yatangaje ko yasezereye umutoza Masudi Djuma wari umaze amezi ane ayitoza isigaranwa na Bizimana Abdou ’Bekeni’.
Kuri uyu wa Mbere, abakinnyi ba Rayon Sports bongeye kwanga gukora imyitozo ku nshuro ya gatatu kubera kudahembwa.
Indege y’abagenzi ya Sudan Airways yageze ku kibuga cy’indege cya Khartoum ku cyumweru, tariki ya 1 Gashyantare 2026, nyuma y’imyaka itatu ibikorwa by’ubwikorezi bw’indege bihagaritswe kubera intambara yasenye igihugu cya Sudani.
Ihuriro AFC/M23 rivuga ko ribabajwe n’imyitwarire mibi muri politiki ya Leta ya Kinshasa, yuzuyemo amakuru ayobya, irimo gukoresha mu nyungu za politiki ku mpanuka ibabaje yatewe n’imvura nyinshi yaguye mu birombe by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bya Rubaya.
Kuri uyu wa 01 Gashyantare, Abanyarwanda batuye muri Repubulika ya Congo (Brazzaville) bizihije umunsi w’intwari z’igihugu.
Amakipe ya APR volleyball club mu cyiciro cy’abagore na Kepler volleyball club mu bagabo, nibo begukanye irushanwa ry’ubutwari.
Umuhanzi w’Umunya-Nigeria wari ufite imyaka 26, Ifunanya Nwangene, yapfuye nyuma yo kurumwa n’inzoka yamusanze mu cyumba aryamye, mu nzu aho yabaga muri Nigeria.
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya Police FC yegukanye Igikombe cy’Intwari itsindiye APR FC ku mukino wa nyuma penaliti 7-6 nyuma yo kunganya 1-1 mu minota 90 isanzwe.
Perezida Kagame yavuze ko nta muntu ushobora gufata Igihugu cy’u Rwanda ngo agihindure uko ashaka, kuko atari we wakiremye.
Perezida Kagame yavuze ko nta muntu ushobora gufata igihugu cy’u Rwanda ngo agihindure uko ashaka kuko nta wakiremye.
Perezida Kagame yongeye kugaragaza ko ahangayikishijwe n’umuryango, cyane cyane ingo zitana zitamaze kabiri, kandi nyamara wareba icyo abashakanye bapfa, ugasanga kidafatika.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagarutse ku kibazo cy’imibanire y’ingo z’abanyarwanda zisigaye zitana zitamaze kabiri.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye amasengesho ngarukamwaka yo gushima Imana ibyo yakoreye igihugu ndetse no kuyiragiza uyu mwaka utangiye.
Kuri iki Cyumweru tariki 1 Gashyantare 2026, mu Isengesho Ngarukamwaka rigamije gushimira ibyagezweho no kuragiza Imana iby’umwaka mushya, hagarutswe ku mashimwe u Rwanda rufite mu birebana n’ubuzima bw’Igihugu.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakanguriye abitabiriye amasengesho yo gusabira igihugu cyane cyane urubyiruko kugira umutima wihangana no gukomera mu bihe bigoye, n’aho byaba bibi cyane.
Perezida wa Repubulika na Madamu Jeannette Kagame n’abandi bayobozi mu nzego zitandukanye bashyize indabo ku Gucumbi cy’Intwari.
Abanyarwanda b’ingeri zose, abanyamadini n’abayobozi muri iki gitondo bitabiriye amasengesho yo gusabira igihugu no gushima Imana ku byo yagabiye u Rwanda.
Uyu munsi, ni uwa gatandatu wa nyuma w’ukwezi kwa Mutarama 2026. Nk’uko bisanzwe, ku wa gatandatu uheruka iyindi buri kwezi, abaturage bahurira hamwe bagakora umuganda ngarukakwezi.
Ikipe y’igihugu ya Misiri yegukanye Igikombe cya Afurika cya Handball cyaberaga mu Rwanda itsindiye Tunisia ku mukino wa nyuma wabereye muri BK Arena ibitego 37-24 u Rwanda rwegukana umwanya wa 12.
Mukura Victory Sports yatsinze ikipe ya Etincelles FC ibitego 1-0 mu mukino ufungura imikino yo kwishyura ya Rwanda Premier League kuri aya makipe wabereye kuri Stade Kamena mu karere ka Huye.
Mu Bushinwa, bamwe mu babyeyi baravugwaho gukoresha videwo zakozwe n’ubwenge bw’ubukorano (AI) zigaragaza abantu bicuza uko bitwaye mu buzima, izo videwo bazikoresha bagamije gushyira igitutu ku bana babo kugira ngo bashishikarize gushaka ingo zabo no kubyara.
Abantu babarirwa muri 200, bapfuye mu ntangiriro z’iki cyumweru nyuma y’uko inkangu zitumye ibirombe byinshi by’amabuye y’agaciro ya coltan biriduka mu Burasirazuba bwa Congo, nk’uko abayobozi b’inyeshyamba babitangaje.